15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

magana arindwi yari ishize, maze ntekereza ko ndi muri rimwe muri ya materaniro<br />

ahatararangwaga imihango igaragara inyuma no gutwarwa by’indengakamere, ahubwo<br />

Pawulo, umuboshyi w’amahema, cyangwa Petero wari umurobyi ari bo bayayoboye, nyamara<br />

hakagaragara imbaraga ya Mwuka w’Imana.” 274<br />

Ubwo Wesley yari agarutse mu Bwongereza, yaje kwigishwa n’umubwiriza w’umukristo<br />

w’umumorave (Moravian), maze abasha gusobanukirwa kurushaho iby’ukwizera Bibiliya<br />

yigisha. Yemeye ko agomba kureka kwishingikiriza ku mirimo ye ngo ibe yamuhesha<br />

agakiza, kandi ko akwiriye kwiyegurira burundu “Ntama w’Imana ukuraho ibyaha by’abari<br />

mu isi.” Mu iteraniro ry’itsinda ry’abamorave ryaberaga i London, Luteri yanditse ubutumwa,<br />

asobanura impinduka Mwuka w’Imana akorera mu mutima w’uwizeye. Ubwo Wesley<br />

yategaga amatwi, ukwizera kwagurumanye mu bugingo bwe. Aravuga ati: “Numvaga<br />

umutima wanjye ususurutse mu buryo budasanzwe, numvise nkwiriye kwiringira Kristo<br />

wenyine kugira ngo mbone agakiza; kandi mfite ibyiringiro ko yankuyeho ibyaha byanjye<br />

bwite, ambatura itegeko ry’icyaha n’urupfu.” 275<br />

Mu myaka myinshi yari amaze arangwa n’intege nke no kubura ihumure, imyaka yo<br />

kwiyanga gukomeye, imyaka yo kugawa no gucishwa bugufi, Wesley yari ataratezutse ku<br />

mugambi we wo gushaka Imana. Ubu rero yari amaze kuyibona, kandi ubuntu yahihibikaniye<br />

guhabwa akoresheje amasengesho, kwiyiriza ubusa, ibikorwa by’ubugwaneza no kwibabaza,<br />

yari yasobanukiwe ko ari impano idatangirwa ” igiciro runaka cyangwa amafaranga.”<br />

Ubwo yari amaze gukomera mu kwizera Kristo, umutima we wagurumanagamo icyifuzo<br />

cyo kwamamaza hose ubutumwa bwiza bw’ubuntu Imana igirira abantu nta kiguzi. Yaravuze<br />

ati: ” Isi yose nayifataga nka paruwasi nyobora, mu karere kose k’isi aho nashoboraga kuba<br />

ndi, nabonaga ko bikwiriye kandi bitunganye ndetse nkumva ari inshingano yanjye ko mbwira<br />

ubutumwa bwiza bw’agakiza abashaka kumva bose.” 276<br />

Yakomeje imibereho ye idakebakeba kandi yo kwiyanga, ariko noneho atari yo shingiro<br />

ryo kwizera kwe ahubwo ari ingaruka yako; atari umuzi w’ubutungane, ahubwo ari amatunda<br />

yabwo. Ubuntu bw’Imana muri Yesu-Kristo ni ishingiro ry’ibyiringiro bya Gikristo, kandi<br />

ubwo buntu buzagaragarira mu kumvira. Ubuzima bwa Wesley yari yaraburunduriye mu<br />

murimo wo kubwiriza ukuri gukomeye yari yarakiriye ari ko: — kugirwa intungane binyuze<br />

mu kwizera amaraso ya Yesu-Kristo akuraho ibyaha, n’imbaraga ihindura umutima ya<br />

Mwuka Muziranenge maze ikera imbuto mu mibereho ikurikiza urugero rwa Kristo.<br />

Whitefield na bagenzi ba Wesley bari barateguriwe umurimo n’umutima buri wese yari<br />

yaramaranye igihe kirekire umwemeza ko ashobora kurimbuka; bityo bibatera kubasha<br />

kwihanganira ibirushya nk’abasirikare beza ba Kristo. Bari baranyuze mu gusuzugurwa,<br />

gukwenwa n’itotezwa, haba mu gihe bari bakiri muri za kaminuza ndetse no mu itangira<br />

ry’umurimo. Bo ubwabo na bagenzi babo bake babakundaga, baje guhabwa izina<br />

ry’Abametodisiti n’abanyeshuri bagenzi babo batubahaga Imana babakwenaga. Muri icyo<br />

183

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!