15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ihumure n’ibyiringiro bidashidikinywa iteka ryose.” 316 Umuntu wumvira amategeko<br />

y’Imana, ntazabura kubaha no kumvira amategeko agenga igihugu cye. Umuntu wubaha<br />

Imana azubaha umwami mu migenzereze ye yose y’ibitunganye n’ibyemewe n’amategeko.<br />

Nyamara Ubufaransa bubabaje bwamaganye Bibiliya kandi buca abayikurikiza. Uko<br />

ibinyejana byakurikiranaga, abantu badakebakeba kandi b’inyangamugayo, abantu<br />

b’abanyabwenge kandi bakomeye mu mico mbonera, abantu bagize ubutwari bwo kwerura<br />

bakavuga ibyo bizera kandi bakemera no kuba bapfa bazira ukuri, - ibinyejana byinshi<br />

bakoreshwaga uburetwa, bagatwikirwa ku mambo cyangwa se bagashengukira muri zasho.<br />

Abantu ibihumbi byinshi baboneye umutekano mu guhunga; kandi ibi byakomeje kubaho mu<br />

gihe cy’imyaka magana abiri na mirongo itanu kuva Ubugorozi butangiye.<br />

“Haba harabayeho abantu bake cyane mu Bufaransa, batigeze babona abigishwa<br />

b’ubutumwa bwiza bahunga uburakari bukaze bw’ababatotezaga. Abahungaga bajyanaga<br />

ubwenge bwabo, ubukorikori n’ubuhanzi, ubucuruzi ndetse n’umwuka wo kugira gahunda<br />

byabarangaga ku rwego rwo hejuru, bityo bikajya gukungahaza ibihugu babonagamo<br />

ubuhungiro. Uko bunguraga ibindi bihugu bakoresheje izo mpano zabo, niko igihugu cyabo<br />

cyabaga kihagiriye igihombo. Iyo abirukanwe bose baza kuguma mu Bufaransa; iyaba muri<br />

iyo myaka magana atatu ubuhanga bwo gukora bw’abo bahunze bwarakoreshejwe mu<br />

guhinga ubutaka bw’Ubufaransa; iyaba muri iyo myaka ubuhanga bwabo mu bukorokori<br />

bwarakoreshejwe mu guteza imbere ibikorwa mu nganda; iyaba muri iyo myaka ubuhanga<br />

bwabo bwo guhanga ibintu bishya ndetse n’ubushobozi bwabo bwo gusesengura<br />

byarakoreshejwe mu gukungahaza ubuvanganzo bwo mu Bufaransa kandi bigateza imbere<br />

ubuhanga buhanitse; iyaba ubushishozi bwabo bwarayoboraga inama z’Ubufaransa kandi<br />

ubutwari bwabo bukarwanirira icyo gihugu mu ntambara cyarwanaga, ubupfura bwabo<br />

bugatunganya amategeko y’Ubufaransa, ndetse idini ya Bibiliya igakomeza ubwenge bwabo<br />

kandi ikayobora umutimanama w’abaturage, mbega ikuzo Ubufaransa bwari kuba bufite muri<br />

iki gihe! Mbega uburyo Ubufaransa buba bwarabaye igihugu cy’intangarugero mu bindi<br />

bihugu, gikomeye, kiguwe neza kandi cyuzuye umunezero!<br />

“Nyamara urwikekwe rwuzuye ubuhumyi no kudakurwa ku izima rwirukanye ku butaka<br />

bw’Ubufaransa buri mwigisha wese w’iby’imico-mbonera, umuntu wese ushyigikiye<br />

gahunda ndetse n’umuntu wese w’indahemuka ushoboye kurengera ingoma. Ubufaransa<br />

bwabwiye abantu bajyaga kubuhesha kumenyekana n’ikuzo ku isi buti: “Nimuhitemo kimwe:<br />

gutwikwa cyangwa guhunga.” Amaherezo kurimbuka kwa Leta kwageze ku musozo. Nta<br />

mutimanama wari ukiri mu bantu, nta kuyoboka Imana kwariho ngo bitere abantu gutwikwa;<br />

ndetse nta no gukunda igihugu byariho ngo bitere abantu gucibwa.” 317 Ingaruka ziteye<br />

ubwoba zavuye kuri ibyo zabaye Impinduramatwara n’amahano yajyanaga nayo.<br />

Guhunga kw’Abahugeno (Huguenots), kwateye Ubufaransa gusubira inyuma mu<br />

majyambere muri rusange. Imijyi yarangwagamo inganda zateraga imbere cyane yabaye<br />

umusaka; uturere twarumbukaga twongeye kuba ibigunda, gusubira inyuma mu by’ubwenge<br />

no guhenebera mu mico-mbonera ni byo byakurikiye igihe cy’amajyambere y’akataraboneka.<br />

199

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!