Umwuka W'Imijyi Ibiri
Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge. Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.
Umwuka W'Imijyi Ibiri Ubugorozi bwateraga imbere buhoro buhoro mu mujyi wa Zurich. Abanzi babwo barakangutse maze bahagurukira kuburwanya bivuye inyuma. Mu mwaka umwe mbere y’icyo gihe ni ho umupadiri w’i Wittenberg yari yaravugiye i Worms imbere ya Papa n’umwami w’abami ati: ” Oya”, none ibyagaragaraga byose byasaga n’ibyerekana kurwanya amabwiriza ya Papa kugiye kuba i Zurich nk’uko byagenze i Worms. Zwingle yatewe incuro nyinshi. Aho ubupapa bwabaga bwiganje uko ibihe byagiye biha ibindi, abantu bayobotse ubutumwa bwiza bajyaba bicwa urupfu rubi, ariko ibyo ntibyari bihagije. Uwigishaga ibyo bitaga ubuyobe yagombaga gucecekeshwa. Muri ubwo buryo umwepisikopi w’i Constance yohereje intumwa eshatu mu nama y’i Zurich zirega Zwingli ko yigisha abantu kwica amategeko y’itorero, bityo bikaba biteza amahoro make n’imvururu mu bantu. Uwo mwepisikopi yongeyeho ko niba ubutegetsi bw’itorero busuzuguwe, ingaruka yaba iy’uko abantu bose baba ibyigenge. Zwingli yasubije yiregura avuga ko yigishije ubutumwa bwiza i Zurich mu gihe cy’imyaka ine bityo “uwo mujyi wa Zurich ukaba ari wo wari utuje kandi urimo amahoro kurusha indi mijyi yose y’izo ntara. Yaravuze ati: “None se ntabwo Ubukristo ari bwo murinzi ukomeye utuma muri rusange habaho umutekano?” 162 Izo ntumwa zasabye abajyanama gukomeza kuba mu itorero zikavuga ko hanze yaryo nta gakiza gahari. Zwingli yavuze kuri ayo magambo y’izo ntumwa ati: “Iki kirego cye kubatangaza! Urufatiro rw’Itorero ni cya Gitare, Kristo, We wahaye Petero izina kuko yamuhamije nk’uko ari. Umuntu uwo ariwe wese wo mu mahanga yose wizera Umwami Yesu n’umutima we wose Imana iramwemera. Mu by’ukuri aha ni ho hari itorero kandi hirya yaryo nta muntu ubasha kuhakirizwa.” 163 Umusaruro wavuye muri iyo nama wabaye uwo uko umwe mu ntumwa, wa mukaridinari yari yohereje yemeye iby’ukwizera kuvuguruye. Abari muri iyo nama banze kugira icyo bakora kirwanya Zwingli, bityo Roma itegura igitero gikaze. Ubwo Zwingli yamenyaga ubugambanyi bw’abanzi be yaravuze ati: “Nimubareke baze; mbatinya nk’uko ibitare byo ku nkombe bitinya imivumba iza ibyisukaho.” 164 Umuhati w’abo banyadini nta kindi wagezeho uretse gutuma umurimo bashakaga gusenya waguka. Ukuri kwakomeje gukwira hose. Mu Budage aho abari barayobotse ukuri bakaba bari baraciwe intege n’urupfu rwa Luteri, ubwo babonaga iterambere ry’ubutumwa bwiza mu Busuwisi, bongeye kugarura ubuyanja. Uko ubugorozi bwarushagaho gushinga imizi mu mujyi wa Zurich, imbuto zabwo zarushijeho kugaragara neza mu kugabanuka kw’ingeso mbi no gushyigikirwa kwa gahunda n’umutekano mu bantu. Zwingli yaranditse ati: “Amahoro atuye mu mujyi wacu, nta ntonganya ziharangwa, nta buryarya, nta shyari nta n’urugomo. Mbese ubumwe nk’ubwo bubasha gukomoka he uretse kuri Kristo no ku nyigisho zacu zitwuzuza imbuto z’amahoro n’ubutungane?” 165 126
Umwuka W'Imijyi Ibiri Insinzi ubugorozi bwageragaho yateje abayoboke ba Roma kurushaho gukaza umurego kugira ngo babusenye. Babonye uko gutoteza nta cyo byagezeho ubwo bahagarikaga umurimo wa Luteri mu Budage, biyemeza kurwanya ubugorozi bifashishije intwaro bukoresha. Bagombaga kugirana na Zwingli ikiganiro-mpaka, kandi kubera ko ari bo bari babiteguye, bateguye uburyo bwo kugera ku nsinzi bakoresheje kwihitiramo aho urwo rugamba ruzabera ndetse n’abacamanza bagomba gufata imyanzuro yabo na Zwingli. Kandi iyo babasha kubona Zwingli yabageze mu maboko, bagombaga gukorana ubushishozi kugira ngo atabacika. Bityo umuyobozi w’ubugorozi yamara gucecekeshwa, itsinda yari ayoboye ryari gusenywa vuba vuba. Nyamara bakoranye ubushishozi maze uyu mugambi barawuhisha. Hemejwe ko icyo kiganiro-mpaka kibera ahitwa Baden, ariko Zwingli ntiyahahinguka. Abajyanama b’i Zurich baketse imigambi y’abashyigikiye Papa, kandi banaburirwa b’ibishyito by’umuriro byo gutwikiraho abemera ubutumwa bwiza byari bicanwe mu midugudu yiganjemo abayoboke ba papa, byatumye babuza umushumba wabo kwishora muri ako kaga. I Ziruch yari yiteguye kuhasubiriza abo Roma yari kohereza bose, ariko kujya i Baden ahari haramenewe amaraso y’abaziraga guhamya ukwizera kwabo, byari ukwishora mu rupfu. Abitwa Oecolampadius na Haller ni bo batoranyirijwe guhagararira abagorozi naho umugabo w’ikirangirire mu buhanga witwaga Eck aba ari we uhagararira Roma agaragiwe n’itsinda rinini ry’intiti n’abayobozi b’itorero. Nubwo Zwingli atari ari muri iyo nama, imbaraga ye ntiyabuze kwigaragaza. Abari ku ruhande rwa Papa ni bo bahisemo abanditsi b’inama bose kandi abandi bose babuzwa kugira icyo bandika kuko uwari kubikora yari kwicwa. Nubwo byari bimeze bityo, buri munsi Zwingli yagezwagaho ibyavugiwe i Baden. Hari umunyeshuri wari muri icyo kiganiro-mpaka wandikaga ingingo zose zavuzwe buri munsi akabikora buri mugoroba. Abandi banyeshuri babiri biyemeje kujya bashyira izo mpapuro Zwingli wari i Ziruch bakazijyanana n’amabaruwa Oecolampidius yamwandikiraga buri munsi. Zwingli yasubizaga ayo mabaruwa agatanga inama n’ibitekerezo. Inzandiko ze yazandikaga nijoro maze mu gitondo ba banyeshuri bakazigarukana i Baden. Kugira ngo batambuke ku barinzi babaga bari ku miryango y’umujyi, izo ntumwa zikoreraga ibitebo birimo inkoko maze bakabereka bakinjira nta nkomyi. Uko ni ko Zwingli yarwanye urugamba yari ahanganyemo n’abanzi be. Uwitwa Myconius yaravuze ati: “Kubw’ubwunganizi bwe, amajoro yararaga adasinziriye n’inama yatangaga akazohereza i Baden, Zwingli yakoze cyane kuruta uko byari kugenda iyo yiyizira muri izo mpaka agahangana n’abanzi be imbonankubone.” 166 Abari bashyigikiye Roma basaga n’abamaze gutsinda, bari baje i Baden bambaye imyambaro y’agaciro kenshi cyane kandi iriho amasaro abengerana. Bakabyaga mu kurya mu buryo bwa gikire, ameza yabo yabaga yuzuyeho ibyokurya bihenda n’inzoga zikomeye cyane. Umutwaro w’inshingano zabo nk’abayobozi b’itorero baworoheshaga guhugira mu 127
- Page 84 and 85: Umwuka W'Imijyi Ibiri mwanga kunteg
- Page 86 and 87: Umwuka W'Imijyi Ibiri udafite igihu
- Page 88 and 89: Umwuka W'Imijyi Ibiri ukuboko agwab
- Page 90 and 91: Umwuka W'Imijyi Ibiri Igice Cya 7 -
- Page 92 and 93: Umwuka W'Imijyi Ibiri Amaherezo icy
- Page 94 and 95: Umwuka W'Imijyi Ibiri kwishingikiri
- Page 96 and 97: Umwuka W'Imijyi Ibiri Inyigisho zis
- Page 98 and 99: Umwuka W'Imijyi Ibiri Yongeye kuvug
- Page 100 and 101: Umwuka W'Imijyi Ibiri gufata Luteri
- Page 102 and 103: Umwuka W'Imijyi Ibiri Uwo muyobozi
- Page 104 and 105: Umwuka W'Imijyi Ibiri nzi niba Papa
- Page 106 and 107: Umwuka W'Imijyi Ibiri tangazo rimuc
- Page 108 and 109: Umwuka W'Imijyi Ibiri Igice Cya 8 -
- Page 110 and 111: Umwuka W'Imijyi Ibiri Mu kurangiza
- Page 112 and 113: Umwuka W'Imijyi Ibiri maze bamwingi
- Page 114 and 115: Umwuka W'Imijyi Ibiri Ubwo Luteri y
- Page 116 and 117: Umwuka W'Imijyi Ibiri byamwongereye
- Page 118 and 119: Umwuka W'Imijyi Ibiri “Niringira
- Page 120 and 121: Umwuka W'Imijyi Ibiri bitangaza inc
- Page 122 and 123: Umwuka W'Imijyi Ibiri agatera umugo
- Page 124 and 125: Umwuka W'Imijyi Ibiri Bamusabye kub
- Page 126 and 127: Umwuka W'Imijyi Ibiri 118
- Page 128 and 129: Umwuka W'Imijyi Ibiri n’abaturage
- Page 130 and 131: Umwuka W'Imijyi Ibiri amagambo mens
- Page 132 and 133: Umwuka W'Imijyi Ibiri Muri icyo gih
- Page 136 and 137: Umwuka W'Imijyi Ibiri kwinezeza. Ab
- Page 138 and 139: Umwuka W'Imijyi Ibiri ryo muyobozi
- Page 140 and 141: Umwuka W'Imijyi Ibiri mu kurwanya u
- Page 142 and 143: Umwuka W'Imijyi Ibiri Ubwo Luteri y
- Page 144 and 145: Umwuka W'Imijyi Ibiri bazisomeraga
- Page 146 and 147: Umwuka W'Imijyi Ibiri Igice Cya 11
- Page 148 and 149: Umwuka W'Imijyi Ibiri Umudendezo wo
- Page 150 and 151: Umwuka W'Imijyi Ibiri mu nama adaha
- Page 152 and 153: Umwuka W'Imijyi Ibiri bityo bukaba
- Page 154 and 155: Umwuka W'Imijyi Ibiri Igihe cyo kwi
- Page 156 and 157: Umwuka W'Imijyi Ibiri Amasengesho y
- Page 158 and 159: Umwuka W'Imijyi Ibiri Lefevre yari
- Page 160 and 161: Umwuka W'Imijyi Ibiri tubari, bagen
- Page 162 and 163: Umwuka W'Imijyi Ibiri bakora vuba v
- Page 164 and 165: Umwuka W'Imijyi Ibiri Kaluvini yara
- Page 166 and 167: Umwuka W'Imijyi Ibiri n’aho umwuk
- Page 168 and 169: Umwuka W'Imijyi Ibiri Urwo rugendo
- Page 170 and 171: Umwuka W'Imijyi Ibiri amaso kandi a
- Page 172 and 173: Umwuka W'Imijyi Ibiri kuba mu buhun
- Page 174 and 175: Umwuka W'Imijyi Ibiri Geneve kandi
- Page 176 and 177: Umwuka W'Imijyi Ibiri kwari ingenzi
- Page 178 and 179: Umwuka W'Imijyi Ibiri ikigeragezo c
- Page 180 and 181: Umwuka W'Imijyi Ibiri Hafashwe umwa
- Page 182 and 183: Umwuka W'Imijyi Ibiri bari barasese
<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />
Insinzi ubugorozi bwageragaho yateje abayoboke ba Roma kurushaho gukaza umurego<br />
kugira ngo babusenye. Babonye uko gutoteza nta cyo byagezeho ubwo bahagarikaga<br />
umurimo wa Luteri mu Budage, biyemeza kurwanya ubugorozi bifashishije intwaro<br />
bukoresha. Bagombaga kugirana na Zwingli ikiganiro-mpaka, kandi kubera ko ari bo bari<br />
babiteguye, bateguye uburyo bwo kugera ku nsinzi bakoresheje kwihitiramo aho urwo<br />
rugamba ruzabera ndetse n’abacamanza bagomba gufata imyanzuro yabo na Zwingli. Kandi<br />
iyo babasha kubona Zwingli yabageze mu maboko, bagombaga gukorana ubushishozi kugira<br />
ngo atabacika. Bityo umuyobozi w’ubugorozi yamara gucecekeshwa, itsinda yari ayoboye<br />
ryari gusenywa vuba vuba. Nyamara bakoranye ubushishozi maze uyu mugambi<br />
barawuhisha.<br />
Hemejwe ko icyo kiganiro-mpaka kibera ahitwa Baden, ariko Zwingli ntiyahahinguka.<br />
Abajyanama b’i Zurich baketse imigambi y’abashyigikiye Papa, kandi banaburirwa<br />
b’ibishyito by’umuriro byo gutwikiraho abemera ubutumwa bwiza byari bicanwe mu<br />
midugudu yiganjemo abayoboke ba papa, byatumye babuza umushumba wabo kwishora muri<br />
ako kaga. I Ziruch yari yiteguye kuhasubiriza abo Roma yari kohereza bose, ariko kujya i<br />
Baden ahari haramenewe amaraso y’abaziraga guhamya ukwizera kwabo, byari ukwishora<br />
mu rupfu. Abitwa Oecolampadius na Haller ni bo batoranyirijwe guhagararira abagorozi naho<br />
umugabo w’ikirangirire mu buhanga witwaga Eck aba ari we uhagararira Roma agaragiwe<br />
n’itsinda rinini ry’intiti n’abayobozi b’itorero.<br />
Nubwo Zwingli atari ari muri iyo nama, imbaraga ye ntiyabuze kwigaragaza. Abari ku<br />
ruhande rwa Papa ni bo bahisemo abanditsi b’inama bose kandi abandi bose babuzwa kugira<br />
icyo bandika kuko uwari kubikora yari kwicwa. Nubwo byari bimeze bityo, buri munsi<br />
Zwingli yagezwagaho ibyavugiwe i Baden. Hari umunyeshuri wari muri icyo kiganiro-mpaka<br />
wandikaga ingingo zose zavuzwe buri munsi akabikora buri mugoroba. Abandi banyeshuri<br />
babiri biyemeje kujya bashyira izo mpapuro Zwingli wari i Ziruch bakazijyanana<br />
n’amabaruwa Oecolampidius yamwandikiraga buri munsi. Zwingli yasubizaga ayo<br />
mabaruwa agatanga inama n’ibitekerezo. Inzandiko ze yazandikaga nijoro maze mu gitondo<br />
ba banyeshuri bakazigarukana i Baden. Kugira ngo batambuke ku barinzi babaga bari ku<br />
miryango y’umujyi, izo ntumwa zikoreraga ibitebo birimo inkoko maze bakabereka bakinjira<br />
nta nkomyi.<br />
Uko ni ko Zwingli yarwanye urugamba yari ahanganyemo n’abanzi be. Uwitwa Myconius<br />
yaravuze ati: “Kubw’ubwunganizi bwe, amajoro yararaga adasinziriye n’inama yatangaga<br />
akazohereza i Baden, Zwingli yakoze cyane kuruta uko byari kugenda iyo yiyizira muri izo<br />
mpaka agahangana n’abanzi be imbonankubone.” 166<br />
Abari bashyigikiye Roma basaga n’abamaze gutsinda, bari baje i Baden bambaye<br />
imyambaro y’agaciro kenshi cyane kandi iriho amasaro abengerana. Bakabyaga mu kurya mu<br />
buryo bwa gikire, ameza yabo yabaga yuzuyeho ibyokurya bihenda n’inzoga zikomeye cyane.<br />
Umutwaro w’inshingano zabo nk’abayobozi b’itorero baworoheshaga guhugira mu<br />
127