15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

rwibagiranye. Abahamya b’ukuri baravuze bati: “Natwe twiteguye gupfa gitwari, guhanze<br />

amaso ku buzima bw’ahazaza.” 229<br />

Mu gihe cy’itotezwa ryabereye i Meaux, abigisha b’ukwizera kuvuguruye bambuwe<br />

uburenganzira bwabo bwo kubwiriza, maze bajya gukorera ahandi. Nyuma y’igihe gito<br />

Lefevre yafashe inzira ajya mu Budage. Farel we yagarutse mu mujyi yavukiyemo wari mu<br />

Burasirazuba bw’Ubufaransa kugira ngo yamamaze umucyo aho yarerewe. Inkuru<br />

y’ibyaberaga i Meaux yari yarakwiriye hose bituma ukuri yigishanyaga umwete ashiritse<br />

ubwoba kubona abagutega amatwi. Bidatinze abategetsi barahagurutse kugira ngo<br />

bamucecekeshe, ndetse bamwirukana mu mujyi. Nubwo atashoboraga gukorera ku<br />

mugaragaro, yambukaga ibibaya n’imidugudu, agenda abwiririza mu mazu no mu nzuri,<br />

akajya yibera mu mashyamba no mu buvumo byajyaga bumutera ubwoba akiri umwana muto.<br />

Imana yariho imutegurira kuzanyura mu bigeragezo bikomeye. Yaravuze ati: “Imisaraba,<br />

gutotezwa ndetse n’imigambi bya Satani naburiwe mbere ntibyabuze kungeraho, ndetse<br />

birankomereye cyane kuruta uko nagashoboye kubyihanganira, ariko Imana ni Data; yampaye<br />

imbaraga kandi izahora iteka impa imbaraga nkeneye.” 230<br />

Nk’uko byabaye mu gihe cy’intumwa, akarengane “ntikabereye ubutumwa bwiza<br />

inkomyi, ahubwo kabushyize imbere.” 231 Birukanwe i Paris n’i Meaux, “abatatanye bagiye<br />

hose, bamamaza Ijambo ry’Imana.” 232 Kandi uko ni ko umucyo washoboye kugera mu ntara<br />

zose za kure z’Ubufaransa.<br />

Imana yari igitegura abakozi bo kwagura umurimo wayo. Mu ishuri rimwe ryo mu<br />

Bufaransa, habonetse umusore umwe witonda kandi w’umunyamahoro wahise agaragarwaho<br />

no kuba umunyabwenge no kugira ubushishozi; kandi yagaragazwaga cyane n’imbaraga ze<br />

z’ubwenge ndetse no kwitanga mu by’idini kimwe no kuba inziramakemwa mu mibereho ye.<br />

Bidatinze ubuhanga bwe buhanitse ndetse no kwita ku masomo ye, byatumye aba ishema<br />

ry’ishuri yigagaho, maze bituma abantu bagira icyizere ko Yohani Kaluvini azaba umwe mu<br />

bantu b’intwari kandi bubashywe cyane bazarengera itorero. Ariko imirasire w’umucyo<br />

mvajuru yahuranyije inkuta z’imitekerereze, ubucurabwenge n’inyigisho z’iyobokamana<br />

ndetse n’imigenzo Kaluvini yari afungiraniwemo. Yumvise inyigisho nshya ahinda<br />

umushyitsi, ntiyagira gushidikanya ko abayobye bakwiriye koko gutwikwa mu muriro<br />

babashyiragamo. Nyamara yaje kwibona ahanganye n’ibyo bitaga ubuyobe maze biba<br />

ngombwa ko agenzura inyigisho za Roma kugira ngo azikoreshe arwanya inyigisho<br />

z’Abaporotesitanti.<br />

Mubyara we wari warifatanyije n’abagorozi yabaga i Paris. Abo babyara bombi bahuraga<br />

kenshi maze bakaganira ku bibazo byatezaga imvururu aharangwa ubukristo.<br />

Umuporotesitanti witwa Olivetan yaravuze ati: “Mu isi hari amadini abiri gusa. Umugabane<br />

wa mbere w’idini (imyizerere) ni uwo abantu bahimbye, muri ryo umuntu yikiza ubwe<br />

kubw’imihango n’imirimo myiza. Undi mugabane w’idini ni uvugwa muri Bibiliya kandi<br />

wigisha abantu gushakira agakiza gusa mu buntu Imana igira nta kiguzi.”<br />

155

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!