15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kuba mu buhungiro kwe, imbaraga ze yazikoresheje yamamaza ubutumwa bwiza mu gihugu<br />

yavukiyemo. Yamaze igihe kirekire abwiriza mu baturage b’igihugu cye hafi y’urubibi aho<br />

yari maso yitegereza urugamba kandi agafasha abantu kubw’amagambo ye atera ubutwari<br />

n’inama ze. Kubwo gufashwa n’izindi mpunzi, inyandiko z’abagorozi b’Abadage<br />

zasobanuwe mu rurimi rw’Igifaransa, kandi izo nyandiko ndetse na Bibiliya y’Igifaransa<br />

bisohoka mu macapiro ari byinshi. Ibyo bitabo byagurishijwe n’ababwiririshabutumwa<br />

ibitabo mu Bufaransa ari byinshi. Ababwiririshabutumwa ibitabo babihabwaga ku giciro gito<br />

maze inyungu bakuragamo ikabafasha gukomeza gukora uwo murimo.<br />

Farel yatangiye umurimo we mu Busuwisi yiyambitse umwambaro w’umwarimu<br />

woroheje cyane. Yagiye mu karere ka kure maze yitangira kwigisha abana. Uretse inyigisho<br />

zisanzwe yabagezagaho, yanakoranye ubushishozi maze atangira kujya abigisha ukuri kwa<br />

Bibiliya yiringira ko azashobora kugera ku babyeyi akoresheje abana. Hari bamwe bemeye<br />

ukuri yigishaga, ariko abapadiri barakomeje baza guhagarika umurimo we, maze bahagurutsa<br />

abaturage babaswe no gukurikiza imigenzo kugira ngo bawurwanye. Abapadiri babwiye<br />

abantu bati: “Buriya butumwa ntibushobora kuba ubutumwa bwiza bwa Kristo, kubera ko<br />

kububwiriza bitazana amahoro ahubwo biteza intambara.” 246 Nk’uko byagenze ku bigishwa<br />

ba mbere, iyo Farel yarenganyirizwaga mu mujyi umwe yahungiraga mu wundi. Yagendaga<br />

n’amaguru ava mu mudugudu umwe ajya mu wundi, akava mu mujyi umwe ajya mu wundi,<br />

akihanganira inzara, imbeho n’umunaniro kandi aho yajyaga hose ubuzima bwe bwabaga buri<br />

mu kaga. Yabwiririzaga mu masoko, mu nsengero, ndetse rimwe na rimwe akabwiririza kuri<br />

ruhimbi muri za katederali. Rimwe na rimwe yasangaga urusengero rurimo ubusa nta bantu<br />

baje kumwumva, incuro nyinshi ibibwirizwa bye byarogowaga n’urusaku rw’abantu, no<br />

kumukwena maze bakamukurubana bakamukura ku ruhimbi. Incuro nyinshi yagiye afatwa<br />

n’abaturage bakamukubita kugeza yenda kuvamo umwuka nyamara yakomeje gukora<br />

umurimo we. Nubwo yanzwe kenshi, ntibyamubuzaga kwihangana akagaruka aho yagiriwe<br />

nabi, akabona imidugudu n’imijyi byahoze ari ibihome by’ubupapa bikingurira inzugi<br />

ubutumwa bwiza. Bidatinze, ya paruwasi imwe nto yari yaratangiriyeho umurimo we yaje<br />

kwemera ukwizera kuvuguruwe. Umujyi wa Morat n’uwa Neuchâtel nayo yitandukanyije<br />

n’imigenzo y’itorero ry’i Roma maze mu nsengero zaho bakuramo amashusho yarimo.<br />

Farel yari yaramaze igihe kirekire yifuza kuzamura ibendera ry’Ubuporotesitanti i Geneve<br />

(Umurwa w’Ubusuwisi). Yibwiraga ko uwo mujyi uramutse uyobotse Ubuporotesitanti waba<br />

ihuriro ry’Ubugorozi mu Bufaransa, mu Busuwisi n’Ubutaliyani. Kubera uwo mugambi yari<br />

afite imbere ye, yari yarakomeje gukora imirimo ye kugeza ubwo imijyi myinshi n’imidugudu<br />

bihakikije biyobotse Ubuporotesitanti. Hanyuma yinjiye i Geneve aherekejwe n’umuntu<br />

umwe, ariko yemererwa kuhabwiriza ibibwirizwa bibiri gusa. Abapadiri bagerageje<br />

kumutereza ubutegetsi ngo bumufatire ibyemezo ariko biba iby’ubusa, maze<br />

baramuhamagarira kwitaba inama y’abepisikopi. Baje muri iyo nama bitwaje imbunda<br />

zihishe mu makanzu yabo kuko bari biyemeje kumwica. Hanze y’icyumba cy’inama hari<br />

hateraniye abantu barakaye, bitwaje inkoni n’inkota kugira ngo baze kumuhitana naramuka<br />

164

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!