15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Yaravuze ati: “Biratangaje kubona umuntu ukomoka ahantu horoheje abasha kuzamurwa<br />

agahabwa icyubahiro gikomeye nk’iki.” 235<br />

Kaluvini yinjiye mu murimo we atuje kandi amagambo ye yari nk’igitonyanga kigwa ngo<br />

gitose ubutaka. Yari yaravuye i Paris none ubu bwo yari yibereye mu mujyi wo mu ntara aho<br />

yari arinzwe n’igikomangomakazi Marigarita wakundaga ubutumwa bwiza maze yongera<br />

uko yarindaga abari barabuyobotse. Kaluvini yari akiri umusore muto, w’umugwaneza kandi<br />

udaharanira ibyubahiro. Yatangiye umurimo we yigishiriza abantu mu ngo zabo. Yasomaga<br />

Bibiliya kandi agasobanura ukuri kw’agakiza akikijwe n’abagize umuryango. Abumvaga<br />

ubwo butumwa bajyaniraga abandi iyo nkuru nziza, maze bidatinze uwo mwigisha ava mu<br />

mujyi mukuru ajya mu mijyi mito no mu midugudu ihazengurutse. Ntaho yahezwaga haba<br />

mu ngo z’abakomeye cyangwa mu tururi tw’abakene; agakomeza urugendo ashinga urufatiro<br />

rw’amatorero yagombaga kuvamo abahamya b’ukuri batagira ubwoba.<br />

Nyuma y’amezi make yagarutse i Paris. Aho i Paris hari impaka zidasanzwe mu itsinda<br />

ry’abahanga n’abigisha bakomeye. Kwiga indimi za kera byari byaratumye abantu biga<br />

Bibiliya kandi benshi abo imitima yabo itari yaracengewe n’ukuri kwayo bakujyagaho impaka<br />

babishishikariye ndetse bakanahangana n’ibirangirire byari bishyigikiye inyigisho z’i Roma.<br />

Nubwo Kaluvini yari ashoboye kurwana urugamba mu by’iyobokamana, yari afite umurimo<br />

ukomeye yagombaga kurangiza warutaga cyane uw’abo banyabwenge bagiraga urusaku.<br />

Intekerezo z’abantu zari zakangutse, maze icyo kiba igihe cyo kubamenyesha ukuri. Mu gihe<br />

ibyumba byo muri za kaminuza byari byuzuwemo n’urusaku ruvuye ku mpaka mu<br />

by’iyobokamana, Kaluvini we yagendaga ava ku nzu ajya ku yindi, yigisha abantu Bibiliya<br />

akababwira ibya Kristo wabambwe.<br />

Mu buntu bw’Imana, abatuye umujyi wa Paris bagombaga kugezwaho irindi rarika ngo<br />

bemere ubutumwa bwiza. Irarika rya Lefevre na Farel ryari ryarirengagijwe, ariko ubutumwa<br />

bwagombaga kongera kubwirwa abantu bo mu nzego zose batuye uwo murwa munini. Kubwo<br />

impamvu za politike, umwami yari atarajya ku ruhande rwa Roma mu buryo bwuzuye ngo<br />

arwanye Ubugorozi. Igikomangomakazi Marigarita yakomeje kugira ibyiringiro ko<br />

ubuporotesitanti buzatsinda mu Bufaransa. Yagambiriye ko ukwizera kuvuguruwe gukwiriye<br />

kubwirizwa mu mujyi wa Paris. Mu gihe umwami atari ari muri uwo mujyi Marigarita<br />

yategetse ko umuvugabutumwa w’Umuporotesitanti abwiriza mu nsengero zo mu mujyi.<br />

Kubera ko abayobozi bakuru bashyizweho na Papa bahise babibuzanya, Marigarita<br />

yafunguye imiryango y’ibwami. Yafashe inyubako imwe ayihindura urusengero, maze<br />

batangariza abantu ko buri munsi, ku isaha runaka hari ikibwirizwa kizajya kibwirizwa kandi<br />

abantu b’ingeri zose bararikiwe kuza gutega amatwi. Abantu batagira ingano baje kumva ibyo<br />

bibwirizwa. Abantu buzuye mu rusengero ndetse no mu miryango yarwo. Buri munsi<br />

hateraniraga abantu ibihumbi byinshi baba: ibikomangoma, abategetsi, abacamanza,<br />

abacuruzi n’abanyabukorikori. Maze aho kugira ngo umwami abuzanye ibyo biterane,<br />

ahubwo yategetse ko bafungura insengero ebyiri mu zo mu mujyi wa Paris. Nta kindi gihe<br />

cyigeze kibaho ko umujyi wa Paris ukangurwa n’Ijambo ry’Imana bene ako kageni. Byasaga<br />

157

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!