15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

babaga ari abagabo; naho baba abagore bagahambwa bakiri bazima. Abantu ibihumbi byinshi<br />

bashiriye ku icumu mu gihe cy’ingoma ya Charles n’iya Filipo wa II.<br />

Umunsi umwe, abagize umuryango umwe bose bazanwe imbere y’abacamanza, maze<br />

babarega ko utajya mu misa ahubwo usengera mu rugo. Ubwo umwana muto muri bo<br />

yabazwaga ibyo bakorera mu rwiherero, uwo mwana w’umuhungu yarasubije ati:<br />

“Turapfukama, maze tugasenga Imana ngo imurikire intekerezo zacu kandi itubabarire ibyaha<br />

byacu. Dusengera umwami wacu kugira ngo ubwami bwe bugire amahoro n’uburumbuke<br />

kandi imuhe n’ubuzima bwiza. Dusabira abacamanza bacu ngo Imana ibarinde.” 253 Iryo<br />

jambo ryakoze ku mitima ya bamwe mu bacamanza, nyamara ntibyabujije ko se w’uwo<br />

mwana n’umwe mu bahungu be bacirwa urubanza rwo gutwikwa.<br />

Uburakari bukaze bw’abatotezaga bwanganaga n’ukwizera kw’abahorwaga ukwizera<br />

kwabo. Si abagabo gusa ahubwo abagore n’abakobwa nabo berekanaga ubutwari budasubira<br />

inyuma. “Abagore bahagararaga iruhande rw’inkingi ihambiriyeho abagabo babo, kandi igihe<br />

umugabo yabaga ari gushya yihanganira umuriro, umugore we yamwongoreraga amagambo<br />

yo kumuhumuriza cyangwa akamuririmbira Zaburi yo kumukomeza.” “Abakobwa b’inkumi<br />

baryamaga mu mva bagiye guhambwamo ari bazima nk’abari kwinjira mucyumba basanzwe<br />

bararamo; cyangwa bakajyanwa ku mambo no gutwikwa bambaye imyambaro yabo myiza<br />

cyane nk’abagiye mu birori by’ubukwe bwabo.” 254<br />

Nk’uko byagenze mu gihe ubupagani bwashakaga kurimbura ubutumwa bwiza, amaraso<br />

y’Abakristo yari imbuto. Itotezwa ryatumye umubare w’abahamya b’ukuri wiyongera. Uko<br />

umwaka utashye, umwami yarushagaho kurakazwa no kutava ku izima kw’abantu maze<br />

akomeza umurimo we wo kubica urupfu rubi, ariko biba iby’ubusa. Biyobowe na William<br />

wakomokaga ahitwaga Orange, amaherezo Impinduramatwara yaje kugeza Ubuholandi ku<br />

kugira umudendezo wo gusenga Imana.<br />

Mu misozi y’i Piyemo (Piedmond), mu bibaya byo mu Bufaransa no ku nkengero<br />

z’Ubuholandi, iterambere ry’ubutumwa bwiza ryatewe n’imivu y’amaraso y’abigishwa<br />

babwo. Ariko mu bihugu by’amajyaruguru ho, ubutumwa bwiza bwahinjiye nta nkomyi.<br />

Abanyeshuri bigaga i Wittenberg bari baragarutse mu gihugu cyabo, bazanye ukwizera<br />

kuvuguruwe mu bihugu bya Sikandinaviya. Icapishwa ry’inyandiko za Luteri naryo<br />

ryakwirakwije umucyo. Abaturage bo mu majyaruguru, bari abantu boroheje kandi b’intwari<br />

bazibukiriye gusaya mu bibi, ubwibone n’imigenzo y‘i Roma maze bakira ubutungane,<br />

kwiyoroshya ndetse n’ukuri kwa Bibiliya guheshya ubugingo.<br />

Uwitwa Tausen, wari umugorozi wo muri Denmark, yari umuhungu wabyawe<br />

n’umuturage woroheje. Ubwo yari akiri muto, uwo mwana yagaragaweho kuzaba umuhanga.<br />

Yagiraga inyota yo kwiga ariko ibyo ntibyamushobokera bitewe n’imibereho y’ababyeyi be,<br />

maze yinjira mu kigo cy’abihaye Imana. Ari muri icyo kigo, imibereho ye iboneye ifatanyije<br />

n’umwete we no kuba indahemuka kwe byatumye abayobozi be bamukunda cyane. Igenzura<br />

yakorewe ryagaragaje ko afite impano zizamuhesha gukorera itorero neza mu gihe kizaza.<br />

171

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!