15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Amasengesho yo mu rwiherero yavagamo imbaraga yanyeganyeje isi mu gihe<br />

cy’Ubugorozi bukomeye. Aho mu rwiherero, niho abagaragu b’Imana bashingiraga ibirenge<br />

byabo mu masezerano yayo biturije. Mu gihe cy’amakimbirane yaberaga i Augsburg, ntabwo<br />

Luteri yamaraga umunsi adafashe nibura amasaha atatu asenga, kandi agatoranya ayo masaha<br />

mu masaha y’igihe cyiza cyo kwiga.” Ubwo yabaga yiherereye mu cyumba cye, abantu<br />

bumvaga asuka imbere y’Imana ibiri mu mutima we mu magambo yo “kuramya, kubaha<br />

ndetse n’ibyiringiro nk’igihe umuntu avugana n’incuti ye.” Yaravugaga ati: “Nzi neza ko uri<br />

Umubyeyi wacu n’Imana yacu, kandi ko utazabura gutatanya abatoteza abana bawe; kubera<br />

ko Wowe ubwawe uri kumwe natwe muri aka kaga. Uyu murimo ni uwawe, kandi ni wowe<br />

watwemeje kuwukora. Kubw’ibyo rero, Data turengere!” 214<br />

Yandikiye Melanchthon wari uremerewe cyane n’umutwaro w’agahinda n’ubwoba ati:<br />

“Ubuntu n’amahoro muri Kristo bibane nawe. — Ngize nti, “muri Kristo” ntabwo ari mu<br />

b’isi. Amina! Nanga rwose urunuka ibyo biguhangayikishije cyane bikaguherana. Niba inzira<br />

wayobotse atari iy’ukuri, yireke; ariko niba ari ukuri, kuki twagaragaza amasezerano<br />

y’Udutegeka kuryama tugasinzira nta bwoba ko atari ay’ukuri? . . . Ntabwo Kristo azigera<br />

abura kuboneka mu murimo w’ubutungane n’ukuri. Kristo ni muzima, ari ku ngoma, none ni<br />

iki cyadutera ubwoba?” 215<br />

Imana yumvise gutaka kw’abagaragu bayo. Yahaye ibikomangoma n’ababwirizabutumwa<br />

ubuntu n’ubutwari byo gushyigikira ukuri kukarwana n’abatware b’umwijima bo muri iyi si.<br />

Umukiza aravuga ati: ” Dore ndashyira muri Siyoni ibuye rikomeza imfuruka, ryatoranyijwe,<br />

kandi ry’igiciro cyinshi, kandi uryizera ntazakorwa n’isoni.” 1Petero 2:6. Abagorozi<br />

b’Abaporotesitanti bari bubatse kuri Kristo, bityo amarembo y’ikuzimu ntiyashoboraga<br />

kubatsinda.<br />

148

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!