15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

muri icyo gihe abandi bari bafite ibyishimo. Ntabwo gutinya umubabaro wendaga<br />

kumugeraho urenze uwo kamere ya muntu yakwihanganira ari byo byari bigose umutima we<br />

utikunda. Yarizwaga n’akaga kari gategereje abantu ibihumbi n’ibihumbi bari batuye i<br />

Yerusalemu. Akaga kari guterwa n’ubuhumyi no kutihana kw’abo yari yaje guhira no<br />

gucungura.<br />

Yesu yitegereje amateka y’imyaka irenga igihumbi yerekeye ineza n’uburinzi byihariye<br />

Imana yagaragarije ishyanga ryatoranyijwe. Aho hari umusozi Moriya, aho umwana<br />

w’isezerano wajyanywe gutambwa ntatere amahane, yari yarabohewe arambikwa ku<br />

rutambiro- ibyo bikaba byarashushanyaga igitambo cy’Umwana w’Imana. Aho ni ho<br />

isezerano ryo guhabwa imigisha, isezerano ry’agatangaza rya Mesiya ryari ryahamirijwe<br />

byimazeyo umubyeyi w’abizera Imana b’indahemuka. Itangiriro 22:9, 16-18. Aho ngaho<br />

umuriro w’igitambo cyoswa wazamutse ujya mu ijuru uva ku mbuga ya Orunani wari<br />

warakumiriye inkota ya marayika urimbura (1 Ngoma 21), iyo ikaba yari ishusho nyayo<br />

igaragaza igitambo Umukiza yatangiye abanyabyaha ndetse n’umurimo akora wo kubahuza<br />

n’Imana.<br />

Imana yari yarahaye Yerusalemu icyubahiro gisumba icy’isi yose. Uhoraho « Yatoranije<br />

Siyoni, yahashakiye kuba Ubuturo bwe ». Zaburi 132:13. Aho hantu abahanuzi bera bari<br />

barahavugiye ubutumwa bwabo bw’imbuzi mu myaka myinshi. Aho hantu, abatambyi bari<br />

barahazungurije ibyotero by’imibavu babaga bafite kandi umwuka w’umubavu wari<br />

warahazamukiye ujya imbere y’Imana uzamukanye n’amasengesho y’abaje kuyiramya. Aho<br />

hantu kandi buri munsi hari haragiye hatambirwa amaraso y’intama basogose, ibyo bikaba<br />

byarashyushanyaga Umwana w’intama w’Imana wagombaga kuzatambwa. Aho hantu<br />

Yehova yari yaraherekaniye kuhaba kwe abyerekaniye mu gicu cy’ikuzo rye cyari gitwikiriye<br />

intebe y’ihongerero. Aho niho hari urufatiro rw’urwego rutagaragara ruhuza ijuru n’isi<br />

(Itangiriro 28 :12 ; Yohana 1 :51)--rwa rwego rwazamukirwaga n’abamarayika abandi<br />

barumanukiraho rwakinguriye abatuye isi inzira ijya ahera cyane.<br />

Iyo Abisiraheli nk’ishyanga bakomeza kumvira Imana, Yerusalemu yari kuguma kuba<br />

iyatoranyijwe n’Imana. Yeremiya 17:21-25. Ariko amateka y’iryo shyanga ryahawe<br />

umugisha yari yararanzwe no gusaya mu buyobe no kwigomeka. Bari bararwanyije ubuntu<br />

bw’Imana, barakoresheje nabi imigisha y’umwihariko bari bafite, ndetse barakerenseje<br />

amahirwe bahawe.<br />

Nubwo Abisiraheli bari baragiye «bashinyagurira intumwa z’Imana bagasuzugura<br />

amagambo yayo, bagaseka abahanuzi b’Imana » (2 Ngoma 36:16), Imana yari yarakomeje<br />

kubiyereka nk’« Uwiteka, Imana y’ibambe n’imbabazi itinda kurakara, ifite kugira neza<br />

kwinshi n’umurava mwinshi” (Kuva 34:6). Nubwo bakomeje kwamagana Imana, Yo<br />

yakomeje kubinginga ikoresheje imbabazi zayo. Mu rukundo rwayo ruruta urukundo rwuje<br />

impuhwe umubyeyi akunda umwana we, Imana yari yaragiye « ibatumaho intumwa zayo,<br />

ikazinduka kare igatuma kuko yababariraga abantu bayo n’ubuturo bwayo.» 2 Ngoma 36:15.<br />

7

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!