15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igihe cyo kwitaba imbere y’umwami w’abami cyarageze. Umwami w’abami Charles wa<br />

V, yicaye ku ntebe ye ya cyami, azengurutswe n’ibyegera bye n’ibikomangoma maze aha<br />

umwanya Abagorozi b’AbaporotesItanti ngo bavuge. Ya nyandiko yatura ibyo kwizera<br />

kwabo yarasomwe. Muri iyo mbaga y’abantu, havugiwe ukuri k’ubutumwa bwiza mu buryo<br />

bwumvikana neza, ndetse n’amakosa y’itorero riyobowe na Papa ashyirwa ahagaragara. Uwo<br />

munsi wahawe izina riwukwiriye ngo, ” umunsi ukomeye kuruta iyindi w’Ubugorozi, kandi<br />

ukaba umwe mu minsi myiza yabayeho mu mateka y’Ubukrisito ndetse n’ay’inyokomuntu.”<br />

205<br />

Nyamara hari hashize imyaka mike Umupadiri w’i Wittenberg ahagaze wenyine imbere<br />

y’inama nkuru y’igihugu yabereye i Worms. Noneho ubu bwo mu mwanya we hari hahagaze<br />

ibikomangoma bikomeye muri ubwo bwami. Luteri yari yarabujijwe kugera i Augsburg, ariko<br />

yari ahari ku bwo amagambo n’amasengesho bye. Yaranditse ati: “Mfite ibyishimo byinshi<br />

bitewe n’uko nkiriho kugeza iyi saha, mu gihe Kristo yererezwa mu ruhame<br />

n’abanyacyubahiro bahamya kwizera kwabo mu nteko nk’iriya y’abantu bakomeye.” 206<br />

Uko ni ko ibyo Ibyanditswe bivuga byasohoye ngo: “Nzavugira imbere y’abami ibyo<br />

wahamije, ...” 207<br />

Mu gihe cya Pawulo, ubutumwa bwiza bwatumye ashyirwa muri gereza, nabwo<br />

bwavugiwe imbere y’ibikomangoma n’abakomeye b’ibwami mu buryo busa n’ubu. Na none<br />

muri iyo nama, ibyo umwami w’abami yari yarabuzanyije ko byigishirizwa ku ruhimbi<br />

(aritari), byigishirijwe mu ngoro y’umwami. Inyigisho abantu benshi bafataga ko n’abagaragu<br />

badakwiriye kuzitega amatwi, zumviswe n’abatware n’ibyegera by’ubwami bazitangarira.<br />

Abami n’abakomeye nibo bari bateze amatwi kandi ibikomangoma byambaye amakamba ku<br />

mitwe, nibo bari ababwiriza kandi ikibwirizwa cyari ukuri guhebuje kw’Imana. Umwanditsi<br />

umwe yaravuze ati: “Kuva igihe cy’intumwa, ntihigeze habaho umurimo w’ingenzi cyangwa<br />

ubuhamya butangaje nk’ubwo.” 208<br />

Umwepisikopi wo ku ruhande rwa Papa yaravuze ati: “Ibyo abayoboke ba Luteri bavuze<br />

byose ni ukuri, ntidushobora kubihakana!” Undi yabajije dogiteri Eck ati: “Mbese washobora<br />

gukoresha ingingo zumvikana ugahinyuza iriya nyandiko ivuga ibyo kwizera kwabo yakozwe<br />

n’igikomangoma n’abo bafatanyije?” Igisubizo cyabaye iki ngo: “Ntibyashoboka nkoresheje<br />

inyandiko z’intumwa n’abahanuzi, ariko nifashishije inyandiko z’Abapadiri n’iz’inama<br />

nabishobora!” Uwari amubajije icyo kibazo yaravuze ati: “Ndabyumva neza, nkurikije ibyo<br />

uvuze, abo ku ruhande rwa Luteri bakurikiza Ibyanditswe, naho twe turi hanze yabyo.” 209<br />

Bamwe mu bikomangoma byo mu Budage bayobotse ukwizera kuvuguruwe. Umwami<br />

w’abami ubwe nawe yavuze ko ingingo ubuporotesitanti bushingiyeho ari iz’ukuri. Iyo<br />

nyandiko ihamya ibyo bizera yasobanuwe mu ndimi nyinshi kandi ikwirakwizwa mu Burayi<br />

bwose, maze yemerwa na miliyoni nyinshi z’abantu bo mu bisekeru byakurikiyeho ko ari<br />

uburyo bugaragaza ukwizera kwabo.<br />

146

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!