15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bitangaza incuti ze kimwe n’abanzi be. Mwuka w’Imana yari ari muri iyo nama, agakabakaba<br />

imitima y’abayobozi b’igihugu. Benshi mu bikomangoma batuye rwose yuko ibyo Luteri<br />

avuga ari iby’ukuri. Benshi baratsinzwe bemera ukuri, ariko ku bandi uko gufatwa<br />

kwababayeho ntikwamaze igihe kirekire. Na none hariho irindi tsinda ry’abantu batahise<br />

bagaragaza ukwemera kwabo ahubwo bo ubwabo bamaze gusesengura Ibyanditswe, baje<br />

guhinduka abashyigikiye ubugorozi batarangwa n’ubwoba.<br />

Igikomangoma Frederiko yari yarategerezanyije amatsiko kuzaboneka kwa Luteri mbere<br />

y’inama y’abategetsi bakuru bityo atega amatwi ibyo Luteri yavugaga ahagaritse umutima.<br />

Yitegereje ubutwari, ugushikama no kwigengesera Luteri afite, ibyishimo n’ishema, bityo<br />

nawe yiyemeza kumurengera no kumurinda amaramaje. Frederiko yagereranyije Luteri<br />

n’abamurwanyaga maze abona ubwenge bwa Papa, abami n’abayobozi bakuru mu idini<br />

bwahinduwe ubusa n’imbaraga z’ukuri. Ubupapa bwari butsinzwe kandi ibi byajyaga<br />

kugaragara mu bihugu byose no mu bihe byose.<br />

Ubwo intumwa ya Papa yabonaga umusaruro uvuye mu magambo ya Luteri, yagiriye<br />

impungenge cyane ubutegetsi bwa Roma birenze uko yigeze azigira maze yiyemeza<br />

gukoresha ubushobozi bwe bwose ngo akureho umugorozi. Yakoresheje ubuhanga bwose<br />

bwo kuvuga n’uburyarya yari afite kurusha abandi benshi maze yereka umwami w’abami<br />

wari ukiri muto ubupfapfa n’akaga ko kureka ubucuti no gushyigikirwa n’ububasha<br />

bukomeye bwa Roma akabisimbuza kwemera umurimo w’umupadiri udafite agaciro.<br />

Ayo magambo ye ntiyasize ubusa. Ku munsi ukurikira uwo Luteri yitabyeho, umwami<br />

w’abami yohereje ubutumwa bwagombaga kubwirwa abagize inama y’abategetsi bakuru,<br />

bwavugaga ko yiyemeje gushyira mu bikorwa gahunda y’abamubanjirije yo gushyigikira no<br />

kurinda itorero Gatorika. Kubera ko Luteri yari yanze kureka amakosa ye, hagombaga<br />

gukoreshwa ingamba zikomeye cyane zo kumurwanya ndetse n’inyigisho z’ubuyobe<br />

yigishaga. “Umupadiri umwe, wayobejwe n’ubupfapfa bwe, yarahagurutse ngo arwanye<br />

ukwizera kw’abakristo! Nzatanga ubwami bwanjye bwose, umutungo wanjye, incuti zanjye,<br />

umubiri, amaraso, umwuka n’ubugingo bwanjye kugira ngo mpagarike ayo marorerwa. Ngiye<br />

kurekura Luteri ariko mubuze kongera guteza akaduruvayo mu bantu, hanyuma<br />

nzakurikizaho kumurwanya n’abayoboke be kuko ari abahakanyi batumvira. Nzabarwanya<br />

nkoresheje kubaca mu itorero, kubimisha amasakaramentu n’ibindi itorero ribagomba ndetse<br />

n’uburyo bwose bushoboka kugira ngo bitsembwe. Ndasaba abagize ubutegetsi bose<br />

kwitwara nk’abakristo b’indahemuka.” 136<br />

Nubwo byagenze bityo, Umwami w’abami yavuze ko urwandiko rw’inzira rwa Luteri<br />

rugomba kubahirizwa, kandi ko mbere yo kumuhagurukira bagomba kumureka akabanza<br />

kugera iwe amahoro.<br />

Ibitekerezo bibiri bihanganye byagaragaye ubwo mu bagize inama y’abategetsi bakuru.<br />

Intumwa zikorera mu bwihisho (ba maneko) n’abahagarariye Papa bongeye gusaba ko<br />

urwandiko rw’inzira rwahawe Luteri rutitabwaho. Baravuze bati: “Uruzi rwa Rhine rugomba<br />

112

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!