15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 12 – Umugorozi Mu Bufaransa<br />

Ubuhakanyi bwabereye i Spires no kwatura kwizera kwabereye i Augsburg maze<br />

bikagaragaza insinzi y’Ubugorozi mu Budage, byaje gukurikirwa n’imyaka y’intambara<br />

n’umwijima. Ubuporotesitanti bwasaga n’ubugiye gusenyuka burundu kubera ko bwari<br />

bwaciwe intege n’amacakubiri yabaga mu babushyigikiye, kandi n’abanzi bakomeye bari<br />

babwugarije. Abantu ibihumbi byinshi bashyirishije amaraso yabo ikimenyetso ku buhamya<br />

batangaga. Intambara yadutse mu baturage; umurimo w’Ubuporotesitanti wagambaniwe<br />

n’umwe mu bakomeye bari barawinjiyemo; abakomeye bo mu bikomangoma byari<br />

byarayobotse Ubugorozi bashyikirijwe umwami w’abami kandi bagakurubanwa nk’imbohe<br />

bavanwa mu mujyi bajyanwa mu wundi. Ariko muri icyo gihe cyasaga n’insinzi ku mwami<br />

w’abami, yaje gutsindwa. Yabonye umuhigo yibwiraga ko afite umucika, maze amaherezo<br />

biba ngombwa ko inyigisho mu buzima bwe yari yariyemeje kuzarimbura azireka<br />

zigasagamba. Yari yarashyize mu kaga ubwami bwe, umutungo we ndetse n’ubuzima<br />

ubwabwo agendereye kurimbura icyo bitaga ubuyobe. Noneho yabonye ko ingabo zishiriye<br />

ku rugamba, umutungo we ukendera, umuvurungano wugarije intara nyinshi mu bwami bwe,<br />

mu gihe ukwizera yari ashishikariye kurwanya kwarushagaho gukwira ahantu hose. Charles<br />

wa V yarwanyaga imbaraga ishobora byose. Imana yari yaravuze iti: ” Umucyo ubeho;” ariko<br />

umwami w’abami we yashakaga ko umwijima ugumaho. Imigambi ye yari yarapfubye; maze<br />

ubwo yari asaziye imburagihe, atentebuwe n’intambara yarwanye igihe kirekire, yeguye ku<br />

bwami maze ajya kwihisha mu kigo cy’abihaye Imana.<br />

Mu gihugu cy’Ubusuwisi kimwe no mu Budage, Ubugorozi bwahuye n’ibihe bibi cyane.<br />

Mu gihe abo mu ntara nyinshi z’igihugu bemeraga ukwizera kuvuguruwe, abandi bo<br />

bihambiraga ku myizerere ya Roma mu buryo bw’ubuhumyi. Itoteza bakoreraga abifuzaga<br />

kwakira ukuri, amaherezo ryaje kubyara intambara mu baturage. Zwingli n’abantu benshi bari<br />

barifatanyije na we mu murimo w’ubugorozi baguye mu ntambara yabereye i Cappel.<br />

Oecolompadius, yaciwe intege n’ako kaga gateye ubwoba maze nyuma y’igihe gito arapfa.<br />

Ubutegetsi bwa Roma bwari bunesheje, bityo bwasaga n’ubugiye kwigarurira ibyo bwari<br />

bwaratakaje ahantu henshi. Nyamara, wa wundi nyiri imigambi y’iteka ryose ntiyari<br />

yaratereranye umurimo we cyangwa abagaragu be. Ukuboko kwe kwagombaga kubarokora.<br />

Yari yarahagurukije abandi bakozi mu bindi bihugu kugira ngo bakomeze umurimo<br />

w’ubugorozi.<br />

Mu Bufaransa, mbere y’uko bumva izina rya Luteri nk’Umugorozi, umuseke wari<br />

waramaze gutambika. Umwe mu babaye nyambere kwakira umucyo ni umugabo wari ukuze<br />

witwaga Lefevre, yari afite ubumenyi buhanitse, akaba yari umwarimu mukuru muri<br />

Kaminuza y’i Paris kandi akaba yari umuyoboke wa Papa w’umwizerwa, kandi<br />

w’umunyamwete. Igihe yakoraga ubushakashatsi ku bitabo bya kera, umutima we werekejwe<br />

kuri Bibiliya maze atangira kuyigisha abanyeshuri be.<br />

149

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!