15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

mu kurwanya ukutizera n’imyizerere ishingiye ku migenzo. . . Nta muntu n’umwe uzashyirwa<br />

ku gahato. Umudendezo ni wo pfundo ryo kwizera.” 177<br />

Bidatinze inkuru yakwirakwiye mu mujyi wa Wittenberg ko Luteri yagarutse kandi ko<br />

agomba kubwiriza. Abantu benshi baturutse imihanda yose maze kiriziya yuzura abantu<br />

baranasaguka. Yarazamutse ajya kuri aritari arigisha, atanga inama kandi agira n’ibyo anenga<br />

ariko akabikorana ubushishozi n’ubwitonzi bwinshi. Ubwo yavugaga ku mikorere ya bamwe<br />

bakoresheje ingamba zirimo urugomo mu gukuraho misa, yaravuze ati: “Misa ni ikintu<br />

kidatunganye; ntabwo Imana iyishyigikiye, igomba kuvaho; kandi ndifuza ko ku isi yose misa<br />

yasimburwa no gusangira ubutumwa bwiza. Ariko mureke he kugira umuntu uyibuzwa ku<br />

gahato. Icyo kibazo tugomba kukirekera mu maboko y’Imana. Ijambo ryayo niryo rigomba<br />

kugira icyo rikora ntabwo ari twe. Mwabaza muti kuki byagenda bityo? Kubera ko nta fite<br />

imitima y’abantu mu biganza byanjye, nk’uko umubumbyi aba afite ibumba mu biganza bye.<br />

Dufite uburenganzira bwo kuvuga ariko ntidufite uburenganzira bwo kugira icyo dukora.<br />

Mureke twe tubwirize, ibisigaye ni iby’Imana. Ndamutse nkoresheje imbaraga, icyo<br />

nakunguka ni iki? Nabona: Kunegurizwa izuru, kurangiza umuhango, amabwiriza y’abantu<br />

n’uburyarya . . . Ariko ntihabaho ukuri kuvuye ku mutima, nta kwizera nta n’urukundo. Aho<br />

ibyo bintu uko ari bitatu bibuze, nta kintu na kimwe kiba gihari, kandi sinashyigikira<br />

umusaruro nk’uwo. Imana ikoresha ijambo ryayo ryonyine ibirenze ibyo njye namwe ndetse<br />

n’isi yose dushobora gukora dushyize hamwe imbaraga zacu. Imana yigarurira umutima kandi<br />

iyo umutima wafashwe, Imana iba yigaruriye byose. . .<br />

“Nzabwiriza, mvuge kandi nandike, ariko sinzigera mpata umuntu kubera ko kwizera ari<br />

igikorwa gikoranwa ubushake. Nimurebe ibyo nakoze! Narwanyije Papa, indurugensiya<br />

n’abayoboke ba Papa ariko nabikoze ntawe mputaje cyangwa ngo nteze imvururu. Icyo<br />

nashyize imbere ni Ijambo ry’Imana, narabwirije kandi ndandika nta kindi nakoze. Ariko mu<br />

gihe nari ndyamye, ijambo nari narabwirije ryasenye ubupapa ku buryo yaba igikomangoma<br />

cyangwa umwami w’abami batigeze babukoresha bene ako kageni. Nyamara kandi njye<br />

ntacyo nakoze, Ijambo ry’Imana ryonyine ni ryo ryakoze byose. Iyo mba narifuje gukoresha<br />

imbaraga, bishoboka ko Ubudage bwose bwajyaga gutembamo amaraso. Ariko se ingaruka<br />

iba yarabaye iyihe? Hari kubaho gusenyuka no kurimbuka by’ubugingo n’umubiri.<br />

Kubw’ibyo naracecetse maze ndeka Ijambo ry’Imana ryonyine rikwirakwiza ku isi.” 178<br />

Luteri yamaze icyumweru cyose buri munsi abwiriza imbaga y’abantu bari bafitiye<br />

amatsiko. Ijambo ry’Imana ryaganje umwuka wo gutwarwa utewe n’ubwaka. Imbaraga<br />

y’ubutumwa bwiza yagaruye mu nzira y’ukuri abantu bari barayobejwe.<br />

Ntabwo Luteri yifuzaga guhura n’abo bantu b’abaka bari barateje akaga gakomeye gatyo<br />

kubw’imikorere yabo. Yari azi neza ko ari abantu bafite imitekerereze idatunganye kandi<br />

batabasha kwitegeka, Abo bantu nubwo bavugaga ko bamurikiwe n’ijuru mu buryo<br />

budasanzwe, ntabwo babashaga kwihanganira uguhinyuzwa uko kwaba koroheje kose<br />

cyangwa se ubacyaha mu kinyabupfura cyangwa ubagira inama. Kubera kwibona bakiha<br />

132

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!