15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

igikomangoma cy’i Saxony arwanya Luteri cyane kandi asaba ko Ferederiko yamwohereza i<br />

Roma cyangwa akamuca i Saxony.<br />

Mu kwisobanura, Luteri yasabye ko intumwa ya Papa cyangwa Papa ubwe berekena mu<br />

Byanditswe ikosa yaba afite; kandi arahira akomeje ko yiteguye kureka inyigisho ze mu gihe<br />

zigaragajwe ko zivuguruza Ijambo ry’Imana. Yanashimiye Imana kuba yarabonye ko<br />

bimukwiriye kurenganywa kubw’umurimo muziranenge.<br />

Ferederiko wari igikomangoma cy’i Saxony ntabwo yari asobanukiwe neza n’inyigisho<br />

zivuguruye, ariko yari yaranyuzwe cyane n’ubutungane, imbaraga no kumvikana<br />

kw’amagambo ya Luteri, kandi yiyemeza kumurinda kugeza ubwo kugeza ubwo<br />

bazagaragaza ko Luteri ari mu makosa. Ubwo yasubizaga kubyo iyo ntumwa ya Papa<br />

yasabaga, Ferederiko yaranditse ati: “‘Kuva Dogiteri Martin Luteri yarakwitabye i Augsburg,<br />

wagombye kunyurwa. Ntabwo twari twiteze ko ushishikazwa no gutuma yisubiraho utabanje<br />

kumwemeza amakosa ye. Nta muntu n’umwe wo mu ntiti zo mu ntara yacu wigeze<br />

amenyesha ko inyigisho za Martin zisuzuguza Imana, ko zirwanya ubukristo cyangwa ko ari<br />

iz’ubuhakanyi.’ Ikindi kandi icyo gikomangoma cyanze kohereza Luteri i Roma cyangwa<br />

kumwirukana mu ntara gitegeka.” 98<br />

Igikomangoma Ferederiko yabonye ko muri rusange, mu bantu hariho ukwicwa<br />

kw’amabwiriza y’imico-mbonera. Umurimo ukomeye w’ivugurura wari ukenewe. Uburyo<br />

bukomeye kandi buhenze bwakoreshwa bwose kugira ngo bahagarike kandi bahane<br />

ubwigomeke ntacyo byajyaga kugeraho keretse gusa abantu bazirikanye kandi bakumvira<br />

ibyo Imana ibasaba ndetse n’amabwiriza y’uwamurikiwe nayo. Ferederiko yabonaga ko<br />

Luteri akora kugira ngo abageze kuri iyo ntego bityo yishima rwihishwa ashimishijwe n’uko<br />

hari impinduka nziza yigaragaza mu itorero.<br />

Yabonye kandi ko Luteri wari umwigisha muri Kaminuza hari ibikomeye yagezeho. Hari<br />

hashize umwaka umwe gusa Luteri amanitse amahame shingiro ye kuri kiriziya ngari, ariko<br />

hari harabayeho kugabanyuka gukomeye kw’umubare w’abagenzi bazaga gusura iyo kiriziya<br />

ku munsi w’abatagatifu bose. Roma yari yarabuze abaza kuramya ndetse n’amaturo, nyamara<br />

umwanya wabo wagiwemo n’irindi tsinda ryabazaga i Wittenburg, bataje nk’abagenzi baje<br />

kuramya abatagatifu, ahubwo babaga ari abanyeshuri baje kuzura amashuri yaho. Hirya no<br />

hino inyandiko za Luteri zari zarakanguriye abantu gusoma Ibyanditswe Byera, kandi<br />

abanyeshuri bazaga kuri Kaminuza badaturutse mu ntara zose z’Ubudage gusa ahubwo<br />

bavuye no mu bindi bihugu. Abasore bazaga bakabona umujyi wa Wittemberg ubwa mbere,<br />

“bazamuraga amaboko yabo bakayerekeza mu ijuru maze bagashimira Imana kuba yaratumye<br />

umucyo w’ukuri umurika uturutse muri uwo mujyi nk’uko mu bihe bya kera waturukaga i<br />

Siyoni ugakwira no mu bihugu bya kure cyane.” 99<br />

Kugeza icyo gihe Luteri yari yaritandukanyije n’amakosa y’itorero ry’i Roma by’igice.<br />

Ariko uko yagereranyaga Ibyanditswe Byera n’amategeko n’amateka yashyizweho na papa,<br />

yarushagaho gutangara. Yanditse agira ati: “Ubu ndi gusoma amategeko ya Papa,...Ntabwo<br />

95

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!