15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

tangazo rimuca mu itorero ndetse n’izindi nyandiko zishyigikira ubutegetsi bwa Papa maze<br />

abitwikira mu ruhame rw’imbaga y’abanyeshuri, intiti zigisha muri kaminuza ndetse na<br />

rubanda rwo mu nzego zose. Yaravuze ati: “Kubwo gutwika ibitabo byanjye, abanzi banjye<br />

babashije gutesha agaciro umurimo w’ukuri mu ntekerezo za rubanda kandi barimbura<br />

imitima yabo. None kubera iyo mpamvu nanjye ntwitse ibitabo byabo. Urugamba rukaze<br />

rwamaze gutangira. Kugeza none icyo nakoze kwari ugukina na papa gusa. Natangiye uyu<br />

murimo mu izina ry’Imana, kandi uzarangira ntahari ahubwo uzarangizwa n’imbaraga zayo.”<br />

108<br />

Ku magambo yo kunnyega yavuzwe n’abanzi be bamukwenaga ndetse n’intege nke ziri<br />

mu murimo we, Luteri yarashubije ati: “Ni nde uzi niba Imana yarantoranyije kandi<br />

ikampamagara? Basuzugura Imana ubwayo. Mose yari wenyine ubwo bavaga mu Misiri,<br />

Eliya yari wenyine mu ngoma y’umwami Ahabu, Yesaya nawe yari wenyine muri<br />

Yerusalemu na Ezekeli yari wenyine muri Babuloni...Ntabwo Imana yigeze itoranya<br />

umutambyi mukuru cyangwa undi muntu ukomeye ngo babe abahanuzi. Ahubwo yatoranyije<br />

abantu baciye bugufi kandi b’insuzugurwa, ndetse rimwe yatoranyije Amosi wari<br />

umushumba. Mu bihe byose byabayeho, intungane zagiye zihara amagara yazo maze<br />

zigacyaha abakomeye, abami, ibikomangoma, abatambyi ndetse n’abanyabwenge. . .Ntabwo<br />

mvuga ko ndi umuhanuzi, ahubwo ndavuga ko bakwiriye gutinya babitewe gusa n’uko ndi<br />

umwe bo bakaba ari benshi. Ibi mbizi neza ko Ijambo ry’Imana riri kumwe nanjye kandi ko<br />

ritari kumwe nabo.” 109<br />

Nyamara ntabwo Luteri yafashe umwanzuro wo kwitandikanya burundu n’itorero nta<br />

rugamba rukomeye arwanye n’intekerezo ze. Muri icyo gihe niho yanditse ati: “Buri munsi<br />

ndushaho kumva uko bikomeye ibyo umuntu yatojwe kugenderamo akiri umwana. Nubwo<br />

ku ruhande rwanjye nari mfite Ibyanditswe, mbega uburyo byanteye umubabaro mwinshi<br />

kwiyumvisha ko nkwiriye guhangara guhagarara njyenyine nkarwanya Papa kandi nkavuga<br />

ko ari antikristo! Mbega imibabaro umutima wanjye wagize utari warigeze ugira! Mbega<br />

uburyo incuro nyinshi ntabuze kujya nibaza iki kibazo mbabaye, ari nacyo akenshi abayoboke<br />

ba Papa bambazaga bati: ‘Mbese ni wowe munyabwenge wenyine?’ Mbese abandi bose<br />

bamaze iki icyo gihe cyose bari mu buyobe? None se amaherezo niba ari wowe wibeshya<br />

kandi ukaba uri gushora abantu benshi mu buyobe bwawe maze amaherezo bakazazimira<br />

by’iteka?’ Uko ni ko narwanaga n’ibitekerezo byanjye ndetse na Satani kugeza igihe Kristo,<br />

kubw’ijambo rye ritibeshya, yakomeje umutima wanjye imbere y’uko gushidikanya.” 110<br />

Papa yari yarakangishije Luteri ko natisubiraho azacibwa mu itorero maze noneho icyo<br />

gihano gishyirwa mu bikorwa. Hasohotse irindi tangazo rivuga ko Luteri yitandukanyije<br />

n’itorero ry’i Roma ubuheruka. Iryo tangazo ryaramurwanyaga rikavuga ko yavumwe n’Ijuru<br />

kandi ko iteka aciriwe rireba n’abantu bose bashobora kwakira inyigisho ze. Urugamba<br />

rukomeye rwari rwaratangiye rwose.<br />

98

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!