15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

“Niringira ko, ibyo navuze neruye byerekana ko nagenzuranye ubwitonzi kandi<br />

nsesengura akaga niyemeje kwishyiramo. Ariko aho kugira ngo mbe mfite ubwoba, nk’uko<br />

byabaye mu bihe byahise, nshimishwa no kubona ko ubu butumwa bwiza ari bwo ntandaro<br />

y’amakuba no gutandukana. Iyi ni yo miterere y’Ijambo ry’Imana ari na ryo herezo ryaryo.<br />

Yesu Kristo yaravuze ati: ‘Sinazanye amahoro mu isi keretse inkota. ‘Mu nama zayo, Imana<br />

iratangaje kandi irakomeye. None mwitonde mudatoteza ijambo ryera ry’Imana kandi<br />

mukikururira akaga gateye ubwoba k’ingorane mudashobora gusimbuka z’ibyago byababaho<br />

ubu no kurimbuka kw’iteka ryose byaterwa no kwibwira ko mugamije guhosha amacakubiri.<br />

Natanga ingero nyinshi zivuye mu byo Imana yandikishije. Navuga ibya ba Farawo, abami<br />

b’i Babuloni n’abo mu Isiraheli batigeze bakora ibibazanira kurimbuka nk’igihe batekerezaga<br />

ko bari gukomeza ubwami bwabo bakoresheje inama zasaga n’aho zuzuye ubushishozi.<br />

‘Imana yakuyeho imisozi nabo ntibabimenya.’” 133<br />

Luteri yari yavuze mu Kidage noneho bamusaba gusubira mu byo yavuze mu Kiratini.<br />

Nubwo yari ananijwe n’ibyo yari amaze kuvuga, yakoze ibyo asabwe maze asubira muri ya<br />

magambo mu mvugo yumvikana neza n’imbaraga nk’izo yakoresheje mbere. Ubuntu<br />

bw’Imana bwamuyoboye muri iki kibazo. Ibitekerezo bya benshi mu bikomangoma byari<br />

byarahumishijwe n’amakosa no kwemera mu buhumyi ku buryo ubwo yavugaga bwa mbere<br />

batabashije kubona imbaraga z’imitekerereze ya Luteri ariko ubwo yabisubiragamo nibwo<br />

bashoboye gusobanukirwa neza n’ingingo yavugaga.<br />

Abahumye amaso yabo ngo batabona umucyo kubwo kwinangira kandi bakaba bari<br />

barinangiye ngo batemera ukuri, nibo barakajwe cyane n’imbaraga y’amagambo ya Luteri.<br />

Ubwo yari amaze kuvuga, umuvugizi w’inama y’abategetsi bakuru yavuganye ubukana ati:<br />

“Ntiwasubije ikibazo wababajijwe. . . Usabwa gutanga igisubizo cyumvikana kandi<br />

cyahuranyije. Mbese urisubiraho cyangwa nturisubiraho?”<br />

Umugorozi Luteri yarasubije ati: “Nk’uko nyakubahwa umwami nawe mutware munsaba<br />

igisubizo cyumvikana, cyoroshye kandi cyahuranyije, ndabaha igisubizo kimwe gusa, ari cyo<br />

iki: “Sinshobora kureka kwizera kwanjye ku bwa Papa cyangwa kubwo inama, kuko<br />

bigaragara neza yuko akenshi bagiye bakora amakosa kandi bakavuguruzanya. Nuko rero<br />

keretse gusa nibanyemeza bakoresheje ubuhamya bwo mu Byanditswe Byera cyangwa<br />

ingingo yumvikana neza, keretse kandi gusa ninemezwa n’amwe mu magambo nanditse<br />

ndetse bakumvisha umutima wanjye bakoresheje Ijambo ry’Imana, naho ubundi sinshobora<br />

kandi sinzigera nisubiraho, kuko umukristo watura ibinyuranyije n’iby’umutimanama<br />

umwemeza, aba yishyize mu kaga. Dore mpagaze hano, nta kindi mbasha gukora; Imana<br />

imfashe. Amina!” - 134<br />

Nguko uko uwo mukiranutsi yahagaze ashikamye ku rufatiro nyakuri rw’Ijambo<br />

ry’Imana. Umucyo wo mu ijuru warasiye mu maso he. Ugukomera kwe n’ubutungane<br />

bw’imico ye, amahoro n’ibyishimo yari afite mu mutima we byagaragariye bose ubwo<br />

yahinyuzaga imbaraga kandi agahamya isumbwe ry’uko kwizera kunesha isi.<br />

110

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!