15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

n’ibyifuzwa n’amahanga yose bizaza, kandi iyi nzu nzayuzuzamo ubwiza , niko Uwiteka<br />

Nyiringabo avuga». Hagayi 2:9,7.<br />

Nyuma yuko iyo ngoro isenywe na Nebukadinezari, yongeye kubakwa mu gihe cy’imyaka<br />

igera kuri magana atanu mbere y’ivuka rya Kristo. Yubatswe n’abantu bari barabaye mu<br />

bunyage igihe kirekire batahutse mu gihugu cyabo cyari cyarahindutse amatongo ndetse gisa<br />

n’icyabaye ubutayu. Muri bo harimo abantu bakuru bari barabonye ubwiza bw ‘ingoro yari<br />

yarubatswe na Salomo, nuko baririra urufatiro rw’iyo nyubako nshya bavuga ko izarushwa<br />

ubwiza n’iyayibanjirije. Umuhanuzi yasobanuye ashimangira umubabaro abantu benshi bari<br />

bafite agira ati: « Mbese muri mwe hari usigaye wari warabonye ubwiza uru rusengero<br />

rwahoranye mbere ? Kuri ubu rurasa rute ? Uko mururuzi si nk’ubusa ?” Hagayi 2:3; Ezira<br />

3:12. Ubwo ni bwo hatanzwe isezerano ko iyo nyubako ya kabiri izaruta iya mbere.<br />

Nyamara ntabwo ingoro ya kabiri yari yarigeze inganya ubwiza n’iya mbere. Nta nubwo<br />

yigeze ihabwa ikuzo kubw’ibimenyetso bigaragarira amaso byerekana ko Imana iri aho hantu<br />

nk’ibyagaragaye mu ngoro ya mbere. Nta mbaraga ndengakamere yigeze yigaragaza mu<br />

muhango wo kuyegurira Imana. Ntabwo bigeze babona igicu cy’ubwiza cyuzura mu buturo<br />

buziranenge bushya bwari bwubatswe. Nta muriro wavuye mu ijuru ngo ukongore igitambo<br />

cyari ku rutambiro rwabwo. Ntabwo Shekina yari ikiba hagati y’abakerubi babaga ahera<br />

cyane. Isanduku y’isezerano, intebe y’ihongerero ndetse n’ibisate by’amabuye byari<br />

byanditsweho amategeko ntibyari bikirangwamo. Nta jwi rivuye mu ijuru ryari ricyumvikana<br />

ngo rimenyeshe umutambyi ubushake bwa Yehova.<br />

Mu binyejana byinshi byari bishize, Abayuda bari baragerageje ariko bikaba iby’ubusa<br />

bashaka kwerekana ko isezerano Imana yabahaye irinyujije muri Hagayi ryasohoye. Nyamara<br />

ubwirasi no kutizera byahumye intekerezo zabo ntibamenya ubusobanuro nyabwo<br />

bw’amagambo yavuzwe n’uwo muhanuzi. Ntabwo ingoro ya kabiri yaheshejwe icyubahiro<br />

n’igicu kigaragaza ikuzo rya Yehova, ahubwo yagiheshejwe n’uko yagezwemo n’Uwo<br />

Ubumana bwuzuriramo-- we ubwe akaba yari Imana yiyerekaniye mu mubiri. Ni ukuri<br />

«Uwifuzwa n’amahanga yose » yari yaraje mu ngoro ye igihe uwo Munyanazareti<br />

yigishirizaga kandi agakiriza abarwayi mu rugo rw’iyo ngoro nziranenge.<br />

Mu kugaragara kwa Kristo muri iyo ngoro ni ho honyine ingoro ya kabiri yarushirije ikuzo<br />

ingoro ya mbere. Nyamara Abisiraheli bari barayihejemo uwo ijuru ryari ryarabageneyeho<br />

Impano. Uwo munsi ikuzo ry’Imana ryari ryakuwe kuri iyo ngoro by’iteka ryose rijyanye<br />

n’uwo Mwigisha wiyoroheje wari wasohotse mu irembo ryayo ry’izahabu. Icyo gihe<br />

amagambo Umukiza yavuze ati « Dore inzu yanyu muyisigiwe ari umusaka » yari yamaze<br />

gusohora. Matayo 23:38.<br />

Abigishwa bari batewe ubwoba kandi batangazwa n’ubuhanuzi bwa Kristo bw’uko iyo<br />

ngoro yari kuzasenywa, maze bumva bifuje gusobanukirwa biruseho amagambo ababwiye.<br />

Ubutunzi, imirimo ndetse n’ubuhanga buhanitse mu bijyanye no kubaka byari<br />

byaratanganywe ubushake bishyirwa kuri iyo ngoro mu gihe cy’imyaka irenga mirongo ine<br />

11

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!