15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

(guhabwa penitensiya) byananiwe kumukiza uwo mutima. Yumvise amagambo y’Umugorozi<br />

nk’aho ari ijwi rivuye mu ijuru riti : “Agakiza gatangirwa ubuntu.” “Umuziranenge<br />

yaciriweho iteka maze umunyacyaha ahabwa umudendezo.” “Umusaraba wa Kristo wonyine<br />

niwo ukingura amarembo y’ijuru kandi ni wo ukinga amarembo y’ikuzimu.” 221<br />

Farel yakiranye ukuri ibyishimo. Kubwo guhinduka nk’ukwa Pawulo, Farel yavuye mu<br />

bubata bw’imigenzo ajya mu mudendezo w’abana b’Imana. Yaje guhindukira aravuga ati:<br />

“Ubwo yari amaze gukura umutima we kuri Papa maze akawegurira Yesu Kristo, ahari<br />

umutima w’ubwicanyi nk’uw’idubu yarakaye, hahise hasimburwa n’umutima w’ubugwaneza<br />

woroheje nk’uw’umwana w’intama.” - D’Aubigné, b.12, ch.3.<br />

Uko Lefevre yakomezaga gukwirakwiza umucyo mu banyeshuri yigishaga, Farel nawe<br />

wari ushishikariye gukora umurimo wa Kristo nk’uko yari yaritangiye gukorera Papa; ni ko<br />

yagendaga yamamaza ukuri mu ruhame. Nyuma y’aho gato bidatinze, umunyacyubahiro<br />

umwe wo mu itorero wari umwepisikopi w’i Meaux, nawe yaje kwifatanya nabo. Abandi<br />

barimu bo mu rwego rwo hejuru kubera ubushobozi bwabo n’ubwenge bwabo nabo binjiye<br />

mu murimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza, maze haboneka abayoboke benshi baturutse<br />

mu nzego zose uhereye mu ngo z’abanyamyuga, rubanda rugufi kugeza mu ngoro y’umwami.<br />

Mushiki w’umwami Faransisiko wa I wari ku ngoma muri icyo gihe, nawe yemeye ukwizera<br />

kuvuguruwe. Hari igihe cyageze umwami ubwe ndetse n’umwamikazi bagaragaje ko<br />

bashyigikiye ubugorozi, ku buryo abagorozi bari bategerezanyije ibyiringiro bikomeye ko<br />

hari igihe kizagera igihugu cyose cy’Ubufaransa kikakira ubutumwa bwiza.<br />

Nyamara ibyo bari biringiye ntibyashobotse. Akaga no gutotezwa byari bitegereje<br />

abigishwa ba Kristo. Icyakora kubw’imbabazi z’Imana, ibyo byahishwe amaso yabo.<br />

Habayeho agahe k’amahoro kugira ngo bashobore kugira imbaraga zo guhangana n’umugaru;<br />

maze Ubugorozi butera imbere mu buryo bwihuse. Umwepisikopi w’i Meaux yakoranaga<br />

umwete muri diyoseze ye akigisha abihaye Imana na rubanda rwose. Abapadiri b’abaswa<br />

n’ababaswe n’ibibi yabakuyeho maze bagahita basimbuzwa abantu b’abanyabwenge kandi<br />

b’inyangamugayo. Uwo mwepisikopi yifuzaga cyane ko abantu yayoboraga bakwisomera<br />

Ijambo ry’Imana, maze ibyo biza kugerwaho bidatinze. Lefevre yatangiye gusobanura<br />

Isezerano Rishya mu Gifaransa; kandi muri icyo gihe ubwo Bibiliya yasobanuwe na Luteri<br />

mu rurimi rw’Ikidage yasohokaga mu icapiro i Wittenberg nibwo Isezerano Rishya<br />

risobanuye mu Gifaransa ryasotse i Meaux. Umwepisikopi w’i Meaux yakoze uko ashoboye<br />

kose kandi atanga n’umutungo ushoboka wose kugira ngo akwirakwize iryo Sezerano Rishya<br />

muri za paruwasi yayoboraga, maze bidatinze abaturage b’i Meaux bose bitungira<br />

Ibyanditswe Byera.<br />

Nk’uko abagenzi bishwe n’inyota bagira ibyishimo byinshi iyo babonye isoko y’amazi,<br />

niko abo bantu bakiriye ubutumwa mvajuru. Ari abahinzi mu mirima yabo, ari<br />

abanyabukorikori aho bakoreraga, aho babaga bari mu mirimo yabo ya buri munsi, babaga<br />

baganira ku kuri kw’ingenzi kwa Bibiliya. Mu mugoroba barangije akazi, aho kujya mu<br />

151

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!