15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Urwo rugendo rwasaga n’urwo kwibuka “isakaramento ritagatifu,” nk’igikorwa cyo<br />

guhanagura igitutsi abaporotesitanti batutse misa. Ariko inyuma y’uwo mwiyerekano hari<br />

hihishe umugambi mubisha. Igihe bageraga imbere y’inzu y’umuyoboke wa Luteri, wa<br />

mugambanyi yabahaga ikimenyetso ariko nta jambo rivuzwe. Ba bantu bakurikiranye<br />

barahagaze, hakagira abinjira mu nzu maze abo muri uwo muryango bose bakabasohora<br />

bakabambika umunyururu bityo bagakomeza gushaka abandi. Nta nzu n’imwe banyuragaho,<br />

yaba nto cyangwa nini, ndetse n’amashuri makuru ya Kaminuza ya Paris. . . Morin<br />

yahindishije umujyi wose umushyitsi. . . Cyari igihe giteye ubwoba.” 238<br />

Abafatwaga bicwaga urubozo, hagategekwa ko bagabanya ubukana bw’umuriro kugira<br />

ngo umubabaro wabo umare igihe kirekire. Nyamara bapfuye ari abaneshi. Ugushikama<br />

kwabo ntikwanyeganyejwe kandi amahoro yabo ntiyahungabanye. Kubera ko ababatotezaga<br />

batashoboraga gukuraho ugushikama kwabo kudadohoka, ni bo bumvise batsinzwe. “Imambo<br />

zo gutwikiraho abantu zakwirakwijwe mu mpande zose z’umujyi wa Paris maze mu minsi<br />

myinshi yagiye ikurikirana bakajya bazibatwikiraho, umugambi wabyo ari ugutinyisha ibyo<br />

bitaga ubuhakanyi. Nyamara amaherezo inyungu yakomeje kuba ku butumwa bwiza. Abatuye<br />

umujyi wa Paris bose bashoboye kubona uko ibitekerezo bishya bihindura abantu ukundi. Nta<br />

ruhimbi (aritari) rwariho ruhwanye n’inkingi yatwikirwagaho abaziraga kwizera kwabo.<br />

Ibyishimo byarabagiranaga mu maso h’abo bantu igihe bajyanwaga aho bari butwikirwe,<br />

ubutwari bagaragazaga igihe babaga abahagaze mu birimi by’umuriro bikaze, uko<br />

bababariraga ababagirira nabi, akenshi byatumaga uburakari bw’ababatoteza buhinduka<br />

impuhwe, urwango rugahindukamo urukundo maze bakavuga bashize amanga bashyigikira<br />

ubutumwa bwiza.” 239<br />

Abapadiri bari bagamije gutuma uburakari bw’abaturage bukomeza kuba bwinshi maze<br />

bakwirakwiza inyandiko z’ibirego bikabije baregaga Abaporotesitanti. Babaregaga<br />

ubugambanyi bwo gushaka kurimbura Abagatolika, guhirika ubutegetsi no kwica umwami.<br />

Nta gihamya na gito bari bafite gishyigikira ibyo birego. Nyamara ubwo buhanuzi<br />

bw’ibinyoma bwagombaga gusohora mu bundi buryo butandukanye cyane n’ubwo, kandi<br />

binaturutse ku zindi mpamvu zihabanye n’izo. Ubugome bukomeye abagatolika bagiriraga<br />

Abaporotesitanti b’inziramakemwa bwuzuye igipimo cy’ingororano yabo bityo mu binyejana<br />

byakurikiyeho ubwo bugome bubazanira ibyago bari baravuze mbere ko bizaba ku mwami,<br />

ku butegetsi bwe ndetse no ku baturage be. Nyamara uko kurimbuka kwazanywe n’abapagani<br />

ndetse n’abayoboke ba Papa ubwabo. Ntabwo kwaduka k’ubuporotesitanti ari byo byateje<br />

akaga gakomeye Ubufaransa nyuma y’imyaka magana atatu yakurikiyeho, ahubwo katejwe<br />

no gushaka kubukuraho burundu.<br />

Urwikekwe, kutizerana ndetse n’ubwoba noneho byakwiriye mu nzego zose z’abaturage.<br />

Muri uko gukangarana kwari rusange, biboneye uburyo inyigisho za Luteri zacengeye mu<br />

ntekerezo z’abantu bo mu rwego rwo hejuru mu myigire, mu kugira ijambo mu bantu ndetse<br />

no kugira imico itunganye rwose. Mu buryo butunguranye, abari mu myanya ikomeye mu<br />

butegetsi kandi y’icyubahiro bayivuyemo. Abanyabukorikori, abakora mu macapiro, intiti,<br />

160

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!