15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

agatera umugongo intumwa yoherejwe n’ijuru, ni ko umwami Charles wa V yiyemeje kwanga<br />

umucyo w’ukuri agakurikiza ubwibone bw’ab’isi na gahunda yabo.<br />

Inkuru z’impuha zivuga ko hari imigambi yo kwica Luteri zakwiragizwaga hose maze<br />

zitera imidugararo mu mujyi wose. Umugorozi Luteri yari afite incuti nyinshi zari zizi<br />

ubugome bukomeye Roma yagiriraga abantu bose batinyukaga gushyira ahagaragara ibibi<br />

byayo, bityo ziyemeza ko atagomba kwicwa. Abantu amagana menshi bo mu bakomeye<br />

biyemeje kumurinda. Abandi benshi banengaga ku mugaragaro ubutumwa bw’umwami<br />

bwagaragazaga intege nke mu kumvira imbaraga yategekaga ya Roma. Ku miryango y’amazu<br />

n’ahagaragara hose hamanitswe ibyapa byinshi bimwe byanditsweho amagambo aciraho<br />

iteka Luteri naho ibindi bimushyigikira. Kimwe muri ibyo byapa cyari cyanditsweho<br />

amagambo asobanutse y’umunyabwenge wagize ati: “Ugushije ishyano wa gihugu we<br />

gitegekwa n’umwami w’umusore, kikagira abatware birirwa mu birori!” 140 Urukundo<br />

rubanda rwo mu Budage bwose rwari rufitiye Luteri rwemeje umwami w’abami n’inama<br />

y’abategetsi bakuru ko guhohotera Luteri uko ari ko kose kwahungabanya amahoro y’igihugu<br />

cyose ndetse no gutekana kw’ubwami.<br />

Ferederiko w’i Saxony yagiraga kwifata, agahishanya ubwitonzi imyumvire ye nyakuri<br />

ku byerekeye umugorozi Luteri ariko kandi na none agakomeza kumurinda amwitayeho<br />

ubudacogora, agakurikirana ibyo akora byose n’ibyo abanzi be bakora. Nyamara habayeho<br />

abandi benshi batigeze bagerageza guhisha impuhwe bafitiye Luteri. Yasurwaga<br />

n’ibikomangoma, abakomeye ndetse n’abandi bo mu rwego rwo hejuru baba abarayiki<br />

n’abayobozi mu idini. Uwitwa Spalatin yaranditse ati: “Icyumba gito cya dogoteri Luteri<br />

nticyashoboraga gukwirwamo abashyitsi bose bazaga.” 141 Abantu bamwitegerezaga nk’aho<br />

ari umuntu w’indengakamere. N’abatarizeraga inyigisho ze ntibaburaga gutangarira ubwo<br />

budahemuka bwe bukomeye bwatumaga yemera gupfa nk’intwari aho kugira ngo anyuranye<br />

n’umutimanama we.<br />

Hakoreshejwe umuhati ukomeye kugira ngo Luteri yemere kumvikana na Roma.<br />

Ibikomangoma n’abakomeye mu bwami bamwerekaga ko nakomeza ibitekerezo binyuranyije<br />

n’iby’itorero n’inama z’abategetsi bakuru, azacibwa mu gihugu bidatinze kandi ntazagire<br />

kirengera. Luteri yashubije uko kumwinginga agira ati : “Ntabwo ubutumwa bwiza bwa<br />

Kristo bushobora kubwirizwa ngo bubure kurwanywa. . . Byashoboka bite rero ko ubwoba<br />

cyangwa kumenya akaga kabasha kumbaho byantandukanya n’Umukiza n’Ijambo ry’Imana<br />

ryo kuri rukumbi? Reka da! Nahitamo gutanga umubiri wanjye, amaraso yanjye n’ubuzima<br />

bwanjye!” 142<br />

Bongeye kumwingingira kumvira ibyo umwami w’abami yavuze bityo akabasha kutagira<br />

icyo atinya. Luteri yarasubije ati: “Nemera n’umutima wanjye wose ko umwami w’abami,<br />

ibikomangoma ndetse n’abakristo baciye bugufi bose bagenzura kandi bagacira urubanza<br />

ibitabo byanjye; ariko bagashingira ku ngingo imwe y’uko babigereranya n’Ijambo ry’Imana.<br />

114

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!