15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 9 – Umugorozi W’Umusuwisi<br />

Mu gutoranya abakozi bo kuvugurura itorero, hagaragara ya gahunda y’Imana<br />

yakoreshejwe mu kuritangiza. Umwigisha waturutse mu ijuru yirengagije abantu bakomeye<br />

bo ku isi, abanyacyubahiro n’abakire bari bamenyereye gusingizwa no guhabwa icyubahiro<br />

nk’abayobozi b’abandi. Bari abantu bibona cyane kandi buzuwemo no kwiyiringira mu ikuzo<br />

bari bafite ryuzuye ubwirasi ku buryo batashoboraga guhinduka ngo bifatanye na bagenzi<br />

babo kandi bafatanye n’Umunyanazareti wicishaga bugufi. Abantu batashoboye kwiga<br />

n’abarobyi bamenyereye umuruho b’i Galilaya ni bo bagejejweho uyu muhamagaro ngo:<br />

“Nimunkurikire, nzabagira abarobyi b’abantu.” Matayo 4:19. Abo bigishwa bicishaga bugufi<br />

kandi bakemera kwigishwa. Kuba batari barandujwe cyane n’inyigisho z’ibinyoma zo muri<br />

icyo gihe, byatumye Kristo ashobora kubigisha no kubatoza gukora umurimo we maze<br />

birushaho kugenda neza.<br />

Uko ni nako byagenze mu gihe cy’Ubugorozi bukomeye. Abagorozi bari bari ku ruhembe<br />

rw’imbere bari abantu bafite imibereho yoroheje, babaye abantu mu gihe cyabo badafite<br />

ubwibone buterwa n’imyanya y’icyubahiro kandi ntibari baratwawe n’urwikekwe<br />

n’uburiganya bwarangaga abapadiri. Ni umugambi w’Imana gukoresha abantu boroheje<br />

kugira ngo bagere ku bintu bikomeye. Bityo rero, ntabwo abantu ari bo bazahabwa ikuzo,<br />

ahubwo rizahabwa Imana yo ibakoreramo ikabatera gushaka no gukora ibyo yishimira.<br />

Nyuma y’ibyumweru bike Luteri amaze kuvukira mu kigonyi cy’abacukuzi b’ubutare i<br />

Saxony, nibwo Ulric Zwingli nawe yavutse mu rugo rworoheje rw’umworozi wo mu misozi<br />

miremire ya Alps. Ahari hakikije Zwingli mu bwana bwe ndetse n’uburere yahawe akiri muto<br />

byari ibyo kumutegurira umurimo we w’ahazaza. Yarerewe hagati y’ibyaremwe bitangaje,<br />

byuzuye ubwiza, bituma intekerezo ze zitwarwa no gusobanukirwa gukomera, imbaraga<br />

n’igitinyiro by’Imana akiri muto. Amateka y’ibikorwa bitangaje byakorewe muri iyo misozi<br />

yavukiyemo yamurikiye imigambi ye ya gisore. Yicaraga iruhande rwa nyirakuru wari<br />

inyangamugayo maze agategera amatwi ibitekerezo bike bitangaje byo muri Bibiliya uwo<br />

mukecuru yari yarakusanyije abikuye mu mateka avuga ibikorwa by’indengakamere<br />

n’inyigisho byaranze itorero. Zwingle yabaga afite amatsiko cyane mu gihe yumvaga<br />

iby’ibikorwa bikomeye by’abakurambere n’abahanuzi ndetse n’iby’abashumba barindaga<br />

imikumbi yabo ku misozi ya Palesitina aho abamarayika bavuganiye nabo bakababwira<br />

iby’umwana wavukiye i Beterehemu n’umuntu w’i Karuvali.<br />

Nk’uko byabaye kuri Luteri, se wa Zwingli yifuzaga ko umwana we yiga, maze uwo<br />

muhungu akiri muto ava mu kibaya cy’iwabo aho yavukiye. Ubwenge bwe bwagwiraga vuba<br />

vuba ku buryo bidatinze byaje kuba ikibazo niba haboneka abarimu bashobora kumwigisha.<br />

Amaze kugira imyaka cumi n’itatu yagiye ahitwa i Bern, habarizwaga ishuri riruta ayandi mu<br />

Busuwisi. Ariko ageze yo, haje kuvuka ingorane yari igambiriye gukoma mu nkokora<br />

ibyiringiro yari afite mu buzima bwe. Abapadiri bakoze uko bashoboye kose kugira ngo<br />

bamwinjize mu kigo cyabo. Abadominikani n’Abafaransisiko barwaniraga gukundwa<br />

119

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!