15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gusukwamo ivu rye nk’uko rwakiriye ivu rya Yohani Huse mu myaka ijana ishize.” Ariko<br />

ibikomangoma byo mu Budage nubwo nabyo byari mu ruhande rwa Papa, bikaba byari abanzi<br />

bakomeye ba Luteri banze kwemera kurenga ku kwizera kw’abantu, babona ko ari igitotsi<br />

gishyizwe ku cyubahiro cy’igihugu cyabo. Bagaragaje ibyago byakurikiye urupfu rwa Huse<br />

maze bavuga ko batakongera gutinyuka guteza akaga gakomeye nk’ako igihugu cy’Ubudage<br />

ndetse n’umwami w’abami wabo ukiri muto.<br />

Umwami Charles ubwe aza gusubiza icyo gitekerezo cy’ubugome ati: “Nubwo icyubahiro<br />

no kwizera byacibwa mu isi yose, bigomba kubona ubuhungiro mu mitima y’ibikomangoma.”<br />

Yakomeje gusabwa n’abanzi gica bo ku ruhande rwa Papa barwanyaga Luteri, bamusaba<br />

kugenza uwo mugorozi nk’uko Sigismond yagenje Huse akamugabiza itorero. Ariko umwami<br />

yibutse ibyabaye ubwo Huse yerekanaga iminyururu yari imuboshye, akibutsa umwami<br />

kwizera yarahiriye, umwami Charles wa V yaravuze ati: “Ntabwo ndagaragaza uburakari<br />

bukaze nka Sigismond.”- 137<br />

Nyamara umwami Charles abyihitiyemo, yari yaranze ukuri kwavugwaga na Luteri.<br />

Yaranditse ati: “Niyemeje gukurikiza urugero rw’abakurambere nshikamye.” 138 Yari<br />

yariyemeje kutazareka inzira y’imigenzo nubwo byaba gushaka gukurikira inzira y’ukuri<br />

n’ubutungane. Bitewe n’uko ba sekuruza ari ko babikoze, yagombaga gushyigikira ubupapa<br />

n’ubwicanyi no gusayisha mu bibi byabwo. Bityo yafashe icyemezo yanga kwakira umucyo<br />

uwo ari wo wose uruta uwo abakurambere be bari barakiriye, kandi yanga no kugira icyo ari<br />

cyo cyose yakora batigeze bakora.<br />

Hari benshi bameze batyo no muri iki gihe bakomeza kwihambira ku migenzo n’imihango<br />

by’abakurambere babo. Iyo Umukiza aboherereje umucyo mushya, banga kuwemera bitewe<br />

n’uko utigeze uhabwa abakurambere babo. Nyamara ntabwo turi mu bihe bihwanye n’ibya<br />

ba sogokuruza, kubw’ibyo rero, ntabwo inshingano zacu zihwanye n’izabo. Ntabwo<br />

tuzemerwa n’Imana nidufatira urugero ku bakurambere bacu kugira ngo turushingireho<br />

duhamya inshingano yacu ubu aho kugira ngo twe ubwacu twishakire ijambo ry’ukuri.<br />

Inshingano yacu ni nini cyane kuruta iy’abakurambere bacu. Tuzabazwa iby’umucyo bakiriye<br />

bakawudusigira nk’umurage, nyamara kandi tuzanabazwa umucyo mushya uturasira ubu<br />

uturuka mu Ijambo ry’Imana.<br />

Yesu Kristo yabwiye Abayuda banze kwizera ati: “Iyaba ntaje ngo mvugane na bo, ntibaba<br />

bafite icyaha: ariko noneho ntibafite uko biregura icyaha cyabo.” 139 Imbaraga y’Imana yari<br />

yavuganye n’umwami w’abami n’ibikomangoma by’Ubudage inyuze muri Luteri. Kandi uko<br />

umucyo wamurikaga uva mu Ijambo ry’Imana niko Mwuka wayo yingingaga ubuheruka<br />

abantu benshi bari bateraniye muri iyo nteko. Nk’uko mu binyejana byinshi byari bishize<br />

Pilato yari yaratumye ubwibone no kuba ikirangirire binangira umutima we ntiyakire<br />

Umucunguzi w’isi; nk’uko Feliki wahindaga umushyitsi yasabye intumwa yigishaga ukuri<br />

ati: “None genda, nimbona uburyo, nzagutumira”; nk’uko Agripa wari umwibone yatuye<br />

akavuga ati: “Ubuze hato ukanyemeza kuba Umukristo” (Ibyak. 24:25; 26:28); nyamara<br />

113

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!