15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

no kumenya kuvuga neza, naho nk’uko Melanchthon yari ameze, Laurentius yari umuhanga,<br />

akagira gutuza no gutekereza cyane. Bombi bari bafite imico myiza, bafite ubumenyi<br />

bukomeye mu by’iyobokamana kandi barangwa n’ubutwari budacogora mu kwamamaza<br />

ukuri. Ntibabuze kurwanywa n’abo mu ruhande rwa Papa. Abapadiri b’abagatolika<br />

bahagurukije abaturage bajijwe kandi bakurikiza imigenzo. Incuro nyinshi Olaf Petri yagiye<br />

yibasirwa n’imbaga y’abantu, kandi akenshi akabacika benda kumuhitana. Ariko, abo<br />

Bagorozi bakundwaga kandi bakarindwa n’umwami.<br />

Mu gihe cy’ubutegetsi bw’itorero ry’i Roma, abantu bari barazahajwe n’ubukene kandi<br />

barakandamijwe. Nta Byanditswe Byera bagiraga, kandi kubera kugira idini ishingiye ku<br />

bimenyetso bisanzwe no ku mihango bitagezaga umucyo ku bantu, basubiraga mu myizerere<br />

ishingiye ku migenzo n’imihango ya gipagani by’abakurambere babo bari abapagani. Igihugu<br />

cyari kigabanyijwemo amatsinda atandukanye ahanganye kandi amakimbirane yayo<br />

atarahwemaga yongeraga ubukene bukabije mu bantu bose. Umwami yiyemeza kuvugurura<br />

Leta n’itorero maze yakira neza abo bafasha bari bafite ubushobozi mu rugamba rwo<br />

kurwanya Roma.<br />

Ubwo Olaf Petri yari imbere y’umwami n’abantu bakomeye bo mu gihugu cya Suwedi,<br />

mu buryo bwa gihanga, yashyigikiye amahame kwizera kuvuguruwe gushingiyeho<br />

ahanganye n’abahanga bakomeye ba Roma. Yavuze ko inyigisho z’abapadiri zigomba<br />

kwemerwa gusa igihe cyose zihuje n’Ibyanditswe Byera; kandi ko amahame shingiro yo<br />

kwizera yanditswe muri Bibiliya mu buryo bwumvikana kandi bworoshye ku buryo abantu<br />

bose bashobora kuyasobanukirwa. Kristo yaravuze ati : “Ibyo nigisha si ibyanjye, ahubwo ni<br />

iby’Iyantumye,” 255 kandi na Pawulo yavuze ko nihagira ubwiriza ubundi butumwa butari<br />

ubwo yari yarakiriye, uwo muntu akwiriye kuvumwa. 256 Uwo mugorozi yaje kuvuga ati:<br />

“None se bishoboka bite ko abantu batinyuka kwihangira inyigisho zabo zihuje n’irari ryabo,<br />

maze bakazihatira abantu nk’aho ari ibintu bya ngombwa bihesha agakiza? 257” Yerekanye<br />

ko amateka itorero rica nta gaciro afite igihe cyose arwanya amategeko y’Imana, maze<br />

ashikama ku ihame ry’ingenzi rya Giporotesitanti rivuga riti: “Bibiliya, kandi Bibiliya<br />

yonyine” ni yo shingiro ryo kwizera n’imikorere.<br />

Nubwo izo mpaka zabereye ahantu hagaragara ko ari hato, zitwereka “imiterere y’abantu<br />

bari bagize ingabo z’Abagarozi. Ntabwo bari abantu batize, babiba amacakubiri kandi bajya<br />

impaka basakuza, ibirambu, bari abantu bize ijambo ry’Imana kandi bari bazi neza uburyo<br />

bwo gukoresha intwaro Bibiliya yabahaga. Urebye ku rwego rw’ubuhanga, ni bo bari ku<br />

mwanya wa mbere mu gihe cyabo. Iyo twitegereje ahantu harangwaga ubwenge hakomeye<br />

nka Wittenberg na Zurich, ndetse n’amazina y’abantu b’ibyamamare nka Luteri,<br />

Melanchthoni, Zwingli na Oecolampadius, twibwira ko bari abayobozi b’ubugorozi kandi<br />

ubusanzwe tubazi ho imbaraga zitangaje n’ubuhanga buhanitse. Nyamara abari babungirije<br />

ntibari bageze ku rugero rwabo. Reka tugaruke mu gihugu cya Suwede maze turebe amazina<br />

y’abantu baciye bugufi nka Olaf na Laurentius Petri- duhere ku bakuru tugana ku bigishwa<br />

babo- mbese tubona iki? . . . Tubona intiti ndetse n’abaminuje mu by’iyobokamana; abantu<br />

173

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!