15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ibihumbi byinshi bo mu bihugu byagengwaga na Papa, bari guhara ubuzima bwabo mu<br />

ishyirwa mu bikorwa rya rya tegeko? Ibi byari kuba ari ukugambanira umurimo w’Ubutumwa<br />

bwiza ndetse n’umudendezo w’ubukristo muri icyo gihe gikomeye.”- Wylie, b.9, ch.15.<br />

Ahubwo bari kwemera “guhara byose, ndetse n’ibihugu byabo, amakamba yabo ndetse<br />

n’ubuzima bwabo.” 193<br />

Ibikomangoma byaravuze biti: “Nimutyo twange iri teka. Mu byerekeye gukurikiza<br />

umutimanama, abenshi nta bushobozi bafite.” Intumwa zihagarariye abandi zaravuze ziti:<br />

“Iteka ryaciwe mu 1526 ni ryo dukesha amahoro ubwami bwacu bufite: kurikuraho rero<br />

byakuzuza Ubudage ibyago n’amacakubiri. Ntabwo inama y’abategetsi bakuru ifite<br />

ubushobozi bwo kugira ikindi ikora uretse kurinda umudendezo mu by’idini kugeza igihe<br />

Inama nkuru izateranira.” 194<br />

Kurinda icyahungabanya umudendezo wo gukurikiza umutimanama ni inshingano<br />

y’igihugu, ariko ubushobozi bwa Leta ntiburenga urubibi ngo bwivange mu byerekeye<br />

imyizerere. Ubutegetsi bwa Leta bwose bwo ku isi bugerageza kugenga cyangwa<br />

gushimangira ibigomba kubahirizwa mu myizerere bukoresheje ubushobozi bw’ubutegetsi<br />

buba burenga ku ihame Abakristo bemera inkuru nziza baharaniye mu buryo bukomeye.<br />

Abayoboke ba Papa biyemeje gusenya burundu icyo bitaga “kwinangira wihandagaje.”<br />

Batangiriye mu guteza amacakubiri mu bari bashyigikiye Ubugorozi ndetse no gutera ubwoba<br />

abantu bose batari barashyize ku mugaragaro ko babushyigikiye. Amaherezo abahagarariye<br />

imijyi yigengaga bahamagariwe kujya imbere y’inama y’abategetsi bakuru maze babasaba<br />

kuvuga niba bazubahiriza icyemezo cyafashwe. Basabye ko baba bahawe umwanya wo<br />

kubitekerezaho nyamara biba iby’ubusa. Igihe bazanwaga ngo bagaragaze icyemezo cyabo,<br />

hafi kimwe cya kabiri cyabo cyagiye ku ruhande rw’Abagorozi. Abataremeye guhara<br />

umudendezo wabo wo gukurikiza umutimanama wabo ndetse n’uburenganzira bwo<br />

kwitekerereza bari bazi ko icyemezo bafashe kibateje kuzajya banengwa, bagacirwaho iteka<br />

ndetse bagatotezwa. Umwe muri izo ntumwa yaravuze ati: “Tugomba kwihakana ijambo<br />

ry’Imana, bitaba ibyo ni tugatwikwa.” 195<br />

Umwami Feridinandi wari uhagarariye Umwami w’abami muri iyo nama, yabonye ko iryo<br />

teka rizateza amacakubiri akomeye niba batabashije kwemeza ibikomangoma kuryemera no<br />

kurishyigikira. Bityo, yagerageje kubahendahenda azi neza ko gukoresha imbaraga ku bantu<br />

nk’abo ahubwo byabatera kurushaho kumaramaza. Yasabye ibyo bikomangoma kwemera<br />

iryo teka, abizeza ko kuryemera bizatuma Umwami w’abami abishimira cyane.” Ariko abo<br />

bantu b’indahemuka bari bazi ubutegetsi bukomeye buruta ubw’abategetsi bo ku isi, maze<br />

bituma basubiza batuje bati: “Tuzubaha umwami w’abami mu bintu byose bishobora kugira<br />

uruhare mu gutuma amahoro aganza ndetse n’icyubahiro cy’Imana.” 196<br />

Mu maso y’abagize Inama, amaherezo umwami yabwiye intumwa nkuru y’i Saxony<br />

n’incuti ze ko iryo teka “rigiye kwandikwa nk’iteka ry’umwami w’abami,” kandi ko “inzira<br />

imwe rukumbi basigaranye ari ukwemera ibyo abenshi bemeje.” Amaze kuvuga atyo asohoka<br />

141

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!