15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ubwo Luteri yari ageze i Worms, imbaga y’abantu benshi yaje ku marembo y’uwo mujyi.<br />

Imbaga nk’iyo ntiyari yarigeze iteranira gusanganira n’umwami w’abami ubwe. Hari ubwoba<br />

bwinshi cyane, kandi muri iyo mbaga y’abantu havaga ijwi rito ry’umuntu uririmba indirimbo<br />

yo gushyingura nk’umuburo uri guhabwa Luteri kubera urwari rumutegereje. Ubwo yavaga<br />

mu igare ryari rimutwaye, yaravuze ati: “Imana niyo izandengera.”<br />

Ntabwo abayoboke ba Papa bari barizeye ko Luteri abasha guhangara kuboneka i Worms<br />

maze kuhagera kwe kubuzuza ubwoba bwinshi. Umwami w’abami yahise atumiza<br />

abajyanama be ngo barebe icyo bakora. Umwe mu bisonga bye bikomeye wari ukomeye ku<br />

mahame y’ubupapa yaravuze ati: “Twamaze igihe kirekire tuvuga kuri iki kibazo.<br />

Nyakubahwa icyo wakora ni uguhita wikiza uriya muntu. Mbese Sigismond ntiyatwikishije<br />

Huse? Ntabwo turebwa no gutanga cyangwa kubahiriza urwandiko rw’inzira<br />

rw’umuhakanyi.” Umwami w’abami arasubiza ati: “Oya, tugomba gukora ibyo<br />

twasezeranye.” 124 Bityo hafashwe icyemezo ko Luteri yategwa amatwi.<br />

Abo mu mujyi bose bari bafite amatsiko yo kubona uwo muntu w’akataraboneka maze<br />

bidatinze abashyitsi benshi baje kumureba buzura aho yari acumbitse. Luteri yari atarakira<br />

neza indwara yari aherutse kurwara; yari ananijwe n’urugendo yari amazemo ibyumweru<br />

bibiri byuzuye. Yagombaga kwitegura uko yari kuzifata muri gahunda y’umunsi ukurikiyeho<br />

bityo yari akeneye gutuza no kuruhuka. Ariko abantu benshi bifuzaga kumubona ku buryo<br />

yari aruhutse amasaha make cyane ubwo abakomeye, abapadiri na rubanda bateraniye aho ari<br />

bafite amatsiko. Muri abo bantu harimo benshi bo mu bakomeye bari barasabye umwami<br />

w’abami ko habaho ivugurura ku bintu bibi bikorwa mu itorero kandi nk’uko Luteri abivuga,<br />

“bari baraheshejwe umudendezo n’ubutumwa bwe.” 125 Abanzi kimwe n’incuti bose baje<br />

kureba uwo mupadiri utagira ubwoba; ariko yabakiranye gutuza atajegajega, agasubizanya<br />

bose ikinyabupfura n’ubwenge. Kwihangana kwe kwari gushikamye kurimo ubutwari. Mu<br />

maso he hari hananutse hari ibimenyetso by’umunaniro n’uburwayi nyamara kandi<br />

hagaragaraga ubugwaneza n’ibyishimo. Uburemere no kudakebakeba by’amagambo ye<br />

byamuhaye imbaraga n’abanzi be batashoboraga gutsinda. Incuti ze n’abanzi be buzurwaga<br />

no gutangara. Bamwe bemeraga ko akoreshwa n’imbaraga mvajuru, abandi bakavuga nk’uko<br />

Abafarisayo bavugaga kuri Kristo bati: “Arimo dayimoni.”<br />

Umunsi wakurikiyeho, Luteri yarahamagawe ngo aze imbere y’inama y’abategetsi<br />

bakuru. Umusirikari mukuru w’ibwami yari yashyinzwe kumuzana mu cyumba cy’inama<br />

ariko yahageze biruhanyije kuko ahantu hose mu nzira hari huzuye abantu bashakaga kureba<br />

uwo mupadiri watinyutse kurwanya ubutegetsi bwa Papa.<br />

Igihe Luteri yari agiye kwinjira ngo ajye imbere y’abamuciraga urubanza, umusirikare<br />

mukuru wari ushaje wari warabaye intwari mu ntambara nyinshi, yamubwiranye ubwitonzi<br />

ati: “Nyabusa Padiri, nyabusa padiri, ubu ugiye kunyura mu bikomeye yaba njye ubwanjye<br />

cyangwa abandi basirikare bakuru bose batigeze banyuramo mu ntambara zisesa amaraso<br />

106

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!