15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

tubari, bagendaga bateranira mu rugo rw’umwe umwe kugira ngo bige Ijambo ry’Imana,<br />

bafatanyirize hamwe gusenga no kuririmba. Ntibyatinze, muri ako karere hagaragara<br />

impinduka ikomeye. Nubwo bari abantu bo mu rwego rworoheje, bakaba bari abaturage<br />

batize kandi bakora imirimo ivunanye, imbaraga ihindura kandi izahura y’ubuntu bw’Imana<br />

yagaragariye mu mibereho yabo. Bari abantu bicisha bugufi, bakundana, kandi batunganye<br />

maze baba abahamya b’icyo ubutumwa bwiza buzakorera abantu bose bazabwakira<br />

bataryarya.<br />

Umucyo wamurikiraga i Meaux woherezaga imirasire yawo kure. Umubare w’abihanaga<br />

wiyongeraga buri munsi. Umujinya ukaze w’ubuyobozi bukuru bw’itorero wabaye<br />

ugwabijwe mu gihe gito n’umwami utarahaga agaciro ibitekerezo bidafite ishingiro<br />

by’abapadiri; ariko amaherezo abayobozi bashyizweho na Papa baje kuganza. Noneho<br />

imambo zo gutwikiraho abantu zarashinzwe. Umwepisikopi w’i Meaux, yahatiwe guhitamo<br />

hagati yo gutwikwa no kwisubiraho, nuko ahitamo inzira yoroheje; ariko nubwo uwo<br />

muyobozi yasubiye inyuma akagwa, umukumbi we warashikamye. Abantu benshi bahamije<br />

ukuri bari hagati mu birimi by’umuriro. Kubw’ubutwari bwabo n’ubudahemuka<br />

bagaragazaga igihe babaga bari kuri izo mambo batwikirwagaho, abo bakristo<br />

b’abanyamahoro, urupfu rwabo rwabwirije ibihumbi byinshi by’abantu batari barigeze<br />

babwiraza ubutumwa bakiri bazima.<br />

Ntabwo aboroheje n’abakene ari bo batinyutse guhamya Kristo muri iyo mibabaro no<br />

gushinyagurirwa. Mu mazu y’ibitabashwa y’abakomeye ndetse n’ibwami hariyo abantu<br />

bakomeye bahaga ukuri agaciro bakakurutisha ubutunzi cyangwa icyubahiro ndetse<br />

n’ubuzima ubwabwo. Abari bambaye imyenda y’ibwami akenshi bagaragaraga ko<br />

batunganye kandi bashikamye kurusha abambaraga amakanzu n’ingofero by’abepisikopi.<br />

Uwitwaga Louis de Berquin yari yaravukiye mu rugo rw’abakomeye. Yari umuntu w’intwari<br />

kandi wubashywe cyane mu bagendaga ku mafarashi, yari ashishikariye kwiga, yitwaraga<br />

neza kandi akaba inziramakemwa mu mico. Umwanditsi umwe yaravuze ati: “Yubahirizaga<br />

mu buryo bukomeye amategeko yashyizweho na Papa, kandi yumvaga misa n’ibibwirizwa<br />

ku rwego rukomeye. Ku mico ye yindi yongeragaho kwanga urunuka inyigisho za Luteri.”<br />

Ariko, kimwe n’abandi benshi ubwo yayoborwaga n’Imana gusoma Bibiliya, yatangajwe no<br />

kuyisangamo “inyigisho zitari iza Roma, ahubwo yasanzemo iza Luteri.” 222 Kuva ubwo,<br />

yaritanze yirundurira mu murimo w’ubutumwa bwiza.<br />

“Yari umuhanga w’ikirangirire mu bakomeye bo mu Bufaransa,” ubwenge bwe<br />

buhambaye no kuba intyoza kwe, ubutwari bwe budacogora n’umwete wamurangaga ndetse<br />

no kuba yari afite ijambo ibwami, (bitewe n’uko yari umutoni ku mwami), byatumye abantu<br />

benshi bamufata ko atazabura kuba umugorozi w’igihugu cye. Uwitwa Beza yaravuze ati:<br />

“Berquin aba yarabaye Luteri wa kabiri, iyaba yari yarabonye ko Faransisiko wa I ari ikindi<br />

gikomangoma.” Abambari ba Papa baravugaga bati: “Ni mubi cyane kurusha Luteri.” 223<br />

Yatinywaga cyane n’abari ku ruhande rwa Roma bo mu Bufaransa. Bamushyize muri gereza<br />

nk’umuntu wayobye, ariko aza guhabwa umudendezo n’umwami ararekurwa. Urugamba<br />

152

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!