15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Bamusabye kubwiriza, kandi yirengagije ko umwami w’abami yari yamuhaye akato, yongeye<br />

kujya ku ruhimbi (aritari). Yaravuze ati: “Sinigeze ndahirira gupfukirana Ijambo ry’Imana<br />

kandi sinzigera mbikora.” 147<br />

Ubwo abayoboke ba Papa baganzaga umwami w’abami ngo ace iteka rirwanya Luteri,<br />

hari hashize igihe gito atari i Worms. Muri iri teka, Luteri yavuzweho ko ari “Satani ubwe<br />

wigize umuntu kandi akaba yambaye ikanzu ya gipadiri.” 148<br />

Hatanzwe itegeko rivuga ko ubwo urupapuro rwe rumuhesha umudendezo mu nzira<br />

acamo ruzaba rumaze kurangiza igihe, hari ingamba zigomba gufatwa kugira ngo umurimo<br />

we uhagarikwe. Abantu bose babujijwe kumucumbikira, kumuha ibyokurya cyangwa<br />

ibyokunywa, cyangwa se kuba bamufasha haba mu magambo cyangwa mu bikorwa, haba mu<br />

rwiherero cyangwa ku mugaragaro. Aho yashoboraga kuboneka hose yagombaga gufatwa<br />

agashyikirizwa abategetsi. Abayoboke be nabo bagombaga gushyirwa muri gereza kandi<br />

imitungo yabo igafatirwa. Inyandiko ze zagombaga gutwikwa kandi amaherezo umuntu wese<br />

wari guhangara kunyuranya n’iri teka nawe yagombaga guhabwa igihano nk’icya Luteri.<br />

Igikomangoma cy’i Saxony n’ibindi bikomangoma byakundaga Luteri cyane bose bari<br />

bamaze kuva i Worms nyuma yo kugenda kwe maze iteka ry’umwami w’abami ryemezwa<br />

n’abagize inama y’abategetsi bakuru. Noneho abari bashyigikiye ubuyobozi bw’itorero ry’i<br />

Roma bari bishimye. Bibwiraga ko iherezo ry’ubugorozi rigeze.<br />

Ariko muri iyi saha y’akaga, Imana yari yateganyirije umugaragu wayo icyanzu. Ijisho<br />

ritagoheka ryari ryakurikiye amagenzi yose ya Luteri kandi umutima wa Nyirimpuhwe wari<br />

witeguye kumutabara. Byagaragaraga ko nta kindi cyajyaga gushimisha Roma uretse urupfu<br />

rwe. Luteri yajyaga gukira imikaka y’intare binyuze gusa mu guhishwa. Imana yahaye<br />

ubwenge Ferederiko w’i Saxony kugira ngo ategure umugambi wo kurinda Luteri.<br />

Abifashijwemo n’incuti ze nyakuri, umugambi wa Ferederiko washyizwe mu bikorwa maze<br />

Luteri ahishwa abanzi be n’incuti ze. Mu rugendo rwe agaruka imuhira yaje gufatwa,<br />

atandukanywa n’abo bari kumwe, maze bamwihutisha bwangu bamunyuza mu mashyamba<br />

bamujyana mu nzu ikomeye nziza cyane y’i Wartbourg. Aho hari ahantu hitaruye hari<br />

igihome cyubatswe mu misozi. Uko gufatwa no guhishwa byakozwe mu buryo<br />

bw’amayobera ku buryo na Ferederiko ubwe yamaze igihe kirekire ataramenya aho yajyanwe.<br />

Uko kutabimenya kwari gufite umugambi; mu gihe cyose Ferederiko atari asobanukiwe n’aho<br />

Luteri aherereye, ntiyashoboraga kugira icyo ahishurira abandi. We ubwe yanyuzwe n’uko<br />

Luteri ari amahoro kandi kumenya ibyo byaramunejeje.<br />

Ibihe by’umuhindo, impeshyi n’itumba byose biraza birinda birangira Luteri akiri<br />

imfungwa. Aleandre n’abambari be bari bashimishijwe cyane n’uko umucyo w’ubutumwa<br />

bwiza usa n’ugiye kuzima. Nyamara aho kuba bityo, umugorozi we yari arimo arushaho<br />

kuzuza itara rye amavuta ava mu bubiko bw’ukuri kandi umucyo waryo wagombaga<br />

kumurikana imbaraga nyinshi kuruta mbere.<br />

116

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!