15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Aho hantu hitaruye hasomerwaga Bibiliya mu ijwi riranguruye kandi ikanasobanurwa.<br />

Aho niho Abaporotesitanti bo mu Bufaransa bizihirije bwa mbere umuhango w’Ifunguro<br />

ry’Umwami. Ababwirizabutumwa benshi b’indakemwa bakomotse muri iryo torero rito.<br />

Kaluvini yongeye kugaruka i Paris. Yari ataratakaza ibyiringiro by’uko igihugu<br />

cy’Ubufaransa kizemera Ubugorozi. Nyamara yaje gusanga hafi imiryango yose y’umurimo<br />

ikinzwe. Kubwiriza ubutumwa bwiza kwari ugufata inzira yahuranyije igana ku mambo<br />

ugatwikwa, maze amaherezo Kaluvini yiyemeza gufata inzira igana mu Budage. Akimara<br />

kuva mu Bufaransa, nibwo inkubiri yadutse mu Baporotesitanti ku buryo iyo ajya kuhaguma<br />

yagombaga guhitanwa no kurimbura kwatwaye rubanda rwinshi.<br />

Abagorozi bo mu Bufaransa, mu gihe bifuzaga kubona amajyambere y’ubugorozi mu<br />

gihugu cyabo nk’uko byari biri mu Budage no mu Busuwisi, biyemeje gufora umwambi<br />

utyaye washoboraga gukangura igihugu cyose bakarwanya imigenzo ya Roma. Ku bw’uwo<br />

mugambi, ibyapa byanditsweho amagambo anenga misa byamanitswe mu Bufaransa hose mu<br />

ijoro rimwe. Ariko aho kugira ngo icyo gikorwa cyuzuye ishyaka kandi cyatekerejwe nabi<br />

giteze imbere umurimo w’Ubugorozi, cyazaniye kurimbuka atari abagikwirakwije gusa<br />

ahubwo n’incuti z’ukwizera kuvuguruwe zo mu Bufaransa hose. Icyo gikorwa cyahaye<br />

abambari ba Roma ibyo bari barifuje igihe kirekire ari cyo mendeza yo gusaba ko abahakanyi<br />

batsembwa nk’abantu bateza impagarara bakaba inkomyi ku mutekano w’ubwami ndetse no<br />

ku mahoro y’igihugu.<br />

Inyandiko imwe yamanitswe ku rugi rw’icyumba cyihariye cy’umwami bikozwe<br />

n’umuntu utaramenyekanye niba yari incuti yahubutse ikabikora cyangwa niba yari umwanzi<br />

wuzuye uburyarya. Ibi byateye umwami ubwoba bwinshi. Muri iyo nyandiko, imigenzo yari<br />

imaze igihe kirekire yubahirizwa yarwanyijwe nta kubabarira. Uko gutinyuka kurimo<br />

guhangara gushyira inyandiko ishishana ibwami byatumye umwami agira umujinya. Mu<br />

gutangara kwe, yamaze igihe gito atengurwa atagira icyo avuga. Amaherezo uburakari bwe<br />

bwamuteye kuvuga aya magambo ashishana ati: “Ntegetse ko abantu bose bakekwaho kuba<br />

abayoboke ba Luteri bafatwa. Nzabarimbura bose.” 237<br />

Itegeko ryashyizweho ikimenyetso. Umwami yari amaze kwiyemeza burundu kujya mu<br />

ruhande rwa Roma.<br />

Hahise hafatwa ingamba zo gufata abayoboke ba Luteri bose bari mu mujyi wa Paris.<br />

Umuturage umwe w’umukene wari warayobotse ukwizera kw’abagorozi, akaba yari<br />

yaramenyereye gutumira abizera mu biterane bya rwihishwa yarafashwe. Kubera<br />

gukangishwa kwicwa bamutwitse, yategetswe kujyana intumwa za papa ku rugo rwa buri<br />

Muporotesitanti utuye muri uwo mujyi. Yagize ubwoba yanga icyo gikorwa kibi bamusabye,<br />

ariko amaherezo gutinya gutwikwa biramuganza maze yemera kugambanira bagenzi be.<br />

Morin wari umugenzacyaha ari kumwe na wa muntu wafashwe, bari babanjirijwe n’imbaga<br />

y’abantu bakikijwe n’imbaga y’abapadiri, abantu batwara imibavu, abihaye Imana<br />

n’abasirikare banyuraga mu duhanda two mu mujyi bagenda buhoro buhoro kandi bacecetse.<br />

159

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!