15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

buryo butaziguye. Yageragezaga kwifashisha ibishoboka byose kugira ngo abone<br />

ubusobanuro bwabyo bwuzuye kandi butuganye, ndetse yasabaga gufashwa na Mwuka<br />

Muziranenge wabashaga kubihishurira abantu bose babyigaga babishimikiriye kandi basenga.<br />

Zwingli yaravuze ati: “Ibyanditswe Byera bikomoka ku Mana ntibikomoka ku muntu,<br />

kandi Imana imurikira abantu izabaha gusobanukirwa ko iri jambo rikomoka ku Mana. . .<br />

Ijambo ry’Imana ntirihinyuka; ni umucyo, ririgisha, kandi rikisobanura ubwaryo, rimurikira<br />

ubugingo kubw’agakiza n’ubuntu, rikabukomereza mu Mana, ribucisha bugufi ku buryo<br />

yiyibagirwa akomatana n’Imana.” Zwingli ubwe yari amaze kubona ukuri kw’ayo magambo.<br />

Ubwo yavugaga ibyamubayeho muri icyo gihe, nyuma y’aho yaranditse ati: “Igihe<br />

natangiraga kwirundurira mu Byanditswe Byera, ubucurabwenge n’inyigisho z’iyobokamana<br />

byahoraga binteza impagarara. Amaherezo nageze kuri ibi, ndatekereza nti: ‘Ngomba kureka<br />

biriya binyoma maze nkiga ubusobanuro Imana itanga mbukuye mu ijambo ryayo ryoroheje.’<br />

Bityo natangiye gusaba Imana ngo imurikire maze Ibyanditswe Byera bitangira kurushaho<br />

kunsobanukira mu buryo bworoshye.” 151<br />

Ntabwo inyigisho Zwingli yabwirizaga yari yarazikomoye kuri Luteri. Yari yazihawe na<br />

Kristo. Uwo mugorozi w’Umusuwisi yaravuze ati: “Niba Luteri abwiriza ibya Kristo, akora<br />

ibyo nanjye nkora. Abantu yazanye kuri Kristo ni benshi kuruta abo nazanye. Nyamara ibyo<br />

ntacyo bitwaye. Nta rindi zina nzitirirwa uretse irya Kristo kuko ndi umusirikari we, kandi ni<br />

we Mugaba wanjye wenyine. Nta jambo na rimwe nigeze nandikira Luteri cyangwa nawe<br />

agire iryo anyandikira. Ibyo ni ukubera iki? . . . Ni ukugira ngo bigaragare uburyo Mwuka<br />

w’Imana ativuguruza kubera ko twembi twigisha inyigisho ya Kristo tugahuza muri ubwo<br />

buryo kandi tutarahuye. 152<br />

Mu mwaka wa 1516, Zwingli yararikiwe kubwiriza mu kigo cy’abapadiri cya Einsiedeln.<br />

Ahongaho yagombaga kuhabonera neza ugusaya mu bibi kwa Roma kandi yagombaga kugira<br />

icyo akora nk’umugorozi cyari kuzamenyekana kikarenga mu misozi ya Alps yavukiyemo.<br />

Mu bintu bikomeye byakururaga amaso y’abantu by’aho Einsiedeln harimo ishusho ya<br />

Mariya bavugaga ko ifite imbaraga yo gukora ibitangaza. Ku muryango w’icyo kigo<br />

cy’abapadiri hari handitswe ngo: “Ahangaha hashobora gubonerwa imbabazi z’ibyaha.” 153<br />

Ibihe byose by’umwaka abantu benshi bafataga urugendo baje kuri ya shusho ya Mariya,<br />

ariko ku munsi mukuru wabaga buri mwaka wo kwibuka gutoramywa kw’iyo shusho, abantu<br />

ibihumbi byinshi baturukaga mu bice byose by’Ubusuwisi ndetse abandi bakava mu<br />

Bufaransa no mu Budage. Zwingli abibonye atyo agira agahinda kenshi, bityo ba bantu<br />

babaye imbohe z’imihango, aboneraho umwanya wo kubigisha iby’umudendezo uva mu<br />

butumwa bwiza.<br />

Yaravuze ati: “Ntimugatekereze ko Imana iri muri iyi ngoro kuruta uko iba ahandi hantu<br />

hose haremwe. Igihugu mwaba mutuyemo cyose, Imana iri hafi yanyu kandi<br />

irabumva...Mbese imirimo itabaha inyungu, gukora ingendo ndende, amaturo, amashusho,<br />

kwiyambaza Mariya cyangwa abatagatifu bishobora kubahesha ubuntu bw’Imana? . . . Mbese<br />

121

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!