15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

hagamijwe kunonosora ubwiza bwayo. Herode Mukuru yari yarayitanzeho umutungo<br />

w’Abanyaroma ndetse n’uw’Abayahudi, kandi uwo mwami w’abami wategekaga isi yari<br />

yarakungaharishije iyo ngoro impano ze bwite yatanze. Inkuta nini cyane z’amabuye<br />

y’agaciro kenshi y’umweru yitwa marimari, yari afite umubyimba munini bitangaje, yari<br />

yaroherejwe n’Abanyaroma hagamijwe uko kuyirimbisha, zari umwe mu migabane igize iyo<br />

nyubako; kandi izo nkuta ni zo abigishwa bari beretse Umwigisha wabo bamubwira bati «<br />

Mbega amabuye ! Mbega imyubakire ! Mbese aho Mwigisha, urirebera ? » Mariko 13:1.<br />

Kuri ayo magambo bamubwiye, Yesu yabahaye igisubizo gikomeye kandi gitangaje ati:<br />

« Ntimureba ibi byose ? Ndababwira ukuri ko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi<br />

ritajugunywe hasi.” Matayo 24:2.<br />

Iryo senywa rya Yerusalemu abigishwa barifashe nk’aho ryerekeje ku kuza kwa Kristo<br />

igihe azaba yiyiziye ubwe afite ikuzo aje kwima ingoma y’isi yose, guhana Abayuda<br />

b’indakoreka banze kwihana, no gukura igihugu mu bubata bw’Abanyaroma. Umukiza yari<br />

yarababwiye ko azaza ubwa kabiri. Kubw’ibyo, igihe yakomozaga ku rubanza rwari<br />

rutegereje Yerusalemu, bongeye gutekereza kuri uko kuza kwe; maze igihe bari bakikije<br />

Umukiza ku Musozi w’imyelayo baramubaza bati: « Tubwire, ibyo bizaba ryari,<br />

n’ikimenyetso cyo kuza kwawe n’icy’imperuka y’isi ni ikihe?» Matayo 24:3.<br />

Kubw’imbabazi z’Imana, ubusobanuro bw’ibyari kuzaba bwahishwe abigishwa. Iyo icyo<br />

gihe basobanukirwa byuzuye n’ibintu bibiri bikomeye byendaga kuzaba, ari byo kubabazwa<br />

n’urupfu by’Umukiza ndetse no gusenywa kw’umujyi wabo n’ingoro y’Imana, bari kwicwa<br />

n’ubwoba. Kristo yaberetse incamake y’ibintu by’ingenzi bizaba mbere y’iherezo ry’ibihe.<br />

Icyo gihe ntibasobanukiwe neza amagambo ababwiye; ariko ubusobanuro bwayo bwari<br />

kuzahishurwa igihe ubwoko bw’Imana bwari gukenera inyigisho yari iyakubiyemo.<br />

Ubuhanuzi yababwiye bwari bufite ubusobanuro bubiri: nubwo bwerekezaga ku isenywa rya<br />

Yerusalemu, bwanavugaga iby’akaga kazabaho ku munsi ukomeye uheruka.<br />

Yesu yabwiye abigishwa bari bamuteze amatwi iby’urubanza rwari rutegereje gucirwa<br />

Isiraheli yasubiye inyuma; cyane cyane ibyago byari kubageraho bazize ko banze Mesiya<br />

kandi bakamubamba. Ibimenyetso bidashidikanywaho byagombaga kubanziriza icyo gihe<br />

cy’akaga. Igihe giteye ubwoba cyari kubageraho mu buryo butunguranye kandi bwihuse.<br />

Bityo, Umukiza yaburiye abigishwa be ati : « Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura<br />

cyahanuwe n’umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere), icyo gihe abazaba<br />

bari i Yudaya bazahungire ku misozi ». Matayo 24:15, 16; Luka 21:20, 21.<br />

Igihe amabendera y’abasirikari basengaga ibigirwamana b’Abanyaroma yari gushingwa<br />

ku butaka buziranenge bwageraga muri metero zirenga magana abiri inyuma y’inkuta<br />

z’umujyi, abayoboke ba Kristo bagombaga gukizwa no guhunga. Igihe bari kubona<br />

ikimenyetso kibaburira, abashakaga gukiza amagara yabo bagombaga guhunga batazuyaje.<br />

Icyo kimenyetso cy’uko bagomba guhunga cyagombaga guhita kitabwaho i Yudeya hose<br />

ndetse no muri Yerusalemu. Uwo cyagombaga gusanga ari hejuru y’inzu ntiyagombaga<br />

12

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!