15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

byamwongereye imbaraga bituma nyuma y’aho abasha gusubizanya ubwitonzi, yafashe<br />

icyemezo kandi agifatanye ubwenge ndetse agaragaza n’icyubahiro byatangaje kandi bica<br />

intege abamurwanyaga, ndetse bigacyaha agasuzuguro n’ubwibone byabo.<br />

Bukeye bwaho, yagombaga kwitaba kugira ngo atange igisubizo cye giheruka. Igihe<br />

yatekerezaga imbaraga zari zibumbiye hamwe ngo zirwanye ukuri, umutima we<br />

waramusimbukaga. Kwizera kwe kwarahungabanye maze agira gutinya, ahinda umushyitsi<br />

maze ubwoba bwinshi buramutaha. Akaga karushagaho kwiyongera imbere ye, abanzi be<br />

basaga n’abenda gutsinda kandi imbaraga z’umwijima zisa n’izenda kunesha. Ibicu<br />

by’umwijima byari bimugose kandi byasaga n’ibimutandukanyije n’Imana. Yumvaga<br />

akeneye ibyiringiro ko Uhoraho nyiringabo azabana nawe. Muri ako gahinda, yubamye hasi<br />

maze asuka amaganya no gutaka kwe bitagiraga umuntu wabashaga kubisobanukirwa uretse<br />

Imana yonyine.<br />

Yaringinze ati: “Ayi, Mana ishobora byose! Mana ihoraho! Mbega ukuntu isi ari ingome!<br />

Dore yasamuye akanwa kayo ngo imire, kandi mfite ibyiringiro bike muri Wowe!. . . Niba<br />

ngomba kwiringira imbaraga z’ab’iyi isi, urwanjye rwaba rwushe!. . . Isaha yanjye ya nyuma<br />

irageze, namaze gucirwa urubanza. . . Mana!, Mana!. . . Mfasha ngo nsinde abanyabwenge<br />

bose bo ku isi. Bikore Mana,.. Wowe wenyine;...kuko uyu atari umurimo wanjye, ahubwo ni<br />

uwawe. Ntacyo mfite nakora aha, ntacyo mfite kuvugana n’abakomeye b’isi. . . Ariko<br />

umurimo ni uwawe, . . . kandi ni umurimo utunganye kandi w’iteka ryose! Nyagasani,<br />

mfasha! Mana ikiranuka kandi idahinduka! Siniringiye umuntu uwo ari we wese. . .<br />

Iby’umuntu byose ntibyizerwa; ikimukomokaho cyose kiragwaguza. Wampisemo ngo nkore<br />

uyu murimo. . . Mana mba iruhande, kubw’Umwana wawe ukunda Yesu Kristo, we<br />

murengezi wanjye, ingabo inkingira n’igihome gikomeye.”130<br />

Imana nyiri ubwenge bwose yatumye Luteri asobanukirwa n’akaga kamutegereje kugira<br />

ngo atiringira imbaraga ze bwite kandi ngo agire amakenga ye kwishora mu kaga. Nyamara<br />

gutinya umubabaro yari kugira, ubwoba bw’iyicarubozo cyangwa urupfu byasaga<br />

nibimutegereje ntabwo ari byo byatumye ubwoba bwinshi bumutaha. Ahubwo yari ageze mu<br />

gihe gikomeye cyane kandi yumvaga adafite imbaraga zihagije zo guhangana nacyo.<br />

Umurimo w’ukuri wajyaga gutsindwa bitewe n’intege nke ze. Yakiranije Imana asenga<br />

adaharanira umutekano we bwite ahubwo agamije insinzi y’Ubutumwa bwiza. Umubabaro<br />

n’intambara byari mu mutima we byari bimeze nk’ibya Isiraheli muri rya joro ku nkengero<br />

z’akagezi ari wenyine. Nk’uko byabaye kuri Isiraheli nawe yatsinze urwo rugamba rwo<br />

gukirana n’Imana. Mu ntege nke ze, ukwizera kwe kwagundiriye Kristo we Murengezi<br />

ukomeye. Yakomejwe n’ubwishingizi yahawe ko atazahagarara imbere y’urukiko wenyine.<br />

Amahoro yagarutse mu bugingo bwe kandi ashimishwa n’uko yemerewe kwerereza Ijambo<br />

ry’Imana imbere y’abategetsi b’ibihugu.<br />

Intekerezo ze yakomeje kuzihanga Imana maze yitegura urugamba rwari rumuri imbere.<br />

Yatekereje uko ari busubize, asesengura ibyanditswe mu nyandiko ze maze atoranya<br />

108

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!