15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kandi bababaye bo ku isi. Yifuzaga cyane kubacungura bose. Nyamara nta nubwo ikiganza<br />

cye cyari gukuraho imibabaro myinshi y’abantu. Abantu bake ni bo gusa bashakaga Isoko<br />

imwe rukumbi bari bafite yo gukuraho ubufasha. Yari afite ubushake bwo kwitanga agapfa<br />

kugira ngo abegereze agakiza ; nyamara bake gusa ni bo bamusanze kugira ngo babone<br />

ubugingo.<br />

Nimurebe Umwami w’ijuru abogoza amarira! Umwana w’Imana Ihoraho ahagaritse<br />

umutima, acuritse umutwe ashenguwe n’intimba! Ibyo byatumye ijuru ryose rigwa mu<br />

kayubi. Iyo shusho mbi iduhishurira ububi bukabije bw’icyaha; itwereka ukuntu gukiza<br />

abanyabyaha ingaruka zo kugomera amategeko y’Imana bigoye yemwe no kuri<br />

Nyir’ubushobozi butagerwa. Yesu yitegereje abazaba batuye ku isi mu gihe giheruka,<br />

yabonye isi izaba iri mu gishuko gisa n’icyateje Yerusalemu kurimbuka.<br />

Icyaha gikomeye Abayahudi bakoze ni ukwanga kwemera Kristo. Icyaha gikomeye<br />

Abakristo bazakora ni ukwanga kumvira amategeko y’Imana kandi ari yo rufatiro<br />

rw’ubuyobozi bwayo mu ijuru no ku isi. Amahame ya Yahwe azasuzugurwa kandi ahindurwe<br />

ubusa. Abantu miliyoni nyinshi bari mu bubata bw’icyaha bakaba ari inkoreragahato za<br />

Satani, baciriwe urubanza rwo gupfa urupfu rwa kabiri, bazanga gutegera amatwi amagambo<br />

y’ukuri mu gihe bazayabwirwamo. Mbega ubuhumyi buteye ubwoba ! Mbega ubupfapfa!<br />

Mu minsi ibiri yabanjirije Pasika, igihe Kristo yari yaravuye mu ngoro y’Imana bwa<br />

nyuma amaze kwamagana uburyarya bw’abayobozi b’Abayuda, yasubiye ku musozi<br />

w’imyelayo ari kumwe n’abigishwa be maze yicarana na bo ku gacuri kariho ibyatsi kari<br />

kitegeye umujyi. Yongeye kwitegereza inkuta zawo, iminara yawo, ndetse n’amazu<br />

arimbishijwe cyane yari awurimo. Yongeye kwitegereza Urusengero abona uburyo ubwiza<br />

bwarwo bwabengeranaga, rukaba ari rwo rwari ikamba ry’ubwiza ryari ritatse uwo musozi<br />

muziranenge.<br />

Mu myaka igihumbi yari ishize, umunyazaburi yari yaranditse yogeza uko Imana yakunze<br />

Isiraheli maze inzu nziranenge yari ihubatswe iyigira ahantu hayo ho gutura agira ati : « Kandi<br />

i Salemu ni ho hema ryayo, i Siyoni ni ho buturo bwayo.» « Itoranya umuryango wa Yuda,<br />

umusozi Siyoni yakunze. Yubaka Ahera hayo hadatsembwa nk’ijuru, nk’isi yashimangiye<br />

iteka ». Zaburi 76:2; 78:68,69.<br />

Ingoro y’Imana yubatswe bwa mbere yari yarubatswe mu gihe hariho ubukungu kurenza<br />

ibindi bihe byose byaranze amateka ya Isiraheli. Umwami Dawidi yari yarahunikishije<br />

ubutunzi bwinshi bwo kubaka iyo ngoro, kandi ibyitegererezo bagendeyeho bayubaka bari<br />

barabikoze bayobowe na Mwuka w’Imana. 1 Ngoma 28:12,19. Salomo, umwami warushije<br />

abami ba Isiraheli bose ubwenge, ni we wari yararangije uwo murimo w’inyubako. Iyo ngoro<br />

yarushaga ubwiza inyubako zose zari zarigeze kubakwa ku isi. Nyamara, Uwiteka yari<br />

yaravugiye mu muhanuzi Hagayi ibyerekeye ingoro ya kabiri ati « Ubwiza bw’iyi nzu bwo<br />

hanyuma buzaruta ubwa mbere.” “Kandi nzahindisha amahanga yose umushyitsi,<br />

10

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!