15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

y’abategetsi bakuru i Augsburg kandi avuga ko ari we ubwe uzayiyoborera. Abayobozi<br />

b’Ubuporotesitanti nabo bahamagawe muri iyo nama.<br />

Akaga gakomeye kari kugarije Ubugorozi; ariko abari babushyigikiye bashyize uwo<br />

murimo wabo mu maboko y’Imana, kandi nabo ubwabo barahirira ko bazashikama ku<br />

butumwa bwiza. Abajyanama b’umwepisikopi w’i Saxony bamusabye ko atagomba kujya mu<br />

nama y’abategetsi bakuru b’igihugu. Baramubwiye ko umwami w’abami yasabye ko<br />

ibikomangoma biza muri iyo nama kugira ngo abagushe mu mutego. Baravugaga bati:<br />

“Mbese ntibyaba ari ukwigerezaho kujya kwifungirana mu nkuta z’umujyi urimo umwanzi<br />

ukomeye?” Ariko abandi bo bavuganaga icyizere bati: “Nimutyo ibikomangoma byonyine<br />

bigendane ubutwari, bityo umurimo w’Imana ntuzahungabana.” Luteri we yaravuze ati:<br />

“Imana ni indahemuka, ntabwo izadutererana.” Umwepisikopi ahagurukana n’ibyegera bye<br />

bajya i Augsburg. Bose bari bazi akaga uwo mwepesikopi arimo bityo benshi bagenda<br />

bababaye kandi bahagaritse umutima. Ariko Luteri wabaherekeje akabageza i Coburg,<br />

yasubizaga intege kwizera kwabo kwari guhungabanye akoresheje kubaririmbira indirimbo<br />

isingiza Imana yahimbiye muri urwo rugendo agira ati: “Imana yacu ni Yo munara ukomeye.”<br />

Mu kumva amajwi y’iyo ndirimbo, ibyinshi mu byabaga bibahangayikishije byavagaho,<br />

kandi benshi mu babaga bahagaritse umutima bagatuza.203<br />

Ibikomangoma byayobotse ubugorozi byari byiyemeje gutegura inyandiko igaragaza mu<br />

buryo buteguye neza ingingo zishyigikiye kwizera kwabo, bagashyiramo n’ibihamya bivuye<br />

mu Byanditswe Byera kugira ngo bazayisomere imbere y’inama nkuru. Umurimo wo<br />

gutegura iyo nyandiko washinzwe Luteri na Melanchthon ndetse n’ababungirije. Iyo<br />

nyandiko yemewe n’Abaporotesitanti ko ari inyandiko isobanura ibyo kwizera kwabo maze<br />

bateranira hamwe kugira ngo bashyire amazina yabo kuri iyo nyandiko y’ingenzi. Icyo cyari<br />

igihe gikomeye kandi kiruhije. Abagorozi bifuzaga ko umurimo wabo utakwitiranywa<br />

n’ibibazo bya politike. Bumvaga ko Ubugorozi budakwiriye kugira ikindi buhindura mu<br />

bantu kidakomotse mu Ijambo ry’Imana. Ubwo ibikomangoma byayobotse Ubukristo byari<br />

bigiye gushyira umukono kuri iyo nyandiko y’Ubuhamya, Melanchthon yabyitambitsemo<br />

aravuga ati: “Ibi bireba abize iby’iyobokamana, n’abavugabutumwa. Naho ibindi bibazo<br />

tugomba kubiharira abafite ubushobozi bo ku isi.” Yohana w’i Saxony yaramusubije ati:<br />

“Ibyo biragatsindwa ko wampeza! Niyemeje gukora ibyo mbona ko bitunganye ntitaye ku<br />

ikamba ryanjye. Ndifuza guhamya Umukiza. Ingofero yanjye impesha uburenganzira bwo<br />

gutora umwami w’abami n’ikanzu by’ubwepisikopi ntibindutira umusaraba wa Yesu Kristo.”<br />

Amaze kuvuga atyo aratambuka yandika izina rye . Ubwo undi wo mu bikomangoma yafataga<br />

ikaramu yaravuze ati: “Niba icyubahiro cy’Umwami wanjye Yesu Kristo kibinsaba, niteguye<br />

gusiga ibyanjye no gutanga ubuzima bwanjye.” “Nahitamo kureka abo nyobora n’intara<br />

ntegeka, nahitamo gusiga igihugu cya ba data nkagenda nitwaje ikibando mu ntoke. . . aho<br />

kwemera andi mahame uretse ayanditswe muri iyi Nyandiko.” Uko ni ko kwizera n’ubutwari<br />

by’abo bantu b’Imana byari bimeze. 204<br />

145

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!