15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

yabayeho. Uwo mugorozi wari ufite umutima w’ubunyangamugayo ntiyatinyaga amaso<br />

y’abantu. <strong>Ibiri</strong>mi by’umuriro byo gutwika abaziraga ukwizera kwabo byagurumanaga<br />

ahamukikije, nta kindi byamaze uretse gutuma ishyaka yari afite rirushaho gukomera. Nubwo<br />

intorezo y’umugome yari iri hejuru y’umutwe we, yagumye mu birindiro bye, arahangana,<br />

arwanana imbaraga nyinshi iburyo n’ibumoso ngo asenye gusenga ibigirwamana.<br />

Igihe bamuzanaga imbere y’umwamikazi wa Sikotilandi, aho ubutwari bwa benshi mu<br />

bayobozi b’abaporotesitanti bwari bwaracogoreye, Yohani Knox we yahahamirije ukuri<br />

ashize amanga. Ntibashoboraga kumwigarurira bakoreheje amagambo ashyeshya, kandi<br />

ntiyadohokaga imbere y’ibikangisho. Umwamikazi yamureze ubuyobe. Umwamikazi yavuze<br />

ko Knox yari yarigishije abantu kuyoboka idini ryabuzanyijwe na Leta, kandi kubw’ibyo yari<br />

yarishe itegeko ry’Imana ritegeka ko abantu bose bakwiriye kubaha ibikomangoma<br />

bibategeka. Knox yasubije ashikamye ati:<br />

“Nk’uko idini nyakuri ridakomora imbaraga cyangwa ubushobozi ku bikomangoma byo<br />

ku isi, ahubwo ribikomora ku Mana yonyine, ni ko abantu batagomba kubaka idini yabo ku<br />

byifuzo by’ibikomangoma bibategeka. Kuko bijya bibaho kenshi ko ibikomangoma<br />

bidasobanukirwa n’idini nyakuri y’Imana kurusha abandi bose. . . Mbese iyo urubyaro rwa<br />

Aburahamu rwose ruba rwarayobotse idini ya Farawo, uwo bakoreye igihe kirekire,<br />

ndababaza Madamu, mbese mu isi yose hari kuba irihe dini? Cyangwa se iyo mu gihe<br />

cy’intumwa abantu bose bayoboka idini y’ibikomangoma by’Abaroma, mbese ni irihe<br />

yobokamana riba ryarabaye ku isi? . . .Kandi rero, Madamu, mubasha kwibonera ko<br />

abayoborwa batagomba guhatirwa gukurikira idini y’ababategeka nubwo bategetswe<br />

kubumvira.”<br />

Mariya yaravuze ati: “Musobanura Ibyanditswe mu buryo bumwe, kandi nabo<br />

babisobanura mu bundi buryo. None nziringira nde kandi ni nde uzaba umucamanza?”<br />

Uwo mugorozi yaramusubije ati : “Uziringire Imana, yo yavugiye mu ijambo ryayo<br />

yeruye, kandi ibirenze ibyo Ijambo ry’Imana rikwigisha, ntukabyizere utitaye ku muntu uwo<br />

ari we wese ubyigisha. Ijambo ry’Imana ubwaryo rirasobanutse; kandi nihagira ahagaragara<br />

kudasobanuka, Mwuka Muziranenge utajya yivuguruza, abisobanura neza kurushaho mu<br />

yindi mirongo kugira ngo hatagira gushidikanya gusigara keretse ku binangira bagashaka<br />

kuguma mu bujiji.” 266<br />

Uku ni ko kuri Umugorozi utaragiraga ubwoba yabwiye ukomeye w’ibwami, ashyize<br />

ubugingo bwe mu kaga. Ubwo butwari butangaje ni bwo yakomeje ngo agere ku mugambi<br />

we, agasenga kandi arwana urugamba rw’Umukiza kugeza ubwo Sikotilandi yibohoye<br />

ubutegetsi bwa Papa.<br />

Mu Bwongereza, gushinga imizi k’Ubuporotesitanti nk’idini y’igihugu cyose<br />

byaragabanutse, ariko itoteza ntiryahagarara burundu. Nubwo nyinshi mu nyigisho za Roma<br />

zari zaranzwe, hari imihango yayo itari mike yakomeje kubahirizwa. Banze kwemera<br />

179

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!