15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

mu nama adahaye Abagorozi amahirwe na make ngo bafate umwanzuro cyangwa bagire icyo<br />

basubiza. “Byabaye iby’ubusa kumwoherereza abamwingingira kugira ngo agaruke.” Kubyo<br />

bamubwiye yabashubije nta kindi yongeyeho ati: “Ibyo ni ikintu cyarangiye, igisigaye gusa<br />

ni ukumvira ibisabwa.” 197<br />

Abari ku ruhande rw’umwami bari bazi neza ko ibikomangoma byayobotse ubukristo<br />

byemeye ko Ibyanditswe Byera biruta inyigisho z’abantu n’ibyo basaba; kandi bari bazi ko<br />

ahantu hose iryo hame ryemewe, ubutegetsi bwa Papa buzahirikwa nta kabuza. Ariko nk’uko<br />

byagendekeye abantu benshi kuva kera, bitaga “ku bigaragara gusa,” bishimaga bishuka ko<br />

uruhande rw’umwami w’abami na Papa rufite imbaraga, kandi ko uruhande rw’abagorozi nta<br />

mbaraga rufite. Iyo abagorozi baza kuba bari bishingikirije ku bufasha bw’abantu gusa, baba<br />

bataragize imbaraga nk’uko abambari ba Papa bibwiraga. Nyamara nubwo abagorozi bari<br />

bake mu mubare ugereranyije n’abo ku ruhande rwa Roma, bari bafite imbaraga zabo.<br />

Ibitekerezo byabo babikuye ku cyemezo cyafashwe n’inama nkuru babyerekeza ku Ijambo<br />

ry’Imana, banabikura ku mwami w’abami Charles babyerekeza kuri Yesu Kristo, Umwami<br />

w’abami n’Umutware utwara abatware. 198<br />

Kubera ko Feridinandi atemeye kwita kuri ibyo bemezwa n’umutimanama wabo,<br />

ibikomangoma byiyemeje kugira icyo bikora adahari ahubwo batazuyaje bahita bazanira<br />

inama nkuru y’igihugu inyandiko igaragaza guhakana kwabo. Inyandiko ikomeye cyane<br />

yahise ishyikirizwa Inama y’abategetsi bakuru:<br />

“Imbere y’Imana, Umuremyi wacu wenyine, Umurinzi, Umucunguzi n’Umukiza<br />

uzaducira urubanza umunsi umwe, ndetse n’imbere y’abantu bose n’ibiremwa byose,<br />

dukoresheje iyi nyandiko, mu buryo ubwo ari bwo bwose, mu bintu ibyo ari byo byose<br />

binyuranyije n’Imana, n’Ijambo ryayo ryera, n’umutimanama wacu ndetse no ku gakiza<br />

k’ubugingo bwacu, duhakanye ko tutazemera cyangwa ngo tuyoboke iteka ryashyizweho.”<br />

“Twavuga iki! Turamutse twemeye iri teka, twaba duhamije ko iyo Imana Ishoborabyose<br />

ihamagariye umuntu kuyimenya, uwo muntu ntabwo yashobora kwakira kumenya Imana!”<br />

“Nta nyigisho yakwitwa iy’ukuri mu gihe inyuranya n’Ijambo ry’Imana. Imana ibuzanya<br />

inyigisho y’ubundi bwoko ubwo ari bwo bwose. Umurongo wose wo mu Byanditswe Byera<br />

ugomba gusobanuzwa undi usobanutse neza kurutaho. Mu bintu byose bya ngombwa ku<br />

Mukristo, iki Gitabo Cyera (Bibiliya) cyoroshye gusobanukirwa, kandi kibereyeho kwirukana<br />

umwijima. Nuko rero kubw’ubuntu bw’Imana, twiyemeje gukomera ku bibwirizwa byonyine<br />

bitunganye by’Ijambo ryayo nk’uko byanditswe mu Isezerano rya Kera no mu Isezerano<br />

Rishya, tutagize icyo twongeraho gihabanye naryo. Iri jambo niryo kuri ryonyine; ni ryo<br />

shingiro nyakuri ry’inyigisho zose n’ubuzima bwose, kandi ntirishobora gutsindwa gato<br />

cyangwa kutubeshya. Umuntu wubaka kuri uru rufatiro azabasha gutsinda imbaraga zose<br />

z’ikuzimu, mu gihe ibyo umuntu yirata byose bihagurukirijwe kurirwanya bizatsindirwa<br />

imbere y’Imana.” “Kubera iyo mpamvu, ntidushobora kwemera kwikorera umutwaro<br />

baduhatira kwikorera.” “Na none kandi, twiringiye ko nyakubahwa umwami w’abami<br />

142

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!