15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kandi bubi cyane nko muri icyo gihugu. Mu bikorwa Ubufaransa bwakoze byo gutoteza<br />

ababwirizabutumwa bwiza, bwabambaga Kristo binyuze mu gutoteza abigishwa be.<br />

Uko imyaka amagana menshi yajyaga ikurikirana ni ko amaraso y’abera yajyaga amenwa.<br />

Mu gihe Abawalidense batangaga ubuzima bwabo bakicirwa mu misozi ya Piemont bazira<br />

“ijambo ry’Imana no guhamya Yesu Kristo,” ni nabwo ubuhamya nk’ubwo bwo guhamya<br />

ukuri bwatangwaga n’abavandimwe babo b’Abalibigense (Albigenses) bo mu Bufaransa. Mu<br />

gihe cy’Ubugorozi, abagiye babuyoboka bishwe urw’agashinyaguro. Abami, ibikomangoma,<br />

abagore b’abakomeye ndetse n’abakobwa b’inkumi b’indatwa, bose bagiye bashimishwa no<br />

kureba umubabaro ukomeye w’abicwaga bazira Yesu. Abahugeno (huguenots) b’intwari,<br />

barwaniraga uburenganzira bwo kwemerera umutima w’umuntu ibyo ubona ko biwunogeye<br />

kandi byera kurusha ibindi, bavushijwe amaraso babicira ahantu henshi hari urugamba rukaze.<br />

Abaporotesitanti bafashwe ko ari ibicibwa ntibagira itegeko na rimwe ribarengera,<br />

hagatangwa ibihembo ku muntu uzabica bityo bagahigwa nk’inyamaswa.<br />

“Itorero ryo mu Butayu,” ari ryo ryari rigizwe n’abantu bake cyane bakomoka ku Bakristo<br />

ba kera bari barasigaye mu Bufaransa mu kinyejana cya cumi n’umunani, bihishaga mu<br />

misozi yo mu majyepfo kugeza ubwo bari bagikomeye ku kwizera kwa ba sekuru. Iyo<br />

bageragezaga guteranira hamwe nijoro, haba mu ibanga ry’umusozi cyangwa mu bihuru<br />

byitaruye abantu, bahigwaga n’abasirikare bakomeye maze bakabazana babakurubana<br />

bakabagira inkoreragahato mu buzima bwabo bwose. Abeza b’indakemwa n’intiti zo mu<br />

Bufaransa bambikwaga iminyururu, bakicirwa urubozo mu buryo buteye ubwoba hagati<br />

y’ibisambo n’abicanyi.” 299 Abandi bagiriwe impuhwe, bicwaga barashwe amasasu nta<br />

mahane bateye kuko nta ntwaro bari bafite. Bagwaga bapfukamye basenga. Amagana menshi<br />

y’abasaza, abagore batagira kirengera, abana b’inzirakarengane bose batabwaga aho bari<br />

bateraniye ari imirambo. Iyo wanyuraga muri iyo misozi n’amashyamba, aho bari<br />

bamenyereye guteranira, ntibyabaga ari igitangaza gusanga “imirambo muri buri ntambwe<br />

enye kandi ibyatsi byabaye amaraso, indi mirambo imanitswe ku biti.” Igihugu cyabo<br />

cyahinduwe umusaka n’inkota, intorezo n’umuriro gihinduka ubutayu bunini buteye<br />

agahinda.” “Ayo marorerwa ntiyakozwe mu gihe cy’umwijima (ubujiji) ahubwo yakozwe mu<br />

gihe cy’imyaka y’ubujijuke mu Bufaransa ku ngoma ya Ludoviko wa 14 (Louis XIV). Muri<br />

icyo gihe ubuhanga buhanitse (science) bwari bwarateye imbere, ubwanditsi buri kuba<br />

gikwira, abanyadini b’ibwami n’abo mu murwa mukuru bari barize kandi ari intyoza bityo<br />

bakigaragazaho ubugwaneza n’urukundo.” 300<br />

Ariko ubugome burenze ubundi mu bwigeze bubaho, igikorwa kibi cy’abadayimoni<br />

cyabayeho mu binyejana biteye ubwoba byabayeho, cyabaye iyicwa rya Mutagatifu-<br />

Barutoromayo (Bartholomew). Iyo abatuye isi bibutse ubwo bugome bw’indengakamere<br />

yagiriwe bahinda umushyitsi. Umwami w’Ubufaransa, yokejwe igitutu n’abapadiri<br />

n’abayobozi bakuru b’i Roma, maze atanga uburenganzira bwo gukora icyo gikorwa giteye<br />

ubwoba. Inzogera yavugijwe mu ijoro nta yandi majwi yumvikana, yabaye ikimenyetso cyo<br />

gutangira ubwicanyi. Abaporotesitanti ibihumbi byinshi bari basinziriye batuje bari mu ngo<br />

194

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!