15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bazisomeraga amatsinda y’abantu bateraniraga hamwe bota umurimo. Abantu bamwe<br />

bemeraga ukuri n’umuhati wose, bakakira ijambo ry’Imana banezerewe maze nabo<br />

bakazageza iyo nkuru nziza ku bandi.<br />

Uko ni ko amagambo yahumetswe n’Imana yasohoye ngo: “Guhishurirwa amagambo<br />

yawe kuzana umucyo, guha abaswa ubwenge.” 183 Kwiga Ijambo ry’Imana kwatezaga<br />

impinduka zikomeye mu ntekerezo n’imitima by’abantu. Ubutegetsi bwa Papa bwari<br />

bwarashyize ku bo butegeka umutwaro uremereye nk’icyuma wari ubahejeje mu bujiji no<br />

gusigingira. Hari harabayeho gukomera badakebakeba ku kubahiriza imigenzo igaragara<br />

inyuma, ariko mu byo bakoraga byose, umutima n’ubwenge byari bifitemo umugabane muto<br />

cyane. Ikibwirizwa cya Luteri, cyashyiraga ahagaragara ukuri kose kw’Ijambo ry’Imana<br />

kandi n’iryo jambo ubwaryo ryari ryarashyikirijwe rubanda rwa giseseka, byari byarakanguye<br />

ubushobozi bw’abantu bwari bwarasinziriye, ntibitunganye kandi ngo bikomeze kamere<br />

y’iby’umwuka gusa ahubwo bikanaha ubwenge imbaraga nshya.<br />

Wabonaga abantu bo mu nzego zose bitwaje Bibiliya mu biganza byabo, kandi<br />

bakarengera inyigisho z’Ubugorozi. Abayoboke ba Papa bari barahariye kwiga Ibyanditswe<br />

abapadiri n’abandi bihaye Imana, noneho barabatabaje ngo bahaguruke maze bavuguruze izo<br />

nyigisho nshya. Ariko kuko batari basobanukiwe n’Ibyanditswe ndetse n’imbaraga y’Imana,<br />

abo bapadiri n’abandi bihaye Imana batsinzwe ruhenu n’abo bari bararwanyije bavuze ko ari<br />

injiji kandi bayobye. Umwanditsi umwe w’umugatorika yaravuze ati: “Birababaje, kubona<br />

Luteri yari yaremeje abayoboke be kutagira ikindi bizera uretse Ibyanditswe Byera.” 184<br />

Abantu benshi bateranywaga no kumva ukuri kwari gushyigikiwe n’abantu batize amashuri<br />

menshi ndetse bakabasha kubijyaho impaka n’abize iby’iyobokamana kandi b’intyoza.<br />

Ubujiji buteye isoni bw’abo bantu bakomeye bwajyaga ahagaragara ubwo ingingo zabo<br />

zatsindwaga n’inyigisho zoroheje z’Ijambo ry’Imana. Abanyamyuga, abasirikare, abagore<br />

ndetse n’abana bari bazi neza inyigisho za Bibiliya kurusha abapadiri n’abahanga baminuje.<br />

Itandukaniro ryari hagati y’abigishwa b’ubutumwa bwiza n’abashyigikiye imihango<br />

y’ubupapa ryagaragaraga mu nzego z’abize kimwe no muri rubanda. “Imbere y’abakomeye<br />

bari bakuze kandi bashyigikiye isumbanyabubasha, bari barasuzuguye kwiga indimi<br />

n’ubuvanganzo, hari abasore b’abanyabuntu, bari bashishikariye kwiga no gusesengura<br />

Ibyanditswe kandi bakimenyereza inyandiko z’imena zo mu gihe cya kera cyane. Kubera ko<br />

bari bafite intekerezo zikora cyane, kureba kure n’umutima w’ubutwari, bidatinze abo basore<br />

bageze ku bumenyi butangaje ku buryo nta muntu wabashaga kwigereranya na bo. . . Kubera<br />

iyo mpamvu, iyo abo basore bari bashyigikiye ubugorozi bahanganiraga mu ruhame rwa<br />

benshi n’intiti zo ku ruhande rwa Roma, babazimbaga mu bitekerezo bitabagoye kandi bafite<br />

isheja ku buryo abo bantu badasobanukiwe bajijinganyaga, bagacika intege maze bagakorwa<br />

n’isoni mu maso y’abantu bose.” 185<br />

Ubwo abayobozi b’itorero ry’i Roma babonaga ko abantu baza mu materaniro yabo<br />

bagabanuka, biyambaje abacamanza, maze bakoresha inzira zishoboka zose ziri mu<br />

136

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!