15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

twarwanye. Ariko niba uzi ko urwanira ukuri kandi ukaba ubizi neza, jya mbere mu izina<br />

ry’Imana, ntugire icyo utinya. Ntabwo Imana izagutererana.” 126<br />

Amaherezo Luteri yahagaze imbere y’inama y’abategetsi bakuru. Umwami w’abami yari<br />

yicaye ku ntebe y’ubwami. Yari akikijwe n’abakomeye bo mu bwami bwe. Nta wundi muntu<br />

wari warigeze yitaba imbere y’inama ikomeye itangaje nk’iyo Luteri yari ahagaritswe imbere<br />

kugira ngo asobanure ibyo kwizera kwe. “Uko kuboneka aho ubwabyo byari ikimenyetso cyo<br />

gutsindwa k’ubupapa. Papa yari yaramaze kumuciraho iteka, none ubu yari ahagaze imbere<br />

y’urukiko rurusha Papa ubushobozi. Papa yari yaramuciye , kandi yari yaramugize ruvumwa<br />

mu bantu bose. Ariko noneho yari yahamagawe mu mvugo imwubaha kandi yakirwa imbere<br />

y’imbaga y’abanyacyubahiro bakomeye kuruta abandi ku isi. Papa yari yaramuciriye<br />

urubanza ko agomba gucecekeshwa burundu none yari agiye kuvugira imbere y’abantu benshi<br />

bamuteze amatwi bafite amatsiko bari bavuye mu bihugu byose bya Gikristo. Ibikorwa bya<br />

Luteri byari byateje impinduramatwara ikomeye. Roma yari yamaze kumanuka iva ku ntebe<br />

yayo y’ubwami kandi ijwi ry’umupadiri ni ryo ryateye uko gucishwa bugufi.” 127<br />

Imbere y’iyo nteko y’abakomeye, umugorozi Luteri wari waravukiye mu muryango<br />

woroheje cyane, yasaga n’ufite ipfunwe kandi yabuze amahwemo. Ibikomangoma byinshi<br />

bibonye inkeke afite ku mutima, byaramwegereye maze umwe muri bo aramwongorera ati:<br />

“Ntutinye abica umubiri badashobora kwica ubugingo.” Undi yaravuze ati: “Nibakujyana<br />

imbere y’abategeka n’abami ku bwanjye, Mwuka wa So niwe uzaguha ibyo uzahavugira. ”<br />

Uko niko amagambo ya Kristo yavuzwe n’abakomeye bo mu isi kugira ngo bakomeze<br />

umugaragu we mu isaha yo gucirwa urubanza.<br />

Luteri yajyanywe imbere y’intebe y’umwami w’abami. Habayeho guceceka gukomeye<br />

muri iyo mbaga yari iteraniye aho. Bityo umusirikare mukuru w’ibwami yarahagurutse atunga<br />

urutoki imizingo y’inyandiko za Luteri maze asaba Luteri gusubiza ibibazo bibiri abajijwe.<br />

Icya mbere, yabajijwe niba yemera ko izo nyandiko ari ize, icya kabiri, niba yemera<br />

kwivuguruza akareka ibitekerezo yanditse muri ibyo bitabo. Imitwe y’ibyo bitabo yari<br />

yasomwe, maze ku kibazo cya mbere Luteri asubiza ko yemera ko ibyo bitabo ari ibye.<br />

Yaravuze ati: “Ku kibazo cya kabiri, kubera ko ari ikibazo kirebana no kwizera n’agakiza<br />

k’abantu, kandi kikaba kinibasiye Ijambo ry’Imana ryo butunzi bukomeye kandi buruta<br />

ubundi haba mu ijuru no mu isi, ndamutse nsubije ntabanje gutekereza naba mpubutse. Kuko<br />

nihandagaje bishoboka ko navuga bike ku bisabwa cyangwa ibirenze ibyo ukuri gusaba bityo<br />

nkaba nshumuye ku cyo Kristo yavuze ati: “Ariko uzanyihakanira imbere y’abantu wese,<br />

nanjye nzamwihakanira imbere ya Data uri mu ijuru.” 128 Kubera iyo mpamvu, mu kwicisha<br />

bugufi kose, ndagusaba nyakubahwa mwami w’abami ngo umpe umwanya kugira ngo<br />

mbashe gusubiza ntatukishije Ijambo ry’Imana.” 129<br />

Mu gusaba atyo Luteri yabikoranye ubwenge. Abari bateraniye aho bahise bemera ko<br />

Luteri adahubuka mu byo akora atabanje gutekereza. Ubwo bwitonzi no kwitegeka bitari<br />

byitezwe mu muntu wari waragaragaje ko adakangishwa kandi ntagamburure,<br />

107

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!