15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Imbaga y’abantu yari iteraniye aho yayibwiye amagambo ya Kristo ati: “Amahoro abe<br />

muri mwe.” Yakomeje agira ati: “Abacurabwenge, intiti n’abanditsi bakoze ibishoboka byose<br />

ngo bigishe abantu uburyo bwo kubona ubugingo buhoraho nyamara ntibageze ku ntego.<br />

Nyamara njyeweho ndababwira ubwo buryo:...Hari Uwo Imana yazuye mu bapfuye kugira<br />

ngo arimbure urupfu, abe impongano y’icyaha kandi afunge amarembo y’ikuzimu; uwo ni<br />

Umwami Yesu Kristo. Uyu ni wo murimo w’agakiza ...Kristo yaratsinze! Iyi ni inkuru<br />

ishimishije; kandi twakijijwe n’umurimo yakoze ntabwo ari umurimo wacu ubwacu.<br />

...Umwami wacu Yesu Kristo yaravuze ati, ‘Amahoro abe muri mwe; nimurebe ibiganza<br />

byanjye.’ Ibyo ni ukuvuga ngo; ‘Yewe muntu, reba! Ni jye, jye jyenyine wakuyeho ibyaha<br />

byawe, ndagucungura none ubu ufite amahoro. Ni ko Umwami avuga.’”<br />

Yakomeje yerekana ko ukwizera nyakuri kuzagaragazwa n’imibereho itunganye.<br />

Yaravuze ati: ” Kuva Imana yaradukijije, ni mutyo dushyire ibikorwa byacu kuri gahunda<br />

kugira ngo bibashe kuba ibiyishimisha. Mbese waba ukize? Reka ibyo utunze bigirire abakene<br />

akamaro. Mbese waba uri umukene? Reka ibyo ukorera umukire bimushimishe. Niba<br />

umurimo wawe ari wowe wenyine ufitiye akamaro, umurimo wibwira ko ukorera Imana ni<br />

ikinyoma.” 121<br />

Abantu bamuteze amatwi batwawe rwose. Umutsima w’ubugingo wamanyaguriwe abo<br />

bashonji. Kristo ni we wererejwe imbere yabo kandi arutishwa ba Papa, ibisonga byabo,<br />

abami b’abami ndetse n’abami bose. Ntabwo Luteri yigeze abahishurira ko ari mu kaga.<br />

Ntabwo yashatse ko bamutekerezaho cyangwa ko bamugirira impuhwe. Kubera Kristo<br />

yariyibagiwe ubwe. Yihishe inyuma y’Uwabambwe i Karuvali agendereye gusa kwerekana<br />

ko Yesu wenyine ari we Mucunguzi w’umunyabyaha.<br />

Ubwo Luteri yakomezaga urugendo rwe, aho yanyuraga hose bamurebanaga amatsiko<br />

menshi. Abantu benshi bazaga kumuzenguruka bazanywe no kumuburira iby’imigambi<br />

abayoboke ba Roma bamufitiye. Bamwe baravugaga bati: “Bazagutwika bakugire ivu nk’uko<br />

batwitse Huse.” Luteri yarabasubizaga: “Nubwo bacana umuriro mu nzira yose kuva i Worms<br />

kugera Wittenberg, ndetse ibirimi byawo bikaba bigera ku ijuru, nzawunyuramo mu izina rya<br />

Yesu-Umukiza, nzagera imbere yabo. Nzinjira mu mikaka y’iki gikoko maze nkure amenyo<br />

yacyo mpamya Umwami Yesu Kristo.” 122<br />

Inkuru ivuga ko ari hafi kugera i Worms yateye abantu ubwoba bwinshi. Incuti ze<br />

zahindaga umushitsi kubwo umutekano we naho abanzi be bo bari batewe ubwoba n’uko<br />

umurimo wabo utaragera ku ntego yawo. Hakoreshejwe imbaraga nyinshi cyane kugira ngo<br />

bamwumvishe ko adakwiriye kwinjira muri uwo mujyi. Biteguwe n’abari mu ruhande rwa<br />

Papa, bamugiriye inama yo kwemera ko yaruhukira mu nzu y’umusirikare w’incuti ye aho<br />

bibwiraga ko ibibazo bikwiriye gukemurirwa aho mu bwumvikane. Incuti za Luteri zihatiye<br />

kumutera ubwoba zimubwira ibyago bimutegereje. Umuhati wose bakoresheje wabaye<br />

imfabusa. Luteri wari utaracika intege yaravuze ati: “Nubwo i Worms haba abadayimoni<br />

bangana n’amategura y’ibisenge by’amazu yaho, uko byagenda kose nzahinjira.” 123<br />

105

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!