15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bari barasesenguye kandi bamenya neza ukuri k’ubutumwa bwiza kandi batsindaga<br />

biboroheye inyigisho z’ubucurabwenge n’iza politiki zigishwaga mu mashuri ndetse<br />

n’abanyacyubahiro b’i Roma.” 258<br />

Umusaruro w’izo mpaka wabaye uw’uko umwami wa Suwede yemeye ukwizera<br />

kw’Abaporotesitanti, kandi nyuma y’igihe gito, inteko ishinga amategeko nayo ivuga ko<br />

ishigikiye uko kwizera. Olaf Petri yari yarasobanuye Isezerano Rishya mu rurimi rwo muri<br />

Suwede maze kubw’icyifuzo cy’umwami, abo bavandimwe bombi batangira gusobanura<br />

Bibiliya yose. Bityo, buba ubwa mbere abaturage bo muri Suwede maze babona ijambo<br />

ry’Imana mu rurimi rwabo rwa kavukire. Inama nkuru y’igihugu yategetse ko mu gihugu<br />

hose, abagabura b’ubutumwa bwiza bakwiriye gusobanura Ibyanditswe Byera kandi ko mu<br />

mashuri abana bose bagomba kwigishwa gusoma Bibiliya.<br />

Umucyo w’agatangaza w’ubutumwa bwiza wirukanye bidasuburwaho umwijima<br />

w’ubujiji n’imigenzo. Igihugu kibonye umudendezo gikize ikandamiza rya Roma, gishobora<br />

kugera ku rugero ruhanitse no gukomera kitari cyarigeze kigeraho mbere. Igihugu cya Suwedi<br />

gihinduka kimwe mu bihome by’Ubuporotesitanti. Nyuma y’icyo gihe hashize imyaka ijana,<br />

ubwo hariho akaga gakomeye, iki gihugu gito kandi cyari gifite intege nke muri icyo gihe,<br />

nicyo cyagize ubutwari mu bindi bihugu by’Uburayi, maze gifasha Ubudage mu ntambara<br />

ikomeye yamaze imyaka mirongo itatu. Uburayi bw’amajyaruguru bwose, bwasaga<br />

n’ubugiye gusubira munsi y’igitugu cy’ubutegetsi bwa Roma. Ingabo za Suwede ni zo<br />

zashoboje Abadage gutsimbura abayoboke ba Papa, bituma abaporotestanti babona agahenge-<br />

- baba abakomoka kuri Kaluvini n’abakomoka kuri Luteri — ndetse no kugarura umudendezo<br />

wo gukurikiza umutimanama mu bihugu byari byaremeye inyigisho z’Ubugorozi.<br />

174

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!