15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bati : “ Harakabaho Ubwenge! ” Bari batwaye kandi ibisigazwa by’ibitabo byinshi batwitse,<br />

byarimo ibitabo byanditswemo indirimbo n’amasengesho, byarimo Isezerano rya Kera<br />

n’Isezerano Rishya. Perezida yavuze ko “itwikwa ryabyo ryakuyeho rwose ibikorwa<br />

by’ubupfapfa ibyo bitabo byari byarateye abantu gukora.” 311<br />

Ubupapa ni bwo bwari bwaratangiye umurimo icyo gikorwa cyo guhakana Imana<br />

cyasozaga. Imitegekere ya Roma ni yo yazanye iyo mibereho, haba mu mibanire y’abantu<br />

n’abandi, mu bya politiki no mu by’idini, yashoraga igihugu cy’Ubufaransa mu irimbukiro.<br />

Iyo abanditsi bavuga ku marorerwa yatejwe n’Impinduramatwara bavuga ko agomba kubarwa<br />

ku bari ku ngoma muri icyo gihe ndetse no ku itorero. Binyuze mu butabera nyakuri, ayo<br />

marorerwa agomba kuryozwa itorero. Ubupapa bwari bwarashyize mu bitekerezo by’abami<br />

ibitekerezo bibi byo kwanga Ubugorozi, bakavuga ko ari umwanzi w’umwami, ko buteza<br />

amacakubiri azabangamira amahoro n’umutekano by’igihugu. Roma yakoreshaga ubu buryo<br />

kugira ngo itume ubutegetsi bw’umwami bugirira nabi abantu mu buryo bukomeye kandi<br />

bubakandamize.<br />

<strong>Umwuka</strong> w’umudendezo wari warajyanye na Bibiliya. Ahantu hose ubutumwa bwiza<br />

bwari bwaragiye bwakirwa, intekerezo z’abantu zarakangukaga. Abantu batangiye kwibohora<br />

iminyururu yari ibaboheye mu bujiji, mu ngeso mbi, ndetse n’imigenzo y’ubupfapfa.<br />

Batangiye gutekereza no gukora nk’abantu bazima. Abami barabibonaga maze bagahinda<br />

umushyitsi kubera ubutegetsi bwabo bw’igitugu.<br />

Ntabwo Roma yatinze gukaza ubwoba bwayo bushingiye ku ishyari. Papa yabwiye<br />

umusimbura w’umwami w’Ubufaransa ati: “Buriya bupfapfa ntibuzatera urujijo kandi ngo<br />

busenye idini, ahubwo bizateza urujijo ibikomangoma n’abakomeye, kandi busenye<br />

amategeko, gahunda n’inzego byo mu gihugu.” Mu myaka mike yakurikiyeho, intumwa ya<br />

papa yaburiye umwami ivuga iti: “Nyakubahwa, ntibakagushuke. Abaporotesitanti<br />

bazabangamira imigendekere myiza y’ubutegetsi ndetse n’iy’idini. . . Ingoma iri mu kaga<br />

kamwe n’ako itorero ririmo. . . Gutangira kw’imyizerere mishya uko byagenda kose bigomba<br />

kuzana n’ubutegetsi bushya.” 313<br />

“Abize iby’iyobokamana bashyiraga ibitekerezo bibi mu baturage bababwira yuko<br />

inyigisho za giporotesitanti “zishora abantu mu bintu by’inzaduka n’ubupfapfa; zikambura<br />

umwami urukundo rukomeye yakundwaga n’abo ayobora kandi zigasenya itorero na Leta.”<br />

Uko ni ko Roma yashoboye gukoresha Ubufaransa maze bwanga Ubugorozi. “Gushaka<br />

gukomeza ingoma, kurinda abakomeye ndetse no gukomera ku mategeko ni byo byatumye<br />

ku nshuro ya mbere inkota yo gutoteza ikurwa mu rwubati mu Bufaransa.” 314<br />

Abayobozi b’igihugu ntibabonaga ingaruka zizazanwa n’iyo politiki imeze ityo. Inyigisho<br />

za Bibiliya ziba zarashyize mu bitekerezo no mu mitima y’abantu amahame y’ubutabera,<br />

kwirinda, ukuri, gukora ibitunganye ndetse n’ubugira neza byo pfundo ryo kugubwa neza<br />

kw’igihugu. “Gukiranuka gushyira ubwoko hejuru.” “Kuko ingoma ikomezwa no<br />

gukiranuka.” 315“Umurimo wo gukiranuka ni amahoro; kandi ibiva ku gukiranuka ni<br />

198

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!