15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ku magambo y’igitabo cy’ubu buhanuzi, Imana izamukura ku mugabane wa cya giti<br />

cy’ubugingo no ku wa rwa rurembo rwera, byanditswe muri iki gitabo.” 294<br />

Iyo ni yo miburo Imana yatanze kugira ngo irinde abantu guhindura ibyo yavuze cyangwa<br />

yategetse uko bishakiye. Iyo miburo ikomeye ireba abantu bose bakoresha ubushobozi bwabo<br />

bakayobora abandi mu guha agaciro gake amategeko y’Imana. Iriya miburo yari ikwiriye<br />

gutera ubwoba no guhindisha umushyitsi abantu bavugana agasuzuguro ko kubaha Imana<br />

cyangwa kutayubaha ari ingingo idafite agaciro gakomeye. Abantu bose bashyira ibitekerezo<br />

byabo hejuru bakabirutisha iby’Imana yahishuye, abantu bose babasha guhindura<br />

ubusobanuro nyakuri bw’Ibyanditswe kugira ngo buhuze n’ibyo bishakiye, cyangwa<br />

bagamije kwisanisha n’isi, bishyiraho inshingano iteye ubwoba. Ijambo ryanditswe ndetse<br />

n’amategeko y’Imana bizasuzuma imico ya buri muntu kandi bizaciraho iteka abantu bose<br />

birengagiza iki gipimo kitibeshya kizerekana ko badashyitse.<br />

“Ubwo bazaba barangije gutanga ubuhamya bwabo.” Igihe ba bahamya bagombaga<br />

guhanura bambaye ibigunira cyarangiye mu 1798. Ubwo begeraga iherezo ry’igihe umurimo<br />

wabo wakorwaga mu mwijima, bagombaga kurwanywa n’imbaraga yagereranyijwe<br />

n’“inyamaswa yavuye ikuzimu.” Mu bihugu byinshi by’Uburayi ubutegetsi bwayoboraga mu<br />

itorero na Leta bwari bwaramaze imyaka amagana menshi bugengwa na Satani binyuze mu<br />

mikorere y’ubupapa. Ariko aha na none hongera kugaragara ukwiyerekana gushya<br />

kw’imbaraga ya Satani.<br />

Kugumisha Bibiliya mu rurimi rutazwi no kuyihisha abantu byari byarabaye politiki ya<br />

Roma nyamara yabikoze yitwaje kwerekana ko iyubashye. Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Roma,<br />

abahamya bahanuraga “bambaye ibigunira.” Ariko indi mbaraga (inyamaswa yavuye<br />

ikuzimu) yagombaga guhaguruka ikarwanya ijambo ry’Imana ku mugaragaro.<br />

“Umudugudu munini” uwo abahamya biciwe mu tuyira twawo kandi akaba ari naho<br />

imirambo yabo yari irambaraye, ni Egiputa (Misiri) “mu mvugo y’umwuka.” Mu bihugu<br />

byose bivugwa n’amateka ya Bibiliya, nta gihugu cyageze ku rugero rwo guhakana kubaho<br />

kw’Imana nzima nka Misiri kandi kikarwanya amabwiriza yayo. Nta mwami watinyutse<br />

kwigomeka ku butegetsi bw’ijuru ku mugaragaro nk’umwami wa Egiputa. Igihe Mose<br />

yamuzaniraga ubutumwa, mu izina ry’Uwiteka, Farawo yasubizanyije ubwibone ati :<br />

“Uwiteka ni nde, ngo numvire ndeke Abisirayeli? Sinzi Uwiteka, kandi ntabwo narekura<br />

Abisirayeli.” 295 Ibi ni uguhakana Imana, kandi igihugu kigereranywa na Egiputa nacyo<br />

cyagombaga guhakana iby’Imana ihoraho itegeka kandi kikagaragaza umuwuka nk’uwo wo<br />

kutizera no kwigomeka. “Umudugudu munini” ugereranywa na none “mu mvugo y’umwuka”<br />

na Sodomu. Ugusayisha kwa Sodomu mu kwica amategeko y’Imana byagaragariye<br />

by’umwihariko mu gukora ibyo bararikiye byose. Iki cyaha kandi cyagombaga kuba ikintu<br />

cy’ingenzi kiranga ishyanga ryagombaga gusohoza ibyo ibyanditswe byari byaravuze.<br />

Bityo, nk’uko amagambo y’umuhanuzi yabivuze, mbere gato y’umwaka wa 1798<br />

ubutegetsi bumwe bukomoka kandi bufite amatwara ya Satani bwagombaga guhaguruka<br />

192

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!