15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

azatwitwaraho nk’Umukristo ukunda Imana kuruta ibintu byose, kandi duhamije ko, yaba we<br />

ubwe kandi namwe mwese, twiteguye kumukunda kandi tukamwubaha kuko ari inshingano<br />

yacu nyakuri kandi dusabwa n’amategeko.” 199<br />

Abari bagize iyo nama barakangaranye. Abenshi muri bo baratangaye kandi batinyishwa<br />

n’ubushizi bw’amanga bw’abo bahakanaga iryo tegeko. Ahazaza habagaragariraga ko hari<br />

akaga kandi ko nta cyizere habaha. Amacakubiri, intambara ku kumeneka kw’amaraso<br />

byasaga n’ibitazabura kubaho. Nyamara kubera ko abagorozi bari biringiye ko inzira bafashe<br />

itunganye kandi no kuba bari bishingikirije ku maboko y’Ishoborabyose, bari “buzuye<br />

ubutwari no gushikama.”<br />

“Amahame yari akubiye muri iyo mvugo ikomeye yo guhakana ni yo pfundo<br />

ry’Ubuporotesitanti. Uko guhakana kwarwanyije uburyo bubiri bwo gutesha umuntu agaciro<br />

mu byerekeye kwizera: uburyo bwa mbere ni ukuvogera abacamanza ba leta, naho ubwa<br />

kabiri bukaba ubutware itorero ryihaye. Mu mwanya w’uko gutesha agaciro mu buryo bubiri,<br />

Ubuporotesitanti bushyira imbaraga yo gukurikiza umutimanama hejuru y’umucamanza<br />

kandi ubutware bw’Ijambo ry’Imana bukaruta itorero rigaragara. Ku ikubitiro,<br />

Ubuporotesitanti ntibwemera ubushobozi bwa Leta mu bijyanye n’ibya Mwuka kandi<br />

bukavuga kimwe n’abahanuzi n’intumwa buti: “ Tugomba kubaha Imana aho kubaha abantu.”<br />

Imbere y’ikamba ry’ubwami rya Charles wa V, ubuporotesitanti bwerereza ikamba rya Yesu<br />

Kristo. Ariko buragenda bukagera kure kuko bucisha bugufi ihame rivuga ko inyigisho zose<br />

za muntu zikwiriye gusimbura ibitangaza Imana yandikishije. 200” Ikindi kandi, abahakanaga<br />

iryo teka bari barahamije uburenganzira bwabo bwo kuvuga bafite umudendezo ko bemera<br />

ukuri. Ntabwo bagombaga kwizera no kumvira gusa, ahubwo bagombaga no kwigisha ibyo<br />

Ijambo ry’Imana rivuga, ndetse bahakanye uburenganzira bw’umupadiri cyangwa<br />

umucamanza bwo kubyivangamo. Uko kwivumbura kwabereye i Spires kwari igihamya<br />

gikomeye cyo kurwanya kudaha abandi uburenganzira mu by’idini ndetse kwabaye no<br />

kwemeza uburenganzira abantu bose bafite bwo kuramya Imana bakurikije uko<br />

umutimanama wabo ubayobora.<br />

Ubuhamya bwabo bwari bwamaze gutangwa. Bwanditswe mu ntekerezo z’abantu<br />

ibihumbi byinshi kandi binandikwa mu bitabo byo mu ijuru aho nta muntu ufite ubushobozi<br />

bwo kubusiba. Ubudage bwose bwari bwaremeye ubutumwa bwiza bwemeye ubwo<br />

buhakanyi nk’uburyo bwo kugaragaza ukwizera kwabwo. Ahantu hose abantu babonaga<br />

ubwo buhamya nk’isezerano ry’uko hagiye kubaho igihe cyiza kuruta ibyo bigeze bagira.<br />

Umwe mu bikomangoma yabwiye abo Baporotesitanti b’i Spire ati: “Ndabasabira Imana<br />

Ishoborabyose yabagiriye ubuntu kugira ngo mwature mufite imbaraga, mu mudendezo, nta<br />

gutinya ngo ibakomereze muri uko gushikama kwa Gikristo kugeza ku munsi w’imperuka.”<br />

201<br />

Iyo nyuma yo kugera ku rwego rw’insinzi, Ubugorozi bugeraho bukaranzika kugira ngo<br />

ab’isi babukunde, bwari kuba butatiye ubudahemuka ku Mana ndetse no kuri bwo ubwabwo<br />

143

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!