15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

amaso kandi atwaye urumuri rwaka mu maboko ye. Umwami w’Ubufaransa yagaragaye mu<br />

“ishusho y’umuntu wihana.” 240 Uko yageraga imbere ya buri alitari, yarapfukamaga<br />

akicisha bugufi, bidatewe n’ingeso mbi zahumanyije umutima we cyangwa amaraso<br />

y’inzirakarengane yahindanyije ibiganza bye, ahubwo ari kubw’icyaha gikomeye cyane abo<br />

ayobora bakoze bahangara kunenga Misa. Inyuma y’umwami hakurikiyeho umwamikazi<br />

n’abanyacyubahiro bo mu butegetsi, nabo bakagenda babangikanye babiri babiri buri wese<br />

atwaye urumuri rwaka.<br />

Nk’umugabane umwe muri gahunda z’uwo munsi, umwami ubwe yagejeje ijambo ku<br />

bakomeye bose bari mu cyumba kinini cy’ingoro ya musenyeri. Yahagaze imbere yabo afite<br />

umubabaro ugaragara ku maso ye maze avuga amagambo akomeye yinubira icyaha, ubugome<br />

ndetse n’umunsi w’umubabaro no gukorwa n’isoni” byagwiririye igihugu cyose. Bityo,<br />

yabwiye abamwumvira bose kumufasha gukuraho burundu icyorezo cy’ubuyobe cyari<br />

kigendereye gusenya Ubufaransa. Yaravuze ati: ” Mwa banyacyubahiro mwe, ndababwiza<br />

ukuri nk’umwami wanyu, ndamutse menye ko kumwe mu maguru yanjye kwandujwe<br />

cyangwa kwafashwe n’ubu bwandu bubi, nakubaha mukaguca. Ikigeretseho kandi , ndamutse<br />

mbonye umwe mu bana banjye yagezweho n’ubwo bwandu, sinamubabarira. . . . Njye<br />

ubwanjye namutanga akaba igitambo.” Yavuganaga ikiniga arira, maze abari aho bose baririra<br />

icyarimwe batera hejuru bati : “Tuzaberaho kandi tunapfire itorero gatolika!” 241<br />

Igihugu cyari cyaranze umucyo w’ubutumwa bwiza noneho cyinjiye mu mwijima<br />

w’icuraburindi. Ubuntu “buhesha agakiza” bwarerekanwe; ariko nyuma yo kubona imbaraga<br />

yabwo n’ubutungane bwabwo, nyuma yaho abantu benshi bakururiwe n’ubwiza bwabwo<br />

mvajuru, nyuma y’uko imijyi n’imidugudu mito imurikiwe n’umucyo w’ubwo buntu,<br />

Ubufaransa bwo bwabuteye umugongo maze buhitamo umwijima mu cyimbo cy’umucyo.<br />

Ubwo bahabwaga impano mvajuru, bayisubije inyuma barayanga. Icyiza bari baracyise ikibi,<br />

n’ikibi bacyita icyiza kugeza ubwo baguye mu mutego wo kwibeshya kw’imitima yabo.<br />

Noneho nubwo bashobora kuba barizeraga ko mu gutoteza ubwoko bw’Imana bari gukora<br />

umurimo wayo, nyamara uko kumaramaza kwabo nikwabagize intungane. Ku bushake<br />

bwabo, bari baranze umucyo wajyaga kubarinda kwibeshya, ukababuza kwiyandurisha<br />

amaraso.<br />

Indahiro ikomeye yo gutsembaho ubuhakanyi yarahiriwe muri katederali nkuru, ari naho<br />

nyuma y’ibinyejana bitatu byakurikiyeho, “Ikigirwamana cy’Ubwenge” cyagombaga<br />

kuzimikirwa n’igihugu cyari cyaribagiwe Imana nzima. Bongeye gukora rwa rugendo<br />

rw’umwiyereko maze abahagarariye Ubufaransa barahaguruka bajya gutangira umurimo bari<br />

barahiriye gukora. “Hafi y’aho hari hashinzwe imambo zari gutwikirwaho Abakristo bamwe<br />

b’Abaporotesitanti ari bazima, kandi hari hafashwe umugambi wo gukongeza umuriro mu<br />

gihe umwami yari bube ari hafi kandi ko abari muri wa mwiyerekano bakwiriye kwihutishwa<br />

kugira ngo bibonere uko abahakanyi bapfa.” 242<br />

162

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!