15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Urwo rugamba bariho nirwo Luteri yarwanye igihe yari mu kumba ke ahitwa Erfurt. Ni nacyo<br />

kibazo cyari cyarashenguye umutima maze akibaza ati: “Umuntu yashobora ate gutunganira<br />

Imana?” 272<br />

Umuriro w’ukuri kw’ijuru wari uri hafi kuzima ku bicaniro cy’Ubuporotesitanti,<br />

wagombaga kongera gukongezwa n’itara rya kera ryakongejwe n’Abakristo b’i Boheme<br />

ryamuritse mu gihe cy’imyaka myinshi. Nyuma y’Ubugorozi muri Boheme, Ubuporotesitanti<br />

bwari bwararibaswe na Roma. Abantu bose banze kureka ukuri byabaye ngombwa ko<br />

bahunga. Bamwe muri bo babonye ubuhungiro i Saxony, maze bahageze bakomera ku<br />

kwizera kwa kera. Mu rubyaro rw’abo bakristo niho haturutse umucyo wageze kuri Wesley<br />

na bagenzi be.<br />

Yohani na Karoli Wesley bamaze kurobanurirwa kuba ababwirizabutumwa, boherejwe<br />

muri Amerika. Mu bwato bwari bubatwaye, harimo itsinda ry’abantu bakomoka ku bakristo<br />

b’i Boheme bahungiye i Saxony bitwaga aba “Moravians”. Mu rugendo, ubwato bwahuye<br />

n’umuraba ukaze, maze Yohani Wesley abonye agiye gupfa, yumva nta byiringiro<br />

by’amahoro afitanye n’Imana. Ariko ibihabanye n’ibyo, Abadage barimo bo bagaragaje<br />

gutuza n’ibyiringiro Wesley atari afite.<br />

Aravuga ati :“Mbere y’aho, nari nitegereje imyitwarire yabo idakebakeba. Kubwo<br />

kwicisha bugufi kwabo, bari bakomeje gutanga igihamya gihoraho, bakorera abandi bagenzi<br />

imirimo igenewe abagaragu itarabashaga gukorwa n’Umwongereza uwo ari we wese.<br />

Bayikoraga babyishimiye kandi nta gihembo, bavuga ko ari byiza ku mitima yabo irangwa<br />

n’ubwibone kandi ko Umukiza wabo ubakunda yabakoreye ibisumba ibyo. Buri munsi wose<br />

wabahaga amahirwe yo kugaragaza ubugwaneza butabashaga gukomwa mu nkokora no<br />

kubwirwa nabi. Iyo babaga basuzuguwe, bakubiswe cyangwa bateraganwe, bongeraga<br />

kubyuka maze bakigendera; ariko nta magambo yo kwinuba yarangwaga mu kanwa kabo.<br />

Noneho igihe cyari kigeze cyo kubagerageza ngo bigaragare ko batakigira ubwoba, ubwibone,<br />

umujinya n’umutima wo kwihorera. Ubwo bari bageze hagati batondagura indirimbo ya<br />

zaburi batangizaga umurimo wabo, inyanja yarazikutse umuraba ukaze uraza, umena igice<br />

cy’imbere cy’ubwato, uraburengera, amazi yisuka mu bwato biba nk’aho bwaguye<br />

imuhengeri. Abongereza batangiye kuvuza induru. Abadage bo bikomereje indirimbo mu<br />

mutuzo. Nyuma y’aho, naje kubaza umwe muri bo nti, ‘Mbese nta bwoba mwari mufite?’<br />

Yaransubije ati, ‘Oya. Ndashima Imana.’ Nongeye kumubaza nti, ‘Ariko se umugore wawe<br />

n’abana bawe ntibigeze bagira ubwoba?’ Yansubije yitonze ati, ‘Oya, abana n’abagore bacu<br />

ntibagira ubwoba bwo gupfa.’” 273<br />

Ubwo twari tugeze i Savannah, Wesley yamaze akanya avugana n’aba bakristo b’aba<br />

Moravians, maze atangazwa cyane n’imyitwarire yabo ya gikristo. Igihe yandikaga avuga<br />

ibyabaye muri rimwe mu materaniro yabo y’iyobokamana yari ahabanye cyane n’imihango<br />

y’itorero ry’Ubwongereza itarangwamo ubushyuhe, yaravuze ati :“Kwiyoroshya gukomeye<br />

ndetse n’uburyo bifata mu masengesho byanteye gutekereza mbere y’imyaka igihumbi na<br />

182

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!