15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ntibabashije kuvuga rumwe. Bibiliya niyo yonyine ibashisha abantu kugera ku kuri. “Umuntu<br />

akomera kuri uyu mwigisha, undi nawe agakomera kuri uriya. . . Bityo, buri wese muri abo<br />

banditsi avuguruza undi. None se twatandukanya dute uvuga ukuri n’uvuga ibinyoma?. . . Ni<br />

mu buhe buryo?. . . Nta bundi buryo keretse dukoresheje Ijambo ry’Imana.” 261<br />

Hashize igihe gito gusa, intiti y’umugatolika yiyemeje guhangana nawe maze iravuga iti<br />

:“Ibyiza ni uko twabaho tudafite amategeko y’Imana kuruta kutagira aya Papa.” Tyndale<br />

yaramusubije ati : “Ndwanya Papa n’amategeko ye yose; kandi Imana nindindira ubuzima,<br />

mbere y’uko mfa, nzatuma umuhungu muto w’umuhinzi amenya byinshi ku Byanditswe<br />

Byera kukurusha.” 262<br />

Umugambi yari ashishikariye wo kugeza ku baturage Ibyanditswe by’Isezerano Rishya<br />

risobanuye mu rurimi rwabo rwa kavukire, noneho yiyemeje kuwugeraho maze ahita atangira<br />

gukora uwo murimo. Amaze kwirukanwa iwe n’itoteza ryariho, yagiye mu murwa mukuru<br />

w’Ubwongereza (London), maze ahakomereza imirimo ye nta mbogamizi. Ariko nanone,<br />

ubugizi bwa nabi bw’abayoboke ba Papa bwatumye yongera guhunga. Byasaga n’aho nta<br />

hantu yaba mu gihugu cy’Ubwongereza maze yiyemeza gushakira ubuhungiro mu Budage.<br />

Aho mu Budage niho yatangiriye gucapisha Isezerano rishya mu Cyongereza. Incuro ebyiri<br />

zose, umurimo we wagiye uhagarikwa; ariko iyo yabuzwaga gucapira mu mujyi umwe,<br />

yajyaga mu wundi. Amaherezo yafashe inzira ajya i Worms ,aho mu myaka mike yari ishize,<br />

Luteri yari yahagaze imbere y’Inama nkuru y’abategetsi, maze ashyigikira ubutumwa bwiza.<br />

Muri uwo mujyi hari incuti nyinshi z’Ubugorozi, kandi Tyndale yahakomereje umurimo we<br />

nta mbogamizi. Bidatinze, ibitabo ibihumbi bitatu by’Isezerano Rishya byari birangiye<br />

gucapwa maze muri uwo mwaka hakurikiraho indi ngeri y’Isezerano Rishya.<br />

Yakomeje imirimo ye abishishikariye kandi afite kwihangana. Nubwo abategetsi<br />

b’Ubwongereza bagenzuraga cyane ku mipaka y’igihugu cyabo, Ijambo ry’Imana<br />

ryagezwaga i London rinyuze mu nzira zinyuranye z’ibanga, maze ziza gukwirakwizwa mu<br />

gihugu cyose. Abayoboke ba Papa bakoze uko bashoboye ngo bazimangatanye ukuri nyamara<br />

ntibyabashobokeye. Igihe kimwe umwepisikopi w’i Durham yaguze Bibiliya zose zari zifitwe<br />

n’umuntu wazigurishaga wari incuti ya Tyndale, azigura afite umugambi wo kuzitsembaho,<br />

yibwira ko ibyo bizabera imbogamizi ikomeye umurimo. Ariko, ibyabaye bitandukanye<br />

n’ibyo, kuko amafaranga yatanze azigura yaguzwe ibikoresho byo gusohora ingeri nyindi<br />

nshya ya Bibiliya, kandi nziza kurutaho itarashoboraga gucapwa iyo ayo mafaranga<br />

ataboneka. Nyuma y’aho, ubwo Tyndale yafungwaga, yasezeraniwe kurekurwa ariko ari uko<br />

abanje kuvuga amazina y’abantu bamufashije kubona amafaranga yo gucapisha za Bibiliya<br />

ze. Yabasubije ko umwepisikopi w’i Durham ariwe wamufashije kuruta abandi bose; kuko<br />

igihe yaguraga ibitabo byari byasigaye ku mafaranga menshi, yamushoboje gukomeza afite<br />

ubutwari bwinshi.<br />

Tyndale yaje kugambanirwa afatwa n’abanzi be, maze igihe kimwe afungwa amezi<br />

menshi. Amaherezo, kwizera yaje kuguhamisha kwicwa azize kwizera kwe, ariko intwaro<br />

176

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!