15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ntabwo abagaragu b’Imana b’indahemuka bakoraga bari bonyine. Ubwo abatware<br />

n’abafite ubushobozi n’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru yari ifatanyirije hamwe<br />

kubarwanya, Umwami Imana ntiyigeze ihana abantu bayo. Iyaba amaso yabo yarabashije<br />

guhweza, baba barabonye igihamya kigaragaza ko Imana iri kumwe nabo kandi ibafasha<br />

nk’uko yabibwiye umuhanuzi wa kera. Igihe umugaragu w’umuhanuzi Elisa yerekaga<br />

shebuja ingabo zikaze zari zibazengurutse kandi zabagose ku buryo ntaho banyura ngo bacike,<br />

Elisha yarasenze agira ati: “Uwiteka ndakwinginze, muhumura amaso, arebe.” 210 Arebye,<br />

abona umusozi wuzuye amafarashi n’amagare y’umuriro, ingabo zo mu ijuru zari zihagaze<br />

aho zo kurinda umuntu w’Imana. Uko niko abamarayika barindaga abakozi b’Imana mu<br />

murimo w’Ubugorozi.<br />

Rimwe mu mahame Luteri yari ashikamyeho cyane ni iryavugaga ko mu gushyigikira<br />

ubugorozi hadakwiye kubaho kwitabaza ubushobozi bw’ab’isi kandi ko mu kuburengera nta<br />

kwifashisha intwaro kugomba kubaho. Yashimishijwe no kubona ubutumwa bwiza bwakirwa<br />

n’ibikomangoma by’i bwami; ariko igihe batekerezaga gukora ishyirahamwe ryo kwirengera,<br />

Luteri yavuze ko “inyigisho z’ubutumwa bwiza zikwiriye kurwanirirwa n’ Imana yonyine.”<br />

Uko abantu barushaho kureka kwitambika mu murimo, ni ko ubutabazi bw’Imana burushaho<br />

kwigaragaza ngo iwurengere. Uko Luteri yabibonaga, ingamba zose zo mu rwego rwa politiki<br />

zatekerezwaga zari zishingiye ku bwoba budafite ishingiro ndetse no kutizera.” 211<br />

Igihe abanzi bakomeye bashyiraga hamwe kugira ngo basenye ukwizera kuvuguruye,<br />

kandi inkota ibihumbi byinshi zikaba zarasaga n’izikubanguriwe, Luteri yaranditse ati:<br />

“Satani ari kwenyegeza uburakari bwe, abayobozi b’itorero batubaha Imana bari mu<br />

bugambanyi; kubw’ibyo twugarijwe n’intambara. Nimwingingire abantu kurwanisha kwizera<br />

no gusenga bafite umwete imbere y’intebe ya cyami y’Imana, kugira ngo abanzi bacu<br />

nibamara gutsindwa na Mwuka w’Imana, babone ko nta kindi bakora uretse gutanga amahoro.<br />

Icyo dukeneye kuruta ibindi, ari nawo murimo w’ingenzi dufite, ni ugusenga. Reka abantu<br />

bamenye ko bageramiwe n’ubugi bw’inkota ndetse n’uburakari bwa Satani. Nibasenge rero.”<br />

212<br />

Nyuma y’aho, ubwo Luteri yongeraga kuvuga ku by’ishyirahamwe ryatekerejwe<br />

n’ibikomangoma byayobotse ubugorozi, yavuze ko intwaro yonyine ikwiriye gukoreshwa<br />

muri urwo rugamba ari “inkota y’<strong>Umwuka</strong>.” Yandikiye igikomangoma cy’i Saxony agira ati:<br />

” Kubw’umutimanama wacu, ntidushobora kwemera iryo shyirahamwe ryatekerejwe.<br />

Twahitamo gupfa incuro cumi aho kubona ubutumwa bwiza butuma hari igitonyanga na<br />

kimwe cy’amaraso kimenwa! Uruhare rwacu ni urwo kuba nk’intama zijyanwe mu ibagiro.<br />

Umusaraba wa Kristo ugomba kwikorerwa. Nyakubahwa, humura, ntugire ubwoba.<br />

Kubw’amasengesho yacu, tuzakora ibiruta ibyo abanzi bacu bazakora kubw’ubwirasi bwabo.<br />

Mwe gusa ntimugatume amaboko yanyu yanduzwa n’amaraso y’abavandimwe banyu.<br />

Umwami w’abami naramuka ategetse ko badushyikiriza inkiko ze, twiteguye kwitaba.<br />

Ntabwo ushobora kurengera kwizera kwacu: buri muntu wese akwiriye kwizera azi ko ku giti<br />

cye azirengera ingaruka byamuzanira.” 213<br />

147

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!