15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Kandi nubwo inyuguti zanditswe n’urutoke rw’Imana ubu zaba zarangijwe cyane n’icyaha,<br />

ntabwo bishiboka ko zisibangana burundu mu gihe cyose tukimenya gutandukanya ikibi<br />

n’icyiza. Buri mugabane wose w’ayo mategeko ugomba kugenga abantu bose, no mu bihe<br />

byose, bidatewe n’igihe cyangwa ahantu, cyangwa indi mpamvu iyo ari yo yose ishobora<br />

guhinduka, ahubwo bitewe na kamere y’Imana na kamere y’umuntu ndetse n’isano itabasha<br />

guhinduka bafitanye.<br />

“’Sinaje kuyakuraho, ahubwo naje kuyasohoza.’ Nta gushidikanya, ubusobanuro bw’ibyo<br />

Yesu avuga aha (bitavuguruzanya n’ibyavuzwe byose mbere cyangwa ibyakurikiyeho), -ni<br />

ubu: Naje kuyasohoza ku rugero rwuzuye, ntitaye ku busobanuro ubwo ari bwo bwose<br />

bw’abantu: Nzanywe no gushyira ku mugaragaro ibihishwe byose kandi bitumvikanaga muri<br />

yo: nzanywe no gutanga ubusobanuro nyakuri kandi bwuzuye bwa buri mugabane wayo<br />

wose; kugira ngo nerekane uburebure, ubugari no kwaguka kose bya buri tegeko riyarimo,<br />

ndetse n’ubuhagarike n’ubujyakuzimu bwayo, ubutungane bwayo butagereranywa ndetse<br />

n’imbaraga y’iby’umwuka iri muri buri mugabane wayo.” 287<br />

Wesley yavuze ubwuzuzanye ntakemwa bw’amategeko n’ubutumwa bwiza. Yaravuze ati:<br />

“Kubw’ibyo rero, hariho isano ikomeye hagati y’itegeko n’ubutumwa bwiza umuntu<br />

yasobanukirwa. Ku ruhande rumwe, amategeko ahora atuyobora ku butumwa bwiza kandi<br />

arabutwereka; ku rundi ruhande, ubutumwa bwiza buhora butwerekeza ku kurushaho<br />

gusohoza amategeko mu buryo nyabwo. Urugero ni uko amategeko adusaba gukunda Imana,<br />

gukunda bagenzi bacu, kugwa neza, kwicisha bugufi no kubonera. Twiyumvamo ko ibyo<br />

bintu tutabishoboye; ni ukuri ko ari ibintu “bidashobokera umuntu”; ariko tubona isezerano<br />

Imana idusezeranira ryo kuduha urwo rukundo rwayo, kuduhindura abicisha bugufi,<br />

abagwaneza n’intungane. Twishingikiriza kuri ubu butumwa bwiza, kuri iyo nkuru nziza;<br />

tugenzerezwa uko ukwizera kwacu kuri; kandi ubutungane bw’amategeko busohorezwa muri<br />

twe,’ ” kubwo kwizera Yesu Kristo. . .”<br />

Wesley yaravuze ati : “Ku ruhembe rw’imbere rw’abanzi b’ubutumwa bwiza bwa Kristo,<br />

hari abantu bacira urubanza amategeko ku mugaragaro mu buryo bweruye, kandi<br />

‘bakayatuka;’ bakigisha abantu kwica amategeko (guhindura ubusa, gukerensa, gukuraho<br />

inshingano afite), bitari itegeko rimwe gusa, ryaba iryoroheje cyangwa irikomeye cyane<br />

ahubwo yose uko yakabaye . . . Igitangaje cyane mu bintu byose biba muri ubu buyobe<br />

bukomeye, ni uko ababuguyemo bizera mu by’ukuri ko bubaha Kristo nyamara bakuraho<br />

amategeko ye, kandi ko berereza umurimo we ariko basenya inyigisho ye! Muby’ukuri<br />

bubaha Kristo nk’uko Yuda yabigenje ubwo yavugaga ati: “Mwigisha! Ndakuramutsa” maze<br />

akamusoma. Bityo, Kristo ashobora kubwira buri wese muri bo ati: ‘Uragambanirisha<br />

Umwana w’umuntu kumusoma?’ Kuvuga iby’amaraso ye maze ukamwambura ikamba rye<br />

no kwirengagiza umugabane uwo ari wo wose w’amategeko ye witwaje kwamamaza<br />

ubutumwa bwe, ntaho bitaniye no kumugambanira umusoma. Umuntu wese ubwiriza ibyo<br />

kwizera mu buryo bwirengagiza umugabane uwo ari wo wose wo kumvira, haba mu buryo<br />

buzigiye cyangwa butaziguye; umuntu ubwiriza ibya Kristo agambiriye gupfobya, cyangwa<br />

188

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!