12.06.2020 Views

IBYAHISHUWE NA KRISTO

Iki gitabo gisobanura igitabo cy'Ibyahishuwe cyo muri Bibiliya Yera, twagiteguye kubera ubukene bw'ibitabo bivuga Ku buhanuzi. giteguye igice Ku gice, umurongo Ku murongo aho bishoboka. hahirwa abasoma  kandi bagasobanukirwa n'ubuhanuzi buheruka ubundi.

Iki gitabo gisobanura igitabo cy'Ibyahishuwe cyo muri Bibiliya Yera, twagiteguye kubera ubukene bw'ibitabo bivuga Ku buhanuzi. giteguye igice Ku gice, umurongo Ku murongo aho bishoboka. hahirwa abasoma  kandi bagasobanukirwa n'ubuhanuzi buheruka ubundi.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.


“Ibyahishuwe na Yesu Kristo ibyo Imana yamuhereye, kugira ngo yereke

imbata ze ibikwiye kuzabaho vuba, agatuma Marayika we nawe

akabimenyesha imbata ye Yohana.”

(Ibyah 1:1)

Cyanditswe na:

Misiyoneri CYIZA Benjamin

MPAWENIMANA Rhamu

UWITONZE Leah

©2017

Gikosorwa n‘ikipe y‘abamisiyoneri b‘abapantekote biyemeje kuzamura

ibitabo bya Gikiristo, bikenewe mu murimo mu bihugu bya Afrika

y‘uburasirazuba (VPMSP-EAC)

- 1 -


“IBYAHISHUWE NA KRISTO” By CYIZA Benjamin under Supervision

of VPMSP EAC Copyright© VPMSP EAC/CYIZA BENJAMIN

Gicapwe bwa mbere na VPMSP EAC muri 2017

Muri

OMEGA STATIONARY

BULIISA, UGANDA

Ku burenganzira bwa VPMSP BOOK PUBLISHING TEAM

Ikorera:

KIBOGA-UGANDA

KIGALI-RWANDA

BULIISA-UGANDA

GAKUMIRO-UGANDA

KIBARE-UGANDA

Itegeko rihana umuntu wese, wandukura, ufotora cyangwa

agakoresha mu bundi buryo ibyanditse muri iki gitabo adafite

uburenganzira bw’umwanditsi.

Uretse aho byavuzwe ukundi, imirongo yose y’ibyanditswe yavuye

muri Bibiliya Yera yo muri 1993

Inyandiko za kiyahudi n’ibindi bitabo by’abahanga byarifashishijwe

ngo tubashe kugera ku ntego yacu yogucukumbura igitabo

“IBYAHISHUWE NA KRISTO” amarangamirongo yose yakoreshejwe

ahura nayo muri Bibiliya Yera yo mu 1993.

Gura ibindi bitabo byacu unyuze

aha:www.payhip.com/CYIZABENJAMIN

- 2 -


IBIRIMO

IBIRIMO ...................................................................................... - 3 -

GUSHIMIRA ................................................................................. - 5 -

ABO DUTUYE IKI GITABO ............................................................ - 6 -

AMAGAMBO ABANZA ....................................................................... 7

IGICE CYA 1: YESU YIYEREKA YOHANA ARAMUTUMA .................. 11

IGICE CYA 2: AMATORERO 7 YO MURI AZIYA ............................... 14

1. Urwandiko Rwandikiwe Itorero Ryo Muri Efeso ................................ 14

2. Urwandiko Rwandikiwe Ab’isimuruna .................................................. 17

3. Urwandiko Rwandikiwe Ab’ I Perugamo .............................................. 18

4. Urwandiko Rwandikiwe Ab’i Tuwatira .................................................. 21

5. Efeso mu gihe cya Yohana ....................................................................... 25

IGICE CYA 3: INZANDIKO ZANDIKIWE I SARUDI, FILADELIFIYA NA

LAWODEKIYA ............................................................................ ………27

1. Urwandiko Rwandikiwe Ab’i Sarudi ...................................................... 27

2. Urwandiko Rwandikiwe Ab’i Filaderifiya ............................................. 29

3. Urwandiko Rwandikiwe Ab’ I Lawodekiya ........................................... 32

4. Ibindi Kumatorero 7 Yo Muri Aziya ...................................................... 34

5. Kuzamurwa Kw’itorero Hagati Y’igice Cya 1-4 .................................. 38

IGICE CYA 4: INTEBE Y’IMANA Y’UBWAMI ..................................... 40

IGICE CYA 5: UMWANA W’INTAMA N’IGITABO ............................... 41

IGICE CYA 6: IBIMENYESTO 6 BIMENWA ....................................... 43

1. Ikimenyetso cya mbere kimenwa! ......................................................... 44

2. Ifarashi ya mbere yiruka .......................................................................... 44

3. Ifarashi ya 2 yiruka.................................................................................... 45

4. Ifarashi ya 3 yiruka.................................................................................... 45

5. Ifarashi ya 4 yiruka.................................................................................... 45

6. Ikimenyetso cya gatanu kimenwa! ....................................................... 46

7. Imyuka y’abahowe imana......................................................................... 46

8. Ikimenyetso cya gatandatu kimenwa! ................................................. 47

IGICE CYA 7: ABANTU B’IMANA BASHYIRWAHO IKIMENYETSO..... 49

9. Itorero Rihimbaza Imana Mu Ijuru........................................................ 50

10. Itandukaniro Ry’indirimbo Baririmbiye Yesu Mu Marembo Ya

Yerusalemu Niyo Baririmbye Mu Ijuru ................................................. 51

IGICE CYA 8: IKIMENYETSO CYA 7 KIMENWA ............................... 53

11. Impanda 4 za mbere zivuzwa .................................................................. 54

12. Ikizu gitangaza amashyano 3 ................................................................. 56

IGICE CYA 9: IMPANDA ZO HAGATI ............................................... 58

13. Impanda ya 5 ari naryo shyano rya mbere ......................................... 58

14. Impanda ya 6 ishyano rya 2 .................................................................... 60

15. 1/3 cy’abantu cyicwa ................................................................................ 60

IGICE CYA 10: YOHANA ACONSHOMERA AGATABO ....................... 62

16. Mbese Uyu Ni Muntu Ki Waje Mu Bwiza Bw’imana ? ....................... 63

IGICE CYA 11: IBY’ABAHAMYA 2 ................................................... 65

17. Abahamya nk’Amatorero 2 ...................................................................... 67

18. Ubusobanuro Bw’ibyahishuwe 11:3-4 ................................................... 68

19. Abahamya 2 nka Eliya na Enoki ............................................................ 70

20. Impanda ya 7 ishyano rya 3 .................................................................... 70

21. Gusobanura Ibyahishuwe 12 ................................................................... 72

22. Uburyo bwa kabiri bwo gusobanura ....................................................... 77

23. Ibyahishuwe igice cya 12 ......................................................................... 77

24. Umugore n’uruhinja ................................................................................... 77

25. Mikayire arwanya ikiyoka ........................................................................ 78

26. Ikiyoka gihiga wa mugore (12:13-17) ................................................... 79

- 3 -


IGICE CYA 13: INYAMASWA YAVUYE MU MAZI NO MU BUTAKA ..... 80

27. Inyamaswa yo mu Nyanja ........................................................................ 80

28. Inyamaswa Yo Mu Butaka ........................................................................ 83

IGICE CYA 14: UMWANA W’INTAMA N’ABO YACUNGUYE BARI KU

MUSOZI. ............................................................................................. 86

29. Ubutumwa Bw’abamarayika 3(14:6-13) ................................................ 88

30. Ibisobanuro Mu Byanditswe (Ibyahishuwe 14:12-13)....................... 89

31. Gusarura no kwenga Umusaruro w’Imana ........................................... 90

IGICE CYA 15: IBYAGO 7 BY’IMPERUKA (FINAL EXODUS) ...... 92

32. Inzabya 7 ...................................................................................................... 93

IGICE CYA 16: IBYAGO BY’IMPERUKA BITERA .............................. 93

33. Ibyago Cyangwa Inzabya 4 Za Mbere .................................................... 94

34. Izindi Nzabya 2 Guhanwa Kw’inyamaswa N’ikiyoka ........................ 95

35. Urwabya Rwa Nyuma ................................................................................. 97

36. Babuloni Isukwaho Umujinya W’imana ................................................ 97

IGICE CYA 17 : IBYA MARAYA UKOMEYE UHETWE N’INYAMASWA 98

37. Ibivugwa kuri babuloni ............................................................................. 98

IGICE CYA 18: IRIMBUKA RYA BABULONI ................................... 101

38. Irimbuka Rya Babuloni Ritangazwa .................................................... 101

39. Ibyo babuloni yirataga ............................................................................ 102

40. Kugwa Kwa Babuloni 18:20-24 ............................................................. 105

IGICE CYA 19: KUGARUKA KWA YESU ......................................... 107

41. Mu ijuru bishimira Irimbuka Rya Babuloni ...................................... 107

42. Uko Ubukwe Bwo Muri Isiraheli Bwakorwaga ................................... 109

43. Kugaruka Kwa Yesu ................................................................................. 111

44. Kumarwaho Kwa Anti-Kristo N’umuhanuzi W’ibinyoma .............. 113

45. Inshamake Y’igice Cya : 19 ................................................................... 113

46. Kristo Anesha Abami Bo Mu Isi (19:17-21) ....................................... 116

IGICE CYA 20: SATANI ABOHWA ABAKIRANUTSI BIMANA NA YESU

IMYAKA IGIHUMBI 117

47. Kubohwa Kwa Satani (20:1-3) N’ubwami Bw’imyaka 1000 .......... 118

48. Bigenda Gute Iyo Umuntu Apfuye ? ................................................... 121

49. Igihano Cya Nyuma Cya Satani (Ibyah 20 :7-10) ............................. 122

50. Urubanza rw’abanyabyaha b’ibihe byose (20 :11-15) ..................... 123

IGICE CYA 21: UBUZIMA BUHORAHO ITEKA (21:1-22:5) .............. 125

51. Ijuru Rishya N’isi Nshya (21:1-8) ......................................................... 126

52. Yerusalemu Nshya (21:9-22:5) .............................................................. 127

IGICE CYA 22: EDENI NSHYA, PARADIZO YANYAZWE IGARUKA (22:1-5)

........................................................................................................ 131

53. Ubuhamya Bwa Marayika Na Yohana .................................................. 132

54. Ubwe Na Yesu Cy’ibyahishuwe (22:6-21) ........................................... 132

55. Ubuhamya Bwa Marayika (22:6-7) ....................................................... 133

56. Ubuhamya Bwa Yohana (22:8-11) ........................................................ 133

57. Ubuhamya Bwa Yesu N’uko Yohana Yabwakiye 22:12-20 ............ 134

UMUGEREKA No. 1 ...................................................................... 136

UMUGEREKA No.2 ....................................................................... 137

IBITABO BYIFASHISHIJWE .......................................................... 138

IBINDI BITABO WASOMA ............................................................. 141

IBIJYANYE N’UBWANDITSI .......................................................... 142

- 4 -


GUSHIMIRA

Turashimira Imana yatubashishije kwandika iki gitabo.

Turashima Abantu bose bagize uruhare mu itegurwa ry‘iki gitabo,

ari mu buryo bw‘amasengesho n‘inkunga y‘amafaranga.

Turashimira Abamisiyoneri bose bagize uruhare mu kwegeranya

inkuru zose zanditse muri iki gitabo, ari abo mu Rwanda no mu

bihugu duhana imbibi ndetse n‘abaturuka mu muryango

mpuzamahanga w‘Abamisiyoneri IAM (International Accerelated

Missions) ku ruhare rwabo muri uyu murimo mugari wo

kongera ibitabo bishingiye ku byanditswe Byera, iwacu mu Rwanda

no mu bihugu duhana imbibi.

Turashimira abagize itsinda VPMSP EAC (Voluntary Pentecostal

Missionaries for Scriptures Progress in East Africa) ari abo mu

Rwanda no mu mahanga kubw‘umuhati bakoresha ngo ibitabo

bitegurwe neza mu ndimi za kavukire zo muri Afrika y‘uburasirazuba.

―Ubwanditsi, V.P.M.S.P EAC

- 5 -


ABO DUTUYE IKI GITABO

VPMSP EAC yishimiye gutura iki gitabo Abakristo bose muri rusange,

cyane cyane abasomyi ba Bibiliya n‘ibindi bitabo bya Gikiristo

biyishamikiyeho.

Umufasha wanjye nkunda cyane Mushikiwabo Dinah, Abashumba bose

b‘umukumbi w‘Imana mu Rwanda, Uganda, Kenya n‘Uburundi.

Iki gitabo kandi tugituye abantu bagize uruhare, ku buryo buziguye

n‘ubutaziguye mu itegurwa ryacyo, Imana ibahe imigisha myinshi.

— Umwanditsi, CYIZA Benjam

- 6 -


IBYAHISHUWE NA KRISTO

AMAGAMBO ABANZA

Mu bihe byashize iki gitabo cyari aka ya mvugo ngo ni amayobera akomeye

y‘ukwemera, nticyasomwaga kandi nticyakundwaga ku rugero gikunzwemo ubu

ku isi. Ibi byose byaterwaga nuko ntawahangaraga gusobanura ibiri muri iki

gitabo. Si iki gusa ahubwo n‘ibindi bitabo by‘ubuhanuzi nk‘igitabo cya Danyeri,

Ezekiyeri, Zekariya byagiye bikomerera abasomyi ba Bibiliya hirya no hino ku

isi. Iki gitabo ntago ari igitabo cyoroshye kugisobanura cyane ko cyateje impaka

nyinshi mu bahanga mu byanditswe, kuri ubu hariho ibitabo n‘inyandiko zivuga

ku byahishuwe zirenga 80 ku isi, nyamara ariko hariho uburyo bune gusa

bwahurijweho n‘abahanga mu kugisobanura ku isi. Icyoduhamya nuko

umusomyi wese azagira ubumenyi bwimbitse muri iki gitabo igihe azaba amaze

kugisoma.

VPMSP EAC, Ubwanditsi

7


IBYAHISHUWE NA KRISTO

INTANGIRIRO Y‟IGITABO

Igitabo cy‘ibyahishuwe cyanditswe muri 95 N.K hafi y‘ingoma ya Domisiyane

Umwe mu barenganije cyane Abakristo cyandikiwe amatorero 7 yo mu ntara za

Aziya, Iyi mijyi yahuzwaga n‘umuhanda nyabagendwa wa Aziya hagati

y‘umujyi umwe n‘uwundi harimo hagati y‘ibirometeronka 80 cyangwa 90 Aya

mabarwa akurikirana bitewe n‘igihe yagiye azira mu bwato bwavaga I Patisimosi

bujya muri EFESO.

Umurongo ugitangira ugaragaza rwose ko umwanditsi wacyo ari Yohana,

uhereye kandi mu kinyejana cya mbere kugeza uyu munsi, abanyeshuri ba

Bibiliya bemeza ko ari Yohana intumwa. Uretse wenda Luther na Zwingili,

nyamara hariho n‘abandi bavuga ko yaba ari undi Yohana nyamara ugasanga nta

cyanditswe kibashyigikira. Bamwe mu basaza b‘itorero nka Clement wo muri

Alexandria, Eusebius, Irenaeus, na Victorinus banditse ko Yohana intumwa

yajyanywe ku kirwa cy‘I Patimo, ku ngoma ya Domisiyane. Banditse kandi ko

reta yabohoye Yohana nyuma y‘urupfu rwa Domisiyane muri 96 N.Kmaze

akagaruka muri Efeso, ibi bituma abenshi mu basobanuzi ba bibiliya bavuga ko

iki gitabo cyanditswe hafi ya 95 N.Kcyangwa 96 N.K.

Nubwo aya mabarwa ari mu mvugo ya Gihanuzi, ArikoAbakristo bamwe bari

bakuze mu by‘Umwuka, abandi ari abana, Bamwe bagiraga kwizera abandi

ntako.Ibyahishuwe bigizwe n‘uruhererekane rw‘amayerekwa 4 yoherejwe

amatorero yari mu karengane muri yo muri Aziya.Intego y‘izi nzandiko yari

ugukomeza Abakristo no kubereka Intege nke zabo, No kubamenyesha koYesu

azagaruka gushyiraho iherezo ku mateka y‘isi kandi atazatsindwa.

Kugira ngo wumve igitabo cy‘ibyahishuwe ukwiye kwita ku busobanuro

bw‘ibimenyetso, amabara, amajwi kandi ukita ku mahuzamirongo aboneka mu

masezerano yombi, ariko cyane cyane isezerano rya kera.

IBIMENYETSO

‣ Imigabane :Ukutuzura

‣ 4:Isi

‣ 5:Igihano

‣ 6:Ikibi

‣ 7:Imana,Ijuru,cyuzuye

maso y‘Imana

mu

AMABARA

‣ Umweru:Kwera,cyejejwe

‣ Icyatsi kibisi:Ubuzima

‣ Icyatsi cyerurutse:Ubupfu

‣ Zahabu:Agaciro

‣ Umutuku:Icyaha

‣ Umukara :Inzara

8


IBYAHISHUWE NA KRISTO

‣ 10,12:Kuzura

AMAJWI

Yesu avuga ijwi rirenga rimeze nk‘iry‘impanda(1:10)

Marayila wari ufite ubutumwa bwiza (19:16)

Impanda zirindwi (8:7-12)

Abahowimana(6:9-10)

Ibizima n‘Abakuru (4:8-11)

Imiborogo(18:11)

Haleluya (19:1-6)

Guhinda kw‘inkuba(10:3)

Ijwi rimeze nk‘iry‘Umwana w‘Umuntu,rivuga nk‘amazi asuma(1:5)

Umugore uri ku bise (12:1-2)

ISEZERANO RYA KERA RIRIFASHISHWA

Icyi gitabo nticyakumwikana hatifashishijwe isezerano rya kera ,mu gihe harimo

ibishushanyo bituruka mu gitabo cyoKuva,

Zaburi,Yesaya,Yeremiya,Ezekieli,Danyeri na Zekariya ,Gifite ibigereranyo mu

isezerano rya kera ryose ukuyemo ibitabo bikurikira: Yosuwa,Rusi, 1

Ngoma,Ezira, Umubwiriza, Indirimbo za Salomo,Yona,Habakuki na Hagayi.

UMWANDITSI: YOHANA

Umwigishwa Yesu yakundaga (Yoh 21:20-24)

Umwe mu bahungu ba Zebedayo,Umuvandimwe wa Yakobo

We na Yakobo,biswe abana b‘Inkuba(Mariko 3:17)

Yamanje kuba umwigishwa wa Yohana Umubatiza

Yanditse ubutumwa bwiza bwa Yohana, Inzandiko eshatu, n‘ibyahishuwe

mu myaka ye y‘ubukure.

Azwi nk‘intuma y‘Urukundo, kuko urukundo rugaruka mu nzandiko ze

cyane.

Niwe wari uhagaze imbere y‘umusaraba wa Kristo, ubwo Yesu yabwira ga

nyina ati:῝Mubyeyi dore Umwana wawe, Mwana Dore nyoko.῎

Yari ari kumwe naYesu mu busitani bw‘I Getsimani ubwo Yesu

yafatwaga.

9


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Yari kumwe naYesu ku musozi, ubwo yihinduraga ukundi.

AHO BYABEREYE: I PATIMO

Patimo ni ikirwa cy‘ubugiriki cyiri mu Nyanja y‘ Umunyu, NihoYohana yabaga

muri 95 N.K, igihe yabona amayerekwa ajyanye n‘ibyahishuwe byari ku ngoma

ya Domitiane. Icyo kirwa cyari gifite uburebure bwa Km 16 ku bugari bwa Km

9.6 cyari ikirwa cyo guhaniraho abantu mu gihe cy‘abaroma, nicyo cyari igihano

cya nyuma gikomeye, byasaga naho umuntu yakoze ibyaha by‘indengakamere

maze, Leta y‘Abaroma igahitamo kumuca mu gihugu ikamuzana muri kino kirwa

cyari mu Nyanja rwagati. Habaga imibu myinshi kandi hari ku mwaro

w‘inyamaswa nini ziba mu mazi, bibwiraga rero ko nta wajya kuri iki kirwa ngo

azagaruke amahoro. Nyamara ariko Imana niho yahisemo guhishurira Yohana

ibyari byarahishwe cyera Kuva isi yaremwa.

AMAYEREKWA 4 YO MUBYAHISHUWE

Igitabo cy‘ibyahishuwe gikubiye mu mayerekwa 4 y‘ingenzi:

1) Yesu n‘abantu be hagati yo kuza kwa mbere n‘ukwa kabiri(1:9-3:22)

2) Yesu n‘ibigaragara kuza kwe(4:1-16-16:21)

3) Yesu n‘imijyi ibiri(17:1-21:8)

4) Yesu n‘umugeni mu buzima bw‘iteka (21:9-22:5)

10


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 1:

YESU YIYEREKA YOHANA ARAMUTUMA

“Witinya ndi uwa mbere kandi ndi uw’Imperuka, kandi ndi Uhoraho. Icyakora

nari narapfuye ariko none Mporaho iteka ryose, kandi mfite imfunguzo z’urupfu

n’iz’ikuzimu, nuko wandike ibyo ubonye n’ibiriho n’ibiri bukurikireho bwa nyuma.”

(Ibyah 1:17-19)

Ishusho 1 Yesu yiyeretse Yohana ari hagati y’Ibitereko 7 by’amatabaza, ni byiza ko tuzirikana

ko Yesu agenzura kandi amenya ibikorerwa mu itorero mu bihe byose.

Y

ohana mu mu gitabo cy‘ibyahishuwe hamwe n‘amabaruwa yanditse,

yagaragazaga neza impamvu itumye yandika. Nko muri 1 Yohana (1Yoh

1:3-4) mu butumwa bwiza (Yoh 20:30-31)

Ibyahishuwe na Kristo: Niyo ntego y‘iki gitabo, ijambo ry‘icyongereza

Revelation, ritutuka mu kiratini “Levelatio” bisobanura guhishurwa, gushyirwa

ahagaragara, ni naryo “Apokalypsis” mu kigiriki, Yesu niwe wahishuye ibiri

muri iki gitabo (Mat 11:27;Yoh 1:18) Yesu yashakaga ko abagaragu be b‘imbata

11


IBYAHISHUWE NA KRISTO

bamenya ibyari bikwiye kuzabaho vuba. Hariho ibintu byinshi cyane igitabo cya

Danyeri gihuriyeho n‘icy‘Ibyahishuwe kuko byose bivuga ku minsi ya nyuma

n‘amateka y‘inyoko muntu n‘ubuhanuzi busoza ubundi, n‘amasezerano aruta

ayandi yose.

Yesu yamanje kubimenyesha Marayika we Gaburiyeri, na Danyeri ubutumwa

bwamugezeho buvuye kuri Gaburiyeri (Dan 8:16; 9:21-22; Luka 1:26-31) iyi ni

inshuro ya mbere mu byahishuwe tubonye marayika atumwa kuri Yohana mu

gihe iki gitabo kibonekamo gukora kw‘Abamarayika inshuro 67 zose. Inshuro 44

zose Yohana yakoresheje ijambo. ῝Nuko mbona῎…..(1:12-13; 4:1, 4; 5:1, 2,6, 11;

6:1, 2, 4, 5, 8, 9, 12; 7:1, 2, 9;8:2, 13; 9:1, 17; 10:1; 13:1, 3, 11;14:1, 6, 14; 15:1,

2, 5; 16:13; 17:3; 18:1; 19:11, 17, 19; 20:1, 4, 11, 12;

21:1, 2, 8). Iki gitabo gisezeranya amahirwe, umuntu wese usoma amagambo

yacyo, Hahirwa usoma amagambo y‟ubu buhanuzi, hahirwa n‟abayumva

bakitondera ibyanditswe, kuko igihe kiri bugufi. (Ibyah 1:3)

Iki gitabo cyandikiwe amatorero arindwi yo muri aziya, nyamara ariko gifite

ubusobanuro bwa gihanuzi mu mateka y‘itorero, kugeza rizamuwe. Yohana

atubwira muri make uko yabonye ibyo yanditse byose. Nyewe Yohana

musangiye amakuba n‟Ubwami no kwihanga biri muri Kristo Yesu nari ku

kirwa cy‟I Patimo, bampora ijambo ry‟Imana no guhamya kwa Yesu…..

(1:9) Yohana niwe ubwe uri kwibwira abo muri ariya matorero 7, bari basangiye

umubabaro waterwaga n‘akarengane kari gahari gaterwa no kwizera Yesu.

Nyamara ariko aravuga ko basangiye n‘ubwami, nta gushidikanya imvugo ya

Yohana iragaragaza ibyiringiro by‘ubwami bazaragwa na Kristo, bityo nubwo

butaraza akabubona nk‘uwabugabanye. (Luka 12:32; 22:29; 1 Tes 2:12; 14:22).

Nubwo hari abavuga ko Yohana yaba yaragiye I Patimo ngo ahabwe

ibyahishuwe gusa, sibyo ahubwo byari mu karengane, yakuwe muri Efeso

n‘abandi bakristo maze baberekeza ku kirwa cy‘I Patimo, babarishwa

gutunganya no gucukura amabuye muri 95 N.K. Patomo yari iri mu majyepfo

y‘uburengerazuba bwa Efeso. Yohana yarahagumye kugeza Domisiyane apfuye

muri 96 N.K, Maze Nerva yimye ingoma yemerera Yohana n‘abarenganywanaga

nawe kugaruka, niko kugaruka muri Efeso ariho yapfiriye azize izabukuru.

Ku munsi w‟umwami Imana yari mu mwuka maze yerekwa Kristo, uwari

warazamuwe abakuwemo ku musozi wa Elayono. Maze yumva ijwi rimutegeka

12


IBYAHISHUWE NA KRISTO

kwandika icyo yari agiye kubona cyose, ngo acyohereze kuri ya matorero 7 yo

muri Aziya nto. Dore uko ayo matorero yari akurikiranye.

Igitabo cyose byagombaga kohererezwa aya matorero, ntago ari aya mabaruwa

yayitiriwe gusa, yo mu gice cya 2 n‘icya 3. Ariko se ni ukubera iki Imana

yahisemo ariya matorero gusa ngo abe ariyo yohererezwa ariya mabaruwa? Ese

nuko yari makuru mu by‘umwuka, Woya ahubwo Imana niyo izi impamvu aya

matorero ariyo yandikiwe. Ariko na none iyo urwandiko rwasomwaga mu itorero

rimwe barwoherezaga n‘ahandi, kandi ikindi kuko aya matorero ariyo, yari hafi

y‘iki kirwa cya Patimo.

13


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 2:

AMATORERO 7 YO MURI AZIYA

Urwandiko Rwandikiwe Itorero Ryo Muri Efeso

“Ariko mfite icyo nkugaya nuko waretse urukundo rwawe rwa mbere, Nuko

ibuka aho wavuye ukagwa wihane.” (Ibyah 2:4)

Ishusho 2 Ibisigazwa by’Amatongo y’itorero rya Efeso aracyariho na magingo aya. Muri

Turukiya

Efeso: “icy’igikundiro”

E

feso ni umujyi wo mu bugiriki bwa cyera, wari mu burengerazuba bwa

aziya ntoya, ubu aho wahoze ni muri TURUKIYA, ubu niho hari

urusengero rw‘ikigirwamaga cyitwa Diyana. Ni ahantu h‘ingenzi mu

bukiristo bwa Cyera, Pawulo intumwa yarahabwirije na Yohana bivugwa ko

yahabaye. Itorero ryo muri Efeso ryashinzwe na Pawulo mu rugendo rwe rwa

gatatu rw‘ivugabutumwa. Itorero ryo muri Efeso kandi Pawulo yaryandikiye

14


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ibaruwa, ndetse Timoteyo yahabereye umuyobozi, ubwo rero twavuga ko

inyandiko zivuga cyane kuri Efeso muri bibiliya ari:

1. Ibyakozwe n‘intumwa

2. Abefeso

3. 1 timoteyo, 2 Timoteyo

4. Urwandiko rwandikiwe marayika w‘itorero rya Efeso.

Tubona kandi ko Pawulo yabwirije muri Efeso (Ibyak 19:8-20) kugirango

twumve neza uru rwndiko reka turebere hamwe ubusobanuro bw‘amagambo

yakoreshejwe:

Abiyita Intumwa kandi ataribo : Intumwa z‘ibinyoma zagiye zirwanya

umurimo wa Pawulo impande zose, kandi bari bariho rwose mu gihe cye,

ndetse yavugaga ko zizakomeza no kubaho, nyamara muribo hariho Aba

bavaga mu idini y‘Abanikorayiti, yakomotse ku mugabo witwaga

Nikorawo umwe mu badiyakoni barindwi ba mbere (Ibyak 6:5) Izi ntumwa

zagerageje kubwiriza muri Efeso n‘ i Perugamo (6:15)

Baretse urukundo rwa mbere: Urukundo abizera bakundaga Kristo

bakimumenya n‘urukundo bakundaga bagenzi babo.

Imiti 3 kristo yahaye itorero

1. Kwibuka urukundo rwabo rwa mbere

2. Kwihana kureka urukundo rwa mbere

3. Gukora imirimo nk‘iya mbere

Ibihano niridakurikiza impuguro

Nzakura igitekerezo cy‟itabaza mu mwanya wacyo: bivuga ko itorero ridafite

urukundo, Ntacyo rimaze ndetse riba ryarapfuye mu maso ya Kristo. Rishobora

kuba rikora mu buryo busanzwe Imirimo yose igaragarira amaso y‘abantu,

nyamara ariko mu maso ya Kristo uzi ibihishwe byose, akabona ko ritakiriho.

Magingo aya Efeso itarakurikije impuguro za Kristo yarashenywe, nta torero

rihari nta n‘umugi.

Ibice bitatu biyigize:

Interuro isoza buri rwandiko

15


IBYAHISHUWE NA KRISTO

1. UNESHA: kunesha bigaragaza yuko Itorero riri mu ntambara, Yobu

nawe yavuze ko umuntu akiri mu isi, aba afashe igihe mu ntambara,

nyamara ariko Intumwa Yohana yaranditse ati:῝Kuko icyabyawe

n‟Imana cyose kinesha iby‟isi, kandi uku niko kunesha kwanesheje

iby‟isi, Ni ukwizera kwacu Ninde unesha iby‟isi keretse uwizera ko

Yesu kristo ari Umwana w‟Imana? (1Yohana 5:4-5)῎ Mu buzima

busanzwe abarushanwa bose, bongerwamo imbaraga no guterwa

ubwuzu n‘ibihembo bazabona, nicyo cyatumye Yesu asezeranya

ibihembo ku bazanesha bo mu itorero ryo muri Efeso n‘andi matorero

yo muri Aziya nto.

2. UFITE UGUTWI: Ni umuntu wumva ubutumwa nkuko buri maze

akabwumvira, aha Yesu yarimo abatandukanya n‘abumva amagambo

bakayasiga aho, abo yagereranije n‘umupfapfa wubatse inzu ye ku

musenyi. mbese ntibabihe agaciro, ka twibuke uko Imana yabwiye

Yesaya ku munsi Imana yamwerezaga kumutuma, yaramubwiye iti:

Genda ubwire ubu bwoko uti kumva muzajye mwumva riko mwe

kubimenya, kureba muzajye mureba ariko mwe kubyitegereza (Yes

6:9) aya magambo niyo Intumwa Pawulo yongeye kuvugaho ubwo

abayuda b‘I Roma bangaga kwakira ubutumwa bwiza. (Ibyak 28:26)

3. ICYO UMWUKA ABWIRA AMATORERO: Icyo Yesu avuga ku

matorero, Umwuka na none mu byanditswe witwa, Umwuka wa Kristo.

Itorero ryari mu gihe Imana ikoresha umwuka wayo ngo imenyekanishe

ubushake bwayo, bityo abari maso nibo bazajya bamenya ubwiru

bw‘Imana.

Azarya ku giti cy‘ubugingo kiri muri Paladiso y‘Imana: (Kubana iteka ubugingo

buhoraho n‘Imana) Paladizo ni ijambo ry‘Igiperesi risobanura ubusitani

(Garden).

16


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟isimuruna

Ariko ujye ukiranuka ugeze ku gupfa nanjye nzaguha ikamba

ry’ubugingo (Ibyah 2:10)

Ishusho 3 Amatongo y’ahahoze itorero rya Simuruna ya Kera.

Simuruna: “Umubavu”

S

imuruna wari umujyi wari mu burengerazuba bwa Aziya nto, ubu ikaba

yitwa IZMIR, muri TURUKIYA, uri ku mpera y‘inyanja ya Aegean yari

ituwe n‘abaturage 2.606.300 (mu ibarura ryakozwe muri 2007)

1. I SIMURUNA niho handikiwe ibaruwa ntoya, kandi nta mugayo

warimo, gusa kobabwiwe ko bari bagiye kugeragezwa iminsi 10.

2. Abiyita abayuda ariko ataribo ahubwo ari ab‟isinagogi ya Satani:

Abayuda b‘I SIMURUNA, batotezaga Abakristo, bakabateranya na

Leta, bamwe bagasubira inyuma. Ariko kandi akarengane k‘abakristo

ntitwakavuga ku ngoma ya Nero na Domisiyane gusa. Kuko uhereye ku

kurenganya Umwami Yesu Abayuda ntibahwemye, kurenganya

ab‘inzira ya Yesu. Bateye Intumwa Pawulo amabuye I Lusitira,

bamukubise inkoni 39 ibihe bitanu, ibihe bitatu bamukubita inga kandi

barenganyije n‘abandi bizera bose. Iyi niyo mpamvu yatumye Yesu

abita ab‘isinagogi ya Satani aho kuba isinagogi y‘Imana, Isinagogi yari

inzu yakiraga umubare muto w‘abayuda bakiga ibyanditswe,

17


IBYAHISHUWE NA KRISTO

amasinagogi yatangiye gukoreshwa ubwo Abisiraheri bari barajyanywe

mu bunyage. Abayuda ubwo barenganyaga abakristo bumvaga bafite

ishyaka ry‘Imana nyamara ariko barimo barwanya ubushake bwayo

bakoresheje imbaraga zabo.

3. Mugihe cya none abiyita abayuda ariko ataribo: ni abantu bose

biyitirira Kristo ariko Imirimo yabo n‘imbuto bera zikabihakana, baba

bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako (2 Tim 3:5)

Mu matorero arindwi SIMURUNA na FILADERIFIYA niyo

atarabonetsemo umugayo.

Unesha ntacyo azatwarwa n‟urupfu rwa kabiri: umuntu wabyawe

n‟umugore wese azasogongera ku rupfu rwa mbere arirwo rupfu rw‘umubiri

keretse Eliya na Enoki bazamuwe badapfuye, Urupfu rwa kabiri ni urupfu

rw‘Umwuka, Gutandukanywa n‘Imana iteka ryose.

Ijambo ry‘ingenzi cyane muri iyi Baruwa riboneka mu (Ibyah 2:10) ahanditswe

ngo ujye ukiranuka ugeze ku gupfa.

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟ I Perugamo

Nzi aho uba ko ariho intebe y’ubwami bwa Satani iri, nyamara ugakomeza

izina ryanjye ntiwihakane kunyizera, ndetse no mu minsi ya Antipa Umugabo

wakiranukiraga kumpamya wiciwe iwanyu aho Satani aba. (Ibyah 2:13)

Ishusho 4 ibisigazwa by’amatongo y’ Itorero ry’I Perugamo, Aho intebe ya Satani yari iri.

18


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Perugamo: “Gushyingirwa, igihujwe n’ishyingirwa”

P

erugamo Ni umugi wa Aziya nto, uri mu majyaruguru ya SIMURUNA

(Izmir) wabaye umurwa mukuru wa Aziya nto mu kinyejana cya 2 nicya 3

Mbere ya Yesu wari ugizwe n‘ibigo by‘umuco, n‘isomero ryari irya kabiri

kuryo muri Alexandaria.

1. Ufite inkota ityaye ifite ubugi impande zombi (2:12): Imbaraga zo

gucira imanza no gutsinda abanzi be 19:15) mu byanditswe byera inkota

yasobanuwe nk‘ijambo ry‘Imana.

2. Intebe ya Satani (Simuruna yari Iy‘Abayuda naho Perugamo hari ah‘

Abapagani)

3. Umugabo wakiranukiraga ku kumpamya wiciwe iwanyu witwaga

Antipa: Umugabo witwa Aletas yavuze ko Antipa yari umukuru w‘itorero

ry‘I Perugamo warenganijwe, Ikindi gitabo kibona Antipa nk‘izina

ry‘Inyunge rivuga Anti=Urwanya Pa =Pope bityo bakaba bavuga ko ari

akarengane kagiriwe abarwanyaga inyigisho z‘I Roma. Nyamara ibi si

ukuri kuko yaba igihe Yohana yaherewe ubu butumwa ndetse kugeza

n‘igihe igitabo nyirizina cyandikiwe, ntihari hakabayeho ubupapa. Aho

ubupapa buziye abasobanuzi bahuza ibyahishuwe n‘amateka bahisemo

kubisobanura nk‘urwanya ubupapa n‘inyigisho zabwo. Urwanyapapa wese

yiswe Antipa bityo Antipa byafashwe nk‘istinda ry‘abantu barwanya

inyigisho z‘ubupapa.

4. Abakomeza inyigisho za Balamu: (Kubara 25) Zigereranywa n‘inyigisho

z‘Abanikorayiti.

Ibyarangaga inyigisho za Balamu n’Abanikorayiti.

Ubusambanyi

Kurya intonoraro(kurya ibyatekerejwe)

Bigishaga ko yesu yaje gukuraho amategeko

Izi nyigisho zavuye mu myizerere ya gipagani yavugaga ko

gusambana ari umuco wo kunezerwa mu buzima.

Inama Perugamo igirwa.

• Kwihana: Mu bihe byose inama y‘ingenzi ku munyabyaha ni

ukwihana, ukazibukira inzira z‘ibibi.

19


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Igihano izahanwa nitihana

Kubatikura inkota yo mu kanwa ke: Bivuga ko iyi nkota izagera ku bakurikiza

inyigisho za balamu n‘abarikorayi nk‘uko marayika yatangiye Balamu yitwaje

inkota nta kabuza ubwo yajyaga kuvuma Abisiraheri, nta kabuza n‘abakurikiza

inyigisho ze bagombaga guhanishwa inkota. (Kub 22:31; Ibyah 19:15)

Ingororano niryihana

Unesha nzamuha kuri Manu yahishwe muhe n‟ibuye ryera: Manu n‘ibuye ni

Ibimenyetso by‘Ubugingo buhoraho, Manu ku bisiraheri, Ibuye ku

banyamahanga. Kera Mose yategetswe n‘Uwiteka kubika urwabya rwa Manu mu

isanduku y‘isezerano ngo ibe ibihamya, bityo Abayuda bizera ko ubwo Yesu

azagaruka azatubura iyo Manu yarinzwe kwangirika akayisangira n‘abantu be.

Itegeko Uwiteka yategetse ni iri ngo …Urugero rwa Omeru rwa Manu

rubikirwe ab‟ibihe byanyu bizaza…. (Kuva 16:32-35; 35:2; Ibyah 19:9) Iyi

manu kandi ikazakoreshwa mu bukwe bw‘Umwana w‘Intama, Manu bivuga

UBUGINGO.

Unesha nzamuha ibuye ryera ryanditsweho izina rishya: Mu isi ya kera ya

gipagani, ibuye ryera ryari ikimenyetso cy‘ubutumire mu birori, mu makwe no

mu Manama. Kwandikwaho izina ritazwi n‟uwariwe wese keretse urihabwa:

Tuvuge ko iryo zina ari Kristo, bityo bivuga ko kujya mu ijuru ari iby‘abizera

Kristo gusa, nyamara kandi turamutse tugerageje gushakashaka iryo zina.

Ntibyatworohera rwose, kuko rizamenyekana mu gihe cyo guhishurwa

kw‘abanesheje.

20


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟i Tuwatira

“Nzi imirimo yawe n’urukundo rwawe no kwizera kwawe, no kugabura kwawe

no kwihangana kwawe, n’uburyo imirimo yawe ya nyuma iruta iya mbere kuba

myinshi.” (Ibyah 3:19)

Ishusho 5 Aho itorero ry’I Tuwatira ryahoze ubu hari amatongo.

Tuwatira: “Impumuro Nziza Y’igitambo”

T

uwatira iherereye mu km 160 mu burasirazuba bw‘amajyepfo ya

Perugamo wari umugi ukize mu gace ka Lidiya mu, gihe cy‘ingoma

y‘Abaroma uherereye mu gishanga hafi y‘umugezi wa Lukusi (Lycus)

wari umugi urimo inganda z‘imyenda, amabanki n‘ibindi bikorwa by‘iterambere.

Urwandiko kwandikiwe Tuwatira ni urwandiko rurerure muri 7 kandi

rwandikiwe umugi muto cyane:

Umwana w‟Imana: iri jambo riboneka inshuro imwe mu byahishuwe, mu

gihe riboneka inshuro 7 mu rwandiko rwa mbere rwa Yohana, n‘inshuro 8

mu butumwa bwiza bwanditswe na Yohana, rikaboneka kandi inshuro 32

mu isezerano rishya.

Amaso ameze nk‟ibirimi by‟Umuriro: bivuga ko Kristo areba kandi

akamenya byose, nkuko yarondoye ibyaha byabo n‘ingaruka zabyo.

21


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ibirenge bimeze nk‟umuringa w‟Umuteke: Ibirenge bivuga gushobora

byose Kwa Kristo.

Ibyo Itorero Rishimwa:

Yesu kristo amenyera kure imigambi n‘imyitwarire yose hagati mu matorero yo

mu isi. Nicyo gituma dukwiye gukora umurimo w‘Imana tuzi neza ko Imana

iduhozaho ijisho igihe cyose haba hari ibyo Imana yatumenyesha tubaye maso,

ibyo idushimira cyangwa ibyo tugawa. Mu itorero ry‘ I Tuwatira Yesu

yabashimiye Imirimo, urukundo, Kwizera, Kugabura, Kwihangana, Imirimo

yabo ya nyuma yarutaga iya mbere. Tekereza Imana ije kugenzura amatorero

ya gikiristo yo muri iyi minsi, mbese aho agwije imirimo yatuma Kristo

ayashima, itorero ry‘I Tuwatira, ryagendaga ryongera imirimo, ryashimwe ko

Imirimo yabo ya nyuma yarutaga iya mbere. Ryari rigifite urukundo, Efeso

yabwiwe ko mu gihe itorero ryari kuba ritakaje urukundo, igitereko cy‘Itabaza

cyaryo cyagombaga gukurwaho. Mu gihe cya none kirangwa n‘ubwiyongere

bw‘amadini ya gikiristo, biragoye kubona rwa rukundo rwa kivandimwe

rugaragara mu bikorwa by‘intumwa, amadini agwiza urwango n‘amakimbirane

ahanini aterwa n‘ukudahuza kuboneka mu myizerere yayo. Nubwo bimeze bityo

ubugenzuzi bwa Kristo bwo ntibuhwema. Agenzura byose kugirango ubwo

azagaruka azahembe umuntu wese ibikwiranye n‘ibyo yakoze. (Ibyah 22:12)

Kwizera Mbese abizera baracyafite kwizera kunesha ibigeragezo, gukuraho

imisozi kugasenya ibihome? Uko ibyaha byo mu minsi ya nyuma byiyongeranya,

niko abizera barushaho gusayisha, kugendana n‘isi no kunywana nayo byatumye

benshi batakaza kwa kwizera bari bafite igihe bakizwaga. Yesu yibazaga niba

azagaruka kwizera kukiri mu isi, nyamara ariko haracyariho abantu Imana

bomatanye n‘Imana akaramata buzuye ukwizera n‘urukundo kandi biyemeje ko

bazarwana intambara nziza kandi bagakiranuka kugera ku gupfa. Kugabura

uhereye mu gihe cy‘intumwa ab‘itorero basangiraga ibyabo, uyu muco wari

warakomeje kandi n‘I Tuwatira wari uhari, iyo abizera barangwa no gusangira

urukundo ruriyongera, kandi iyo ubwo busabane bwongeweho gusenga, buzura

kwizera, kandi mu bihe by‘akaga bakabasha no kwihangana. Yesu ashimira

itorero kwihangana. Iki ni ikintu cy‘ingenzi mu buzima bw‘umukristo, ndetse

abihangana bagenewe ikamba ry‘ubugingo, uku ni ukwihangana gushingiye ku

byizerwa, kwemera ibyoroheje byo mu byanditswe aho gufata ibikomeye

by‘icyubahiro isi itanga, byashobora kukunyagisha ibihebuje kuruta ibindi

bizabonekana no guhishurwa kwa Kristo umwami n‘umukiza.

22


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Iby’itorero Ryagawaga

Kwemerera Yezeberi umuhanuzikazi w‘ibinyoma kwigisha intama za Kristo.

Mbere yuko tureba uko Yezeberi yongera kugaruka nk‘ikigereranyo

cy‘ubuhanuzi mu gitabo cy‘Ibyahishuwe reka tumanze turebe, Yezeberi uwo ari

we, n‘imirimo yakoze mu gihe cy‘ingoma y‘umwami w‘Abisiraheri Ahabu.

Yezeberi yari muntu ki?

Yezeberi yari Umukobwa wa Etibali umwami w‟abasidoni, niwe wazanye

gusenga Baali, na Ashera muri Isiraheri. Yashakanye na Ahabu umwami

w‟Abisiraheri I Samaliya (1 Abami 16:3-32) Yezeberi yishe abahanuzi

b‟Uwiteka mu gihe cya Eliya. Kandi kubera umutima we wari waratwawe

no Gusenga ibigirwamana ndetse akajya inama mbi na Ahabu maze

akicisha Naboti. Byaje gutuma apfa ahanuwe ku idirishya, maze amaraso

yimisha ku nzu no ku mafarashi hasi I Yezereri, maze imbwa zimurira aho

n‟amaraso ye zirayarigata nta wamuhambye kuko basanze hasigaye

igihanaga cye n‟ibiganza n‟ibirenge (2 Abami 9:30-37)

Iteraniro rya Baali ryari ikizira birenze urugero kuko nyuma yo kurya

ibyaterekerejwe, no kubyinira Baali igihe kirekire kugeza igihe

batagangariye. Hakiyongeraho no kumwambaza bamushimira ko ari Imana

y‟Ikirere, itanga imvura n‟izuba….n‟ibindi byinshi, iteraniro ryasozwaga no

Gusambana kw‟abaje bose, ngiyo impamvu ubwo Yehoramu umuhungu wa

Yezeberi yabazaga Yehu ko agenzwa n‟amahoro, yamushubije ati: “Mahoro

ki ubusambanyi n‟uburozi bwa Nyoko Yezeberi bukiri aho?”(2 Abami

9:22).

Mu gitabo cy‟ibyahishuwe rero Kristo yagereranije inyigisho z‟ibinyoma

zihenebereza abizera, nk‟ iz‟ Umuhanuzikazi Yezeberi yigishije Ab‟I

Samariya, azigereranya kandi n‟inyigisho za Nikorawo umwe mu

badiyakoni barindwi ba mbere b‟itorero ry‟I Yerusalemu, umunyantiyokiya

wahisemo gukomeza idini y‟Abayuda ariko kugirango agire abayoboke

ayivanga n‟iya Gikiristo, yamara inyigisho ze zazaniraga abantu

kudamarara.

Mu itorero ry‘I Tuwatira Yezeberi ni imvugo ya gihanuzi yerekezaga ku bigisha

b‘ibinyoma bigishaga inyigisho Yesu yise ubwiru bwa Satani. Dore inyigisho

Yesu yahamije ko zigishwaga I Tuwatira:

23


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Yiyitaga umuhanuzikazi, Avuga ko avuga iby‟Imana: abigisha bose

bahamya ko bavugira Imana, kandi ko ubutumwa babwiriza ari ubw‘ukuri,

kabone naho bwaba ari ubundi butumwa. Nyamara nibatavuga ibijyanye

n‘iryo jambo nta museke uzabatambikira.

Yigize umwigisha w‟abizera b‟ I Tuwatira: Aba bigisha bakwizaga izi

nyigisho mu bizera, bakazamamaza hose.

Yigishaga Gusambana: bigishaga ko gusambana Atari icyaha, kuko

bahamyaga ko Yesu yabagize abantu b‘umwuka. Bityo imibiri yabo ikaba

ntsa cyaha ibarwaho kuko yapfuye.

Kurya intonorano yigishaga ko Kristo Ataje yambaye umubiri, bityo ko

atihinduye umuntu. Iyi nyigisho Yohana intumwa yavuze ko ifitanye isano

nta Antikristo, bacengeraga mu bakristo bakigisha izi nyigisho.

Bigishaga ko Yesu Atari Umwana w‘Imana

Bigishaga ko Ubwo gukizwa bivuga kubohorwa kuby‘isi n‘umubiri, Ntaho

bihuriye nicyo umuntu yakoresha umubiri n‘uburyo yitwara.

Bigishaga ko Ubwo Yesu yazaga yamazeho ibyaha byose, ubwo rero

bakemeza ko nta cyaha bagira.

Bigishaga ko bahishuriwe uko kuri k‘ubwiru bw‘Imana gutyo.

N.B: Izi nyigisho bazitaga ubwiru, bashaka kuvuga ko Atari bose

bazisobanukiwe, ko ahubwo ari ihishurirwa rishya, nyamara Kristo we yazise

ubwiru bwa Satani. Muri iki gihe izi nyigisho zirigishwa hirya no hino mu

matorero, ni inyigisho zikundisha abantu ibyaha aho gukunda Imana, zishora

abantu mu bibahenebereza bikazabarimbuza. Abantu baba batagitinya ibyaha

namba, bakanezezwa n‘ubupagani bo ubwabo bise ubwiru bw‘agakiza.

Ibihano Bya Tuwatira

Abasambane be bazahembwa ibikwiranye nibyo bakoze: Ijambo

abasambane rirerekana abakurikira n‘abiyunze n‘izo nyigisho, bagombaga

guhabwa ibihano bikwiriye ibibi byabo.

Abana be, bigishijwe na Yezeberi bazicwa: kwakira izi nyigisho

byayoboraga ku rupfu kuko ibihembo by‘ibyaha ari urupfu.

Nzitura umuntu wese ibikwiranye n‟ibyo yakoze: Ku muntu wese muri

rusange Yesu asezeranya ubutabera, azahemba kandi ahane umuntu wese

ibikwiranye n‘ibyo yakoze.

24


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ibihembo By’ab’ i Tuwatira

1. Yesu yashimiye abasigaye b‟ I Tuwatira abasaba gukomeza ibyo bafite

kugeza igihe azazira. Nubwo habaho ubuhenebere bumeze bute, Imana iba

igifite abasigaye batandujwe nabwo, bene abo Yesu yabasabye gukomeza

ukuri kw‘ubutumwa bwiza babwirijwe, kugeza igihe azazira.

2. Unesha azahabwa ubutware bwo gutwara amahanga yose: Mu gihe

cy‘ubwami bw‘imyaka igihumbi, Yesu azimana n‘abanesheje isi na Satani.

3. Inkoni y‟icyuma: Ubutware ntasubirwaho bwa Kristo n‘abanesheje.

4. Inyenyeri yo mu rutururu: Iboneka ijoro rigeze ku musozo, kare mu

museke. Balamu yahanuye ko Yesu ari inyenyeri yaka yo mu rubyaro rwa

Yakobo. abahinduriye benshi kuba abakiranutsi, bazaka nk‘inyenyeri yo

mu ruturuturu iteka ryose (Dan 12:3)

5. Iyo nyenyeri ni Kristo uzakuraho Ijoro ry‘Ibyaha akima ingoma y‘amahoro

mu bwami bw‘Imyaka 1000.

Efeso mu gihe cya Yohana

Efeso :Mu gihe Yohana yandikaga ibyahishuwe Efeso wari umugi uturiye

inyanja hari icyambu kihamaze Imyaka irenga 1000 hayoborwaga n‘Abamedi

n‘Abagiriki mbere y‘uko hayoborwa n‘Abaroma muri 133 M.K mu kinyejana

cya mbere cya Efeso yari Umujyi yari ituwe n‘abaturage 300000. Pawulo

yabwirije muri Efeso mu ngendo ze z‘Ivugabutumwa, by‘umwihariko mu

rugendo rwa 3 (Ibyak 19) ubutumwa bwageze ku ntego nubwo hari

ikigirwamana cyitwaga ARUTEMI (Diana) uhereye muri Efeso ubutumwa

bwageze mu ntara ya Roma yose, Pawulo yandikiye amatorero na Efeso kandi

yoherejeyo Timoteyo nk‘umushumba (1 Tim 1:3)

Igiti cy’ubugingo (u.7)

Interuro igiti cy‘ubugingo iboneka inshuro 11 muri Bibiliya ariko mu bitabo

bitatu gusa (Itang 2:9,3:22,24,imig 3:18 11:30 13:12 15:4) no mu byah

2:7,22:2,14,19) mu migani iyi nteruro isobanura “Isoko y‟umugisha w‟Imana”

mu itangiriro ―Igiti cy‘ubugingo‖ cyari mu ngobyi ya Edeni. Na none kikaba

kizaba muri Paladizo y‘Imana ubwo Imana izahindura byose bishya (Ibyah 2:7)

aho abizera bazishimira kurya ku mbuto z‘igiti cy‘ubugingo iteka ryose.

Balamu:

25


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Aboneka inshuro 60 muri Bibiliya agaragara nk‘umuntu wavanze ibintu, ibyaha

n‘ibyiza ntiyari umwisiraheri bishoboka ko yari Umwamoni Mwene Bewori w‘I

Petori hafi y‘uruzi rwa Ufurate yabayeho mu gihe Abisiraheli bari mu minsi ya

nyuma yo kuba mu butayu. Yabaye umuhanuzi wahanuye imigisha ku ngufu

akanahanura ibya Isiraheri mu gihe kizaza (Kuba 22:24) Balamu yashyize

Ibisitaza imbere y‘Abisiraheri ngo basambane kandi barye intonorano basenge

Baali.

26


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 3:

INZANDIKO ZANDIKIWE I SARUDI,

FILADELIFIYA NA LAWODEKIYA

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟i Sarudi

Nzi imirimo yawe nuko ufite izina ry’uko uriho ariko ukaba uri intumbi

…….icyakora ufite amazina macye y’ab’I Sarudi batanduje imyenda yabo

nibo bazagendana nanjye bambaye imyenda yera kuko babibereye.

(Ibyah 3:1, 4)

S

Ishusho 6 Ibisigazwa bya Sarudi ya Kera muri Turukiya biracyahari, Yesu yavuze ko bari bafite

izina ry’uko bariho ariko ari intumbi.

arudi Ni umujyi wahoze muri Aziya nto mu burengezazuba bwa Turukiya

y‘ubu, mu majyaruguru ya Izmil ariyo Simuruna ya cyera, ubu ikaba yari

Kapital ya Lidia Kera mu gihe uru rwandiko rwandikwaga.

1. Inyenyeri ndwi Mu iyerekwa ribanza Yohana yabonye Yesu afite

inyenyeri zirindwi : zagereranywaga n‘abakuru b‘ayo matorero arindwi

(1: 20) bityo twahita tubonamo ubu busobanuro bukurikira

Inyenyeri 7= Abamarayila 7= Ni Abakuru b‘amatorero

Imyuka irindwi (hari ibitabo bivuga koyaba ari ivugwa muri Yesaya

(Yes 11:2)

27


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Umwuka w‘ubwenge

Umwuka w‘ubuhanga

Umwuka wo kujya inama

Umwuka w‘imbaraga

Umwuka wo kumenya Uwiteka

Umwuka wo kubaha Uwiteka

Umwuka w‘Uwiteka

Mugihe abandi basobanuye ko iyo myuka 7 ari

- Umwuka w‘ubuntu (Heb 10:29)

- Umwuka w‘Ubugingo (Abar 8:2,9)

- Umwuka uduhindura abana b‘Imana (Abar 8:15)

- Umwuka wo kwezwa (Rom 1:4)

- Umwuka wo kwinginga (Rom 8:26

- Uwuka w‘ukuri (Yoh 16:13)

- Umwuka uduhamiriza ko turi abana b‘Imana (Rom 8:16)

Itorero ry‘I Sarudi ntacyo Yesu yarishimye ndetse n‘iry‘I LAWODIKIYA

Ryibwiraga ko rigihagaze neza mu buryo bw‘Umwuka ariko Yesu we abona ko

ryamaze gupfa.

Inama itorero rigirwa

‣ Kwibuka aho ryavuye rikagwa

‣ Kubyuka

‣ Kubaha

‣ Kwihana

‣ Kwiyongeramo imbaraga

Ibihano Sarudi izahabwa n’idakurikiza inama

Gutungurwa (nzaza nk‘umujura, Kuza kwa Kristo )ibi ariko byasobanurwa nko

gusurwa n‘Imana mu buryo bwo guhana kuko Nyuma Sarudi yatewe n‘imitwe ya

Gisikare abantu baho baricwa.

Ibyo itorero rishimwa

Ryari rifite abantu bacye batanduje imyenda yabo

Ibyo itorero rizahembwa

- Kwambikwa Imyenda yera.

-Izina rye ntirizahanagurwa na hato mu gitabo cy‘ubugingo

28


IBYAHISHUWE NA KRISTO

-Kwaturira izina rye ku mbere ya Data n‘iry‘abamarayika be.

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟i Filaderifiya

“Nzi imirimo yawe. Dore nshyize imbere yawe urugi rukinguye kandi ntawe

ubasha kurukinga, kuko ufite imbaraga nke, nyamara ukitondera ijambo ryanjye

ntiwihakane izina ryanjye” (Ibyah 3:8)

Ishusho 7 Ibisigazwa by’amatongo ya Filadelifiya hafi y’umugezi wa Darawa, biracyariho

n’ubu. Iri torero na Simuruna nta mugayo wayabonetseho.

Filaderifiya: “Umujyi w’urukundo rwa kivandimwe”

F

iladelifiya ni umujyi uri Perisilaviya hafi y‘umugezi wa Darawa(Dalaware)

ibarura ryakozwe muri 2008 ryagaragaje ko wari utuwe n‘abaturage

1447395 ni km 80 zo ku butaka uvuye I Sarudi, kubera iyo mpamvu

Filadelifiya yabaye umugi w‘ubucuruzi, ariko kandi n‘umujyi ubamo imitingito

cyane, nko mu 17 N.K, habaye umutingito watumye abaturage bava I Filadelifiya

bajya ahantu hizewe, habaye undi mutingito muri 1969, nyuma yubakwa

n‘ubufasha bwa Ampire yitwa ―Neo-caesaria‖ mbere gato yo kwandikwa

kw‘ibyahishuwe witwaga ―Flavia‖

Ufite urufunguzo rwa Dawidi (Yes 22:22) bivuga koYesu Kristo ariwe gusa

ufite urufunguzo rw‘ubwami bw‘ijuru kuko ariwe wera kandi w‘Ukuri. Mwibuke

isezerano ryamuvuzweho ko ubutware buzaba ku bitugu bye ndetse ko azaragiza

amahanga inkoni y‘icyuma. Abisirayeli babasha kumva icyokugira imfunguzo za

29


IBYAHISHUWE NA KRISTO

dawidi bivuga, kuko bari bazi neza ko Ubwami bwagombaga guhererekana mu

rubyaro rwa Dawidi, bukagera kuri Mesiya, ariwe Kristo.

Ibyo itorero rishimwa

- Ufite imbaraga nke ariko ukitondera ijambo ryanjye: iri torero ryari rifite

imbaraga nke zo kurwanya ikibi(imbaraga z‘ikibi)

- Abiyita abayuda ataribo: mu mujyi wa Filaderifiya harimo abayuda

bahamyaga ko aria bantu b‘Imana bashingiye ku mico amategeko ya Mose.

Nyamara Yesu avuga ko ataribo ahubwo abita ab‘Isinagogi ya Satani

nk‘ab‘I Simuruna, kuko barwanyaga kwamamara k‘ubuumwa bwiza.

- Urugi rukinguye : Pawulo yakoresheje iri jambo ashaka kuvuga irembo

ry‘ubutumwa bwiza (1 Kor 16:9) Abandi babona ko ari urugi rw‘ijuru,

basezeranijwe ko bagombaga kugororerwa kandi ko nta wabashaga

kubiburizamo (Ibyah 4:11)

- Abayuda bari barirukanye Abakristo mu masinagogi, nyamara Yesu

yavugaga ko ntacyababuza kujya mu ijuru ubwo yavugaga ko abashyize

imbere irembo rifunguye.

- Bazikubita imbere y‘Abakristo ibi bivuga neza ko amavi yose azapfukama

(Abef 2:10-11)

- Igihe cyo kugerageza bigiye kuza mu bihugu byose kugerageza abari mu isi

(Ab‘isi): Urebye ab‘ i Filadelifiya bo mu Kinyejana cya mbere bakijijwe

ibyago byabaye, ibi kandi bishobora kuvuga ko aho waba uri hose ku isi

Imana yakurinda Ibyago bije mu gihe cyawe. Ndetse nta kabuza

twabigereranya n‘igihe cy‘igeragezwa kinyura mu buzima bw‘abakristo.

Mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Abasobanura babona kandi ibitekerezo bibiri:

- 1. Kuzamurwa kw‘itorero mbere y‘umubabaro (Pre-tribulation rapture)

- 2. Kuzamurwa hagati mu gihe cy‘umubabaro (Midi-Tribulation Rpture)

- 2. Kurindwa kw‘itorero mu mubabaro rigatwarwa ryawuciyemo (Posttribulation

rapture) Yesu yarasenze ati : « Sinshaka ko ubakura mu isi

ahubwo ubarinde » (Yoh 17:15) Urundi rugero ni ukurindwa

kw‘Abisiraheli mu byago byabereye muri Egiputa ariko badakuwemo,

ahubwo bakavayo nyuma y‘ icyago cya nyuma. Muby‘ukuri muri ubu

buryo uko ari butatu ubusobanura neza kuzamurwa kw‘itorero ni ubwa

mbere buvuga ko itorero ritazanyura mu mubabaro ukabije. Ibi tubihamya

30


IBYAHISHUWE NA KRISTO

kuko nta jambo abakristo rigaragara mu gitabo cy‘ibyahishuwe, nyumwa

y‘amatorero 7 yo muri Aziya. Ibizaba muri icyo gihe byanditse mu

byahishuwe kandi nta nahamwe hagaragara ijambo, abakristo, cyangwa

itorero mu bice bivuga ku bizaba mu gihe cy‘umubabaro. Ubwo iyo ni

gihamya yuko itorero rizaba ryarazamuwe. (Soma ibijyanye n‘ibihe bya

nyuma mu gitabo Omega ku ngingo ivuga ku mubabaro ukabije.)

Iby’itorero rigawa

- Iri torero ntago ryagawe

Inama

- Komeza icyo ufite hatagira ugutwara ikamba ryawe: gukomeza ikamba

bisa naho bikomeye ku itorero rifite intege nke, bityo bakaba babura

ingororano zabo nyuma yo kugwa mu byaha nkuko amwe mu yandi

matorero byayagendekeye, IKAMBA Ni ikimenyetso cyakoreshwaga

nk‘igihembo ku muntu watsinze mu mikino ya Olempic mu gihe cya

Pawulo, bityo abazanesha bazambikwa amakamba nkuko abatsindaga muri

iyo mikino bayambikwaga. Mu buryo bumwe cyangwa ubundi umukristo

atabaye maso yanyagwa ingororano ze, gukomeza inyigisho nzima

z‘ubutumwa bwiza, ni bwo buryo bwonyine bwo kurinda ingororano zacu

nk‘abizera. Kutita ku nyigisho nzima bituma tuneshwa bityo tukanyagwa

ibyo twibwiraga ko tuzagororerwa.

- Dore ndaza vuba: Kugaruka kwa Kristo guhora hafi ku ba Kristo

Ibihembo

- Kugirwa inkingi yo mu rusengero rw‟Imana: inkingi ni ikimenyetso cyo

kutajegajega, ibi ku bayuda bibukaga urusengero rwabo rwasenywe muri

70N.K no mu bindi bihe bitandukanye, bakanezezwa noneho kuzaba inkinki

zo mu rusengero rw‘Imana rwo mu Ijuru. Ibi kandi byari gutera Imbaraga

ab‘I Filaderifiya babaga mu mitingito ihoraho.

31


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Urwandiko Rwandikiwe Ab‟ I Lawodekiya

Nzi imirimo yawe yuko udakonje kandi ntubire iyaba warukonje cyangwa

wari ubize, none kuko uri akazuyazi udakonje ntubire ngiye kukuruka.

(Ibyah 3:15)

Ishusho 8 Ibisigazwa bya Lawodekiya igereranywa n’itorero rya none, yari akazuyazi kandi

yishingikirije ku butunzi, nyamara ibyo ntibyabashije kuyirokora.

Lawodekiya: “Urubanza”

L

awodekiya ni umwe mu mijyi itatu yari mu kibaya cy‘umugezi wa Lycus

River, I Korose, habaga ibimera bitohagiye cyane bityo byatumye haba

imiti myinshi (bagurishaga imiti, yari kandi mu gace ka Piligiya km 64

uvuye I Filadelifiya uyu mudugudu wahitaga uhura na Efeso ni ukuvuga ko Aya

matorero yari akoze ikintu cy‘uruziga ku buryo byoroheraga uwatwaraga izi

nzanindiko.

Lawodekiya yashinzwe na Antiokusi awita Lawodekiya arimo akuza umugore

we Lewodise. Ubu witwa ESKI-HISAR nyuma waje kuba umugi w‘ubucuruzi,

kandi wari umwe mu migi yari kize cyane ku isi. Mu gihe cy‘isezerano rishya

Lawodekiya yari agace k‘Amabanki bari indashyikirwa mu gukora imyenda

(Bayikuye mu bwoya) ikibazo cyabaga I Lowadekiya gusa ni amazi mabi.

Kimwe n‘indi migi yo muri aga kace Laodekiya yibasirwaga n‘umutingito muri

iki gihe aho yahoze hari amatongo ariko ni hafi y‘umujyi witwa Deniziri

32


IBYAHISHUWE NA KRISTO

(Denizli) Yesu yabandikiye urwandiko rwabasabaga kwihana no kwisubiraho,

kuko bari bafite ibyiringiro by‘ikinyoma.

- Yesu ati: “Uwiyita Amena, umugabo wo guhamya ukiranuka w‘ukuri,

inkomoko y‘ibyo Imana yaremye byose: ukurikije (Yes 65:16 na Yoh 1:2)

Izina Amena risobanurwa ngo ―Bibe bityo‖ Yesu yibwiye ab‘I Lawodekiya

nk‘ushobora byose, kandi akaba umuremyi wa byose.

- Kudakonja no kudashyuha (Akazuyazi): ab‘I Lawodekiya ntibari

bakomeye mu by‘Imana kandi ntibari n‘abapagani rwimbi ngo bigaragare

barimo hagati, muri icyo gihe Lawodekiya yari ituranye n‘imigi ibiri Kolose

na Hiyepolisi, byoroheye byoroheye ab‘I Lawodekiya kumva icyo Yesu

yari ashatse kubwira ab‘iri torero ryiyiringiraga kuko ryagiraga amazi

y‘akazuyazi, Isoko yavaga muri Hiyepolisi ari Amashyuza amazi nkaya

Agira umumaro wo kuvura amavunane no gutuma umubiri ugubwa neza,

Kolose ikagira amazi akonje kandi y‘urubogobogo Amara inyota kandi yo

gukoresha mu ngo mu gihe I Lawodekiya bagiraga amazi y‘akazuyazi

kandi abishye ndetse yanduye, Ijambo ry‘ikigiriki Kliaros ryakoreshejwe

bavuga ―Akazuyazi‖ rivuga na none ikidafite umumaro.

- Njyiye kukuruka: Bivuga ko Yesu azabacira urubanza akabarekera mu

gukiranuka no kwihaza kwabo (3:17) kimwe na Lawodekiya amatorero

amwe yiringira imirimo n‘ibikorwa byayo, akiyiringira ubwayo, akumva ko

afite imbaraga, akirengagiza ko ntacyo ashoboye adafite Kristo.

- Uravuga uti: “ Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe ntacyo

nkenye”: Iri torero ryari rifite ubutunzi rikibwira ko ryahoraho naho

ritakwita ku by‘Umwuka, ryari itorero ryinjiye cyane muby‘amafaranga

dore ko hari amabanki maze ryibagirwa iby‘Umwuka, ku buryo ubwo

umutingito wo muri 60 N.K wabaga ab‘I Lawodekiya bisaniye ibintu byose

badategereje ubufasha bwa Ampire n‘umwami w‘abami Nero wari ku

ngoma muri icyo gihe. Iri torero ni imbusane ya Simuruna yari ikenye mu

butunzi ariko Yesu akayita ko ari Umutunzi mu gihe Lawodekiya Yesu

yayise umutindi wo kubabarirwa, ndetse wambaye ubusa.

- Impumyi: Itorero ryagombaga kuba rifite amaso y‘Umwuka ariko Yesu

yabonye ari impumyi umujyi wa Leodekiya wari ikimenywabose kubera

ishuri ry‘ubuganga ryari rihari, bakoraga umuti w‘amaso (Usigwa ku maso)

ariko uwo muti ntiwigezeUbasha gukiza amaso yabo yomu buryo

bw‘umwuka.

- Kuko wibwira uti: iri torero ryaribeshyaga kubijyanye n‘imimerere yo mu

buryo bw‘Umwuka, kuko ryiyiringiye kandi Yesu aryita impumyi ndetse

33


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ryambaye ubusa, Yesu aciraho iteka itorero ryose ryiringiye gukiranuka

kwaryo. Yaravuze ati: ―Mumenye yuko ubugingo bw‘umuntu butava mu

bwinshi bw‘ibintu atunze.‖

Inama itorero rigirwa

- Ungureho Izahabu yatunganirijwe mu ruganda: Yesu yagayaga

ubutunzi bwa Lawodekiya ijambo izahabu si amabuye nyirizina ahubwo Ni

ugukiranuka, kunyujijwe mu bigeragezo.

- Ungureho n‟imyenda yera : Imirimo y‘abera yo gukiranuka

- Umuti wo gusiga ku maso : Ijambo gusiga ku maso riboneka igihe Yesu

yakizaga uwavutse ari impumyi (Yoh 9:1-12) itorero ry‘I Laodekiya

ryibwiraga ko rifite amaso y‘Umwuka nyamara Yesu abona ko ryahumye

kera.

- Gira umwete wihane: Kwihana niyo Nama yanyuma Yesu yatanze kuri iri

torero, kandi ni nayo nama atanga ku mwizera wasubiye inyuma ku giti cye.

Mu mbabazi ze harimo kureshya abacitse intege ngo bongere bambikwe

imbaraga.

Ibindi Kumatorero 7 Yo Muri Aziya

Ishusho 9 Amatorero 7 yo muri Aziya ni ikigereranyo cy’itorero mu mateka yaryo, bityo

abenshi bahamya ko turi mu gihe itorero rigereranywa na Lawodekiya.

34


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Amatorero 7 yo muri aziya yakomejwe cyane n‘amasezerano yahawe nubwo

hariho imiruho n‘imihati, batekerejeko ari byiza bise ku iherezo ryabo

bazirikanaga ko umunsi umwe bazazukana imibiri mishya bagataha Yesusalemu

nshya, aho batazababara ukundi reka turebe hamwe muri macye amasezerano

bahawe:

ITORERO ISEZERANO IMIRONGO

1. Efeso Kurya ku giti cy‘ubugingo kiri

2:7;22:14

muri Paradizo y‘Imana

2. Simuruna Kutagira icyo utwarwa n‘urupfu 2:11;20:6

rwa kabiri

3. Perugamo Manu yahishwe

2:17

Ibuye ryanditsweho izina ritazwi

n‘uwariwe wese.

4. Tuwatira Ubutware bwo gutwara amahanga 2:26:20:4

Inyenyeri yo mu ruturuturu

5. Sarudi Kwambikwa imyenda year 3:4-5;19:4

6. Filadelifiya Azagirwa inkingi yo mu rusengero 3:12

rw‘Imana. Kandi azandikwaho

izina ry‘Imana n‘iry‘uruembo

rw‘Imana.

7. Lawodekiya Kwicarana na Kristo ku ntebe ye 3:21

Aya masezerano si umwihariko gusa ku matorero 7 yo muri Aziya ahubwo Ni

ubutumwa bw‘itorero mu binyejana byose kugeza Yesu agarutse. Hahirwa

uwumva amagambo y‘ubu buhanuzi (1:3) Izi ngororano n‘amasezerano byose

bisezeranywa natwe abizera bo mu minsi ya none. Buri butumwa busozwa

n‘ijambo ngo Ufite ugutwi niyumve icyo Umwuka abwira amatorero, aya

magambo ni ay‘abizera bose, bafite ishyaka kandi biyemeje gukomeza inyigisho

nzima z‘ubutumwa bwiza. Ni wowe kandi ni njye Kristo wazutse yarimo abwira.

Abenshi mu banyeshuri ba Bibiliya bagereranije Itorero rya Lewodekiya

n‘itorero ryo muri iyi minsi y‘imperuka. Ubukristo bugaragara nkubufite

ubutunzi bw‘isi ariko bwamaze gutakaza ubugingo buhoraho n‘urukundo

bakunda Kristo, nubwo bibabaje nibi nabyo n‘ukuri bamwe bitirirwa Kristo ariko

imirimo yabo n‘imbuto bera birabihakana.

35


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Aya mabaruwa 7 afite ubutware bwuzuye nk‘izindi nzandiko zose zo mu

isezerano rishya, amabaruwa yakirwaga n‘itorero kandi ubutumwa bugashyirwa

mu bikorwa aho bwakeenswaga, hakurikiragaho ibihano.

Ibi bivuga ko tutaterera iyo, ngo tuvuge ngo byarebaga ariya matorero ahubwo

mu buryo bwa gihanuzi n‘imbuzi ku matorero yose yitirirwa Kristo mu bihe

byose kugeza agarutse.

Aya mabaruwa ntakwiye gusomwa twirengagije ibice bisigaye

by‘ibyahishuwe, ndetse igice cya mbere n‘icya kabiri bitarimo igitabo cyose

cyaba cyaragize ubwiru impamvu nyamukuru cyanditswe na none ariko aya

mabaruwa asobanura ku buryo bwa gihanuzi amateka y‘ubukristo kugeza mu

minsi y‘imperuka. Abakristo bo mu kinyejana cya mbere ntibabonaga ibi ngibi

ariko umuntu yabihakana bigoye muri iyi minsi, kugirango tubyumve neza

rekatwerekane imbonerahamwe byibura igaragaza uko igice cya 2-3 bisobanurwa

mu buryo bw‘Amateka n‘ubuhanuzi (Historical-Prophetical interpretation)

tubonye ko byaba byiza tugaragaje uburyo abakoresha 1 muri byo babibona.

Uburyo butatu bwo gusobanura ibyahishuwe 2-3

I. Uburyo bwa gihanuzi (prophetical view)

Duhamya ko: Aya matorero 7 avugwa mu gice cya mbere n‘icya 2 atarabayeho

mu kinyejana cya mbere, ahubwo azabaho mu minsi ya nyuma.

IMPAMVU ZITANGWA

Ibyah 1:19 hagaragaza ko igitabo

cyose gikubiye hamwe. Igitabo cyose

ni ibyahishuwe ariko byo mu gihe

kizaza

Guhuza abamarayika n‘aya

matorero nk‘abayobozi bayo

bigaragaza ko Atari amatorero

asanzwe ahubwo ari Isiraheli mu

gihe cy‘umwami

Ntahandi Imana yigeze yita

abayobozi b‘amatorero,abamarayika

mu I.R

UKO TUBIHAKANA

Uyu murongo, ugaragaza ibintu mu buryo

butatu gusa si byose twemera ko ari

ubuhanuzi, nyamara ariko igice cya 1-2

twemeza ko ari ubuhanuzi bw‘itorero ku isi

Imana yahuje amatorero n‘abamarayika

nanone mu I.R(1 kor 11

Yohana yakoresheje ngo atsindagira ko aya

mabaruwa yaturutse mu ijuru

36


IBYAHISHUWE NA KRISTO

I. Uburyo bwamateka (historical view)

Duhamya ko: koko aya matorero yabayeho mu kinyejana cya mbere, kandi

ibyayaranze byagiye biranga n‘andi mu mateka rusange y‘itorero.

IMPAMVU ZITANGWA UKO TUBIHAKANA

Ubu nibwo buryo dusobanuramo Imana ntago yigeze yemeza ko izindi

n‘izindi nzandiko zo mu I.R nzandiko zo mu I.R ari ubuhanuzi nkuko

Igitabo cy‘ibyahishuwe

nticyemeza ku buryo

bw‘umwihariko ko ubutumwa

bw‘amatorero 7 ari ubuhanuzi

yabikoreye izo mu byahishuwe.

Ni ubuhanuzi byemezwa na Bibiliya

ndetse n‘inyanditse muri 2 na 3 ndeste

n‘amateka agaragaza ko ari ubuhanuzi

Uburyo Bw‟amateka N‟ubuhanuzi

Duhamya ko : Nibyo koko aya matorero 7 yariho mu kinyejana cya 1 kandi

ibyayaranze byaranze n‘andi matorero mu mateka rusange y‘itorero, ariko

ahishura amateka y‘itorero uhereye igihe Yohana yandikiye ibyahishuwe kugeza

ku kuzamurwa kw‘itorero.

IMPAMVU ZITANGWA

Hariho byinshi bihuriweho

hagati y‘ibihe 7 byaranze itorero mu

mateka n‘inzandiko z‘aya matorero

7 yo mu byahishuwe 2 na 3

Imana yemeje ko ibyahishuwe

byose ari ubuhanuzi (1:19) ubwo

rero gukuramo igice cya 2 na 3

byaba ari uguhinyura Imana.

Kujyanwa

kw‘itorero

ntikwabaho gutunguranye mu gihe

igice cya 2 n‘icya 3 bisobanura

amateka y‘itorero guhera mu

kinyejana cya I kugeza mucya 21

kuzamura

UKO TUBYEMEZA

Ni koko hariho byinshi bihuriweho

n‘inzandiko ndetse n‘amatorero 7 bityo

rero, ibi byagira ibisobanuro

byakwemerwa dore ko binahurije hamwe

ibivugwa mu mpande zombi.

(1:19) na (1:3) Havuga ko ibiri

bukurikireho ari ubuhanuzi kandi ni

igitabo cyose muri rusange.

Iyo uhuje aya matorero n‘amateka

yaranze itorero usanga, ari imvugo ya

gihanuzi yari ihishe amateka y‘itorero.

37


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Uku kugereranywa niko

kwifashishwaga n‘amatorero yo mu

burengerazuba bw‘isi.

Amatorero y‘iburengerazuba niyo

musingi w‘imiyoborere mu mateka.

Abemera ko ibyaya matorero bihura rwose n‘amateka ndetse n‘ubuhanuzi

bwagombaga kuranga amatorero mu bihe 7 byayo ndetse n‘Abakristo bo mu

matorero y‘iburengerazuba bagereranya amatorero yo mu gice cya 2 na 3

n‘iby‘amateka y‘itorero mu ruhando rw‘ibihe muri ubu buryo bukurikira:

Amateka Ya Gihanuzi Ku Itorero Ushingiye Kuri Ibyah 2 n‟icya 3

IMIRON ITORERO IKIGERERANYO IGIHE

GO

2:1-7 Efeso Igihe cy‘intumwa 33-64 N.K

2:8-11 Simuruna Igihe cy‘akarengane 64-313 N.K

2:12-17 Perugamo Kwivanga kw‘itorero 313-606 N.K

na Leta

2:18-29 Tuwatira Igihe cy‘ubukristo 606-1520 N.K

bw‘ikivange.

3:6-6 Sarudi Ivugurura

1520-1750 N.K

ry‘Abaporotestanti

3:7-13 Filaderifiya Igihe

1750 – 1900 N.K

cy‘abamisiyoneri

3:14-22 Lawodekiya Kujyanisha itorero 1900 N.K Kugeza

n‘igihe, ubukene Igihe cya none.

bukabije mu mwuka.

Kuzamurwa Kw‟itorero Hagati Y‟igice Cya 1-4

K

uzamurwa ku itorero mu buryo butunguranye, ntibyatinzweho cyane

n‘Abakristo bo mu kinyejana cya mbere. Cyane ko Yohana yandikiye

amatorero yari agabwe ari muri Aziya bityo ntibari kubibonamo

ubusobanuro Ku byagombaga gukurikiraho, bose bizeraga ko Yesu yagombaga

kuza vuba, adatinze. Yohana yahamije ibyo ati: ―Uhamya ibyo avuga ati: ndaza

vuba ―Amen Ngwino mwami Yesu‖

38


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Dufite impamvu nyinshi zituma duhamya ko kuzamurwa kw‘itorero kuri hagati

y‘igice cya 3-4, aribyo abemera ko itorero rizajyanwa ritanyuze mu mubabaro

bizera:

“Kuko witondeye ijambo ryo kwihangana kwanjye, nanjye nzakurinda igihe

cyo kugerageza kigiye kuza mu bihugu byose kugerageza abari mu isi.

(Ibyah 3:10)

1) Iyambere dufite isezerano ko itorero rizarindwa umubabaro (1Tes 4:13-

18; 5:9; 1Kor 15:51-58; Ibyah 3:10).

2) Iya 2 ubwo kujyanwa kw‘itorero kuvugwa mu isezerano ni ngombwa ko

kuba mbere y‘ibyago byo mu gihe cy‘umubabaro ukabije, ugomba

kubaho mbere yo kugaruka kwa Yesu.

3) Iya 3 nuko uburyo Bibiliya isobanura ibyo kujyanwa kw‘itorero no

kugaruka kwaYesu byemeranya n‘iyi ngingo.

4) Iya kane nta nahamwe tubona ko ibi byago byo mu gihe cy‘akarengane

bizagera ku bakristo yewe nta n‘ijambo itorero riboneka hagati y‘igice

cya 4-18 Nubwo bigararaga ko hazaba haribo abizera nyuma yo

kuzamurwa kw‘itorero ni ukuvuga mu gihe cy‘umubabaro ukabije

Yohana ntago yabise Abakristo ntanaho bahuriye n‘itorero.

5) Iya 5 Igihe cy‘umubabaro ni igihe cy‘Abayuda bazakizwamo ukurikije

(Yer 30:7) mu gihe cy‘Itorero Imana yafataga abayuda

n‘abanyamahanga Kimwe.

Ariko se niba kuzamurwa kw‘itorero kuzabaho mbere y‘umubabaro ukabije,

kukiYohana ntacyo yabivuzeho mbere yo gutangira igice cya 5 kivugwamo

iby‘ibimenyesto 7 bimenwa mu gice cya 6? Reba nawe nta cyo yabivuzeho

guhera mu gice cya 1-18 ndeste kugera ku garuka kwaYesu mu gice cya

19.Ariko ntibitangaje kuko Harimo ibindi bintu Imana yabujije Yohana

kuvugaho.

“Kandi guhinda guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga nari ngiye

kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti:῝iby’uko guhinda

kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame bibe ubwiru ntubyandike…..

(Ibyah 10:4)῎

Bityo n‘ibyo kuzamurwa kw‘itorere mbere y‘umubabaro byagizwe

ibangatwavuga rero koibyo dufite mu gitabo cy‘ibyahishuwe n‘ibyo Imana

yashimye ko tumenya, si Ibigomba kubaho byose.

39


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 4:

INTEBE Y’IMANA Y’UBWAMI

“Muri ako kanya mba mu Mwuka, nuko mbona intebe y’Ubwami iteretse mu

ijuru, Mbona n’uyicayeho.” (Ibyah 4:2)

Ishusho 10 Yesu amaze kwiyereka Yohana yagombaga kumwereka Imana data, kugirango

amenye inkomoko y’ubutumwa bwose yari ari guhabwa. Yabonye intebe y’Imana na gahunda yo

kuramya iba mu ijuru.

M

uri iki gice Yesu yashatse guhishurira Yohana intebe y‘Imana yo mu

ijuru, ategura kumwereka iby‘igitabo cyari mu kuboko kw‘Imana. Mu

ijuru hahoraho gahunda yo kuramya Imana. Bavuga iteka ko Imana

yera. Muri iki gice kigufi turasobanura aho iki gice gihurira n‘ubutumwa bwiza.

- Abakuru makumyabiri na bane: ni igishushanyo cy‘abigishwa

12wongeyeho imiryango 12 y‘Abisiraheli bahuriza hamwe

guhimbaza Imana Abandi bavuga yuko aba bakuru ari abatambyi ba

Isiraheri (1 Ngoma 24:4)

- Ibizima bine bigereranywa n‘uburyo Yesu yigaragaje mu butumwa bwiza

1. Matayo : Intare (Yesu mesiya w‘umuyuda intare yo mu muryango wa

Yuda)

2. Mariko : Ikimasa (Yesu nk‘umugaragu ,wikoreye imitwaro n‘igitambo

cy‘ibyaha)

40


IBYAHISHUWE NA KRISTO

3. Luka: Umuntu (Yesu ukomoka kuri Adamu yapfuye nk‘umukiranutsi.)

4. Yohana :Yesu ni Umwana w‘Imana wo mu ijuru utanga ubugingo

buhoraho (ikizu)

- Byari bigose intebe y‟Imana: kugota bigaragaza uburinzi, ikimenyetso cyo

kubaha.

- Byari bifite amaso imbere n‘inyuma: Ububasha bwo kutagira icyo uhishwa

bufitwe n‘Imana.

IGICE CYA 5:

UMWANA W’INTAMA N’IGITABO

“Mbonana iyicara kuri ya ntebe igitabo mu kuboko kw’Iburyo, cyanditswe

imbere n’inyuma kandi gifatanishijwe ibimenyetso birindwi by’ubushishi.

(Ibyah 5:1)

U

muzingo wo mu kinyejana cya mbere wabaga wandikishije intoki kuri

Papirusi, iyi mizingo ninayo yabanje kwandikwaho bimwe mu bitabo

bya Bibiliya.

- Umuzingo wanditseho imbere n‟inyuma: Ibi bigaragaza ko uyu muzingo

wari ubumbiyemo ibintu byinshi, Twibuke ibisate Mose yahawe n‘Imana

ku musozi Sinayi byariho amategeko (Kuva 22:15-16) Abaroma bitwazaga

imizingo nk‘ikimenyetso cy‘ubutware n‘ubushobozi bwabo. Ibyo rero

byavugaga ko Imana izaha ububasha bwayo Umwana w‘Intama

n‘ubushobozi bwo guca Imanza guhemba no guhana amahanga.

- Ibimenyetso 7: Bigaragaza ko icyo gitabo ko cyari cyuzuye mu maso

y‘Imana. Uyu ni umuzingo wo gucira abantu bose urubanza gutsindishiriza

abakiranutsi no gutsindisha abanyabyaha.

- Niba Imana ariyo yateguye uwo mugambi Yesu (Umwana w‘Intama niwe

uzawushyira mu bikorwa)

- Marayika ukomeye (ntazwi ashobora kuba ari GABURIYELI (Luka 1:1)

- Uwo mu ijuru cyangwa uwo mu isi cyangwa uw‘ikuzimu mu bamarayika

mu bantu no mu badayimoni. Cyangwa mu bamarayika, mu bantu bariho

n‘abapfuye ntawabashije kwakira ubutware bwo guciraho amahanga yose

iteka, kubw‘ ibyaha byabo.

41


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Yohana ararira: Yarijijwe n‘uko urubanza rw‘Imana rukiranutse rwari

rugiye kuburizwamo kubera ko ntawundi ubashije kwemera kubumbura cya

gitabo. Hariho abibwira ko kubumbura igitabo ari igikorwa cyo gucungura

umuntu Yesu, yakoze ariko ntago ariko bimeze.

Kubumbura umuzingo byagiraga ibyiciro bitatu:

ICYA 1 ICYA 2 ICYA 3

Kumena ibimenyetso Kubumbura igitabo Kureba ibirimo

Yohana yabonye Yumvishije impanda Yariye agatabo

ibimenyetso bimenwa zivuzwa

IBYAH 6-7 IBYAH 8-9 IBYAH 10

- Intare yo mu muryango wa Yuda igishyitsi cya Dawidi: nta hantu iyi

nteruro iboneka muri Bibiliya ariko tubona iyo byenda gusa, igihe yakobo

yahaga abana be umugisha (Itang 49:9) havuga ko Yuda ari nk‘icyana

cy‘intare…….Yesaya yise Mesiya ―Igishyitsi cya Yesayi‖ Yesayi `uwo yari

se wa Dawidi. Mu magambo macye iyi nteruro igaragaza Yesu mu gisekuru

cy‘inyokomuntu, igaragaza ko ari Mwene Dawidi mwene Yuda, kuko

Yuda yabyaye PERESI-HISIRONI-RAMU-AMINADABU-

NAHASHONI-SALUMONI-BOAZI-OBEDI-YESAYA-DAWIDI.

- Umwana w‟Intama watambwe: Yohana yabwiwe intare ariko abona

Umwana w‘Intama ibyo bigaragaraza kwicisha bugufi kwa Yesu Kristo,

Bisobanura Yesu Umwana w‘Intama witangiye abo mu isi kubw‘urupfu

rwe, ibyo byibutsa gutambwa kwa Kristo ku nyokomuntu.

- Amahembe arindwi: Amahembe asobanura ububasha cyangwa imbaraga

bityo rero amahembe arindwi bivuga ububasha bwuzuye bw‘Imana.

- Inzabya z‟izahabu zuzuye imibavu: Amasengesho y‘abera, Dawidi

yavuze ko amasengesho y‘abera azamuka nk‘imibavu imbere y‘Imana. (Zab

141:2;Ibyah 8:3-4)

- Indirimbo nshya: iyi ndirimbo igaragaza neza ko kubumbura igitabo Atari

igikorwa cyo gucungura umuntu kuko mu ijuru baririmbye ko ahubwo

impamvu itumye Yesu ahabwa ubwo butware ari uko yacunguriye Imana

abari mu isi bose…………῝Nuko baririmba indirimbo nshya bati: Ni

wowe ukwiriye kubumbura igitabo no kumena ibimenyetso bigifatanije

kuko watambwe ugacungurira Imana abo mu miryango yose n‟indimi

42


IBYAHISHUWE NA KRISTO

-

zose no mu moko yose no mu mahanga yose, ubacunguje amaraso

yawe, ukabahindura kuba abami n‟abatambyi kandi bazima mu isi

(Ibyah 5:9-10)”

IGICE CYA 6:

IBIMENYESTO 6 BIMENWA

“Umwe muri ba bakuru, arambwira ati: “Wirira dore Intare yo mu muryango wa

Yuda, N’igishyitsi cya Dawidi aranesheje ngo abumbure igitabo amene ibimenyetso

birindwi bigifatanije”……Ni wowe ukwiye kwenda igitabo no kumena ibimenyetso

bigifatanije, kuko watambwe ugacungurira Imana abo mu miryango yose n’indimi

zose, no mu moko yose no mu mahanga yose ubacunguje amaraso yawe,

Ukabahindurira Imana yacu kuba abami n’abatambyi kandi bazima ku isi.” (Ibyah

5:5, 9-10)

Ishusho 11 Itorero nirimara kuzamurwa hazakurikiraho ibyago bikomeye by’abagendera ku

mafarashi, akarengane ka Antikristo, intambara, inzara n’urupfu, ni mu myaka 3 ½ ya mbere icyo

gihe abera n’itorero bazaba bari gupimirwa imirimo mu kirere.

43


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ikimenyetso cya mbere kimenwa!

Ifarashi ya mbere yiruka

I

torero rizazamurwa hagati y‘igice cya 3 n‘icya 4 cy‘ibyahishuwe nkuko

twabisobanuye mu bice byabanje. Nyuma yaho Antikristo azatangira gukorera

ahagaragara, azababaza abatazemera kumuramya no gushyirwaho ikimenyetso cye.

Kubw‘iyo mpamvu hazameneka amaraso menshi, kuko Antikristo azica abatavuga

rumwe nawe bose, bamwe bazajugunyirwa imyamaswa zo mu ishyamba abandi

bazarenganywa kandi bicwe iyicwarubozo. Rupfu na Kuzimu bazaza ku ifarashi imwe

ya nyuma bazatwara abagiye barokoka ibyo byago! Nkuko abizera ko itorero

ritazasogongera ku mubabaro ukomeye bizera, muri icyo gihe itorero rizaba ryibereye

mu kirere bapimirwa imirimo imbere y‘intebe yera ya Kristo. Hariho abakristo

bazasigara kuko Yesu azaza batamwiteguye, bazahura n‘akaga gakomeye kuruta uko

byavugwa, bazaba bagomba kwicungura bakoresheje ayabo maraso. Kuko bahawe

igihe gihagije cyo kwizera Yesu, no kumutumbira nk‘ibanze ryo Kwizera ariko

ntibabyitaho kugeza igihe batunguriwe. Mbese kugirango urusheho kubyumva nibo ba

makobwa b‘abapfu, umukwe azaza batiteguye bakajya guhanjura amavuta bagaruka

bagasanga umukwe yafunze. Muri urwo rwego abatari maso bazahomba rwose ubukwe

bw‘Umwana w‘intama buzabera mu ijuru mu gice cya kabiri cy‘imyaka 7

y‘umubabaro ukabije no guhora inzigo y‘umujinya w‘Imana mu isi.

- Ijwi ry‘ikizima rimeze nk‘iry‘inkuba imbaraga no gukomera, ubundi ijwi

rya Kristo ryari rimeze nk‘impanda cyangwa nk‘amazi asuma (Iby

1:10,15)Yohana yumvishe guhinda 7 kw‘inkuba inyuma n‘intebe y‘Imana

(Ibyah 4:5) iri jwi ryavuzwe n‘ikizima kimeze nk‘intare, ijwi ryavuze ngo

―Ngwino‖

- Haza Ifarashi y‘igitare uwari uyicayeho Ahabwa umuheto: Guhabwa

ubutware bwo kujya mu ntambara.

- Ahabwa Ikamba: Igihembo cy‘insinzi.

Agenda anesha: Asezeranywa kunesha.

Uwari uyicayeho: Ni Anti-Kristo, nubwo iyi farashi ifite ibara nk‘iry‘iya

Kristo mu gice cya 19. Nta mpamvu yo kubihamya kuko Kristo ntago yaba ariwe

wamenaga ibimenyetso, na none ngo abe ari we, uvugwa.

Uko kuza kwa Yesu mbere y‘amafarashi nta handi kuvugwa, kandi kuko

bigagaragara ko aya mafarashi yirukaga mu isi, tukaba twabonye yuko

kuzamurwa kw‘itorero kuri hagati y‘igice cya 3 n‘icya 4 cy‘ibyahishuwe. Ntaho

Bibiliya ivuga ko Kristo azaza mu gihe cy‘umubabaro.

44


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ni Anti-Kristo kubera ko azakora uko ashoboye ngo abantu babone ko ari

Kristo Kuboneka kwe ku ifarashi y‘igitare n‘uburyo bwe bwo kwiyoberanya,

azazana amahoro y‘ikinyoma agirango asengwe nka Kristo mu gice cya Mbere

cy‘Umubabaro ukabije. Kuko na Satani ubwe ajya yigira nka marayika

w‘Umucyo.

Ikimenyetso cya kabiri kimenwa!

Ifarashi ya 2 yiruka

- Ifarashi itukura: Amaraso, intambara bizakurikira ayo mahoro

y‘ikinyoma, mbese ni nk‘ibyakurikiye igihe cy‘ubutumwa bwiza mu

binyejana bya mbere, icyo cyakurikiwe n‘akarengane k‘Abakristo, kandi

n‘intambara zitandukanye zashojwe n‘iya kabiri y‘isi yose.

- Iri jwi ryavuzwe n‘ikizima gisa n‘ikimasa.

Ikimenyetso cya gatatu kimenwa!

Ifarashi ya 3 yiruka

- Ifarashi y‟umukara: isobanaura inzara

- Uyicaye yahawe urugero rw‘indatira mu ntoki ze, ibi ni ibipimisho

by‘imyaka byakoreshwaga kera.

- Ategekwa ibijyanye n‘ibiciro ariko amavuta na Vino byo bikomeza kuba

nk‘ibisanzwe.

Ikimenyetso cya kane kimenwa!

Ifarashi ya 4 yiruka

- Ifarashi igarutse yahamagawe n‟ikizima kimeze nk‟ikizu: ni ibara

ry‘amagupfwa, byasobanuraga ko nyuma ya Antikristo n‘intambara

zizamena amaraso menshi, ahanini mu buryo bw‘akarengane, inzara izatera

nkuko bigenda nyuma y‘ibihugu bivuye mu ntambara kandi ibyo byose

bizayobora abantu ku rupfu. Yewe nabatazicwa n‘ibyo bazicwa

n‘inyamaswa zo mu ishyamba.

- Rupfu: ahantu hose intambara yaciye n‘inzara hakurikiraho urupfu.

- Kuzimu (Hades) bisobanura imva, cyangwa aho abapfuye bateranirizwa.

Mu gihe cy‘abagiriki Hades banyitaga umwami w‘I kuzimu (King of

underworld) kuzimu rero yagendaga inyuma ya Rupfu kugirango amire

abapfuye bose. Ariko Yesu niwe ufite imfunguzo z‘urupfu na Kuzizmu

(1:18)

45


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Inkota, inzara, urupfu ibikoko byo mu isi: abatazicwa n‘imitwe

y‘abarwayi bazicwa n‘inzara izakurikiraho, abatishwe n‘inzara bishwe

n‘inyamaswa bagere kuri ¼ cy‘isi.

Ikimenyetso cya gatanu kimenwa!

“Umwana w’intama amennye ikimenyetso cya gatanu, mbona munsi y’igicaniro,

imyuka y’abishwe bahowe ijambo ry’imana n’ubuhamya bahamyaga. Batakana ijwi

rirenga bati: “Ayii Mwami wera w’ukuri!” Uzageza he kudaca amateka ngo uhorere

amaraso yamenwe. (Ibyah 6:10)

Ishusho 12 Gutaka kw’abahowe Imana kumvikanye mu ijuru basaba ubutabera no guhora

inzigo kw’Imana, ku barenganije abera, ariko igihe cyari kitaragera basabwe gutegereza.

Imyuka y’abahowe imana

- Imyuka y‟abishwe bahowe Imana itaka munsi y‟igicaniro cyo mu ijuru,

bishwe bazira ijambo ry‟Imana n‟ubuhamya bahamyaga: igicaniro mu

isezerano rya kera cya menwagwaho amaraso y‘igitambo (ubugingo) Kuva

29:12 Ibyah 4:7; 17:11) Bishatse kuvuga ko urupfu rw‘Abakristo mu gihe

cy‘akarengane rwagereranijwe n‘igitambo ku Mana. Pawulo yabivuzeho

mu mirongo ikurikira (Fil 2:17;2Tim 4:6) Mu binyejana byakurikiye

ubutumwa bwiza Abakristo baratotejwe baranicwa.Yesu yari yavuzeko nta

mugaragu uruta shebuja, aho yerekezaga ku rwango bari kuzanga

abakurikira inzira ye kandi abigishwa b‘ukuri bakwiye kwikorera

46


IBYAHISHUWE NA KRISTO

umusaraba (Mat 10:38;16:24) nyuma gato Pawulo yaranditse ati: “Icyakora

n’ubundi abashaka kujya bubaha Imana bari muri Kristo Yesu

bazarenganywa” (2 Tim 3:12) guhamya kwabo gukomeye kwatumye

bemera no gupfa, mu gihe umwana w‘Intamba yamenaga ikimenyetso cya

kane, gutaka kw‘abishwe bahorwa ijambo ry‘Imana n‘ubuhamya

bahamyaga kumvikanye mu ijuru.

- Kugeza igihe umubare w‟imbata bagenzi banyu z‟Imana uzuzurira:

Imana niyo izi umubare w‘abazapfa mu buryo bw‘igitambo Imana niyo

kandi izi umubare w‘abapagani bazahinduka mbere y‘iherezo rya byose.

Abahowe Imana basabaga ko Imana yaca imanza, ku mahanga n‘abami

n‘ab‘ubutware babishe urupfu n‘agashinyaguro babahora guhamya kwabo

gusa. Niki Imana yabashubije?

- Bahawe ibishura byera basabwa gutegereza igihe umubare w‟imbata

bagenzi babo z‟Imana uzuzurira: ibishura byera bivuga gukiranuka,

Imana yabambitse imyambaro ikwiriye guhamya kwabo, ariko ntiyakoze

icyo basabaga. Basabye guhorera amaraso yabo ariko Bambitswe

imyambaro basabwa Gutegereza igihe umubare w’abazapfa urupfu

nk’urwabo uzuzurira. Aha nk‘umukristo uhakura irihe somo? Gutegereza

ni ikintu cy‘ingenzi mu buzima bw‘Abizera, kandi mu gihe usenga usaba,

siko buri gihe uhabwa icyo usabye ahubwo uhabwa igikwiye kandi giciye

mu bushake bw‘Imana.

Ikimenyetso cya gatandatu kimenwa!

Umunsi ukomeye uhishurwa

Ikimenyetso kigaragara umunsi ukomeye w‘Imana n‘Umwana w‘Intama kigizwe

n‘ibintu biteye ubwoba bizaba mu isi mu gihe cy‘umubabaro ukabije, ibyo

bimenyetso bizagira ingaruka ku bintu bikurikira:

1. Izuba rizahinduka nk‟ikigunira: Mu isezerano rya kera kwambara

ikigunira byagaragazaga umubabaro, agahinda gupfusha ,n‘ikimenyesto

cyo kwihana ndeste no kwirabura .ibi kuba ku zuba bigaragara igihe

kidasanzwe cy‘umujinya w‘Imana ,Yesu ari ku musaraba izuba ryahindutse

ukundi haba ubwirakabiri: Yes: 50:3) (Yow 2:31)

2. Isi izahinda umushyitsi: Mu byanditswe Yesu azuka habayeho igishyitsi,

kuko Marayika w‘Uwiteka yari amanutse abirindura igitare acyicaraho

(Mat 28:2) uwo munsi wo kuzuka k‘Umwami ni w‘ingenzi mu isi no mu

47


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ijuru, ibi rero bigaragaza agaciro umunsi wo guhora inzigo n‘umujinya

w‘Imana n‘Umwana w‘Intama uzaba ufite. Ahandi Ijambo umushyitsi

riboneka mu byahishuwe ni (8:5;11:13,19;16:18)

- Ukwezi kuzahinduka nk‟amaraso: N‘ikimenyetso kidasanzwe nk‘izuba

kuba umwijima (Yoweri 2:31) ibyo bigagaraza uburyo uwo munsi uzaba uteye

ubwoba.

- Inyenyeri zo mu ijuru zizagwa hasi: Mu byanditswe Yesaya yavuze

nk‘ibiri muri uyu murongo w‘ibyahishuwe

“Ingabo zo mu ijuru zizacikamo igikuba n’ijuru rizazingwa nk’umuzingo

w’impapuro, kandi ingabo zaryo zose zizaba nk’ikibabi cy’umuzabibu cyangwa

cy’umutini uko biraba bigahunguka.” (Yes 34:4)

mu bintu bigaragara ko bitashoboka ukurikije ubumenyi bw‘imibumbe

(Astrology)ariko kuri uwo munsi uteye ubwoba bizabaho, inyenyeri na none ni

ikimenyetso cy‘abamarayika, kuri uwo munsi abamarayika bazazimagiza isi

bamanuwe n‘itegeko ry‘Imana. Twamaze kubona ko ijuru rizazingwa, inyenyeri

nazo zikagwa kw’isi henshi mu byanditswe inyenyeri bisobanura abamarayika,

ubwo abari mu isi bazabyibonera imbona nkubone iyicaye kuri ya ntebe

n‘Umwana w‘Intama, uyu ni umunsi wo gucirwaho urubanza rwa nyuma, abantu

bazabona Imana bahemukiye iminsi y‘ubuzima bwabo bwose, bazifuza gukizwa,

ariko igihe kizaba cyararangiye. Bazibonera ko ibyo biringiraga bikababuza

kwizera Yesu byari ubusa gusa, byari nko kwiruka inyuma y‘umuyaga.

-Ibirwa byose bizakurwa abantu nabyo: Ibi bintu byose bishobora kuzaba

nta gishushanyo na kimwe kirimo nk‘uko byanditswe muri (Mat 13:8) Yesu

yavuze ko hazabaho ibyago byinshi bikazaba itangiriro ryo kuramukwa,

ntacyabuza ibi nabyo kuba cyangwa ngo tubifate nk‘ibigereranyo mu gihe muri

Egiputa ibyago byabo byari ibintu bifatika aho kuba ibigereranyo.

NB: Iyo igitabo cy‘ibyahishuwe kigeze aha, gisubika kumenwa

kw‘ibimenyetso ahubwo kikatuzanira urundi ruhande rw‘Abisiraheri

bashyirwaho ikimenyetso ngo batagerwaho n‘ibyago byo mu gihe cy‘umubabaro

ukabije.

48


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 7:

ABANTU B’IMANA BASHYIRWAHO

IKIMENYETSO

“Ntimubabaze isi cyangwa inyanja cyangwa ibiti tutaramara gushyira

ikimenyetso mu ruhanga rw’imbata z’Imana yacu” (Ibyah 7:3)

M

uri iki gihe Imana izaba yiteguye kurekura ibyago byo u minsi

y‘imperuka ariko 144000 byqtoranijwe mu miryango y‘abisiraheri

bazaba bari mu isi muri icyo gihe bazashyirwaho ikimenyetso, ngo

batagerwaho n‘umujinya w‘Imana. Reka twigire hamwe iki gice.

- Imiyaga ine: Muri iki gice habonekamo abamarayika 4 Bari ku mfuruka

enye z‘isi bafashe imiyaga ine, umuyaga uvuga guhora cyangwa guhana

kw‘Imana mu buryo butandukanye, inzara, intambara, imitingito, indwara

n‘ibindi…..

Aba bamarayika bane bashyiriweho n‘Imana gusohoza umugambi wayo

wo huhana.

- Undi marayika uvuye iburasirazuba afite ikimenyetso cy‟Imana: iki

kimenyetso gitandukanye n‘ibiri mu byahishuwe 5. Umubabaro ukabije

unyuze mu miyaga ine uzaba ukwiriye kuza ku isi, ariko kandi mbere yuko

Imana isohoza urubanza ku isi, hari abo Igombaga gushyiraho ikimenyetso

ngo batagerwaho n‘umujinya wayo. Imana yohereje Marayika wavuze mu

ijwi rirenga ngo ntibabaze imbata z‘Imana isi n‘ubutaka n‘inyanja

atarashyira ikimenyetso ku ntore z‘Imana ziyitakira amanywa n‘ijoro.

- Gushyirwaho ikimenyetso: Kutandukanywa n‘abazagerwaho n‘igihano

cy‘Imana, muri Egiputa abisiraheli bategetswe gushyira amaraso ku

miryango ngo umurimbuzi atagira icyo abatwara, na none tubona ko mbere

yo kurimbuka kwa Yerusalemu, irimbuwe na Nebukadinezari, Ezekiyeli

yabonye Marayika wategetswe gushyira ikimenyetso ku banihiraga ibizira

byo mu murwa. (Ezek 9:34)

- 144000 uyu ni umubare w‘abisiraheri bazashyirwaho ikimenytso hagati mu

gihe cy‘umubabaro ukabije. Nyuma y‘Imyaka 3.5 ya mbere ngo

batagerwaho n‘ibyago byo mu minsi y‘imperuka. Birimo impanda 7, no

gusukwa k‘umujinya w‘Imana. Reka twibuke ko aba bashyizweho

49


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ikimenyetso mbere y‘imenwa ry‘ikimenyetso cya 5. Abandi bavuga ko ari

abakristo 144000 bavuye mu isi mu gihe cy‘akarengane k‘Abakristo,

nyamara iki ni ikinyoma kuko Bibiliya igaragaza rwose ko ari abo mu

miryango 12 ya Isiraheri.

Igitekerezo rusange

Ni ukurindwa intore z‘Imana zo mu muryango wa Isiraheri, mbere ibyago Byo

guhana isi n‘abatizera, kurindwa akaga kazagera ku batizera, Abakristo bose

bakiye ikimenyetso cy‘Umwuka Wera nk‘ingwate ku byasezeranijwe, ariko aba

bo ni abisiraheri bazagera mu gihe cya nyuma isi igerwaho n‘umujinya w‘Imana,

bazarindwa ibizaba byose.

Itorero Rihimbaza Imana Mu Ijuru

“Hanyuma y’ibyo mbona abantu benshi umuntu atabasha kubara, bo mu

mahanga yose n’imiryango yose, n’indimi zose, bahagaze imbere yaya ntebe

n’imbere y’Umwana w’Intama, bambaye ibishura byera kandi bambaye amashami

y’imikindo mu ntoki zabo, bavuga ijwi rirenga bati : “Agakiza ni ak’Imana yacu

yicaye kuri ya ntebe n’ak’Umwana w’Intama.” (Ibyah 7:9-10)

Ishusho 13 Mu gihe Abisiraheri 144000 bazaba bashyirwaho ikimenyetso mu isi,

Abera n’itorero bazaba Bari imbere y’Umwana w’intama bavuye mu mahanga yose.

50


IBYAHISHUWE NA KRISTO

T

wibukiranye ko Yohana atabonye abashyizweho ikimenyetso ahubwo

yarabumvise yumva umubare wabo wari 144000, ahubwo abona….

- Abantu benshi umuntu atabasha kubara bo mu mahanga yose,

indimi zose n‟imiryango yose bahagaze imbere ya ya ntebe bafite

amashami y‟imikindo: Nta gushidikanya aba ni Abakristo bavuye mu isi

y‘imiruho n‘imihati Aburahamu yabwiwe n‘Imana ko azakomokwaho

n‘abangana n‘umusenyi wo kunyanja (Itang 22:17) nta wabara umusenyi

nta n‘uwabara aba bantu Yohana yabonye. Biratangaje ko Yohana

yababonye imbere y‘intebe y‘Imana aho ibizima, abakuru n‘ Abamarayika

bari muri (4:1)

- Bambaye amakanzu yera: (kejejwe ) bivuga gukiranuka

- Bafite amashami y‟imikindo: Amashami y‘imikindo cyari ikimenyetso

cy‘ibyishimo mu birori no mu marushanwa kandi Yesu ajya I Yerusalemu

bamwakiye bazunguza amashami y‘imikindo. Itorero n‘abera bazaba

banezerewe bishimiye ko bageze ku iherezo rya byose, ko bagiye guhabwa

ibyasezeranijwe iby Pawulo yavuze ko Abera nubwo bamaze guhamywa

neza ariko batari babihabwa ahubwo bari bategereje itorero ngo babihabwe.

(Heb 11:39)

Itandukaniro Ry’indirimbo Baririmbiye Yesu Mu Marembo Ya Yerusalemu

Niyo Baririmbye Mu Ijuru

Abo mwisi bararirimbye ngo: Abo mu ijuru bararirimbye ngo:

Hosana! Hahirwa uje mu izina Agakiza ni ak‘Imana yacu yicaye

ry‘Uwiteka.

kuri ya ntebe n‘ak‘Umwana

Hahirwa umwami wa Isiraheri! w‘Intama.

Iyi ndirimbo yaririmbwe Iyi ndirimbo izaririmbwa n‘itorero

n‘Abisiraheri ubwo Yesu yinjiraga n‘abera, bashima Imana yabakirije

nk‘imwami. Iyi ndirimbo iragaragaza muri Yesu Kristo, Umwana w‘Intama

yuko bari bamwiteguyemo Umwami w‘Imana.

wari kubakiza igitugu cy‘ingoma

y‘Abaroma.

Ibiranga Imana n‟Umwana w‟Intama Mu Ndirimbo

Zaririmbwe N‟abamarayika

Iya Yesu (Ibyah 5:12)

- Ubutware

- Ubutunzi

- Ubwenge

51


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Imbaraga

- Guhimbazwa

- Icyubahiro

- N‘ishimwe

Iy‟Imana

- Ubutware

- Ishimwe

- Ubwenge

- Imbaraga

- Guhimbazwa

- Icyubahiro

- Ishimwe

- Bari bavuye mu mibabaro: birumvikana ko ari Abakristo bari bavuye mu

isi, bameshe ibishura byabo (Ibyah 22:14). Yohana abona abisiraheri

bashyirwaho ikimenyetso ntago impanda zari zagatangajwe, kandi ntago

zari zakavugijwe. Kandi abagaragara mu Iyerekwa ni abanyamahanga bo

mu mpande enye z‘isi. Bivuze ko Yesu yashatse kwereka Yohana impande

zombi z‘abaragwa amasezerano. Bityo Yeretswe abisiraheri Barindwa

umubabaro, ariko anerekwa iherezo ry‘abanyamahanga bakiranutse. Ngo

bari bavuye muri urya mubabaro, ubwo Bibiliya itagaragaza ko itorero

rizanyuzwa mu mubabaro ndetse mu Byahishuwe hakaba hatabonekamo

ijambo abakristo cyangwa itorero mu bice bivuga ku mubabaro ahubwo

tukaba tubona ko itorero rizazamurwa mbere y‘umubabaro ukabije. Niyo

mpamvu duhamya ko itorero ryanyuze mu mibabaro yo mu isi ibihe

bitandukanye, ndetse n‘akarengane k‘abami babi Iyo ikaba ariyo mibabaro

bazaba bavuyemo.

Itandukaniro Hagati Y’abisiraheri

Bashyizweho Ikimenyesto

N’abantu Benshi Yohana Yabonye.

Ibyah 7:3-4

Isiraheli 144000

Yohana yumvise umubare wabo

ntiyababonye.

Bari 144000

Ikimenyetso cyashyizwe ku

mubare uzwi.

Bari bavuye muri Isiraheri

Ikimenyetso cyashyizwe ku

Ibyah 7:9-11

Abantu benshi

Yohana yarababonye

Batangira umubare

Aba bantu utabasha kubara

bejesheje amaraso ibishura byabo.

Bari bavuye mu moko yose

n‘amahanga yose

52


IBYAHISHUWE NA KRISTO

itorero rya Isiraheri

Ikimenyesto cy‘uburinzi

Mbere y‘impanda 7

n‘inzabya 7 z‘umujinya.

Bari mu isi.

ikimenyetso ku itorero ku isi

yose

Ikimenyetso

cyo

gucungurwa.

Nyuma y‘imibabaro

ikomeye

Bari mu ijuru

IGICE CYA 8: IKIMENYETSO CYA 7 KIMENWA

C

ya kimenyetso cyari kigijwe inyuma mu byanditswe kigiye

kumenwa: iki Ikimenyesto gitandukanye na bitandatu byamanje

Umwana w‘Intama amaze kukimena mu ijuru hazabaho ituze nk‘igice

cy‘isaha, aho baramya Imana ubudasiba ubu noneho bamaze 30, bigaragaza

ikintu kidasanzwe kandi giteye ubwoba cyari kigiye kubaho. Ubwo cyamenwaga

Yohana yibwiye ko Umwana w‘Intama agiye gusoma igitabo ariko mu cyimbo

cyabyo abona impanda enye za mbere zivuzwa.

- Mbona abamarayika 7 bahora bahagarara imbere y‟Imana bahabwa

impanda ndwi: Aba bamarayika 7 Bari bazwi uhereye cyera mu bayuda

n‘Abakristo nk‘abamarayika bakomeye abo ni Uriyeri, Rafayeri,

Raguweri, Mikayire, Sarakayeri, Gaburiyeli Remiyeli (Tobi12:15; 1

Enoki 20:2-8) ariko ntago amazina yabo aboneka mu byahishuwe

Gaburiyeli na Mikayire nibo bagarara mu byanditswe ko bahagararaga

imbere y‘intebe y‘Imana (Yuda 9; Luka 1:19) Nyamara ariko mu nyandiko

zisanzwe z‘abayuda wasangaga bavuga ayo mazina ko ari ay‘abamarayika

7 bajya bahagarara imbere y‘intebe y‘Imana. Byabonetse kandi mu

nyandiko za Enoki nkuko bivugwa n‘abahanga mu by‘isezerano rya kera.

- Haza marayika wundi ahagaze ku gicaniro afite icyotero ahabwa

imibavu ngo ayongere kumasengesho y‟abera: iki gicaniro ni cya

kindi Yohana yobonye mu 6:9-10 munsi yacyo hari imyuka y‘abera

itaka, uyu mu marayika yahawe imibavu ngo ayisuke ku masengesho.

Agisukaho imibavu ku gicaniro umwotsi w‘umubavu uzamuka mu

kuboko kwa marayika (bigaragaza igitambo cyemewe)

53


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Marayika afata umuriro avuye ku gicaniro uwusuka mu isi (Ezek 10:2-7)

Amasengesho y‘abera bo mu isi yongewe ku gutaka kw‘abohowe Imana

byemewe imbere y‘Imana maze Yemera guhora inzigo nkuko bari babisabiye

nicyo cyatumye umuriro wo mu gicaniro usukwa mu isi nk‘ikimenyesto

cy‘umujinya w‘Imana.

Amajwi avuga nk‟inkuba zihinda n‟imirabyo n‟igishyitsi: Aya majwi

agaragaza ikimenyetso cyo gukora kw‘Imana cyangwa ikimenyetso cy‘icubahiro

gikomeye cy‘Imana, Aya yahinze igihe Imana yasuraga abisiraheri ku musozi

Sinai (Kuva 19:16-19) byongeye kubaho inshuro 2 mu byahishuwe (11:19;

16:18)

Impanda 4 za mbere zivuzwa

Impanda ya mbere

Urubura, umuriro bivanze n‟amaraso bijugunywa mu isi, 1/3 cy‟isi kirashya

1/3 cy‟ibiti kirashya n‟ibyatsi bibisi birashya: ibi bisa n‘ibyo umuhanuzi

Yoweri yabonye 2:30 bisa kandi n‘ibyago byabaye muri Egiputa (Kuva 9:13-

35), ubusobanuro butangwa n‘ababihuza n‘ibisasu bya kirimbuzi

ntibwakoreshwa hano ngo bihure, Imana yaremye ibimera ku munsi wa gatatu,

yashobora no kurimbura 1/3 cyabyo kubera ibyaha byabantu birushijeho

kwiyongera. Ikindi gituma duhamya ko Ibiza n‘ibyago y mu iki gice

cy‘ibyahishuwe bizabaho, Atari ibigereranyo ni uko, ibi byago Imana yabiteje

abanyamisiri nkuko bigaragara mu gitabo cyo Kuva.

Impanda ya 2 ivuzwa

Ikimeze nk‟umusozi munini waka umuriro kijugunywa mu Nyanja 1//3

cy‟inyanja gihinduka amaraso 1/3 cy‟ibyaremwe bifite ubugingo byo mu

Nyanja birapfa 1/3 cy‟inkuge kirarimbuka: abantu bo mugihe cya Yohana

bari bamenyereye kuruka kw‘ibirunga, ndetse Hari icyari giherutse kuruka muri

79 N.K Gisenya umugi wa Pompei n‘indi migi ariko se ni ikihe kirunga gihera

mu kirere kikagera ku butaka?

Ijambo inyanja riri mu bucye riganisha ku Nyanja ya Mediterane, yari izwi

cyane ku ngoma y‘abaroma, aha ariko ni igishushanyo cy‘inyanja z‘isi. Amazi

guhinduka amaraso, bitewe n‘icyo cyago kizagwa nu Nyanja, ibinyabuzima

byose bipfa ndetse igihombo gikabije cy‘ibitwarwa mu mato kizabaho. Tekereza

nawe ukuntu isi izabyitwaramo igihe 1/3 cy‘ibiba mu Nyanja bizaba bireremba

54


IBYAHISHUWE NA KRISTO

hejuru y‘amazi? Inyanja n‘ubutaka ni ibice bibiri by‘ingenzi bihagarariye

ibyanditswe, uhereye mu irema. Bityo rero bigomba kugerwaho n‘urubanza

rw‘Imana rwo guhana abanyamahanga binangiye mu buzima bwabo bwose,

kandi bagakomeza kongera ibyaha ku bindi bikongereza umujinya w‘Imana.

Impanda ya 3 ivuzwa

Inyenyeri nini yitwa MURAVUMBA igwa kuri 1/3 cy‟inzuzi n‟amasoko

n‟imigezi, amazi asharira aba nka Apusinto abantu benshi bicwa nayo :

birashoboka ko ari wa muriro marayika yakuye ku gicaniro cyo mu ijuru mu gice

cya 5 iyo nyenyeri yitwa muravuma (ubusharire) twibuke ko mu mpanda ya

kabiri inyanja yahindutse amaraso none iyi mpanda nayo izakora ku migezi

n‘amasoko amazi akenerwa n‘abantu mu buzima bwabo bwa buri munsi nabyo

bihinduka amaraso, Muri make ubwo inyanja izagerwaho n‘ibyago igahinduka

amaraso kandi ibiyibamo bigapfa, abantu bazahindukirira amasoko maze

bakoreshe amazi yayo, muri icyo gihe cy‘akaga nyamara ariko impanda ya gatatu

nivuzwa nta gushidikanya abantu bazabura epfo na ruguru, bicwe n‘inyota

abenshi bazanywa amaraso kuko nta kindi kintu kizaba gihari cyanyobwa.

Ibinyobwa byose biri ku isi bikorwa hifashishijwe amazi. Ibi bisa n‘ibyabaye

muri Egiputa ku ruzi rwa Nile n‘amasoko (Kuwa 7:14-24) niyo mpamvu tuvuga

tudashidikanya ko Imana izareka ibi byago bikaba ku isi, nk‘uko yaretse bikaba

kuri Egiputa yewe n‘I Sodomu ibishushanyo by‘ isi y‘Ibyaha mu buryo

bw‘Umwuka. (Ibyah 11:8) Ibi ni imbusane y‘ibyo Mose yakoze ubwo yahumura

amazi y‘I Mara (Kuva 7:15:23). Mbega uburyo ibi byago bizaba biteye ubwoba

mu gihe cyabyo. Nyamara nkuko Mubwirizabutumwa yabwiye Mukristo mu

gitabo cy‘umugenzi cyanditswe na Yohana Bunyan, ubu haracyariho amahirwe

ku batuye isi yo guhunga umujinya uzatera.

Impanda ya 4 ivuzwa

1/3 cy‟ukwezi 1/3 cy‟izuba 1/3 cy‟inyenyeri byijima ngo ntibivire isi:

Ntibitangaje na none ko Imana yaremye izuba ukwezi n‘inyenyeri mu (Itang 1:4-

19) izagabanya ibyo biva byose ku kigero cya 1/3 Imana yasezeranije Nowa ko

isi ikiriho buzajya bucya bukira. (Itang 8:22) biragaragara ko uyu azaba ari

umubabaro ukabije kuko Impanda ya mbere nivuzwa izindi nazo zizahita

zikurikiraho.Tekereza urumuri ruboneka ku isi rugabanijwe ku kigero cya 1/3

bizaba biteye ubwoba, kandi nta wakwifuza kubibona n‘amaso ye. Nyamara

55


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ariko kubera ibyaha by‘abari mu isi ntibizabura kubaho bitegurira kugaruka Kwa

Kristo.

Ikizu gitangaza amashyano 3

Ibyavuzwe n‟ikizu cyagarutse kiringanije ijuru: twamaze kubona impanda

enye maze nyuma yazo haboneka ikizu kigurukira hejuru mu kirere kivuga ko ari

ishyano kubw‘amajwi y‘impanda zari bukurikireho ,ibyanditswe bya Kigiriki

,bivuga ko iki kizu gisobanura marayika, Abantu b‘Imana bazarindwa ibi byago

(7:3;9:4) imbere y‘Intebe y‘Imana kandi hari ikizima gisa n‘ikizu. Iki gisiga

kigurukira hejuru cyane cyitegeye isi, ibi bigaragaza uko Imana iri hejuru ya

byose kandi ari umugenzuzi wa byose. Imana yasezeranije Abisiraheri ko izajya

ibaramiza amababa nk‘ay‘ikizu. Impanda 4 za mbere ni zimara kuvuzwa,

hazabaho itangazo ariryo Yohana yumvise, ko ibigiye gukurikiraho bikomeye

kuruta ibishize, ni ―amashyano‖

Itandukaniro hagati y’ibyago byo mu

Byahishuwe n’ibyo mu gitabo cyo Kuva

Muri macye iyo urebye ibyago Imana yateje abanyegiputa usanga bifitanye isano

ya bugufi n‘ibyago bizabaho mu gihe cy‘umubabaro ukabije, bityo tukaba

twemera rwose ko Imana ishobora gugarura bino byago mu gihe cy‘ umubabaro,

aho kuba ibigereranyo nkuko bamwe mu basobanuzi mu bitabo bimwe babivuga.

Imana yateje ab‘Abanyagiputa ibyago Isiraheri irindiwe I Gosheni, nyamara

ariko yarimbuye ingabo za Egiputa Isiraheri yamaze kwambuka inyanja itukura.

Imana yarimbuye I Sodomu n‘I Gomora Loti yamaze gusohokamo, Yerusalemu

yarimbuwe muri 70 N.K, Abakristo bamaze guhungira mu misozi, harimo n‘I

Pera, dushingiye kuri izi ngero zose rero Imana izahana amahanga itorero

ryarakuwe mu isi. Kandi ibi byago by‘imperuka bizaba birenze uko byanditswe

kuko Yohana yakoresheje ibimenyetso. Reka turebe itandukaniro hagati y‘ibi

byago byo mu gihe cy‘umubabaro ukabije n‘ibyago byo muri Egiputa.

Ibyago byo mu Ibyahishuwe

Ku isi yose

Impanda ya 1: Urubura n‘umuriro

bivanze n‘amaraso kuri 1/3 cy‘isi

Impanda ya 2: ikimeze nk‘umusozi

waka umuriro kijugunya mu Nyanja

cyica 1/3 cy‘ibiba mu Nyanja.

Ibyago byo mu Kuva

Muri Egiputa

Icyago cya 7: Urubura

Uruzi rwa Nili ruhinduka amaraso.

56


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Impanda ya 3 :1/3 inyenyeriyitwa Icyago cya 1: Amasoko aba amaraso.

Muravumba igwa mu masoko

n‘Imigezi

Impanda ya 4:1/3cy‘ibiva byo ku ------------------------------------

Ijuru, bigabanya urumuri.

Impanda ya 5: Inzige Icyagi 8 :inzige

n‘abadayimoni

Impanda ya 6: 1/3 Abantu bazapfa Icyago 10:Abana b‘imfura bapfa

Impanda ya 7: iherezo ------------------------------------

Urwabya 1:ibisebe

Icyago 6:IBISEBE

Urwabya 2:Amaraso mu nyanja ------------------------------------

Urwabya 3:Amaraso mu migezi Icyago 1:Amaraso mu mariba

Urwabya 4:Izuba ryica abantu ------------------------------------

Urwabya 5: Umwijima mu bwami Icyago cya 9: Hacura umwijima

bwa Satani

Urwabya 6: Uruzi rwa ufurate Inyanja itukura ikama bambuka

rukama

Urwabya 7:Igishyitsi

Icyago 2:Ibikeri

------------------------------------ Icyago 3: Inda

------------------------------------ Icyago 4: Amasazi (Ibibugu)

------------------------------------ Icyago cya 5:Muryango

57


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 9:

IMPANDA ZO HAGATI

Impanda ya 5 ari naryo shyano rya mbere

M

u gihe cy‘umubabaro ukabije Imana izemerera abadayimoni kubabaza

abatizera n‘ububabare bwinshi kandi imyuka mibi yice 1/3 cy‘abantu

uyu mubabaro w‘akabura rugero uzabamo abadayimoni bateye

ubwoba bazakora igihe runaka cyategetswe kingana n‘amezi atanu.

Inyenyeri yaguye ivuye mu ijuru ifite imfunguzo z‟urwobo rw‟I kuzimu: ni

Marayika wahawe ubutware n‘Imana ngo akingurire imyuka mibi ibabaze abari

mu isi badafite ikimenyetso, Uyu marayika aboneka nanone mu byahishuwe 20:1

afungirana Satani ikuzimu ngo abera n‘itorero bimane na Kristo imyaka

igihumbi.

Umwotsi wavuye muri urwo rwobo wijimishije izuba n‟ukwezi: Umwotsi

usobanura Umwuka w‘ibinyoma uzabuza cyangwa uzabangamira umucyo

w‘ubutumwa bwiza.

Inzige zavuye mu rwobo zigahabwa ububasha nk‟ubwo Sikorupiyo

(Indyanishamurizo) zikoresha : abantu bo muri Bibiliya bari bamenyereye

ibyago by‘inzige amamiriyoni zazaga zikamara amezi atanu, Umubare gatanu

usobanura igihano yewe rwose icyago cya 8 muri Egiputa cyari inzige (Kuva

10:1-20) ariko izo ngize zo zababazaga ibimera ntizibabaze abantu. Mu murimo

wa Yesu mu isi yise sikorupiyo imyuka mibi, abadayioni mu mvugo yindi

by‘umwihariko bababaza abantu, babatesha umutwe, bababuza amahoro mu

buryo bwose. (Luka 10:19) Inzoka na Skorupiyo byari ibimenyetso

ndangabubasha cyo muri Egiputa

Kubabazwa amezi atanu: Umubare 5 uvuga igihano uyu mubare kandi ungana

n‘uwigihe inzige zajyaga zimara zitera mu minsi ya cyera.

Zimeze nk‟amafarashi yiteguriwe intambara: Bivugako zahawe ibikenewe

byose ngo zibashe kunesha.

Mu maso hasa n‟ah‟umuntu: Izo nzige zizagira ubwenge nk‘ubwabantu

cyangwa se zizaba inyamaswa Bantu tuziko imyuka mibi ikorera mu bantu

iby‘ubugome buruta n‘ubw‘inyamaswa zakora nti ntibitangaje rero ko iyo myuka

yakoresha abantu ibibi nk‘ibyo.

58


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Zifite umusatsi nk‟uwabagore: Abanyamafarashi ba cyera cyane muri Irani

y‘ubu baterekaga imisatsi maze igihe biruka igahuhwa n‘umuyaga, niyo mpamvu

Yohana yakoresheje iki kigereranyo.

Zari zifite amenyo nk‟ay‟intare: Ayo menyo acamo ibice umuhigo

bigaragaza imbaraga zo kurimbura. Izi nzige-bantu zizaba zifite.

Zari zambaye amakamba y‟izahabu: Ikamba yari ikimenyesto cy‘ubutsinzi

bivuga ko izo nzige zizagera ku ntego yazo.

Ibikingira igituza bisan‟ibyuma: Ibi bigaragaza uburinzi bukomeye zizaba

zifite, ingabo z‘abaroma zagiraga ingabo z‘umuringa, kuba rero izi ari icyuma

n‘ikigaragaza ububasha ntashyikirwa.

Guhinda nk‟ukw‟amagare akururwa n‟amafarashi menshi: Bigaragazako

zizaba ziserukiye intambara.

Imburi nk‟iza Skorupiyo : Mu busanzwe ntago inzige zijya zirya abantu

ariko, Ibi bigaragaza ko ari igihano cy‘Imana, Dukurikije ibitabo bisobanura

bihuza ibyahishuwe n‘ibiriho ubu nk‘ibisasu n‘ibindi bibaho mu minsi ya

none.Izi nzige bazihuje n‘ ibifaru by‘intambara, birasa imbere ,basobanura ko izi

nzige ari ibifaru by‘intambara, birasa imbere n‘inyuma,bikaba byarasa imyuka

ibabaza abantu aho kubica, gusa ntibyahura neza n‘ibyanditswe kuko izi nzige

zavuye I kuzimu kandi zibabaza abantu badafite ikimenyetso bose bivuga yuko

n‘abakoresha ibyo bifaru by‘intambara bari mu bazagerwaho n‘ako kaga.

Umwami wazo ni Abadoni, Apoluwoni: Abadoni ni uruheburayo mu gihe

Apolowoni bisobanura umurimbuzi, Abadoni risobanura

“Ukurimbuka῎(Destruction) ryakoreshejwe cyane mu kinyejana cya 7

nk‟ikuzimu Uyu ni Dayimoni ukomeye ikuzimu ariko ibitabo byinshi

byasobanuye ko ari Satani ubwe. (Archdemon), kuko nkuko abamarayika bagira

amapeti (Ranks) n‘ikuzimu ni uko. Uyu niwe ushobora kuba uvugwa mu (Ibyah

11:7) mu bisanzwe inzige ntizigira umwami ariko zitera zigabanyijwemo imitwe

(Imig 30:27) ibi bigaragaza ko ari ikimenyetso cy‘umujinya w‘Iteka ryaciwe

n‘Imana. Apolowoni Yohana ashobora kuba yararikoresheje ashaka kurihuza

n‘ikigirwamana cy‘Abagiriki cyitwaga Apolo. Muri iyi minsi abantu bazifuza

urupfu ariko ntibazarubona.

Ishyano rya mbere rirashize andi abiri araje !

59


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Impanda ya 6 ishyano rya 2

1/3 cy‟abantu cyicwa

Ijwi ryaturutse ku gicaniro : Iki gicaniro ni cya kindi cyabaga imbere y‘intebe

y‘Imana, ndetse imyuka y‘abishwe yagitakiraga munsi y‘Icyo gicaniro kimeze

nk‘icyo mu isezerano rya kera (Kuva 37:25 ; Kuva 38:2)

Abamarayika 4 ku ruzi rwa Ufurate : Aha ni abamarayika b‘umwijima

bayoboye igitero cya kabiri nyuma y‘icyayoboye n‘Apolowoni Bibiliya ivuga ko

Isiraheri yahanaga imbibi n‘uruzi rwa Ufurate (Yos 1 :4 2 Sam 8 :3) Hari ku

mpera za Ampire y‘abaroma igihe Yohana yandikiraga ibyahishuwe.

Umubare w‟abagenza amafarashi wari uduhumbagiza magana abiri

(200,000 ,000) umubare wabo Yohana yarawumvise.

Bari biteguye iyo saha n‟uwo munsi n‟uko kwezi n‟uwo mwaka :

Bisobanura ko byari mu mugambi w‘Imana uhereye mbere.

Mu kanwa kayo havagamo Umuriro, Umwotsi n‟amazuku : Uyu muriro

wabayeho no mu isezerano ryakera i Sodomu n‘i Gomora. Aya mazuku kandi ni

nk‘umuriro w‘ibirunga ntibitangaje ko Imana izarimbuza abatizera uyu muriro

kuko yanateguye n‘inyanja yaka umuriro n‘amazuku nk‘igihano giheruka ibindi

cy‘abatizera. Ukurikije ubusobanuro buhuza ibyahishuwe n‘ibiriho ubu wabona

ko izi ari za mbuna za rutura zitwika cyane. Nyamara ariko ntiduhakana rwose

ko ibizaba birenze ibitekerezwa n‘ubusobanuro twatanga muri iki gitabo.

Abasobanura ibyahishuwe babizuza n‘igihe turimo bavuga ko aya mafarashi

ari ibibunda bya rutura birasa imbere n‘inyuma abantu bakicwa n‘umuriro

n‘amazuku bibiturukamo.

Nubwo ishyano rya kabiri rirangiye ariko……abasigaye ntibigeze bihana,

imirimo y‟Intoki zabo ngo bareke gusenga abadayimoni, n‟ibishushanyo

byacuzwe mu izahabu no mu ifeza, nibyaremwe mu mabuye no mu biti

bitabasha kureba no kumva cyangwa kugenda, habe ngo bihane ubwicanyi

bwabo, cyangwa uburozi cyangwa ubusambanyi cyangwa ubujura. (Ibyah

9 :20-21)

60


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Kugirango turusheho kumva neza ibiri muri ibi byago by‘imperuka reka

twifashishe iki gishushanyo gikurikira :

61


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 10:

YOHANA ACONSHOMERA AGATABO

“Marayika nabonye ahagaze ku Nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe

kw’iburyo, agutunga mu ijuru, arahira ihoraho iteka ryose, yaremye ijuru n’ibirimo

n’isi n’ibiyirimo, n’inyanja n’ibiyirimo ati: “Ntihazabaho igihe ukundi.”

(Ibyah 10:5-6)

Ishusho 14 Kurya umuzingo ni ikimenyetso

cyo guhabwa ubutumwa Birakunezeza, ariko

ingaruka zabwo ni akarengane. Ezekiyeli na

Yeremiya nabo, bariye umuzingo. Ubaryohera

mu kanwa ariko munda urabasharirira.

Ishusho 15 Marayika yarahiye ko nta gihe

kizongera kubaho ukundi.

A

majwi y‘impanda zirindwi azarangiza urubanza rw‘Imana, kandi iryo

jambo riraryoshye ndetse rirasharira, ku bazagerwaho n‘urubanza bose

marayika ukomeye, ushobora kuba ari Gaburiyeli, cyangwa Mikayire

62


IBYAHISHUWE NA KRISTO

yamanutse avuga nk‘intare hakurikiraho guhinda kw‘Inkuba.

- Marayika ukomeye : Uyu mu marayika na none aboneka (5 :2) abaza

uwabumbura igitabo.

- Yambaye ibicu : bigarangaza icyubahiro cy‘ahantu Imana iri (Kuva

16 :10, Luka 3 :34)

- Umukororombya wari hejuru y‟umutwe we : bivuga wa mukororombya

ugose Intebe y‘Imana yari aje mu butware bw‘iyamtumye (Ibyah 4 :3)

- Mu maso nk‟ah‟izuba : mu gice cya mbere Yesu niwe wiyeretse Yohana

ngo amutume nkuko twabivuzeho afite mu maso nk‘ah‘izuba. Nyamara

ariko hano uyu mu marayika turabona rwose ko Ari Gaburiyeli kuko niwe

marayika ushinzwe ubutumwa.

- Ibirenge n‟inkingi z „umuriro : ibi bigaragaza aho Imana iri uhereye no

mu gihe cy‘Abisiraheli, bayobowe n‘inkingi y‘Umuriro, Mose Imana

yamuhamagariye mu Gihuru cyaka Nk‘umuriro. Kwa Manowa se wa

Samusoni Marayika Yazamukiye mu mwotsi w‘Umuriro (Kuva 13 :21)

- Ikirenge cy‟iburyo ku nyanja n‟ icy‟ibumoso ku butaka : ibice

by‘ingenzi bigaragaza cyangwa bihagarariye ibyaremwe. Bityo yashatse

kugaragaza neza ko ubutumwa azanye bureba ibyaremwe byose.

- Agatabo: Ni uburyo yakoresheje kugirango atandukanye igitabo cyari mu

kubuko kw ‗iburyo kw‘Imana n‘aka gatabo kandi.

Mbese Uyu Ni Muntu Ki Waje Mu Bwiza Bw’imana ?

Abanyeshuri ba Bibiliya Benshi bahuje uyu mumarayika na Yesu, bashingiye

kuburyo yiyeretse Yohana mugice cya 1 ariko ushingiye ku murongo wa 6,

marayika yarahiye Imana, Yesu nk‘umwe mu butatu ntiyari kurahira Imana

keretse kwirahira nkuko Imana ibigenza.

Uburyo bwiza bwo gusobanura bwagaragaje ko ari GABURIYELI kuko ariwe

ujya uhagarara Imbere y‘intebe y‘Imana (Luka 1 :19) Uyu mu marayika kandi

ahura na GABURIYELI wo muri Daniel (12 :7) aho yazamuye ukuboko

kw‘iburyo akarahira Imana.

Mu gitabo cya Danyeri aricyo Abahanga bita ibyahishuwe byo mu isezerano rya

Kera tubona Gaburiyeri arahira avuga rwose igihe Igice cya mbere

cy‘umubababaro ni ukuvuga imyaka 3 ½ ahabya uburebure bwacyo, kandi

mwibuke ko uyu mumarayika abonetse hasigaye kuvuzwa impanda ya karindwi.

63


IBYAHISHUWE NA KRISTO

None aravuze ati : ῝ Ntihazabaho igihe ukundi,῎(Ibyah 10 :6) bivuga ko ariwe

wavuze ibya kiriya gihe. Dore ko aje no mu gihe yasezeranije ko bizaba

birangiye. Muri Danyeli Yaravuze ati : « Nibamara kumenagura imbaraga

z‘abera…..bizaherako birangire ». Bwa mbere yarahiye ahagaze ku ruzi, none

ubu ahagaze ku nyanja n‘ubutaka, bigaragaza ubutware ubu butumwa yari afite

bufite ku byaremwe byose.

Gaburiyeli yavugishije abantu 4 muri Bibiliya yose.

1. Daniyeri (Dan 8 :16,9 :21)

2. Zekariya (Luka 1 :26)

3. Umwari mariya (Luka 1 :26)

4. Yohana (Ibyah 10)

- Ntihazabaho igihe ukundi (Bibiliya zitari iyitiriwe Umwami Yakobo

(King james Version) zivuga iyi nteruro mu buryo butandukanye ngo…

- Nta gukererwa kuzabaho : ibi bitwibutsa ibyo gutaka kw‘Imyuka y‘abera

yari munsi y‘igicaniro yabazaga itaka iti : « uzageza ryari kudaca amateka

ngo uhorere amaraso yacu yamenwe » bityo rero marayika afite igisubizo

aho avuga ati…Nta gukererwa kuzabaho, ntihazabaho igihe ukundi,

bivuze ko umujinya w‟Imana uzaba ugeze igihe cyawo.

- Marayika wa 7 navuza imbanda ubwiru bw‘Imana buzaba busohoye :

bivuga ko byose bizaba birangiye umubare 7 uvuga kuzura, ubwo noneho

iby‘amateka y‘inyoko muntu bizaba bigeze ku iherezo, ijambo birarangiye

riba inshuro 2 muri Bibiliya gusa.

1. Yesu ku musaraba (Yoh 19 :30)

2. Ibyah 16 :17)

- Agatabo karyohera mu kanwa gasharira mu nda : Ezekiyeri nawe

yahawe umuzingo ategekwa kuwurya…. «Mwana w‟umuntu haza inda

yawe n‟amara yawe uyuzuzemo uyu muzingo uyu muzingo nguhaye,

Nuko mpera ko ndawurya mu kanwa undyohera nk‟ubuki. (Ezek

3 :3 ) » Yeremiya nawe Yariye amagambo y‘Imana ubwo Imana

yamubwiraga iti : … « Nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe (Yer

1 :9) » Maze Yeremiya nawe abihamya avuga ati : « Amagambo yawe

amaze kuboneka ndayarya, ambera umunezero n‟ibyishimo byo mu

mutima wanjye kuko, nitiriwe nitiriwe izina ryawe uwiteka Imana

nyiringabo (Yer 15 :16) » na Yohana ni uko ,kurya umuzingo ni

ikimenyetso cyo guhabwa ubutumwa n‘Imana, kuryohera ni ibyishimo byo

kwizerwa n‘Imana ikaguha ijambo cyangwa ikagutuma, gusharira

64


IBYAHISHUWE NA KRISTO

n‘imibabaro ushobora guterwa n‘ubutumwa Yohana yabwiwe ko akwiye

kongera guhanura ibyamoko menshi amahanga n‘ indimi n‘abami.

IGICE CYA 11:

IBY’ABAHAMYA 2

“Abo bahamya nibo biti bya Elayo bibiri n’ibitereko by’amatabaza bibiri

bihagarara imbere y’Umwami w’isi. (Ibyah 11:4)

Ishusho 16 Abahamya babiri bamwe bemeza ko ari Eliya na Enoki, mu gihe abandi bahamya

yuko ari amatsinda azakomera ku guhamya Imana kugeza ku gupfa mu minsi ya nyuma.

Y

ohana yanditse ibiri muri iki gice asa nukomereza ku bivugwa mu gice

cya 10 :1 Iki ni gice gikomeye cyane gusobanura bityo rero abanyeshuri

ba Bibiliya batanze ubusobanuro bwinshi cyane. Akajambo

nuko…..karagaragaza ko iri ari iyerekwa rigikomeza amaze kwakira agatabo,

ndetse akabwirwa ko akwiye kongera guhanura. (10 :8-11) nyuma Yohana

65


IBYAHISHUWE NA KRISTO

yasabwe gukora igikorwa cy‘ubuhanuzi nkuko abamubanjirije nabo bagikoze.

(Yes 20 :2-5 ; Ezek. 12:1-17; 40; Zek. 2) kugera urusengero bishobora kuba

bigaragaza ko ari urw‘Imana, ndetse ko Imana iruzi nubwo ari mu gihe

cy‘umubabaro.

Ni hake mu byanditswe, kugera urusengero bivuga kurindwa (Yer. 31:39; Ezek.

40:2—43:12; Zek. 1:16; 2:1-8)

Ibyo kugera urusengero :Yohana yari akiri aho yaboneye Ibyo mu gice

cya cumi, maze ahabwa urubingo ngo agere urusengero, muri Ezekiyeli

nawe yategetswe kugera urusengero (Ezek 40 :48) uru rusengero

ntitwaruhuza n‘urw‘i Yerusaremu mu busanzwe kuko Abaroma

barushenye muri 70 N.K Yohana yongera kuvuga iby‘urusengero

nk‘umugeni w‘Umwana w‘Intama (Ibyah 21 :9-10) avuga kandi ibya

Yerusaremu nshya izamanuka iva mu ijuru (ibyah 21)iby‘urusengero

bigereranywa n‘itorero rya Kristo ritarambikwa ubwiza n‘icyubahiro, mu

gihe mu gice cya 21 itorero rizaba ryambitswe ubwo bwiza, Pawulo

yigishije ko itorero ari urusengero rw‘Imana (2.Kor 6 :16) Abef 2 :21) na

Petero abigereranya n‘ubutambyi (1 Pet 2 :5-9) ijambo ‗naos‟ ry‘ikigiriki

ryakoreshejwe risobanura urusengero- nyubako (Temple building )ibi

bitwereka ko itorero ari urusengero rw‘Imana.

- Yohana ahabwa urubingo ngo agere : Yahawe urubingo uwarumuhaye

ntazwi yewe niba yararugeze cyangwa atararugeze ntibizwi icyo tuzi nuko

uru rusengero ari ishusho y‘itorero mbere yo gushyirwa mu bwiza,

rwongera kugaruka na none (21 :9) aho bagaragaza neza ingero zarwo mu

byahishuwe 21.

- Kugerwa k‟urusengero : ntidushobora kwirengagiza ubusobanuro buvuga

ko uru rushobora kuba ari urusengero ruzaba ruriho na none mu gihe

cy‘umubabaro, ruzasimburwa n‘urwo mu bwami bw‘imyaka 1000. (Ezek

40) kugerwa bizaba ari ikimenyetso cy‘uburinzi. Abenshi bavuga ko

abisiraheri aribo bazaba bari mu rusengero imbere mu gihe urugo

ruzanyukwa n‘abanyamahanga, mu gice cya kabiri cy‘umubabaro ukabije.

- Bazamara amezi 42 : Igice cya kabiri cy‘umubabaro ukabije cyane ko ari

igihe abanyamahanga bazarenganya cyane Abisiraheri.

Ubusobanuro bwa 11 :1-2

Urusengero n‘umurwa wera Abisiraheri

Abasengeramo Abisiraheri mu gice cya kabiri

cy‘Umubabaro ukabije. barinzwe mu

66


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Urugo rw‘urusengero

Kubara abasenga

Kutagera urugo

Kunyukanyuka umurwa wera

amezi 42

buryo bw‘umwuka

Abazacirwaho iteka

Kurindwa kw‘abizera

Kurwanywa n‘abizera cyangwa

umujinya w‘abantu ku bizera

Igihe cy‘umubabaro ukabije, no ku

bisiraheri.

Iby’abahamya babiri

- Iby‟Abahamya babiri : Abantu benshi babona aba bahamya babiri mu

buryo bukurikira dukurikije uko amashuri y‘ibitekerezo (School of thoughs)

abigaragaza :

1. Enoki na Eliya

2. Mose na Eliya

3. Petero na Pawulo

4. Amategeko n‘ubutumwa bwiza (Law & Gospel)

5. Amategeko n‘ubuhanuzi(Law and Prophets)

6. Isezerano rya cyera n‘irishya.

Twebwe dukurikije uburyo Yesu yasobanuye mu gice cya mbere. Yavuze ko

amatorero ari ibitereko by‘itabaza kandi aba bahamya nabo bakabagereranywa

nabyo. Tubona aba bahamya mu buryo bw‘amatorero (11:4)

Abahamya nk’Amatorero 2

- Abahamya 2: Mbere ka twibaze ni ukubera iki ari babiri gusa cyangwa

Abahamya? (Abahamya babiri) mu isezerano rya kera no mu bindi

byanditswe havuga ko ikintu cyemezwa ko ari ukuri nyuma yuko cyemejwe

n‘abahamya babiri (Guteg 17:6;19:15,Mat 18:16,Mat 26:60 ,2 Kor 13:1; 1

Tim 5;19 heb 10:28) ijambo ry‘ikigiriki ryakoreshejwe bavuga Abahamya,

rivuga guhamya Kristo kugeza kugeza ku gupfa kubwe. Nkuko byagenze

kuri bamwe mu kinyejana cya 2 yewe Antipa yiciwe, I Perugamo nawe ya

kiranukiraga guhamya Yesu. Muri ya matorero 7 yo muri Aziya Simuruna

na Filadelifiya niyo atarabonetseho umugayo akaba ari igishushanyo cy‘aya

turimo kuvuga azahamya Yesu ku banze kwihana, ababwire n‘iteka benda

gucirwaho. Mu gice cya nyuma cy‘umuabaro ukabije. Impamvu nuko igihe

cyose Imana yajyaga kurimbura abantu yamanzaga kubaburira ku byenda

67


IBYAHISHUWE NA KRISTO

kuba. Bityo rero duhamya tudashidikanya ko mu myaka 3 ½ ya nyuma

hazaba hariho abahamya Buzuye Imbaraga z‘Umwuka Wera, bo guhamiriza

amahanga iteka azacirwaho.

- Bazahanura iminsi 1260: Nkuko Yohana yategetswe guhanura ibyamoko

menshi (10:11) niko n‘itorero rizahanura mu ijambo ry‘Imana barwanya

ibyaha nk‘uko abahanuzi bo mu isezerano rya kera babigenzaga. Amatorero

7 yose siko ari hano ahubwo, ibitekerezo bibiri nibyo gusa byavuzweho,

uburyo bumwe bwo kugirango itorero rihamye rishize amanga mu buryo

bwa gihanuzi ni ukwambara ibigunira, bisobanura itorero ryicisha bugufi,

riborogera ibyaha byaryo, ibizira birikikije iri torero ni irinyambaraga.

Ibibyose bizaba mu gihe cy‘ imyaka 3 ½ ya nyuma y‘umubabaro ukabije.

- Ibitekerezo by‟amatabaza 2 bigaragara imbere y‟Imana y‟isi: ni

amatorero abiri abonekaho gukiranuka imbere y‘Imana.

- Ibiti 2 bya Elayo: mu iyerekwa rya Zakariya ibiti bibiri bya Elayo

byavugaga (Zerubabeli na Yosuwa) ubusanzwe amavuta ya Elayo niyo

akoreshwa mu bitereko bya matabaza, amavuta: Umwuka Wera nk‘uko

byanditswe ngo si kubw‘Imbaraga n‘amaboko ahubwo ni k‘ubw‘Umwuka

w‘Imana (Zek 4:6) itorero ry‘Imana rirahanura igihe cyose riyobowe

n‘umwuka.

Ubusobanuro Bw‟ibyahishuwe 11:3-4

1. Abahamya 2: Amatorero ashize amanga ahamya ukuri, ni amatsinda

y‘abantu bazakomeza guhamya ukuri. Si igice cy‘itorero ryo muri iyi

minsi kuko rizaba ryarazamuwe mbere y‘umubabaro. Birashoboka ko

bazaba ari ab‘isiraheri.

2. Guhanura: Kubwiriza ijambo ry‘Imana barwanya icyaha.

3. Bambaye ibigunira: Kwicisha bugufi no kwihana no kuririra ibyaha

4. Iminsi 1260: kubwiriza mu gihe cy‘umubabaro

5. Ibiti 2 bya Elayo: Guhambwa imbaraga n‘Imana (Umwuka Wera)

6. Ibitereko 2: Abantu b‘Imana(itorero)

- Umuriro wavaga mu kanwa kabo: Yohana yashakaga kuvuga gukomera

k‘umuriro w‘itorero ryo mu minsi y‘imperuka. Ijambo ry‘Imana ryazanaga

n‘umuriro mu isezerano rya kera mu gihe Imana yahanaga abanyabyaha

(Yer 5:14) uyu muriro w‘itorero uruta uwa bya byago byo mu mpanda ya 6

(9:18)

68


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Ushatse kubagirira nabi umuriro uva mu kanwa ugatwika abanzi

babo: ibi bimeze cyangwa bihuzwa n‘ubutware bwahawe abigishwa ko

icyo bazaboha kizabohwa mu isi no mu ijuru (Mat 18:18) uyu muriro

utwika abanzi babo ni urubanza abarwanya ubutumwa bwiza bazacirwaho,

Ni ugutsindwa no gucumitwa n‘ijambo ry‘ukuri rifite ubugi bwinshi mu

mitima y‘abanyabyaha. Igihe cyose abantu banze ubutumwa bwiza bapfa

mu buryo n‘Umwuka (Yoh 3:18).

- Ubushobozi bwo guhagarika imvura, guhindura amazi amaraso no

gutera ibyago byose: Ibi bimenyesto tubizi kuri Eriya yahagaritse imvura

(1 Abami 17:1) Mose yahinduye amazi amaraso (Kuva 7:12) n‘icyago cyo

ku mpanda ya 2 ( ibyah 8:8) tutiriwe tujya mu bigereranyo cyane itorero ryo

mu minsi ya nyuma rizagaragaza ko Imana yaryo ariyo ya Eliya na Mose,

bityo nkuko Farawo atatsinze Mose kandi Yezeberi ntatsinde Eliya kugeza

igihe Eriya yazamuriwe mu ijuru niko abo mu gihe cya nyuma barwanya

ubutumwa bwiza batazatsinda iryo torero.

- Kandi nibarangiza guhamya kwabo bazicwa n‟inyamaswa: mu gice cya

cumi Yohana yariye agatabo, mu kanwa uko niko niri torero rizaryoherwa

no kuba mu mbaraga za gihanuzi, ariko nyuma Inyamaswa izazamuka iyi

nyamaswa ni Anti-Kristo, ari nayo ivugwa mu gice cya 13, izabarwanya

ndetse ibice bivugako hazabaho n‘abandi bazahorwa Imana mu gihe cya

Anti-Kristo.

- Intumbi zayo zizarambarara Sodomu no muri Egiputa mu mvugo

y‟Umwuka: Sodomu ni umugi w‘akabarore mu byaha bitandukanye

by‘ubusambanyi n‘ubutinganyi, Egiputa nayo ni uko isobanura ubucakara

iyi si ishyira ku b‘itorero.

- Aho umwami wabo yahambwe: Ibi bigaragaza neza ko aba bahamya ari

itorero cyangwa itsinda ry‘abizera aha Yohana abigereranije bitewe n‘uko

nabo bahamya nabo ariho bazagwa, itorero ryose rigomba kwangwa no

kwicwa ariko kandi rigomba no kuzazuka no kuzamurwa mu ijuru.

- Imyaka 3 ½: uyu mubare ugaragaza ko urubanza ubwarwo rutuzuye ni

igihe ab‘isi bazaba bashinyagurira hejuru y‘akarengane ba bahamya aribo

bya biti bya Elayo.

- Umwuka w‟ubugingo ubazamo bazamuka mu ijuru: Uyu ni umuzuko

w‘abera bazahorwa Imana, cyangwa ikigereranyo cyo kujyanwa

kw‘Abazicwa bazira guhamya muri icyo gihe cya Antikristo nkuko

barenganijwe ku mugaragaro no kujyanwa bizaba bityo (Ibyak 1:9) ibi

bizasa no kuzamurwa kwa Eliya mu magare y‘Umuriro (2 Abami 2:11) ibi

69


IBYAHISHUWE NA KRISTO

bizabaho mbere yo kugaruka kwa Kristo (14:14-16) uyu niwo muzuko wa

mbere dukurikije (20:6)

- Igishyitsi cyinshi cyica abantu 7000 abasigaye bahimbaza Imana : bisa

ni iki gishyitsi ari ikiri mu kumenwa k‘urwabya rw‘umujinya rwa 7, Abantu

bose bazahimbaza Imana ibi bizasohoza rya jambo igihe amavi yose

azapfukama n‘indimi zose zikatura ko Yesu ari umwami (Fil 2:10-11)

Abahamya 2 nka Eliya na Enoki

Abasobanura bemeza ko aba bahamya babiri ari Eliya na Enoki bazagaruka,

bahamya ko ubwo batapfuye, bazaza guhamya Imana mu minsi iheruka,

bakicwa maze bakazuka nyuma y‘iminsi itatu. Ibi bihura n‘inyandiko

iboneka mu gitabo cyo mu nyandiko za Kiyahudi ―Ubutumwa bwa

Nikodemu‖ twayigarutseho mu gitabo ―Inkuru zitavuzwe zo mu buzima

Bwa Yesu‖ nkuko twatangiye tubigaragaza hariho amashuri menshi

y‘ibitekerezo kuri iyi ngingo. Iyo bimeze bityo umwizera akwiye

kubyemera nk‘ubumenyi, ariko tugategerezanya gusohora kwa byose

twihanganye.

Ubusobanuro Bw‟ibyah 11:7-13

Imirongo

Umurwa ukomeye, Sodoma

cyangwa Egiputa.

Aho umwami wabo

yabambwe.

Inyamaswa izamuka I

kuzimu.

Abakina ku mubyimba

Kuzuka no kuzamurwa

Ubusobanuro

Isi yanduye y‘Abarwanya Umurwa

Yera (abera)

Uburyo isi yanze Kristo mu mateka

Anti-Kristo, inyamaswa izava mu

mazi

Insinzi y‘akanya gato ku bantu

b‘Imana

Ingororano y‘Abarenganijwe bahorwa

Imana mu gihe cy‘umubabaro ukabije.

Impanda ya 7 ishyano rya 3

70


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGITEKEREZO FATIZO: Impanda ya 7 igaragaza ko Kristo ahawe ubutware

ku mugaragaro......Marayika wa 7 avuza impanda, mu ijuru havuga amajwi

arenga, ko Ubwami bw‟isi bubaye ubw‟Umwami wacu n‟ubwa Kristo we

kandi azahora ku ngoma iteka ryose. Ba bakuru makumyabiri na bane

bicara ku ntebe zabo imbere y‟Imana bikubita hasi bubamye baramya

Imana bati: Turagushimye mwami Imana ishoborabyose iriho kandi

yahozeho izahoraho, kuko wenze ubushobozi bwawe ukima (Ibyah 11:16-

17)….

Urusengero rufunguka n‟isanduka y‟isezerano: isanduku y‘isezerano

ry‘Imana na Isiraheri yabaga mu rusengero (Kuva 26:33) ibi bikagaragaza ko

izaba isohora isezerano ryayo n‘abayubaha. Maze habeho imirabyo n‘inkuba

nk‘igishyitsi n‘ikimenyetso cyo gukora kw‘Imana.

71


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 12:

IBIKORWA BYA SATANI UBWE

“Ikimenyetso gikomeye kiboneka mu ijuru, mbona umugore wambaye izuba,

ukwezi kwari munsi y’ibirenge bye, ku mutwe yambaye ikamba ry’inyenyeri 12

kandi yari atwite, nuko atakishwa no kuramukwa ababazwa n’ibise. Mu ijuru

haboneka ikindi kimenyetso, mbona ikiyoka kinini gitukura gifite imitwe irindwi

n’amahembe icumi no ku mitwe yacyo gifite ibisingo birindwi.”(Ibyah 12:1-3)

Ishusho 17 Mu bimenyetso by’umugore n’ikiyoka Yesu yashakaga gusobanurira Yohana uko

SataniYarwanije Isiraheri, Yesu n’itorero muri rusange!

Uburyo bwa mbere bwo

Gusobanura Ibyahishuwe 12

M

uri kino gice Imana yahishuriwe Yohana ibikorwa bya Satani ubwe

kugeza mu gihe cy‘umubabaro ukabije, yabikoreye kugirango

abasomyi bose bazumve neza imbaraga zizaba ziri inyuma ya byose

mu mateka kugeza icyo gihe. Ibi bigaragaza intambara hagati ya Satani n‘Imana

uhereye ku kugwa kwe, ndetse bigaragaza impamvu umurimo we ariwo uzatera

Anti-Kristo n‘umuhanuzi w‘ibinyoma gukora (13) reka muri ubu buryo bwa

mbere dusobanure iki gice umurongo ku murongo kugirango birusheho

kumvikana.

72


IBYAHISHUWE NA KRISTO

12.1: Ikimenyetso gikomeye kiboneka mu Ijuru: Yohana yakoresheje iri

jambo ikimenyetso mu kigiriki (Semion) inshuro nyinshi mu byahishuwe ariko

aha yavuze ko ari ikimenyetso gikomeye (Mega Semion) bivuga ku kintu

kidasanzwe cyari kigiye kwerekanwa.

Umugore wambaye izuba, ukwezi kwari munsi y‟ibirenge bye ku mutwe

yambaye ikamba ry‟inyenyeri 12: Benshi mu basobanuzi bavuze byinshi kuri

uyu mugore, bamwe bati yaba ari Mariya nyina wa Yesu Kristo, ibi ntibabyahura

cyane ko umugore azaba agihari mu gihe cy‘akarengane (12:13, 13:17)

Dushingiye ku bindi bigereranyo bishushanyo bigaragara mu byanditswe mu

isezerano rya cyera (Yes 54 :1-6,Yer 3 :20,Ezek 16 :8-14,Hos 2 :19-20) turabona

rwose ko uyu mugore ari Isiraheli nk‘ubwoko bw‘Imana uhereye cyera Imana

yagiye igereranya isiraheli n‘umugore yari yambaye ikamba (Gr.Stephanos)

ririho inyenyeri 12, mu byanditswe kandi harimo izindi ngero za Israheli

igereranywa n‘umugore waramukagwa (Yes 26 :17-18,Yer 4 :31 ;13 :21 ;Mika

4 :10 ;5 :3) mugore yabyaye Kristo (U.5)

Izuban‟ukwezi inyenyeri: Nta kabuza dukurikije za nzozi Yozefu yarose

(Intang 37:9) Yozefu arototera se yakobo na nyina Rasheri byadufasha kumva

ubusobanuro bwabyo.

« Yongera kurota izindi nzozi azirotorera bene se ati: ῝Nongeye ndota

izindi nzozi izuba n‟ukwezi n‟inyenyeri binyikubita imbere. Ubwo rero

izuba ryari Yakobo, Ukwezi ni Rasheri naho inyenyeri bari abana ba

Yakobo (7:5-8) ῎

12:2 Mu iyerekwa rya Yohana uyu mugore yari atwite atakishwa no

kuramukwa ababazwa n‟ibise: ibi bigaragaza umubabaro w‘ubutabwe bwa

Isiraheri mu myaka 400 y‘umwijima mbere yo kuza Kwa Kristo Kwa mbere.

12:3 Ikimenyetso cya kabiri cyari ikiyoka kinini gitukura, icyo Imana

yasobanuye neza ko ari Satani ku murongo wa 9 na (20:2) Ijambo ikiyoka

(Gr Drakon) riboneka inshuro 12 zose mu isezerano rishya kandi hose mu

byahishuwe ndetse n‘ahandi hose hose ryerekeza kuri Satani

(12 :3,4,7,9,13,16,17,13 :2,4,11 ;16 :13,20 :2)

1) Ikiyoka : ni Satani

2) gutukura kwayo : bisobanura kumena amaraso bisobanura ubugome

n‘ubwicanyi.

3) imitwe 7 n‟amahembe 10: ni amahanga 10 n‘ubutware, imbaraga

10(17 :12) Abami 10 bazategekera mbere mu butware bwe ariko Anti-

73


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Kristo naza hazavaho 3 hasigare ibisingo cyangwa amakamba 7

bigaragaza ubutware bwa giporitiki bazakorana mu gihe cy‘umubabaro

ukabije. Hariho abavuga ko amahembe arindwi byaba bivuga gusa

gukomera kw‘ikiyoka, bashingiye ko umubare 7 uvuga, kuzura

kw‘Imana.

- 12 :4 :1/3 Cy‟inyenyeri zo ku ijuru: nta kabuza aba ni abamarayika Satani

yateye kugomera Imana (12 :8,Dan 8 :10,Yuda 6 ;2Pet 2 :4) Imana

yarabirukanye ibajugunya mu isi ntibaba bacyongera kubona mu bwiza

bwayo, nubwo byagenze gutyo ariko ntibyabujije Satani kurwanya Isiraheri

ngo itabyara Yesu (12 :5,Mat 2 :13) iki nicya gihe Satani yakoresheje

Herode ngo yice umwana twibuke ko ibyo Satani akora byose biyobowe no

kuba yayobora ndetse agasengwa nk‘Imana ndetse n‘urwango k‘uwo Imana

yahitiriyemo kuzatwara ubwami. Satani yifuzaga kuyobora mbere yuko

yirukanwa mu ijuru»

- 12 :5 Abyara Umwana w‟umuhungu uzaragiza amahanga inkoni

y‟icyuma, Uwo mwana arasahurwa ajyanwa ku Mana : Guhera kuvuka

kwa Yesu kugeza apfuye Satani yamuhize inshuro nyinshi, ariko biba

iby‘Ubusa ntiyabashije kumuheza mu gituro ahubwo yazukanye insinzi

urupfu arutsinze azamurwa ku mana, Satani ntiyabasha kumurenganya ubu.

Ubu noneho Kristo azatwara amahanga y‘isi ayatwaje inkoni y‘icyuma.

Satani yaraneshejwe kandi iyo ibyo yagambiriye bibaye imfabusa, nyamara

ntacogora ahitamo gukoresha ubundi buryo.

- 12 :6 Uwo mugore ahungira mu butayu aho afite ahantu yiteguriwe

n‟Imana: Nubwo Satani atabashije kwivugana (wa mwana wa Isiraheri)

akagaruka ahiga wa mugore ariwe Isiraheli, Yohana yabonye ko isiraheli

ihungishirijwe mu butayu, aho yari afite ahantu yiteguriwe n‘Imana kugira

ngo bamugaburireyo kumara iminsi 1260 (Imyaka 3 ½ ) igice cya 2

cy‘umubabaro ukabije (U.14,12 :2-3 ;Mat 24 :16 ;Mar 13 :14) ubutayu ni

ahantu hitaruye ho kurindirwa gutorezwa no kugeragezwa, ijambo ngo

bamugaburireyo bivuga wenda abanyamahanga cyangwa Imana

n‘abamarayika bayo (Dan 12 :4)

N.B : Nubwo ubusobanuro bwakoreshwa n‘igihe itorero ryahungiraga I Pera mu

gihe cyo kurimbuka kwa Yerusalemu mu buryo bw‘amateka (Mar 13 :14) mu

74


IBYAHISHUWE NA KRISTO

kinyejana cya mbere muri 70 N.K, twizerako uyu murongo wari ukivuga no ku

bimenyetso mbere yo kugaruka kwa Yesu Kristo.

12 :7 Mu ijuru habaho intambara Mikayire arwanana n‟abamarayika be:

Uhereye cyera « Mikayire » ni Marayika ukomeye uhagarariye ingabo

z‘abamarayika b‘Imana (Yuda 10 :13,21 ; 12 :1) Mikayire yagumanye i Peti rye

mu bamarayika basigaye nkuko Satani yarihamanye mu bamarayika baguye

Yohana yabonye ko Mikayire n‘abamarayika be batabariye kurwana, yigeze

gutongana na Satani (Yuda 9)

12 :8 : Mu iyerekwa rya Yohana Satani yaratsinzwe muri iyo ntambara,

ntiyongeye kuboneka mu ijuru (20 :11 1 :1-2 ; Dan 2 :35, Zek 10 :10) Imana

ntizongera kumva ibirego bya Satani arega abizera.

12 :9 Imana iravuga ko icyo kiyoka ariyo ya nzoka ya cyera na Satani (Itang

3 :1-5, Luka 10 :16-19, Roma 16 ; 20) mu buryo bwo kumenyesha Yohana

inkuru ndende ishingiye ku mateka. Satani bivuga umunyabinyoma, Sekibi, se

w‘ibinyoma byose, we n‘abamarayika be barajugunywe bava mu bwiza

bw‘Imana ubutazabubona ukundi….

12 :10 : Yohana yumvise ijwi rirenga rivuga riti : Noneho agakiza karasohoye

gasohoranye n‘ubushobozi n‘ubwami bw‘Imana yacu, Iri jwi rimeze nkaho

ryavaga mu kanwa ka ba bahowe Imana (6 :10) nubwo Satani rero atakirega bene

data ariko arabarenganya ndetse abarwanya ijoro n‘umunsi nkuko ibizima bine

bihora biramya ijoro n‘umunsi (4 :8)

12 :11 Nabo bamuneshesheje amaraso y‟Umwana w‟Intama : Aha

haravuga abantu bazicwa mu myaka ya nyuma y‘umubabaro ukabije, muri iyi

ndirimbo baragaragaza ko urupfu rwa Yesu rwabahaye insinzi yo kunesha ku

buryo buhoraho, ndetse bamuneshesheje n‘ijambo ryo guhamya kwabo,

ntibakunda amagara yabo ntibanga no gupfa bivuze ko bazemera gucungurwa

n‘amaraso yabo maze bakanesha rwose, twibuke rya jambo ngo abari aba mbere

bazaba abanyuma. Abisiraheri bari aba mbere mu mugambi w‘Imana ariko

nyuma yo kwanga agakiza, agakiza kaje mu banyamahanga, kandi nibo bazafata

ikirere basanganiye Kristo mbere ndetse bazacira abisiraheli imanza, abisiraheri

bo rero bazarenganywa mu gihe cy‘Umubabaro mbere yo gucungurwa kwabo.

75


IBYAHISHUWE NA KRISTO

12 :12 Nuko wa Juru we nanamwe abaririmo nimwishimwe, naho wa si we

ugushije ishyano : Iyi ni indirimbo ikomeza isaba abo mu ijuru kwishima kandi

ko ab‘isi babonye ishyano kuko Satani yari amanutse ndetse aziko afite gito, mu

ijuru bashimishijwe nuko Satani atazongera kugaba igitero ariko mu isi ho

bazaba bagushije ishyano.

12 :13 Satani azabona ko Yesu yamucitse, Itorero naryo rizaba

ryaramucitse maze ahereko ahagurukire isiraheli uyu murongo uhwanye nuwa 6

Isiraheli izahungishirizwa mu butayu, nkuko babuhungishijwe Farawo mu

(Kuva 14 :5)

12 :14 Umugore ahabwa amababa abiri y‟ikizu kinini kugirango aguruke

ahungire mu butayu : abisiraheli bazahabwa ubufasha mva-juru Imana

yaramije abisiraheli amababa nk‘ayikizu ubwo yabakuraga muri Egiputa (Guteg

32 :11 ; Yes 40 ; 31) no muri icyo gihe Imana izakoresha imbaraga zayo

mukurinda no guhisha ubwoko bwayo.

12 :15 Icyo kiyoka gicira amazi ameze nk‟uruzi kugirango amutembane :

Satani nabona ko wa Mugore (Isiraheli) ahunze azohereza igisa n‘amazi, aha

twavuga ko ari umugenzi w‘ingabo za Gisirikare uzabahiga dukurikije

ibigereranyo byo muri (Yer 46 :7-8 ;47 :2-3) umwuzure muri Bibiliya ni

igishushanyo cy‘akarengane (Zab 18 :4,124 :2-4 ;Yes 43 :20 Satani nanone

ashobora kuzashukisha abisiraheli inyigisho z ‗ibinyoma cyane ko ayo mazi

azava mu kanwa ke.(U. 16)

12 :16 Ariko isi iramutabara imira uruzi cya kiyoka cyaciye : Abisiraheli

bakurikiwe n‘ingabo za Egiputa inyanja itukura yarabatabaye maze imira ingabo

za Egiputa (Kuva 15 :12) Nyuma yaho n‘ubutaka bwamize Kora, Datani, na

Abiramu. (Kub 16 :28-33, Kuteg 11 :6, Zab 106 :17) Dushingiye ibi byanditswe

Imana ishobora kuzakora igitangaza mu buryo bwayo igakiza abisiraheli.

12 :7 Ikiyoka kirakarira wa mugore kiragenda ngo kirwanye abo mu

rubyaro rwe basigaye bitondera amategeko y‟Imana kandi bafite guhamya

kwa Yesu : Satani azarakarira isiraheri kuko atazaba abashije kuyitsinda,

azagaruka arebe abasigaye batahunze bizera Kristo, birashoboka ko ari ba bandi

144000 bashyizweho ikimenyetso kuko tubabona mu nsinzi ku musozi Siyoni

mu gice cya 14. Ariko na none iyo ntambara Satani ntazayitsinda, kubera ayo

mateka yo kuneshwa kwe uhereye kera, azahitamo gukoresha izind mbaraga,

azahamagara Anti-Kristo n‘umuhanuzi w‘ibinyoma (13)

76


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Uburyo bwa kabiri bwo gusobanura

Ibyahishuwe igice cya 12

Umugore n’uruhinja

Mu gihe n‘imyaka Imana yabonye (yafashe) Abayisiraheri, nk‘umugore

n‘abakristo nk‘Umugeni. Cyangwa itorero Yesu nk‘umwami w‘iherezo

n‘itangira ryaryo na Satani nk‘inyamaswa mbi yarwanyije ibya muntu byose,

Kristo n‘abantu be bose bityo uyu murongo 11:15 ugaragaza itangiriro

cyangwa gukomeza kw‘intambara y‘Umwuka hagati ya Yesu n‘abantu be

n‘umwanzi wabo Satani.

- Umugore wambaye izuba: uyu niwe mukinyi w‘ibanze mu gitabo

cy‘ibyahishuwe (itorero) muri macye igitabo cy‘ ibyahishuwe cyibanda ku

bintu bitatu bikurikira:

1. Umugore : Itorero : igitekereko cy‘itabaza, igiti cya Elayo

2. Kristo : Umutwe w‘itorero kandi uribereye maso

3. Ikiyoka: Umwanzi urwanya itorero.

Uyu mugore nta kabuza kiliziya Gatorika ivuga ko ari ―Isugi

Mariya‖umwamikazi w‘ijuru ariko uyu si umugore mu buryo bugaragara ni

ikimenyesto cy‘itorero.

- Yari atwite atakishwa no kuramukwa :wakwibaza uyu mugore uwo

ariwe ariko igisubizo ni uko ni abacunguwe nk‘uko Imana ibabona

- Izuba n‘ukwezi n‘inyenyeri: Ibi bishobora gusobanurwa-

- Izuba :Isezerano rishya

- Ukwezi: Isezerano rya kera (igicucu)

Bishobora no kutagira igisobanuro rero dukurikije ko uriya mugore yari mu

kirere ntibitangaje rero ko izuba n‘ukwezi byabonekana nawe.

- Ikiyoka gitukura gifite imitwe 7 n‟amahembe 10: Aya makamba ni aya

cyami aho kuba gutsinda (ubutsinzi) nk‘iryo umugore yari yambaye ikindi

gifite ayo makamba mu byahishuwe ni inyamaswa yaturutse mu mazi ariyo

Anti-Kristo (ibyah 13:1; ibyah 19:12)

- Imitwe 7 : isobanura ubwenge bwuzuye

- Amahembe 10: Imbaraga ,Daniel yabonye inyamaswa y‘umutwe umwe

ariko ifite amahembe 10 (Dan 7:7,20)

77


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Iki kiyoka ninde? Iyi nzoka nta gushidikanya ni Satani nkuko ku murongo

wa 9 babivuga niwe wamanukanye na 1/3 cy‘abamarayika kandi ahangana

n‘umugore mu buryo bugaragara mu itangiriro (3:15) ndetse arwanya

itorero nk‘umugore mu buryo bw‘Umwuka.

- Ikiyoka gishobora kurya umwana uzavuka: ni Satani nyirizina ashaka kwica

Yesu nk‘umwana wari uvuye mu rubyaro rwa muntu.

- Waje aturutse mu rubyaro rwa Isiraheri (Abag 4:4) kandi niwe uzaragiza

amahanga inkoni y‘icyuma.

Mikayire arwanya ikiyoka

Igitekerezo fatizo

Mbere yuko Yesu agaruka Satani azatsindwa (yaratsinzwe) ibi bizanezeza ijuru

ariko bibaze isi (Byabaye igihe Satani yirukanwaga)

- Mikayire n‘ikiyoka: Iyi ntambara yabereye mu kirere. Mikayire yiswe

Marayika ukomeye (Yuda 9) Abanyeshuri ba Bibiliya bagereranije

Mikayire na Yesu, Bashingiye ku busobanuro bw‘izina rye.

- Mika :Usa,

- Yire: Imana

Muri iyi ntambara Satani yaratsinzwe, mbere ya Edeni biratangaje kuko bije

nyuma y‘impanda 6 zose, igitabo cy‘ibyahishuwe si cyanditse ku buryo

bw‘uruhererekane bw‘igihe ibirimo byabereye ahubwo icy‘ingenzi ni ubutumwa

burimo.

- Ijwi rirenga rivugira mu ijuru ko agakiza gasohoye: Ukurikije ibi bikurikira

byabayeho hagati y‘Umuntu Satani n‘itorero wamenya impamvu y‘iri jwi.

1. Kugwa Kwa muntu muri Edeni.

2. Guhamagarwa Kwa Isiraheri ngo izavukiremo Kristo.

3. Ubu buryo Satani yarwanije Yesu mu murimo we wo ku isi.

4. Yesu azamuka akicara ku ntebe yo mu ijuru.

5. Kurindwa kw‘abantu b‘Imana mu minsi ya nyuma y‘umubabaro.

6. Kristo ayoboza amahanga inkoni y‘Icyuma.

Nyuma y‘ibi rero nibwo ijwi ryavugiye mu ijuru ko agakiza gasohoye.

(Ibyah 12:10)

- Kuko umurezi wa bene data wabaregaga imbere imbere y‟Imana: Uwo

ni Satani mu byanditswe byera Yobu igice cya 1 n‘iya 2 habivugaho neza.

Ibi ntibivuga yuko Satani yajyaga imbere y‘Imana kuko amasengesho

y‘abera niyo ahora imbere y‘Imana.

78


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Bamutsindishirije-Amaraso y‘Umwana w‘Intama: n‘Ijambo ryo guhamya

kwabo.

- Ishime wa juru we, ugushije ishyano wasi we: Kujugunywa kwa Satani

mu isi bivuze ko ibirego bye bitazongera kuzamuka mu ijuru ukundi. Iyi ni

inkuru nziza ku bamarayika bose ariko isi yo igushije ishyano kubera

inyamaswa yo mu butaka n‘iyo mu mazi Satani azahamagara. (Anti-Kristo

n‘umuhanuzi w‘ibinyoma) Ndetse n‘ibindi bikorwa birangwa n‘ubugome

byinshi akora arwanya abera.

Ikiyoka gihiga wa mugore (12:13-17)

Igitekerezo fatizo

Satani ntazigera ashobora gusenya itorero, kuko byanditswe ngo itorero

ry‘Imana ryubatse ku rutare n‘amarembo y‘Ikuzimu ntazarishobora. Kuko

ririnzwe n‘ubutware bwo mu ijuru ariko azateza intambara nyinshi arwanya

abakomeza amategeko y‘Imana.

- Cya kiyoka gihiga wa mugore, ahabwa amababa ameze nk‟ay‟ikizu

ngo ahungire mu butayu amareyo igihe n‟ibihe n‟igice cy‟igihe: Aha

Satani abonye ko atagishoboye kurega abera ahiga itorero cyangwa Isiraheri

nka nyina wa Kristo Maze ahabwa amababa nk‘ay‘ikizu bivuga Imbaraga

z‘uburinzi bw‘Imana (Divine Protection )rimara igihe n‘ibihe n‘igice

cy‘igihe bingana naya minsi 1260 cyangwa amezi 42 nkuko twabibonye mu

bice byabanje (Ibyah 11:2;Dan 7:25;Dan 12:7)

- Iyi ni ya minsi y‘umubabaro ukomeye mbere yo kugaruka kwa Kristo.

- Ikiyoka gicira uruzi ngo rutembane wamugore, maze isi irasama irarumira,

ikiyoka kirakara gihiga abo mu rubyaro rwe basigaye bakurikiza amategeko

y‘Imana. Amazi cyangwa umwuzure bivuga ibigeragezo cyangwa

ukurimbura nibyo Satani azaba yifuza gukoresha ngo arimbure itorero, Ni

uburyo runaka abisiraheri bazapangirwa kugeragezwamo ngo barimbuke

ariko Imana igakinga ukuboko ikaburizamo. Iyo migambi ya Satani.

- Maze Satani abonye ko amwaye, azashaka abazaba bakiriho mu minsi ya

nyuma bacyubaha amategeko y‘Imana bagifite guhamya kwa Yesu. Abo ni

abisiraher nk‘itorero ryo mu minsi ya nyuma.

79


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 13:

INYAMASWA YAVUYE MU

MAZI NO MU BUTAKA

T

wibuke ko ubutware bw‘Ubwami bw‘isi bwabaye ubwa Yesu Kristo

(11:15) aha tugiye kuvuga kuri Politike mbi n‘idini ry‘Ikinyoma, byiswe

Anti-Kristo n‘umuhanuzi w‘Ibinyoma, cyangwa Inyamaswa yo mu nyanja

n‘iyo mu gitaka. Mu gice cyabanje twabonye Satani arwanya itorero ariko biba

iby‘ubusa maze ihiga abasigaye aribo torero ryo mu minsi ya nyuma kandi nabo

ntiyabashobora. nyuma noneho ahamagaye izindi nyamaswa zo kumufasha izo ni

inyamaswa yo mu mazi no mu butaka (Anti-Kristo n‘umuhanuzi w‘ibinyoma).

Inyamaswa yo mu Nyanja

(Water monster; Anti-kristo)

“Ngihagarara ku musenyi wo ku Nyanja, ngiye kubona mbona inyamaswa iva

mu Nyanja, ifite amahebe cumi n’imitwe irindwi, ku mahembe yayo hariho ibisingo

cumi, no ku mitwe yayo hari amazina yo gutuka Imana” (Ibyah 13:1)

Ishusho 18 Inyamaswa izava mu Nyanja ariwe Antikristo ariwe mutware

Uzava mu Bantu benshi.

80


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Igitekerezo fatizo

Uko ibihe byagiye biha ibindi Imana yabonaga Politike nk‘inyamaswa yavuye

mu mazi (Amazi=Abantu benshi) noneho rero mu gihe cy‘umubabaro ukabije,

iyi nyamaswa izagira imbaraga nyinshi irwaye Kristo yakire amaturo

y‘impongano ngo irwaye abantu b‘Imana. Ijambo Anti-Kristo Ni ijambo

ry‘inyunge risobanura Urwanya Kristo.

1. Anti:urwanya

2. Kristo: Kristo (uwasizwe).

Inyamaswa iva mu Nyanja, yari ifite imitwe irindwi n‘Amahembe icumi, yasaga

n‘ingwe, amajanja nk‘aya aruko, akanwa nk‘ak‘intare:

- Imitwe irindwi:Ubwenge bwuzuye

- Amahembe icumi: Imbaraga zishingiye ku bwami cyangwa ibihugu 10

- Amazina yo gutuka Imana: Kwishyira mu mwanya w‘Imana no kurwanya

Ijambo ryayo

- Yasaga n‟ingwe : Inyamujinya n‘uburakari bukabije

- Amajanja nk‟aya Aruko: ni inyamaswa igira imbaraga zitangaje cyane

mu maguru yayo kandi iba ahantu hose ahashyuha cyane n‘ahakonja cyane.

- Umunwa nk‟uw‟intare: iconshomera kandi yivuga biteye ubwoba.

- Cya kiyoka kiyiha imbaraga n‟intebe yacyo y‟ubwami n‟ubutware

bukomeye: Satani niwe ubwe uzaha Anti-Kristo cyangwa politike irwanya

abera b‘Imana intebe n‘ubutware, mu gihe cya Yohana iyi nyamaswa

bayigereranyaga na Roma, ariko ifite igisobanuro cy‘ubutegetsi bwose

burwanya Kristo, Satani rero azayiha intebe ye Ubwami n‘ubutware bwose.

- (?) Twibaze cyane aho ubuyobozi n‘ibikorwa bya Eliminati bigejeje isi

muri iyi minsi, kandi ikaba igizwe n‘aba Anti-Kristo muri Bibiliya, Yohana

yanditse ko no mu gihe cye amayoberane ya Satani yari yaratangiye gukora.

(1 Yoh 2:18,22 4:3 2 Yoh 1:7)

- Anti-Kristo hano agaragara nka Kristo wa Satani uje guhangana na Kristo

w‘Imana.

- Yasaga n‟iyakomeretse uruguma rwica ariko rurakira: aha iyi

nyamaswa irisanisha na Kristo, nyamara ariko Kristo wabambwe agapfa

kandi akazuka akanesha kandi agahora anesha ntaho yagereranirizwa

n‘Anti-Kristo.

- Abari mu isi bazayiramya, bayitangarira: bazava kuri Kristo ,bamutere

umugongo bikubite imbere ya Anti-Kristo maze bamuramye Yohana

yavuze ko Satani azayobya abari mu isi (11:9) mu gihe cya Pawulo Satani

yigaragazaga nka Marayika n‘umucyo (2 Kor 11:14)

81


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Agahembe kavuga ibikomeye, amazina yo gutuka Imana: mu gihe cya

Yohana Domitiane umwami w‘Abami w‘Abaroma yiyise Demius et Deus

bivuga umwami Imana, uko rero ni ugutuka Imana no kwishyira mu cyimbo

cy‘Imana. Mu gihe cya none papa bivuga Data wa twese cyangwa

Monsegneur bivuga, umuremyi wanjye ibyo ni ukwishyira mu mwanya

w‘Imana no kuyaka icyubahiro cyayo ,kandi yarirahiye ko itazagiha undi

Muri Daniel naho bavuga agahembe gafite akanwa kavuga ibikomeye (Dan

7:8) Ibisa bityo byagiye bikorwa n‘abategetsi b‘isi ariko Antikristo we

azakabya.

- Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana n‟ahera hayo n‟ababa mu

ijuru mu mezi 42: Bibiliya ivuga ibya Anti-Kristo itya: ―Ni umubisha

wishyira hejuru y‘icyitwa Imana cyose cyangwa igisengwa kugirango

yicare mu rusengero rw‘Imana yiyerekane ko ari Imana (2 Tes 2:4) Aha ni

muri cya gihe cy‘akarengane n‘umubabaro ukabije, ariko n‘ubu Anti-Kristo

yatangiye gukora kuko abarwanya Imana n‘abishyira mu mwanya wayo

ndetse n‘amazina atuka Imana bigwiriye. Muri icyo gihe abenshi bazicwa

abandi bafungwa bazira guhamya Yesu.

- Umuntu wese izina rye ritanditse mu gitabo ubugingo azayiramya:

Igitabo cy‘ubugingo kiboneka mu Ibyah 3:5 ni nko kuvuga ubwenegihugu

bw‘Ijuru, abo bameze nk‘abisiraheli mu gihe cyo kwicwa kw‘abana

b‘imfura ba Egiputa ntacyo batwawe n‘imibabaro y‘ibyago kuko bari

bashyuzweho kuko bari bafite ikimenyetso cy‘amaraso y‘Umwana

w‘Imana.

- Uwo mwana w‘Intama ariwe Kristo, niwe wongeye gutambwa

kubw‘ibyaha abamwizeye bose baba babonye ubugingo, bahabwa

ubwenegihugu bw‘Ijuru, mu isi baba ari abashyitsi n‘abimukira kuko

biteguye gutaha wa mudugudu.

- Nihagira ujyana abandi ho iminyago, cyangwa Uwicisha abandi inkota

nawe azicishwa inkota: aha arimo aragagaraza akarengane kazaba ku

bizera mu gihe cy‘umubabaro, icyakora akavuga ko bazahorerwa kandi

bangwe n‘amahanga yose babahora izina rye (Mat 24:9)

82


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Inyamaswa Yo Mu Butaka

(Umuhanuzi W’ibinyoma)

“Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe

abiri nk’ay’Umwana w’Intama, ivuga nk’ikiyoka.” (Ibyah 13:11)

Ishusho 19 inyamaswa yo mu Gitaka, Umuhanuzi w’ibinyoma. Antikristo azabona ko

yabashije kunesha ab’isi, ariko abantu b’Imana bo ntibazamwemera, nicyo kizatuma akorana

n’umuhanuzi w’ibinyoma ngo yishushanye nk’umunyedini azakora ibitangaza byinshi.

Igitekerezo fatizo

Mubihe byose Imana yagiye ibona inyamaswa yo mu butaka ariyo muhanuzi

w‘ibinyoma ariko mu gihe cy‘umubabaro ukabije iki kinyamaswa kizaba gifite

imbaraga zo kuzana abantu kuri Anti-Kristo.Ya Anti-Kristo igikora umuhanuzi

w‘ibinyoma azahatira abantu bose kuri Anti-Kristo, azakora ibimenyetso

n‘ibitangaza ngo ayobye n‘intore nimba bishoboka

Amahembe abiri nk‟ay‟Umwana w‟Intama, ivugank‟ikiyoka: uburyo

isa ni nka Kristo, ariko uburyo ivuga ni nka Satani. Rimwe na rimwe ijwi

rye rimera nk‘irya marayika w‘ umucyo .Yesu yavuze ko twirinda

abahanuzi b‘ibinyoma. Bazaza aho muri bambaye uruhu rw‘Intama ariko

ari amasega aryana (Mat 7:15) Anti-Kristo yananiwe kuyobya abakurikiye

Umwana w‘Intama, aherako asaba ubufasha umuhanuzi w‘ibinyoma ariyo

ya nyamaswa yavuye mu butaka.

83


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Iyi nyamaswa ni iyihe: Ni idini ryanduye uhereye cyera ryivanga na leta

y‘isi mu ifatanyabikorwa bitandukanye, Umwami Constatine yategetse

abantu bose gukizwa bose baza mu itorero kandi batihannye ibyaha

batinyaga itegeko ry‘umwami w‘abami. Insengero z‘abami b‘abami

ziciwemo Abakristo benshi mu gihe cy‘akarengane. Mu mateka idini

ry‘inyamaswa ryageze aho rihagararira isi nka Guverinoma ya Roma,

Mbese nkuko Umwuka wa Kristo uhesha Kristo icyubahiro, umuhanuzi

w‘ibinyoma nawe ahesha Anti-Kristo icyubahiro (Yoh 16:14)

Iyobesha abari mu isi ibimenyetso : Umuhanuzi w‘ibinyoma azayobesha

isi ibitangaza byinshi, kumanura umuriro uvuye mu ijuru (nka Eliya

)(1Abami 18:24-39)

Nubwo Abantu bazamanza kwanga ubuyobe bwa Anti-Kristo ariko nihaza

uyu muhanuzi bazibwira ko bakorera Imana.

Abazanga kuyiramya bazicwa: Buri gihe idini ry‘ikinyoma ryiringira

Imbaraga zaryo bwite, kandi n‘umuhanuzi w‘ibinyoma azicisha abazanga

kuramya Anti-Kristo ibi byabayeho mu karengane k‘Abakristo ariko

bizongera kubaho mu gihe cy‘umubabaro ukabije.

Itegeka bose aboroheje n‟abakomeje n‟abakomeye gushyirwaho

ikimenyetso: Mbese tugeze mu gihe icyo kimenyetso kizaziramo? Oya, ibi

bizaba mu gihe cy‘umubabaro ukabije, Abanyeshuri ba Bibiliya benshi

batinze ku mpamvu iki kimenyetso kizashyirwa ku gahanga no ku kiganza

cy‘iburyo, ibi ntago ari ibishushanyo byo ku mubiri (Tatuage) cyangwa se

bya bindi byakoreshwaga n‘abayuda bashyira amategeko mu guhanga no

ku kiganza cy‘iburyo (Mat 23:5) ahubwo Satani ashaka gushyira ku bantu

be ikimenyetso nkuko Umwana w‘Intama yabigenje (14:1) iki kimenyetso

kandi…

Ntawe uzemerwa kugura cyangwa kugurisha cyangwa gutunda

atagifite: sinzi ko byakorohera abantu kubaho, badahaha. Dushobora

kuvuga ko icyi cyaba ikimenyetso kitagaragara nkuko icyashyizwe kuri ba

bandi 144000 ariko na none iki cyaba ikindi kintu kuko umubare w‘ubutatu

ari 777 mu gihe uw‘inyamaswa ari 666. Izina Yesu mu kigiriki ringana na

888. Umubare 6 mu mibare ya gihanuzi uvuga ikibi, naho umubare 3

usobanura ubutatu. Ibi na none biragaragara ko uyu muntu azakorera mu

butatu bwa Gishitani.

I (irota) =10

H (ETA) =8

Ɛ (Sigma) =200

84


IBYAHISHUWE NA KRISTO

O (Omicron)=70

Y(Upsilion)=400

Ɛ(Sigma)=200

888

IRANIUS wo mu kinyejana cya 2 yateranije iyi mibare(666) ibyara izina rya

KAYIZARI NERO.

- Ni umubare : Si umubare wo mu ijuru ahubwo ni umubare w‘umuntu,

biratangaje kubona ungana na 666 mu gihe uw‘ubutatu ari 777 naho izina

rya Yesu riravuga 888, Reka twifashishe imbonerahamwe ikurikira mu

kubisonura :

IBINYOMA BYA SATANI YIGERERANYA N‟IMANA

Ukuri kw‟Imana

Ibinyoma by‟umwanzi

Ubutatu bw‘Imana

-Imana

-Umwana

-Umwuka Wera

Ubutatu bwa Satani

- Ikiyoka

- Inyamaswa yo mu mazi

- Inyamaswa yo mu butaka

Yesu Kristo(Intama)

- Anti-Kristo (Inyamaswa yo

mu Mazi)

Kuzuka kwa Yesu no kubambwa - Anti-Kristo n‘uruguma

rwakize

Ninde umeze nk‘Umwana - Ninde umeze nk‘Inyamaswa ?

w‘Intama?

Abera mu gitabo cy‘ubugingo - Abasengaga babeshya

(abasengaga)

cyangwa bashyeshyengwa

Umuriro uva mu ijuru

- Umuriro uva mu ijuru

Bashyizweho ikimenyetso cy‘izina

ry‘Umwana w‘Intama

YESU=IHZƐYƐ=888 666

- Bashyizweho izina rya ya

nyamaswa

NB: 666: Hariho ababihuza n‘amazina yanditse ku ngofero y‘abapapa ba kiriziya

Gatorika cyane cyane babivuga bashingiye ku karengane Kiriziya gatorika

yakoreye Abakristo.

85


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 14:

UMWANA W’INTAMA N’ABO

YACUNGUYE BARI KU MUSOZI.

Igitekerezo fatizo

M

u mayerekwa ane yo muri iki gitabo, ka tugaruke ku bisiraheri Yesu

yashyizeho ikimenyetso ba bandi 144000. maze marayika avuga

cyangwa atangaza iby‘urubanza no kugaruka kwa Yesu

n‘iby‘imisaruro ibiri, abakiranutsi n‘abakiranirwa. Mu by‘ukuri rero ibi bice

bibiri 14 na 15, ni ibice byeretswe Yohana kugirango amatorero ya Kristo

amenye iherezo rya byose n‘urubanza rw‘Imana nyuma y‘igihe cy‘umubabaro

ukabije. Biragaragara ko ari igihe Kristo azaba yanesheje ikibi, akima ubwami

maze akayoborera ku musozi Siyoni. Ni igice cy‘Ibyiringiro byinshi kigaragaza

ko nubwo mu gihe cy‘umubabaro hazabaho ibyago n‘amakuba menshi ndetse

n‘akarengane ariko nyuma, hariho kunesha no kwimana na Kristo. Igitabo

cy‘ibyahishuwe ntago gikurikiranya ibintu gishingiye ku matariki ibintu

bizabera. Iki gice usanga kivuga ibintu bizaba Yesu yaragarutse mu gihe

kugaruka kwe kuboneka mu bice cya 19.

Yohana yabonye umwana w‘Intama n‘abo yacunguye 144000 bari ku musozi

Siyoni, baririmba indirimbo nshya, aba ni ba bandi bashyizweho ikimenyetso mu

gihe cy‘Umubabaro (7:3; Zek 14:4-5)

Mbere yuko twinjira muri iki gice neza reka tumanze twibukiranye ibintu

by‘ingenzi (12:14-14:20)

Muri (12:1-4) Yohana yabonyemo ibintu 5 by‘ingenzi

1. Umugore wari ufite umwana w‘umuhungu (mu kirere)

2. Mikayire arwanya ikiyoka (mu kirere)

3. Ikiyoka kirwanya umugore (mu Isi)

4. Inyamaswa yavuye mu mazi (yabibonye ari mu isi)

5. Inyamaswa yavuye mu isi ( yabibonye ari mu isi)

Muri iki gice cya 14 Yohana abonyemo ibintu bine bitangaje bikurikira:

6. Umwana w‘Intama n‘abanesheje 144000 (mu ijuru)

7. Abamarayika batatu n‘ubutumwa 3 (mu kirere)

86


IBYAHISHUWE NA KRISTO

8. Umusaruro mwiza

9. Umusaruro mubi

- Ba bashyizweho ikimenyetso babonekanye na Kristo ku musozi Siyoni

Anti-Kristo n‘Umuhanuzi w‘Ibinyoma. Gushyirwaho ikimenyetso kwabo

kwashoboraga kubarinda umujinya w‘Imana ariko ntibibarinde umujinya

wa cya Kiyoka, birashoboka ko bazicwa bahowe Imana (13:15)

Nyamara ariko abenshi mu basobanuzi bahuriza hamwe ko 144000, batazapfa,

mu gihe cy‘umubabaro ukabije. Mu isi yo hambere ikimenyetso gishyizwe ku

muntu byari bifite ibintu bitanu bisobanuye:

1. Ni icya nyiracyo

2. Cyigengwaho

3. Gifite umutekano

4. Kigengwa na nyiracyo

5. Kirinzwe ngo kibe amahoro

- Baririmbye indirimbo nshya: indirimbo nshya mu isezerano rya kera

yabaga ari indirimbo y‘ishimwe ku bintu Imana yabaga ibakoreye uwo

mwanya. Urugero batsinze abanzi babo. Cyangwa se bashima Imana Kubyo

yaremye.( Zab 33:3;40:3;96:1; Yes 42:10)

- Abo nibo batandujwe n‟abagore, kuko ari abari: Iyi nteruro iragoye

kuyivugaho kuko iravuga ko batandujwe n‘abagore bivuga ko ari abagabo,

Hanyuma ikavuga ngo kuko ari abari cyangwa ―Amasugi‖ nkaho ari

Abagore byatumye ibi bisobanurwa nk‘ikimenyesto. Hariho ubusobanuro

bubiri butangwa, ntibashatse, cyangwa nimba barashatse ntibandujwe

n‘urushako rwabo. Nyamara ariko hariho abarekeshwa ubwami bw‘Imana

no gushaka. Bibiliya yitwa NIV, yakoresheje interuro ivuga ngo:"they kept

themselves pure" baririnze, bakomeje kutagira umugayo, cyangwa

ikizinga.

- Bacunguriwe kuba umuganura: Bivuga yuko umusaruro uri inyuma

batoranijwe mu isi mu bwoko bwa Isiraheri mu miryango 12, ngo babe

umuganura ku Mana.

- Ni abaziranenge: bishatse kuvuga mu myitwarire abizera Kristo mu isi

barezwa, ariko mu ijuru bahawe icyubahiro.

87


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ubutumwa Bw‟abamarayika 3(14:6-13)

Igitekerezo fatizo

Ubutumwa bw‘abamarayika batatu bwagenwe abantu bo mu isi bamenyeshwa ko

igihe cyo guca Imanza gisohoye no kurimbuka kwa Babuloni ikomeye iyi ni

imvugo ya gihanuzi yavugaga kurimbuka kwa Babuloni mu gice cya 18, ariko

Umwuka asezeranya uburuhukiro ku bakristo bapfuye.

- Marayika wa mbere: Ni mwubahe Imana muyihimbaze kuko igihe cyo

guciramo abantu Imanza gisohoye, ubu si ubutumwa bwiza bwo

kwihanisha ibyaha bushingiye ku rupfu n‘izuka bya Kristo, ahubwo ni

ikindi gice kivuga gusa ku rubanza (2 Kor 2:14)

- Abera bo mu bihe byose bategereje gucibwa kw‘imanza zitabera z‘Imana,

noneho rero marayika arabitangaje ati:

Mwubahe Imana

Muyihimbaze

Kuko igihe cyo guciramo abantu imanza gisohoye.

- Marayika wa 2: Iraguye, iraguye Babuloni wa mudugudu ukomeye

wateretse amahanga inzoga ari zo ruba ry‟ubusambanyi bwayo: Turaza

kuvuga kuburyo burambuye ibya Babuloni ikomeye mu gihe cya 17-18-19

Wateretse amahanga inzoga aribwo busambanyi: nkuko ba bantu

144000 batiyanduje, hari n‘abandi biyandurishije ibinyoma bye,

ubusambanyi bwe.

- Ubusambanyi: Kuva mu nyigisho nzima, bakagendera mu nyigisho

z‘abantu banduye.

- Marayika wa 3: Umuntu naramya iyo nyamaswa agashyirwaho

ikimenyetso, azanywa ku nzoga ariyo mujinya w‘Imana, azababazwa

n‘umuriro n‘amazuku: Babandi banyweye ku nzoga ya Babuloni nibo

bazanywa no ku mujinya w‘Imana (Yer 25:15-17)

88


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ibisobanuro Mu Byanditswe (Ibyahishuwe 14:12-13)

Igitekerezo fatizo

Kugaruka Kwa Kristo gutwara itorero (abera) bizaba nk‘uko Yesu yagiye nkuko

byanditswe mu butumwa bwiza, aha ni mu gishushanyo cy‘isarura.

Tumenye ibi:

- Usa n‘Umwana w‘Umuntu: Yesu mu byanditswe byera Yesu yigaragaza

nk‘Umwana w‘Intama , cyangwa Umwana w‘Umuntu ,nta kabuza rero uyu

ni we uje gusarura

- Ijambo Marayika wundi riza kenshi mu byahishuwe reka rero turebere

hamwe aho riboneka muri iki gice cya 14.

Imbonerahamwe yabamarayika mu gice cya 14

u.6 Marayika wundi aguruka Avuga ngo: Niwubahe Imana

aringanije ijuru

u.8 Marayika wa 2 Akurikiraho Avuga ngo: iraguye Babuloni

u.9 Marayika wa 3 akurikiraho Avuga ibihano by‘abashyizweho

ikimenyetso cy‘inyamaswa

u.15 Marayika wundi wavuye mu Ategeka gusarura isi

rusengero

u.17 Marayika wundi wavuye mu Afite umuhoro utyaye

rusengero

u.18 Marayika wavuye ku gicaniro Ategeka guteranya amaseri

y‘umuzabibu

Hahirwa abapfa bapfira mu mwami wabo: Ijwi ravugiye mu ijuru

rivuga aya magambo, birashoboka ko ari iry‘umwana w‘Intama (10:4;

18:4; 21:3) ryabwiye Yohana riti hahirwa abapfa bapfira mu mwami wabo.

Bishatse kuvuga ko abari mu mubabaro ukabije bahamagarirwaga

kwemera no gupfa, aho kuramya ya nyamaswa no gushyirwaho

ikimenyetso cyayo. Umwuka nawe akabihamya avuga ko Imirimo yabo

ijyanye nabo ibakurikiye.

Ahandi Marayika wundi byakoreshejwe

7:2 Marayika wavuye iburasirazuba: Yashyizeho ikimenyetso ku 144000

8:3 Wavuye ku gicaniro cyo mu ijuru: wamenye umuriro wo ku gicaniro mu isi.

89


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Gusarura no kwenga Umusaruro w’Imana

Iri ni iyerekwa riduha amakuru ya nyuma, mbere yuko inzabya 7 z‘umujinya

w‘Imana zimenwa, kandi ibyo Yohana yeretswe byaberaga ku isi. Nuko

mbona…... bivuga ko ari irindi yerekwa rishya

Mbona igicu cyera no ku gicu mbona uwicayeho usa n‟Umwana

w‟Umuntu: uwicaye kuri kino gicu nta gushidikanya ni Yesu Kristo, iyo

usomye uko Yohana abisobanura, ubona bisa rwose n‘uko Danyeri

yeretswe kugaruka kwa Yesu, aho avuga ati:…….Hanyuma ngitekereza

ibyo neretswe ibyo haza usa n‟Umwana w‟Umuntu aziye mu bicu byo

mu ijuru, aza umujyo umwe asanga wa Mukuru nyir‟ibihe byose

bamumugeza imbere. (Dan 7:13) yari yambaye ikamba ry‘insinzi

ry‘izahabu ( Gr Stephanos:ikamba ry‘insinzi)

Yari afite umuhoro mu ntoki ze: Mariko yaranditse ati Ariko imyaka

iyo yeze ayisaruza umuhoro we, kuko igihe cyo gusarura kiba gisohoye

(Mar 4:29) Yesu azaba yiteguye gusarura muri iki gihe. Marayika

azamubwira gusarura, nyamara ntago azabimutegeka, kuko amurusha

gukomera. Ahubwo azamubwira ko igihe cyategetswe kigeze. Isarura Yesu

yaravuze ngo ni imperuka y‘isi. Nyamara ariko azaba agiye gucira abantu

urubanza.

Ahuramo umuhoro wawe usarure: Birashoboka ko uru ari urubanza

ruzacirwa abazaba barangije igihe cy‘umubabaro ukabije, mbere yo

kwinjira mu bwami bw‘Imyaka 1000. Gusarura ni ikimenyetso

cy‘Urubanza rw‘ukuri rw‘Imana, dore uko Uwiteka yavuze kuri Babuloni

igihe kimwe……Umukobwa w‟I Babuloni ameze nk‟imbuga

ihurirwaho mu gihe cy‟isarura, hasigaye igihe gito igihe cy‟isarura rye

kikagera (Yer 51:33) Yesu nawe yahuje isarura n‟urubanza (Mat

13:30,39-42;49-50).

Umurongo wa 16 ugaragaza kurobanura abanyabyaha mu bakiranutsi. Marayika

wundi yari aje gusarura abasigaye, abatarizeye, ndetse abashyizweho

ikimenyetso cya ya nyamaswa, uwavuye ku gicaniro niwe wa wundi wamenye

umuriro (Imanza) mu isi mu gice cya 8:3, hano rero agiye gusohoza umujinya

w‘Imana ku banyabyaha, bisa naho agiye gukora icyo arya Masengesho

y‘abahowe Imana yasabaga (6:9-10)

- Nuko Marayika aca amaseri y‟imbuto ayasuka mu muvure mu nini

w‟umujinya w‟Imana: Iyi ni imvugo y‘Umwuka yakoreshejwe bashaka

90


IBYAHISHUWE NA KRISTO

gusobanura igihano cy‘abanyabyaha, aha noneho urubanza rw‘abanyabyaha

ruzaba rusohoye rwose.

- Amaraso yanganye na Stadiyoni nka 1600 iyi ni intera ndende ireshya niri

hagati y‘imijyi ibiri muyo Yesu yandikiye mu gice cya 2 n‘icya 3 ,kandi

n‘inkuburebure bwa Isiraheri uvuye mu majyepfo ukagera mu majyaruguru

(ku mpera muri macye iherezo ry‘abanyabyaha rizaba ribi cyane kuko ari

ugusohora k‘umujinya w‘Imana.

- Abamarayika bazabateraniriza gucirwa urubanza, amaseri azashyirwa mu

muvure, umuvure wo muri Bibiliya wabaga ufite umuyoboro aho umutobe

uca igihe bari kwenga, uko niko amaraso y‘abanyabyaha azakohoka kugeza

ubwo, ageze mu burebure bwa km 320. Bibiliya ivuga ko urugamba rwa

nyuma ruzabera I Yerusalemu hafi y‘ikibaya cya Yehoshafati (ikibaya cya

Kidironi kiri mu burasirazuba bwa Yerusalemu; Yow 3:12-14; Zek 14:4.

Ibyah 11:2) hazapfa abantu benshi, kugeza ubwo amaraso azadendera

ikibaya cyose.

- Muby‘ukuri tubona ko ibi byago bizarangiza Parestina yose, bimwe

bizabera I Yezereri, mu majyaruguru ya Isiraheri hitwa na none I Megido,

Imana naho izahicira abantu benshi (Yes 63:1-6) Amaraso azahera ku

kibaya cy‘I Yezereri, akomeze agere ku kibaya Cya Harodi no mu kibaya

cya Yorudani, agere no ku Nyanja ipfuye.

91


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA15:

IBYAGO 7 BY’IMPERUKA

(FINAL EXODUS)

Igitekerezo fatizo

M

uri iki gice Yohana ari kuvuga ibyago bizasoza igihe cy‘umubabaro

ukabije, mu buryo bw‘urukurikirane iki gice kirakomeza iyerekwa ryo

mu gice cya 12. Iki gice kirimo ibice bibiri:

1. Abamarayika bafite inzabya 7

2. Abatabarutse baririmba insinzi.

Urwabya twaruhuza n‘igikombe cy‘umujinya w‘Imana, nkuko byagarutsweho

n‘abahanuzi mu isezerano rya kera. Ndetse no mu byahishuwe bigarukamo (14:8,

10)

Abanesheje barimo guhimbaza Imana, Uburyo bumwe bwo guhimbaza Kristo

kw‘abanesheje ni ukuririmba indirimbo y‘Umwana w‘Intama.

Ikimenyetso gikomeye gitangazwa: Yohana yabonye ikindi kimenyetso

gikomeye (12:1) iki kimenyetso cyateguzaga ibyago birindwi n‘abamarayika

barindwi babifite, kuko muribyo arimo umujinya w‘Imana ugerwaho, kuko

nyuma y‘ibi Satani azajugunywa mu Nyanja yaka umuriro n‘amazuku.

- Abanesheje baririmba indirimbo ku nkombe y‘inyanja y‘ibirahure: nkuko

abisiraheli bayirimbye mu (Kuva 15:19-20) basize Egiputa bagiye I Kanani

niko Abera bazayiririmba bataye isi y‘imiruko bagiye mu ijuru.

- Banesheje ya nyamaswa n‘igishushanyo cyayo.

- Inyamaswa :politike ihatira abantu kwanga Kristo (Anti-Kristo )

- Igishushanyo cyayo: Gahunda y‘idini ry‘ikinyoma rihatira abantu kureka

Kristo riyobowe riyobowe n‘umuhanuzi w‘ibinyoma (false prophet )

Abanesheje ni abazanyura muri aka karengane kandi bakavamo bataramije ya

nyamaswa.

- Baririmba indirimbo ya Mose: iri mu byanditswe (Kuva 15) iyi ni

indirimbo ni indirimbo y‘insinzi, Mose yaririmbye bamaze kuva muri

Egiputa, kandi abanyegiputa barohamye mu Nyanja itukura.

- Indirimbo y‟Umwana w‟Intama : Iri mu (Ibyah 15:3)

-

92


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Inzabya 7

Igitekerezo fatizo

Abamarayika bahora inzigo bazasuka ibyago bya nyuma ku isi, basohoka mu

rusengero rwo mu ijuru, aho ubwiza bw‘Imana bwari buri mu buryo butangaje.

- Urusengero rw‟ihema ryo guhamya: Muri Isiraheri niko ihema

ry‘ibonaniro ryitwaza (Kuva 32:15)

- Abamarayika 7: Ni bandi bahagarara imbere y‘Imana (ibyah 8:2) bambaye

amakanzu yera atanduye arabagirana n‘imishumi y‘izahabu mu bituza; muri

Isiraheri abatambyi bambaraga amakanzu y‘amabara (Kuva 36:8;39:2)

- Aho noneho rero ibyago 7 by‘imperuka biraje.

IGICE CYA 16: IBYAGO BY’IMPERUKA BITERA

“Numva ijwi rirenga rivugira muri rwa rusengero, ribwira abo bamarayika

barindwi riti: “Nimugende musuke mu isi izo nzabya ndwi z’umujinya w’Imana”

(Ibyah 16:1)

Ishusho 20 Inzabya 7 z’umujinya w’Imana Ni uguhora inzigo, ku banzi bayo, no gusohoza

umujinya wayo ku banyabyaha, izi nzabya zizasukwa mu myaka 3 ½ ya nyuma y’umubabaro

93


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ukabije, Abera n’itorero (Umugeni) bazaba benda kumurikirwa Imana, no gutaha ubukwe

bw’Umwana w’Intama.”

Igitekerezofatizo

Muri iki gice turabona umunsi w‘umujinya w‘Imana usohora, igihe cyo guhora

inzigo gisohoye Anti-Kristo yitegura intambara ku munsi w‘Imana ikomeye,

wakwibaza icyo Yohana yatekereje uhereye ku mayerekwa yo muri 4:1 kuko

ibyo yabonye byose byerekeza ku kugaruka kwa Kristo, muri macye yabonye ibi

bikurikira:

1. Kuramya Imana mu ijuru (4:1-5:40

2. Itegura ry‘ibihe bya nyuma (kumerwa kw‘ibimenyetso 6:1-8:6)

3. Umubabaro ukabije w‘impanda 7(8:7-11:9)

4. Kuko Kristo azigarurira ubutware bwose (12:1-14-20)

5. Gute Kristo azigarurarura ubutware bwose (15:1-8)

Ibyago Cyangwa Inzabya 4 Za Mbere

Ibyago cyangwa inzabya enye za mbere zisa neza n‘impanda 4 za mbene,

twibuke ko ubwiza bw‘Imana bwuzuye urusengero rwo mu ijuru ku buryo

ntawabashije kwinjiramo kugeza igihe ibyago byarangiye, ntagushidikanya ijwi

ryatangije bino byago ni Ijambo ry‘Imana nyirizina.

Itegereze nawe iyo foto Imana iri yonyine mu rusengero, abamarayika bahawe

inzabya n‘ikizima bahagaze hanze ijwi ribategetse gusuka byose mu isi.

1. Icyago cya 1 Ibisebe ku bafite ikimeyetso cya ya nyamaswa: abanze

Kristo bakayobywa na Anti-Kristo bakiyiringira ubwabo bazagerwaho

n‘icyi cyago.

2. Icyago cya 2. Urwabya rwasutswe mu Nyanja ibirimo byose birapfa,

amazi ahinduka amaso nk‟ay‟intumbi: iki cyago ni kibaho ubuzima

buzaba buzasanaho buhagaze kuko nta mazi nta buzima bw‘ibikoko byo

Nyanja, ibirimo byose bizapfa, amazi ahinduka amaraso nk‘ay‘intumbi. ibi

bigaragaza ifoto y‘umunuko w‘ibikoko byo mu Nyanja uzazenguruka isi,

bizaba biteye ubwoba.

94


IBYAHISHUWE NA KRISTO

3. Icyago cya 3: Urwabya mu masoko ahinduka Amaraso: noneho amazi

abantu bari basigaranye azahinduka amaraso, bazayanywa kuko ariyo

matembabuzi azaba ahari, ntibanywa Peterori cyangwa ibiyikomokaho.

- Uri umukiranutsi bishe abera none ubahaye amaraso ngo ariyo

banywa: Marayika wahawe gusuka uru rwabya mu mazi niwe wiswe

Marayika w‘amazi, yabibonyemo gukiranuka kw‘Imana kuko yituye abantu

ibikwiranye n‘ibyo bakoze.

- Amateka yawe ni ay‟ukuri no gukiranuka:Iri jwi ryavuzwe n‘igicaniro,

iri rishobora kuba ari rya wa mu marayika na none wavugiye ku ihembe

ry‘igicaniro igihe impanda ya 6 yavuzwaga (9:13)

4. Icyago cya 4: Urwabya rwasutswe mu zuba rikicisha abantu icyakore

cyaryo: nubwo abahuza ibyahishuwe na Siansi bavuze ko yabaarinka aside

yasukwa mu zuba rikotsana, nta buryo bwo gusobanura aha bwa Siansi

(Scientificaly) twibuke ko impanda 4 za mbere zagize ingaruka ku

mibumbe yo mu kirere (8:12) no kubatuye isi aha izuba rihawe ubutware

bwo kubabaza abantu, Ab‘itorero Yohana yeretswe mu ijuru basezeranijwe

ko bitazabageraho (7:16) Nubwo ibi bizaba, abazarokoka bazaguma batuke

Imana, biringiye Anti-Kristo wabo, batuke n‘izina ryayo bange kwihana

nk‘uko Farawo nawe byamugendekeye kugeza ku kurimbuka kwe

n‘ingabo ze zose.

Izindi Nzabya 2 Guhanwa Kw’inyamaswa N’ikiyoka

Inzabya 2 zikurikira ziramenwa kuri Anti-Kristo n‘umuhanzi w‘ibinyoma

5. Urwabya rwa 5 ku ntebe ya Anti-Kristo: Muri macye bivuga ko inteko

y‘ubutegetsi n‘imbaraga bya Anti-Kristo bizagerwaho n‘umubabaro

ukabije twibuke ko ubu butware Anti-Kristo yabuhawe n‘ikiyoka

cyabuhaye n‘Umuhanuzi w‘ibinyoma (Satani)(13:2)

- intebe ya anti-kristo icura umwijima: uyu mwijima usobanurwa

n‘abanyeshuri ba Bibiliya nk‘igihe cy‘urujijo n‘akavuyo mu

mikorere ya Anti-Kristo nkuko Egiputa yacuze umwijima (Kuva

20:21)

6. ICYAGO CYA 6: Urwabya rwasutswe mu ruzi rwa UFURATE

,agakamira ngo inzira z‘abami b‘iburasirazuba yitegurwe ubwo impanda ya

gatandatu yavuzwaga abamarayika babi bari babohewe kuri uru ruzi rwa

95


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ufurate (9:13-21) reka turebe icyo ibyanditswe bivuga ku ruzi rwa

UFURATE:

1. Yesaya yeretswe uruzi rwa UFURATE rukama Atari ukugirango ingabo

zambuke ahubwo ab‘Isiraheri batahutse (Yesaya 11:15)

2. Kugwa kwa Babuloni (Dan 5:30) kwabayeho bitewe nuko kuro yayobeje

uruzi rwa UFURATE Abanyamateka bavuga ko bakoresheje amabuye

manini basenya inkuta za Babuloni (ayo mabuye yavuye muri urwo ruzi)

3. Gukama kw‘inyanja mu Kuva, byari igitangaza cyo gukiza ubwoko

bw‘Imana mu gihe gukama k‘uruzi rwa Ufurate ari igitangaza cy‘imperuka

cyo kureka ingabo z‘iburasirazuba zirwanane n‘ inyamaswa.

4. Undi mugezi wakamye ku buryo bw‘igitangaza ni YORUDANI (Yos 3:14-

17)

Nuko mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka ya nyamaswa no

mu kanwa ka wa muhanuzi w‟ibinyoma havamo imyuka isa

n‟iy‟ibikeri: izi nyamaswa eshatu nta gushidikanya ni ubutatu bwa

Satani, maze mu kanwa kabyo havamo imyuka 3 isa n‘ibikeri,

bitwibutsa cya cyago ibikeri (Kuva 8:1-13) gusa Bibiliya ivuga ko yari

imyuka y‘ibinyoma yo guhamagarira amahanga intambara yo ku munsi

ukomeye, Zekariya , Malaki) no muri (2 Petero 3:12)

Ibyanditswe bivuga ku munsi ukomeye w‘Imana ni ibi bikurikira:

i. Yesaya 16:6,9

ii. Ezek 13:5

iii. Yow 1:15;2:1,11;31;3:14

iv. Amosi 5:18-20

v. Obad 1:15

vi. Zefaniya 1:7,14

vii. Malaki 4:5

Mu isezerano rishya, uyu munsi witwa umunsi w‘umwami Yesu

- Ibyak 2:20

- 1Tes 5:2

- 1 Cor 1:8

- 2 Tes 2:2

- 1 Cor 5:5

- 2 Petero 3:10

- 2Cor 1:14

- Harimagedoni: Nyuma ya rya zina Abadoni rivuga umurimbuzi Yohana

avuze irindi, risobanura umusozi wa megido (Hari-Megido)

Mount of Megido, uyu musozi wari hasi y‘ikibaya cy‘I Yezereri mu

byanditswe (2 Ngoma 35:22) niho abanzi bacaga baza gutera Isiraheri

96


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Urwabya Rwa Nyuma

Babuloni Isukwaho Umujinya W‟imana

- Urwabya rwa nyuma rwasutswe mu kirere maze humvikana ijwi ngo

―Birarangiye” iri risa nijwi Yesu yavugiye ku musaraba mbere yo gupfa

(Yohana 13:30) Aha Imana yari iri kwivugira ko Birangiye ibyago byari biri

gusukwa mu isi.

- Habaho, imirabyo no guhinda kw‘inkuba nk‘ikimenyetso cy‘imbaraga

z‘Imana cyangwa gukora kwayo uku niko guhinda k‘umushyitsi kwa

nyuma kuzaba no kandi nta kundi kwabayeho gukomeye nkako mu isi, Mu

gice gikurikira turatangira gusobanura ibya Babuloni ikomeye.

Imbonerahamwe Y‟ibimenyetso 7, Impanda 7n‟ibyago 7

Ibyago Byo Mu Gihe Cy’umubabaro

Ibimenyetso (6) Impanda (8-9) Inzabya (16)

1. Anti-Kristo Urubura Ibisebe

2. Intambara Ikimeze nk‟Umusozi Inyanja iba

amaraso

3. Inzara Inyenyeri Muravumba Amasoko aba

amaraso

4. ¼ cy‟abantu gipfa Umwijima Izuba ryotsa

abantu

5. Iby‟Abahowe Imana Inzige Umwijima ku ntebe

ya Antikristo

6. Umutingito, Igishyitsi 1/3 cy‟abantu bapfa Urwabya

Ku ruzi rwa

Ufurate

7. Impanda ya 7 Inzabya 7 Umutingito,

Igishyitsi

97


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 17 :

IBYA MARAYA UKOMEYE UHETWE

N’INYAMASWA

« Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo : « BABULONI

IKOMEYE NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI. »

(Ibyah 17 :5)

Ishusho 21 Babuloni ya kera, yahindutse ikimenyetso cy’ubuhanuzi bw’idini ryivanze na

Politike, mu kurwanya abera b’Imana.

Igitekerezo Fatizo

I

cyi gice ni itangiriro ry‘imperuka rigufiya riri muri (17:1-20:8) ni naryo

twavuzeho mu gice cya 16, twibuke abagore babiri mu buryo buteye gutya

- Malaya ukomeye: idini na politike birwanya Imana

- Umugeni wa Kristo: Itorero.

Ibivugwa kuri babuloni

Uyu murwa, wa Babuloni, ugaragara nka Malaya w‘umusinzi wicaye hejuru ya

Anti-Kristo: Uyu ni uruvange rw‘idini na Politike byishyiriye hamwe kurwanya

98


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Imana n‘abakurikira Umwana w‘Intama dukurikije igitabo cy‘ibyahishuwe

cyanditswe na KENDEL H.Easley asobanura iyo nyamaswa nka Roma maze

imitwe 7 ikaba imisozi 7 yariho imigi ikurikira:

1. Aventina (Aventine)

2. Kayeriyani(Caelian)

3. Kapitoline(Capitoline)

4. Ekwiline(Equiline)

5. Palatine(Palantine)

6. Kwirirari (Quiliar)

7. Viminari (Vimirari)

Kubera ko Roma yagize uruhare mu kurenganya abakristo abasobanura

ibyahishuwe babihuza n‘amateka, bahita bagereranya iyi nyamaswa na Roma ya

Gikiristo (Ubugaturika) yihuje na Roma ya Gipagani ngo birwanye ubukristo

bw‘ukuri. Nubwo ubwo busobanuro buhuje n‘amateka ariko mu minsi

y‘imperuka Maraya ukomeye wicara ku mazi menshi ni Idini cyangwa amadini

y‘ibinyoma yihuje na Antikristo ngo barwanye abera bo mu minsi ya nyuma:

umurongo umwe mu munani cyangwa imirongo 50 muri 404 igize igitabo

cy‘ibyahishuwe usanga ivuga ku gihano cya Babuloni. Marayika umwe mu bari

bafite inzabya ndwi niwe uri kuvugana na Yohana iby‘ibihano bya Maraya

wicara ku mazi menshi (bisobanura abantu benshi bo mu mahanga yose)

Babuloni ya cyera yakoraga ku ruzi rwa UFURATE

- Abami bo mu isi basambanye nawe: uyu murwa wa Babuloni cyangwa iyi

maraya ni uruhurirane rw‘imico y‘ibizira birwanya Imana, agasuzuguro

ubwibone n‘ubwigenge, bihuzwa n‘uruvange rwa Politike n‘idini

y‘ibinyoma. mu isezerano rya kera Malaya byavuga kwivanga n‘andi

mahanga ku b‘Isiraheli.

- Abami mu isi bagasinda inzoga aribwo busambanyi bwe: uyu maraya

asezeranya abari mu isi ibyishimo by‘ isi n‘umubiri, kabarogesha iryo rari

ry‘ibizashira bakibagirwa Imana. Abami buzuye nawe, nubwo ibikorwa bye

ari ibizira.

- Yari ifite imitwe irindwi ni nabo bami 7 ibitabo bimwe bivuga ko ari aba

bakurikira; ibi bitabo biba bisobanura bishingiye ku mateka kuko aba ari

abami b‘abami bayoboye Roma ndetse barenganya abakristo cyane, ako

karengane kagumye mu mateka y‘abakristo ku buryo batekerezaga ko

Roma ariyo Anti-Kristo.

a. Julius

b. Angustus

99


IBYAHISHUWE NA KRISTO

c. Nero

d. Galba

e. Otho

f. Viterius

2) Ikindi gitabo kivuga 7 nko kuzura kw‘Imana bityo kuba abami 5 baraguye

bisobanura ko turi mu minsi y‘imperuka, uwa gatandatu arakora naho uwa

7 ni Anti Kristo.

3) Umwami yahagarariraga ubwami

Urugero: Umutwe w‘izahabu w‘igishushanyo kiri muri Danyeli ni Babuloni

ndeste ugasobanura na Nebukadinezari umwami waho (Dan 2:23)

Dushingiye ku byanditswe aba ni abami 5 barenganyaga abantu b‘Imana

cyangwa ubwami bwabo, ubwo bwami ni ubu bukurikira:

- Egiputa: Yagerageje kwica ubwoko bwatoranijwe no kubukoresha

uburetwa yica abana b‘imfura (Kuva 1) umugi w‘urugomo wari Memphis

(Hoseya +Yesaya)

- Siriya:Yasenye ubwami bw‘imiryango 10 ya Israheli 772 M.K (2 Abami

15) Umugi w‘urugomo wari Neneve

- Babuloni :Yasenye imiryango ibiri ya Isiraheri mu gihe cya Yeremiya na

Ezekieli (Yuda) itwika Yerusalemu muri 586 M.K (2 Abami 25)

Umujyi w‘urugomo wari Babuloni ku ruzi rwa UFURATE

- Ubuperesi: mu gihe cya Esiteri (460 M.K) Bashatse kurimbura abayuda

bose, bitewe na Hamani umugi w‘urugomo wari Perisepolisi (Shushani)

- Empire seluicide: Yari imwe mu gice cya Alexandre mukuru yayoborwaga

na ANTIOKUS IV EPIPHANE ariwe Bibiliya yita ikizira cy‘umurimbuzi

(168 B.C) Yica imihango y‘abayuda nkana umujyi w‘urugomo witwaga

ANTIOKUSI

- Ubwami cyangwa umwami wa 6 ni Roma yarenganyije Abakristo bo mu

kinyejana cya mbere, imiraba y‘akarengane yarakomeje igera mu kinyejana

cya 3 kugeza muri (312 N.K) Mu gihe cy‘umwami w‘Abami

KONSTATINE mukuru) Aho niho Roma yabereye Nkiristo.

- Umwami cyangwa ubwami bwa 7 ni ANTI-KRISTO uzaza kandi azamara

igihe gito iki gihe nicyo ya mezi 42 yavuzwe mu byahishuwe 13:5)

Aha kandi hatera urujijo ni uyu mwami wa 8 uje kandi mu iyerekwa harimo

imitwe irindwi uwa munani avuye he bivuga ngo azaza yomora ubwami

bwahozeho, urugero: Yohana umubatiza ni Eliya wagarutse afite ishusho

n‘imbaraga nk‘ibya Eliya.

100


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Amahembe 10: Imbaraga z‘ubwo bwami zivuga nanone ubwami bwa ya

maraya cya gishushanyo cyo muri Danyeli ndetse bigereranywa n‘ibihugu 10

biyoboye isi muri iyi minsi ya none.

IGICE CYA18:

IRIMBUKA RYA BABULONI

“Arangurura ijwi rirenga ati: “Iraguye, iraguye, Babuloni ikomeye! Ihindutse

icumbi ry’Abadayimoni aharindirwa imyuka mibi, n’ibisiga byose bihumanye kandi

byangwa.” (Ibyah 16:2)

Igitekerezo Fatizo

I

gihe uyu mugi uzaba urimbutse ariwo Babuloni ari nawo Malaya ukomeye,

izarimbukana n‘urutundo n‘iby‘ubucuruzi n‘umuco ubutazongera kubaho,

kuko byashyize abantu mu idini y‘ibinyoma yuzuye ibyaha.

Muri iki gice turakomeza iyerekwa rya Yohana yumvise kuruta ibyo yabonye

uretse umurongo wa 1, 4 na 21 iki gice kivuga kuby‘abamarayika 3

batandukanye bavuze kuri Babuloni n‘irimbuka ryayo.

Irimbuka Rya Babuloni Ritangazwa

Itangazo ry‘irimbuka rya Babuloni rirabwira n‘abantu b‘Imana

kuyisohokamo.

- Marayika ufite ubutware bukomeye: Birumvikana ko ari marayika

watumwe kurimbura Babuloni, abenshi bamarayika bavugaga ijwi rirenga

(Ibyah 5:2;17:7)

- Iraguye iraguye Babuloni: iyi nteruro iboneka no muri (14:8) ni imvugo

yakoreshejwe n‘umuhanuzi Yesaya (21:9) muri Yesaya yavugaga

kurimbuka kwa Babuloni n‘igihugu mu gihe mu byahishuwe bavuga

kurimbuka kwa Babuloni y‘imvugo y‘Umwuka yo mu minsi y‘imperuka.

- Ihindutse icumbi ry‟abadaimoni: abantu bo mubinyejana bya Cyera

bavugaga ko inzu z‘amatongo n‘ibidaturwa ziturwamo n‘abadayimoni,

101


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Yohana yabikoresheje mu buryo bw‘ikigereranyo, muri macye hazaba

umutarwe.

- Abami bo mu isi basambanaga nawo: Ibihugu, abatware n‘abami bavanze

nawo muri byose bakorera hamwe mu kurwanya abantu b‘Imana.

- Bwoko bwanjye Nimuwusohokemo: Humvikana irindi jwi rivugira mu

ijuru ngo ―Mubusohokemo bwoko bwanjye‖ Bamwe mu busobanuro

bavuga ko uwabivuze yari ―Yesu cyangwa Imana‖kuko byakoreshejwe mu

isezerano rya cyera Imana ibwira Abisirayeri Kuva muri Babuloni ya Cyera

(Yer 51:6,45) na Yes 48:20;52:12)Uhereye cyera abantu b‘Imana

basabwaga kutivanga n‘andi mahanga (2 Kor 6:14)

Ibyo babuloni yirataga

- Sindi umupfakazi: Babuloni yavuga ibi kuko amahanga yose yasambanaga

nayo, yabonaga ishagawe n‘amahanga! Mbega ukuntu babuloni ishagawe

mu minsi y‘imperuka. Ubutinganyi, gukuramo amada, ubusambanyi,

urugomo rukabije, kandi amwe mu madini yiyitirira Kristo agashyigikira

ibyo, ibihugu bikayoboka, ibyo byose bizatsembwaho umunsi wagenwe

kandi nta byirato Babuloni izasigarana.

- Nicara ndi umugabekazi: Igikomangomakazi cy‘isi, umurwa

w‘ikirangirire mu bihe byose.

- Nta gahinda nzagira: kuko nzi neza ko nzagira iherezo ryiza.

- Ibi bitekerezo by‘ibyirato bya Babuloni ni ubwibone gusa nkuko bivugwa

muri (Yes 47:7-9)

- Ibyago byawo byose bizabera umunsi umwe: Ibintu bidatekerezwa nibyo

bizaba kuri Babuloni nkuko Empire ya Babuloni yarimbuwe n‘abamedi

n‘abaperesi mu ijoro rimwe ubwo ijuru ryandikishaga urutoki iteka

baciriweho muri 539 na Babuloni izagwa ityo amanzaganya.

- Urupfu umuborogo n‘inzara: Bivuga ibyago bizagwirira abo muri icyo gihe

no gusenyuka kw‘inyubako z‘ibikomerezwa (17:16), n‘urwabya rwa 7 rusa

cyane n‘ibingibi.

Barira kubera irimbuka rya babuloni (18:9-19)

Abami n‟abatunzi n‟abatwara ibicuruzwa byabo mu mato bazaririra

Babuloni kubera igihombo cyayo: Aya maganya ameze nkayo Ezekieli

102


IBYAHISHUWE NA KRISTO

yaririye umwami w‘ I TIRO (Ezek 27) Muri iki gice baragaragaza amaganya

ndetse hari urutonde rw‘ibicuruzwa bitazongera kugurishwa.

- Abami bo mu isi: iyi nirya tsinda rya mbere ryaririye kurimbuka kwa

Babuloni, abo harimo ba bami icumi bavuzwe mu haruguru,

Basambanye….cyangwa babaye umubiri umwe na Babuloni… cyangwa

bihuje n‘idini y‘ibinyoma yo muri icyo gihe (13:13-14) Bahuje imbaraga

ngo bakorane ubwo bazabona gucumba k‘umwotsi wayo. Bavuge bati: ―Ni

ishyano ni ishyano! Mu isaha imwe igihano kikugezeho‖.

- Abatunzi bo mu isi nabo bazawuririra: Itsinda ry‘abacuruzi n‘abatunzi

naryo rizawuririra, mbere yuko twumva amagambo yabo dufite urutonde

runini rw‘ibyo batwaraga mu mato bagura banagurisha, barizwa n‘uko

ntawe uzongera kugura ibyo byose, n‘inguzanyo zabo zibemo ibihombo

gusa. Ububiko bw‘ibicuruzwa bimeze nk‘ibyinjizwaga (Imports) muri

Roma mu kinyejana cya 1 kandi I Babuloni nibyo byatunganywaga mu

nganda zaho kuburyo bwa bugezweho.

1. Ibyamabuye y’agaciro

i. Izahabu: yageraga I ROMA ivuye muri Espagne

ii. ifeza: nayo yageraga I Roma ivuye muri I Espanye igashira vuba,

iii. Amabuye y‟igiciro: yazaga aturutse mu Buhinde.

iv. Imaragarita: Yazaga iturutse mu Buhinde no ku kigobe cya Peresi,

bamwe mu bagore b‘abaroma bakoragamo imitako n‘ibifashi

by‘imisatsi.

2. Iby’imyenda

i. Imyenda y‟ibitare: yavaga muri Egiputa ihenze.

ii. Imyenda y‟imihengeri: yazanwaga n‘abanyabirwa.

iii. Imyenda y‟imihemba: yazaga i Roma ivuye mu Bushinwa ariko

yari ihenze cyane.

iv. Hariri: yari ihenze cyane si buri wese wabashaga kuyigura.

3. Ibikoze mu biti

i. Citron Wood: Igiti cyari gihenze cyabaga mu majyaruguru ya

Afrika.

ii. Amahembe y‟inzovu: Yavaga mu buhinde no muri Afrika muri

Cote d‘Ivoire.

iii. ibiti bihenda by‟igiciro ; habagamo imyerezi

103


IBYAHISHUWE NA KRISTO

4. Ibyacuzwe mu byuma

i. Umuringa: wakorwagamo ibitekerezo ibitereko by‘amatabaza.

ii. Icyuma: cyakorwagamo ibirwanisho, amacumu, imyambi n‘ibindi.

iii. Ibyaremywe mu ibuye ritwa marimari.

5. Iby’imibavu

i. Mudarasini: Yavaga muri Kenya ni ubwoko bw‘amavuta yo

kwisiga.

ii. Ibinzani: ni amavuta yatumizwaga mu buhinde yo koroshya

umusatsi.

iii. Imibavu: yarahendaga cyane yakoreshwaga mu by‘amadini no

mubijyanye n‘imihango yo guhamba.

iv. Amavuta y‟amadahano: yari amavuta ahenda cyane kandi yari

umuti (Mat 2:11)

v. Icyome: cyajyanaga n‘ishangi biva mu majyaruguru ya Arabiya.

6. Ibijyanye n’ibiribwa

i. Inzoga: yokorerwaga mu bihugu byegeranye na Mediterane Roma

yayikuraga muri Espagne.

ii. Amavuta ya Elayo: yifashishwaga mu guteka no gucana mu matara

yavaga muri Afurika, isiraheri na Espagne.

iii. Ifu y‟ingenzi: n‘ifu yakenerwaga mu buzima bwa buri munsi.

iv. Amasaka.

v. Ingano: Egiputa niyo yezaga ingano nyinshi ikazambutsa mu bihugu

byo haraguru ya Mediterane.

7. Ibijyanye N’inyamaswa

i. Amashyo: N‘inka n‘inyana zazo n‘amavuta y‘inka byazaga I Roma

bivuye muri Bugereki

ii. Imikumbi: yatumizwaga kugirango yongere amatungo yari

ahasanzwe.

iii. Amafarashi: amagare y‘Intambara yo kugendwaho no gukurura

imizigo.

iv. Amagare: yakurwaga n‘amafarashi mu buryo bwo kwikorera ibintu

byinshi.

8. Ibijyanye N’isoko Ry’abacakara

104


IBYAHISHUWE NA KRISTO

i. Imibiri y‟abantu: Abacakara bagurishwaga ku isoko nk‘uko

inyamaswa zigurishwa. mu ibarura ryabayeho hariho miriyoni 60

z‘abacakara muri Empire y‘abaroma muri icyo gihe.

ii.

Ubugingo bw‟abantu: Aba bantu ntibitaga ku mibiri y‘abacakara

gusa ahubwo babaguranaga n‘ubugingo bwabo, mu gice cyacu

ntibigikunze kubaho kubera amategeko arengera ikiremwamuntu.

Bazavuga bati: ῝Ni ishyano ni Ishyano, kuko mu isaha 1 ubutunzi bwinshi

bungana butyo burimbutse Iyi ni imvugo y‟Umwuka yagaragazaga

ikigereranyo cy‟imiborogo y‟abasambanaga na Babuloni bakadandazanya

nayo. Bari bararyohewe n‟urutundo rwayo.‖

- Ni uwuhe mudugudu umeze nk‟uyu nguyu? Iyi nteruro imeze

nkiyavuzwe ku mwami w‘I TIRO, muri (Ezek 27:32) bazaterwa agahinda no

kuyoyoka kw‘ibyo bari baragize indamu, bitere umukungu mu mitwe

nk‘ikimenyetso cy‘agahinda.

-Abatwaraga amato: Bazicwa n‘agahinda ntibazaba bakibona ibyo batunda

bagemurira inganda.

Uku niko kurimbuka kwa Babuloni no kugwa kwayo nkuko kwatangajwe na

marayika ngo iraguye mu nteruro zikurikira turarebera hamwe uko izatsembwa

nk‘ibuye rijugunywe mu Nyanja ikimenyetso cy‘ubuhanuzi bwo kurimbuka

kwayo.

Kugwa Kwa Babuloni 18:20-24

Igitekerezo fatizo

Kuberako Babuloni yarenganyaga abantu, Babuloni izarimbuka ishireho mu

gihe gito nk‘ibuye rijugunywe mu Nyanja rikibiramo (kurohama) Marayika

yakoze ikimenyetso cy‘ubuhanuzi agaragaza Kurimbuka kwa Babuloni, Yafashe

ikibuye kinini kimeze nk‟urutare akijugunya mu nyanja, aravuga ati: « Uko

niko Babuloni, umudugudu ukomeye uzatembagazwa kandi ntuzongera

Kuboneka ukundi. »

- Wa juru we namwe Abera n‟intumwa n‟abahanuzi nimuwishime

hejuru kuko Imana iwuciriyeho iteka ibahorera: ijwi rije nyuma

y‘iryasabaga ubwoko bw‘Imana gusohoka muri Babuloni noneho rirasaba

ijuru n‘abera kwishima kuko umurwa urimbutse uzize kwica abantu

b‘Imana, mbese ibiwubayeho bisa n‘ibyabaye kuri Babuloni ya cyera (Yer

51 :49)

105


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Marayika wundi aterura igitare kimeze nk‟urusyo akiroha mu nyanja:

Uyu marayika ni uwa gatatu muri iki gice mbere yo kuvuga yateruye igitare

akijugunya mu nyanja. Marayika yasutse mu isi umuriro wo mu gicaniro

cyo mu ijuru agaragaza itangira ry‘urubanza rukiranutse rw‘Imana. None

uyu ajugunye ibuye mu nyanja agaragaza irangizwa ry‘Amateka

(judgement) bihura neza n‘irimbuka rya Babuloni ya cyera (Yer 51 :59-

61 ;Yer 51 :64)

- Babuloni izajugunywa mu Nyanja ubutazagaruka, kubera amaraso

y‘intumwa n‘abahanuzi.

Politike mbi n‘idini y‘ikinyoma byivanze byishe abahanuzi n‘abera benshi mu

bihe gitandukanye ubu noneho kurimbuka kwabyo kuzaba gusohoye

Bazasogongera ku gikombe cy‘umujinya w‘Imana bacyiranguze.

106


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 19: KUGARUKA KWA YESU

“Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe

nayo yitwa Uwokwizerwa kandi Uw’ukuri, niwe uca imanza zitabera akarwana

intambara zikwiye.” (Ibyah 19:11)

Ishusho 22 Dore arazana n’ibicu kandi amaso yose azamubona. (1:7) Imyaka 7 nishira Yesu

azagaruka, azatsinda Antikristo n’umuhanuzi w’ibinyoma mu ntambara ya Herimagedoni,

abahane kandi abohe Satani ngo yime ingoma y’imyaka 1000.

Mu ijuru bishimira Irimbuka Rya Babuloni

Y

ohana yanditse iri yerekwa ry‘ibizaba mbere yo kugaruka kwa Kristo,

yiteguye kwimana n‘itorero imyaka igihumbi, iki gice kigizwe n‘ingingo

2 z‘ingenzi:

1) kwishimira irimbuka rya Babuloni (1-10)

2) N‘ibikorwa bikikije kugaruka kwa Yesu (11-21)

Mu Ijuru Bishimira Kurimbuka Kwa Babuloni

Iki gice gisa n‘umwanzuro w‘ibyabanje (16 :17-18 :24) n‘ibijyanye no kugwa

kwa Babuloni Egiputa na Tiro byo mu minsi ya nyuma na Anti-Kristo ya

107


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Babuloni yari imaze kurimbuka bitera abo mu ijuru bose kwishima mu

byahishuwe hagiye humvikana amashimwe inshuro zitandukanye :

1. Ibizima bihora bishima Imana ubutaruhuka (4 :27,11)

2. Ibizima n‘abakuru bararirimbye igihe Umwana w‘Intama yakiraga igitabo

(5 :9-10,12-14)

3. Abari bavuye mu mibabaro baririmbye bahagaze imbere ya ntebe

(7 :10,12,15-17)

4. Ku mpanda ya 7 amajwi yumvikana mu ijuru ko agakiza kabaye aka Kristo

(11 :15-18 ;15 :3-4 ;16 :5-7)

Muri macye muri iki gice umurongo wa 1-5 ugaragaza ibyishimo byo kurimbuka

kwa Babuloni ariwe Maraya ukomeye, ubwo rero yari amaze gupfa umugeni

yagombaga kwishimira ubuzima bushya niyo mpamvu indirimbo yo mu

murongo wa 7 igaragaza ibyishimo ijuru ryari rifite byo kwakira umugeni no

gutaha ubukwe bw‘Umwana w‘Intama.

19 :1-2 Haleluya ya 1 : Bishimiraga kurimbuka kwa Babuloni (Maraya

ukomeye) maze baravuga ngo Haleluya (Imana ishimwe )riboneka inshuro 4

gusa mu byahishuwe ndetse ni mu (Byah 19 :1,3,4,6) nubwo hari ahandi

rigaragara muri Zaburi. Bari banejejwe no kurimbuka kw‘iby‘ubutunzi

bwarimbukiye muri Babuloni. Amateka y‘Imana ni ay‘ukuri, Babuloni mu buryo

bw‘Idini no mu buryo bw‘ubucuruzi izarimburwa ngo Imana ihore amaraso

y‘Imbata zayo (Isiraheri) 18:24) (Guteg 32:42-43; 2 Abami 9 :7)

19 :3-4 Haleluya ya 2 : umwotsi we uhora ucumba : igihe Imana yarimburaga

imigi y‘urugomo Sodomu na Gomora ndetse na Edomu aburahamu

yarahitegereje abona umwotsi waho ariwo ucumba (itang 19 :28 ;Yes 34 :10)

gucumba iteka ryose bivuga ko igihano cy‘abanzi b‘Imana ari icy‘iteka ryose

byanejeje abakuru 24 n‘ibizima nabo bashimishwa no kurimbuka kwa Babuloni.

19 :5-6 : Ijwi rifite ubutware ryumvikanye rivuye kuri ya ntebe y‘Imana

risaba abantu bose gushimira iri shimwe rimeze nk‘iryo tubona muri (Zab

113 :1 ;135 :1) maze iri jwi birashoboka ko ryari iry‘abamarayika n‘abagaragu

b‘Imana abakomeye n‘aboroheje bashimira Imana ko iri ku ngoma ,Ingoma z‘isi

zizaba zihangukiye muri ya Malaya ariwe Babuloni.Nukuri bizaba nkuko

byanditswe ngo : « Agasuzuguro k‟abantu kazacishwa bugufi n‟ubwibone

bw‟abantu bazashyirwa hasi ,uwo munsi Uwiteka niwe uzogezwa wenyine

kuko hazaba umunsi w‟Uwiteka wo gutungura iby ibona n‟ibigamika byose

n‟ikintu cyose cyishyira hejuru bizacishwa bugufi « (Yes 2 :11-12)

108


IBYAHISHUWE NA KRISTO

19:7-8 Haleluya ya 3: « Kuko ubukwe bw‘Umwana w‘Intama busohoye

n‘umugeni yiteguye ndetse ahawe kwambara umwenda wera utanduye. Iyi

ndirimbo yatangiriye mu murongo wa 6 irakomeza gusingiza Imana kuko

ubukwe bw‘Umwana w‘Intama busohoye, umugeni akaba yarateguriwe Umwana

w‘Intama nk‘umukwe, Imana yishe maraya umwotsi wo kurimbuka kwe uhora

ucumba none dore, Umugeni wa Kristo yinjiye mu bukwe yambaye gukiranuka

nk‘agatimba, yambaye imirimo yamuranze akiri mu isi, arabererewe! Umunezero

ibyishimo bitavugwa bizaba muri ubwo bukwe. Itorero rizaba noneho

rihagaranye na Kristo warikoye amaraso ku gisa n‘inyanja y‘ibirahure imbere

y‘Imana mu ijuru mu by‘ukuri uyu mugeni n‘itorero rya Kristo (3 :20 ;21 :2 ;Yoh

3 :29,2 Kor 11 :2) uyu mugeni ni itorero rizaba ryaramaze gupimirwa imirimo no

guhabwa ingororano, no gutunganywa ngo rimurikirwe Imana ritariho umugayo.

Ijambo (Gr. Gyne) ry‘ikigereki ryasobanuwe « umugore‖ nanone ryakoreshejwe

mu bice:

1. 12 : asobanura Isiraheli.

2. 17 : asobanura Babuloni (Maraya)

3. 19 : asobanura Itorero

Imana yigereranije n‘umugabo wa Isiraheli mu I.K (Yes 54 :6, Hos 2 :2 ; 16 :6)

Isiraheli yari umugore w‘inkundamugayo kandi wa Maraya mu I.K dukurikije

ibyanditswe. Uyu mugeni ntiyaba isiraheli, yewe cyangwa ngo igice kimwe kibe

Isiraheri ikindi itorero kuko umugeni azagarukana na Kristo ku isi igihe azaba

agarutse, ibi byose rero birashimangira ko uyu mugeni ari itorero.

Yesu Kristo uhereye cyera mu byanditswe yivuze nk‘umukwe (Mat 9 :15 ;

22 :2-14 ; 25 :1-13, Mar 2 :19-20, Luka 5 :34-35 ; Yoh 3 :29)

Uko Ubukwe Bwo Muri Isiraheli Bwakorwaga

Reka tugerageze kumva uko ubukwe bw‘Umwana w‘Intama buzaba bumeze

tubugereranije n‘uko ubukwe bwo mu gihe cya Yesu bwakorwaga. Hariho

ibikorwa 3 byabaga mu bukwe :

Icya 1 : mbere ababyeyi bahitagamo umugeni w‘umuhungu wabo ibi

byarabaye biracyaba kandi mu gihe cy‘itorero kuko Umwuka ahamagara

akanatoranya mubo mu isi bose ngo babe umugeni w‘Umwana w‘Intama.

Icya 2 : igihe cy‘ubukwe iyo cyageraga, umukwe yavaga mu rugo

akajyana n‘inshuti ze, akajya iwabo w‘ umugeni, maze umugeni

109


IBYAHISHUWE NA KRISTO

agaherekeza umukwe iwabo. umugeni ntiyabaga azi igihe ubukwe

buzabera. Ibi bigererenywa no kuzamurwa kw‘itorero Yesu azaza

ahagarare ku bicu yitegeye isi icumbi ry‘umugeni, maze itorero rihereko

rizamuke ikirere riherekeze umukwe iwabo mu ijuru bajye mu bukwe (Yoh

14 ; 1-2), Cyakora kuko rikwiye kubanza kurimbishwa, rizabanza

gupimirwa imirimo mu kirere, ndetse rihabwe ingororano, ryambikwe

amakamba, ngo rizamurikirwe Imana sebukwe, ritariho umugayo namba.

Icya 3 : Umukwe yakoreshaga ibirori n‘umugeni we n‘inshuti mu rugo rwe

bikamara iminsi bacyishimye barya banywa, ibi birori rero sibyo bivugwa

aha mu murongo wa 8. Haravugwa gusa uburyo umugeni ageze ku mukwe

yambaye imyenda itanduye, bivuze neza ko icyi ari igice cya 2 cy‘ubukwe

dushingiye ku kigereranyo cy‘ubukwe bwegereje ariko se w‘umukwe

(Imana) niyo yabiteguye niyo mpamvu y‘amashimwe rero (7-8) abandi

benshi bahuriza hamwe ko igice cya gatatu kizaba mu ntangiriro z‘ubwami

bw‘imyaka 1000. Aho Bibiliya ihamya neza ivuga kuri Siyoni mu gihe

cy‘Ubwami bw‘imyaka 1000 iti : «Kandi kuri uyu musozi, Uwiteka

nyiringabo azaharemera amahanga yose ibirori, ayabagire

ibibyibushye, ayatereke vino y‟umurera, ibibyibushye byuzuye

umusokoro na Vino y‟umurera imininnye neza. (Yes 25 :6) »

19 :9 Hahirwa abatorewe gutaha ubukwe bw‟Umwana w‟Intama

kandi ayo magambo ney‟ukuri kw‟Imana : Uyu marayika uvuze ibi

ameze nka wa wundi wahoze abwira Yohana ibijyanye na Babuloni (17 :1)

abatumirwa aha ni Abisiraheli bakiranukiye Imana, bazicarana n‘umugeni

n‘umukwe banezerewe yewe hazaba harimo abahowe Imana mu gihe

cy‘akarengane bazize guhamya kwa Yesu n‘ijambo ry‘Imana bahamyaga,

muri ibyo birori Itorero duharanira kuzabamo hazabamo intwari zanesheje

zose uzaba ari umunezero w‘akaburarugero.

19 :10 Nikubita hasi imbere y‟ibirenge bye kumuramya arambwira ati

ndi imbata mugenzi wawe : Yohana abonye ibyo Marayika yari

amuhishuriye kandi amenye ko ari ukuri kw‘Imana bitazabura gusohora,

aherako ashaka kumuramya, Marayika arabyanga kuko bitemewe rwose ko

abantu baramya abamarayika (Kor 2 :18) Imana abe ariyo usenga kuko

guhamya kwa Yesu ari Umwuka w‘ubuhanuzi, abahanuzi bose bahishura

Kristo buri wese nkuko kwizera kwe kuri ngo Imana Data wa twese

ishyirwe hejuru.

110


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Kugaruka Kwa Yesu

« Dore arazana n’ibicu Kandi amaso yose azamureba, ndetse

n’abamucumise nabo bazamureba, kandi amoko yose yo mu isi

azamuborogera na none, Amen ! (Ibyah 19 :11) »

Kugaruka kwa Yesu kwari gutegerejwe kuzaba gusohoye rwose ni kimwe mu

bintu birindwi Yohana yari yiteze kandi afite amatsiko yo kubona ibyo ni :

Kugaruka kwa Yesu.

gufatwa kwa Satani.

kubohwa kwa Satani.

ingoma imyaka 1000.

iherezo rya Satani.

urubanza rw‘abanyabyaha b‘ibihe byose.

ijuru rishya n‘isi nshya ririmo na Yerusalemu nshya.

Thomas umwe mu banditsi abona Kuva ku kugaruka kwa Yesu nk‘urwabya rwa

7 mu by‘ukuri kugaruka kwa Yesu ni ingingo y‘ingenzi mu I.R, mu ipfa n‘izuka

Kristo yagaragaje insinzi kuri Satani n‘ikibi, Ariko izagaragazwa neza no kuza

kwe. Hatariho kugaruka kwa Yesu, gucungurwa kwaba kudashyitse.

19 :11 : Mbona ijuru rikinguye, mbona uwicaye ku ifarashi y‟umweru:

uyu ni Kristo wari uri kuri iyi farashi aho kuba Anti-Kristo (6 :2) Yohana yavuze

ko ari uwo kwizerwa kandi uw‘ukuri, Anti-Kristo we ni umunyabinyoma uyobya

abari mu isi, Yirutse ku ifarashi bwa mbere abantu biringira amahoro, nyamara

bayategereje babona intambara inzara n‘urupfu. (Soma ibijyanye no kwiruka

kw‘amafarashi 4 mu gice cya 6) ndetse yishe isezerano ry‘Abisiraheli, ubu Yesu

azava mu ijuru amaso yose azamubona aje guciraho iteka Anti-Kristo no

kurwana nawe ku isi. Yesaya yabihanuye avuga ati : « ….azanezezwa no

kubaha Uwiteka ntace Imanza z‟ibyo yeretswe gusa kandi ntazumva

urw‟umwe. Ahubwo azacira abakene Imanza zitabera n‟abagwaneza

azabategekesha ukuri, Kandi isi azayikubita inkoni yo mu kanwa ke

n‟abanyabyaha azabicisha umwuka unyura mu minwa ye, Gukiranuka

kuzaba umushumi akenyeza kandi umurava uzaba umushumi wo mu

rukenyerero rwe. (Yes 11 :3-5) »

111


IBYAHISHUWE NA KRISTO

19 :2 Amaso ye yasaga n‟ ibirimi byumuriro ku mutwe afite ibisingo byinshi

kandi afite izina ntazwi n‟umuntu wese keretse we: kureba agahinguranya no

kumenya bose kwe bigaragazwa n‘amaso ye, amakamba menshi bisobanura

kuyobora amahanga menshi,Yesu Kristo wanze kwakira ikamba ryo gutwara

ibintu byose abihawe n‘ubushukanyi amugerageza ubu mu butsinzi bwe yahawe

amakamba menshi (Mat 4 :10) izina ryanditswe kuri we ntiryamenywe na

Yohana icyakora wenda rizamenywa Yesu agarutse n‘abanesheje bazahabwa

ibuye ririho izina ritazwi n‘umuntu wese keretse (2 :17)

19 :13 Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo

ry‟Imana : aya maraso ntago ari ajyanye no gucungura ahubwo n‘ayabanzi be

azaba amaze gukora mu gihe cy‘umubabaro ukabije (SOMA Yes 63 :2-3) muri

iki gice Yohana arabona Yesu nk‘uwiteguriye intambara n‘umucamanza. Niwe

Jambo ry‘Imana (Yoh 1 ; 1, Yes 49 :2)

19 :14-15 Ingabo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n‟amafarashi y‟imyeru

zambaye : azazana n‘ingabo z‘abamarayika (Mat 13 :41 ; 6 :27 ; 24 :30-31 ; Mar

8 :38 ; Luka 9 :26 ; 2Tes 1 ; 7)

Izi ngabo zo mu ijuru zimeze nkaho ari abantu, yewe zambaye imyenda nk‘iya

wa mugeni (u.8) nta nkota kuko zambaye imibiri idapfa kandi idakomereka,

ntibigaragara ko zifasha Mesiya ahubwo azatsindisha abanzi be ijambo ryo mu

kanwa ke. Yesu azagarukana n‘Ingabo (Abamarayika) Nyamara kandi

azagarukana n‘Umugeni, nawe azaba yambaye umubiri nkuwa Kristo,

ntibyoroheye Yohana kubisobanura, ariko Yesu azaba aje kwimana n‘abera

n‘umugeni (Itorero) mu bwami bw‘Imyaka 1000.

19 :16-21 : Yesu yari yambaye ikanzu yanditseho umwami w‟Abami

n‟umutware utwara abatware : iri ni izina abategeka b‘i Buperesi biyitaga

ariko urikwiriye ni Yesu gusa (Ezira 7 :12) Icyo gihe abantu benshi bazaba bari

ku isi bazabona Yesu agarutse (Mat 24 :30) Dore urutonde rw‘ibyanditswe

rurushaho kubisobanura neza.

- Guteg 30 :3

- Zab 2

- Yes 63 :1-6

- Dan 2 :44-

45 ,7 :13-14

- Mat 24-25

- Mar 13

- Ibyak 1 :11

- Rom 11 :26

- 1Abates

3 :13,5 :1-4

- 2Tes 1 :7-2 :11

112

- 2Pet 2 :1-3 :17

- Yuda 14-15

- Ibyah 1 :7 ;

19 :11-21


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Turibuka Yesu aza i Yerusalemu ahetswe n‘icyana cy‘indogobe aje gupfa aho

kwima ariko noneho aje n‘ifarashi aje kwima ingoma mu gihe cy‘imyaka 1000.

Kumarwaho Kwa Anti-Kristo N’umuhanuzi W’ibinyoma

Marayika uhagaze mu zuba azatangira kwegeranya ibisiga abikoraniriza kurya

ibyo kurya byinshi, nta kabuza ni abazaba biciwe muri ya ntambara yo ku musozi

wa Megido (16 :16) iyi ni insinzi y‘Imana ku banzi bayo, nta kabuza Yohana

yakoresheje ubuhanuzi bwo muri Ezek 34 :4,17 :20 ngo yumvikanishe uko

Herimagedoni izaba imeze. Kristo ubwe azafata mpiri Anti-Kristo n‘umuhanuzi

w‘ibinyoma abajugunye mu nyanja yaka umuriro n‘amazuku, maze abandi bose

bari baje muri iyo ntambara Kristo abicisha ijambo ryo mu kanwa ke (inkota)

icyakora Satani we ntazicwa rwose azahita abohwa imyaka 1000, kugirango

Yesu Kristo yimane n‘abera n‘umugeni imyaka 1000. Ibisiga bizahaga rwose

intumbi z‘abanzi ba Kristo ntibazahambwa ahubwo ibisiga bizabarya bari ku

gasozi kuko nabo batahambye ba bahamya babiri. Ariko abazaba bariho bizeye

rwose kandi batarishwe n‘ibyabaye mu gihe cy‘umubabaro bazinjira mu bwami

bw‘Imyaka igihumbi bafite imibiri ipfa bazabyara bororoke bakwire mu isi mu

gihe cy‘ubwami bw‘imyaka 1000

Mbega urupfu rw‘abami cumi n‘ingabo zabo bazicwa rwose n‘ijambo rye,

abazaba basigaye batizera bazaba babasha wenda kwihana ariko ntibazabikora,

uko bazapfa ntibyabonwa uko byavugwa gusa bazicwa n‘Ijambo riva mu kanwa

ke, yaremesheje byose Ijambo, yanakuraho byose kubw‘Ijambo rye.

Inshamake Y‟igice Cya : 19

Mu Ijuru Bishimira Irimbuka Rya Babuloni

Igitekerezo fatizo

Hamwe na Haleluya zizaterwa mu ijuru, Yesu azagaruka kw‘isi nk‘umwami

wanesheje, ibisiga bizateranirizwa kurya inyama nyinshi z‘abami bo mu isi,

iz‘abatware, iz‘ingabo, iz‘ab‘ububasha, Kandi ubukwe bw‘Umwana w‘Intama

buzataha.

Ishimwe Ry’imana Kubwo Kurimbuka Kwa Baburoni

Nkuko amatsinda yose yaririye akabarogera Babuloni, mu ijuru ho habayeho

Haleluya 3 bishimira irimbuka rya Babuloni. Yohana aracyabona ibi ari mu

113


IBYAHISHUWE NA KRISTO

butayu. Yahoze yumva ijwi rya marayika avuga ko Babuloni irimbutse ariko

noneho ubu urumva amajwi y‘ibyishimo mu ijuru.

Haleluya ya 1: Iyi yavuzwe n‘ijwi rimeze nk‘iry‘abantu benshi, ntituzi niba

ari iry‘abamarayika cyangwa ari iry‘abantu gusa risa na ryajwi ry‘abanesheje

twabonye (ibyah 7:10-12)

―Agakiza n‘icyubahiro, n‘ubutware n‘iby‘Imana yacu kuko amateka yayo ari

ay‘ukuri no gukiranuka, yaciriyeho iteka maraya uwo ukomeye wanoneshaga

abari mu isi ubusambanyi bwe kandi imuhoye amaraso y‘imbata zayo‖

Haleluya ya 2: batera haleluya yindi abateye iya mbere nibo bateye n‘iya 2

―Umwotsi we uhora ucumba iteka ryose‖ Bavugaga ibya Babuloni yari yamaze

kugwa maze ba bakuru na bya bizima baravuga ngo bibe bityo, icyubahiro kibe

icy‘Imana)

Haleluya ya 3: Ubukwe bw‘Umwana w‘Intama Ubu noneho ubukwe

bw‘Umwana w‘Intama burasohoye, Yohana aravuga ati: ―Nuko numva… Bivuga

ko yinjiye mu rindi yerekwa cyangwa akandi gace, Yohana aravuga ibyo

kugaruka ku mugaragaro kwa Kristo, abona Yesu n‘umugeni we (19:6-10) maze

abona Yesu umwami wanesheje atsembaho ibibi byose (19:11-12) hanyuma

aciraho iteka ababayeho bose (20:11-15)

Haleluya ya 3: iri jwi rimeze nk‘irya ba Bantu 144000 twasobanuye mu gice

cya 7 na 14 abazashyirwaho ibimenyetso mu bize by‘umubabaro nibo rero

barimo gutangaza ubukwe bw‘Umwana w‘Intama. “Haleluya kuko umwami

Imana ari kungoma twishime tunezerwe tuyihimbaze kuko ubukwe

bw’Umwana w’Intama busohoye.Umugeni we akaba yiteguye kandi ahawe

kwambara umwenda w’igitare mwiza urabagirana utanduye”.

- Ubukwe bw‟Umwana w‟Intama: Bijyanye n‘umuzuko ndetse no kubaho

kw‘iteka ryose ry‘Abakristo n‘ukuri bimeze nk‘ikindi gishushanyo Yohana

yavuzeho “Umusaruro w‟isi” (14:14-16) niba ibi ari ukuri gusangira

n‘Umwana w‘Intama mu bukwe bizasohorera mu ijuru.kandi umugeni

akaba yiteguye :ibi bigaragaza imibereho yo kubaha Imana no kwezwa

abizera babagamo mbere yo gutaha kw‘itorero (Ibyah 12:17;14:12) Hahirwa

abatumiriwe ubukwe bw‘Umwana w‘Intama: Itorero ni umugeni wa Kristo,

abisiraheli bakaba abatumirwa muri ibyo birori dukurikije bamwe mu

basobanuzi mu gihe abandi bavuga ko abazazuka umuzuko wa mbere

114


IBYAHISHUWE NA KRISTO

cyangwa itorero bazaba abageni mu gihe abandi bose basigaye bazaba

abaherekeza.

Uwari Ku Ifarashi Y’umweru (19:11-16)

Kugaruka Kwa Yesu nk‘Umwami kuzuye ikuzo avuye mu ijuru aherekejwe

n‘abakiranutsi N‘ingabo z‘abamarayika.Yohana ubu noneho abonye icyubahiro

no gushyirwa hejuru bya Yesu yabonye ari I Patimo mu iyerekwa rya mbere ari

hagati yibitereko 7 by‘amatabaza. Byasobanuraga Yesu ugendera hagati

y‘itorero rye (1:9-20) mu rindi yerekwa Yesu yabonetse nk‘Umwana w‘Intama

wicaye ku ntebe bivuze Kristo ushimwa kandi usengwa mu gihe cyacu. (5:1-14)

aya mayerekwa yombi uko ari abiri atugejeje Ku iyerekwa rya KRISTO umwami

w‘icyubahiro wanesheje kugeza kumpera y‘ibihe.

Ifarashi y‘umweru uhetswe nayo yitwaga Uwo kwizerwa kandi w‘ukuri: Igihe

Yesu yagenze ku ndogobe ni rimwe ubwo yerekezaga I Yerusalemu (Yoh 12:12-

15) none ubu Yesu ari ku ifarashi y‘umweru ubundi zakundwaga kugendwagaho

n‘abakuru b‘Ingabo. Izina Yesu ntiryakoreshejwe muri iki gice ariko

hakoreshejwemo amazina nk‘umwami w‘Abami w‘umutware utwara Abatware,

mu ibaruwa wayandikiwe ab‘I LAODEKIYA Yesu yiyise uwo guhamya kandi

ukiranuka w‘ukuri. (3:14)

- Mu kinyejana cya mbere Umwami w‘abami Domitiane yari Inyangabirama

kandi w‘ibinyoma noneho ubu Kristo aragarutse guhora no guciraho iteka

za nyamaswa zose ibi rero bigaragaza ko ari uwo gukiranuka.

- Yambaye umwenda winitswe mu maraso: Bamwe bavuga ko aya maraso

ari aye ubwe, abandi bakarya ko ari ayabihaye Imana cyangwa se ari

ikimenyetso kigaragaza urupfu rwe rwo kumusaraba bigereranywa na none

n‘Umwana w‘Intama wabambwe (5:6) Nyamara Yesaya 63, haduhamiriza

ko ari amaraso y‘abanzi b‘Imana azaba yanesheje mu ntambara ya

Herimagedoni.

- Kandi ni jambo w‟Imana: nkuko yiswe uwo kwizerwa kandi w‘ukuri iyi

ni inshuro ya mbere yiswe iri zina ku buryo bwuzuye ,Yohana mu butumwa

amwita ―Jambo‖(gr. Logos) Yoh 1:1,14) mu mabaruwa ya Yohana yamwise

―Jambo ry‘Ubugingo ― mu irema tubona ko Imana yaremesheje ijambo

ryayo, iyo Imana yavugaga ngo ― Habeho‖ byahitaga bibaho nkuko ijambo

riri‖(Itang 1:3,6,9,11,14,20,26) ari Pawulo ndetse na Yohana bose

bigishaga ko Jambo yaremye byose Yesu niwe wasohoje ubushake

bw‘Imana mu bibaho byose.

115


IBYAHISHUWE NA KRISTO

- Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zambaye imyenda yera: Buri gihe

ingabo zo mu ijuru ziba ari indengakamere baba ari abamarayika (Kuva

33:2, Zab 68:17; 1Abami 22:19, Luka 2:13) mu butumwa bwiza Yesu

yavuze ko azagarukana n‘abamarayika mu isi (Mat 13:41), tudatinze izi ni

ingabo zo mu ijuru (Abamarayika) nyamara kandi azagarukana n‘umugeni

ngo yimane nawe mu bwami bw‘Imyaka 1000.

- Inkota ityaye: yasobanuwe mu gice cya mbere ni Ijambo ry‘Imana (1:16)

- Inkoni y‟Icyuma: Ikimenyetso cy‘ubutware bwa Kristo butavugirwamo.

(2:27) ikimenyetso cyo kuzayobora mu gihe kizaza amahanga yose.

- Yengesha ibirenge mu muvure w‟umujinya w‟Imana: twamaze kubona

ko umusaruro wa kabiri aribo banyabyaha bateranirijwe mu muvure, none

tumenye ko Kristo ariwe wengeshejemo ibirenge. Bivuga gusohoza Imanza

zitabera ku banyabyaha.

- Umwami w‟abami n‟ubutware utwara abatware: ahandi biboneka

(17:14) ahandi usanga aya mazina akoreshwa ku buryo butandukanye, aha

noneho aya mazina yose yanditse kuri Kristo nyirizina. Kayizari yiyitaga gr.

Basileus Kyrios (Umwami w‘Abami) Kristo ni Umwami uruta abami

babayeho mu bihe byose (u. 19)

Kristo Anesha Abami Bo Mu Isi (19:17-21)

Yesu mu kugaruka kwe ku nshuro ya kabiri azatsinda abamurwanyaga, ya

nyamaswa (Anti-Kristo) na wa muhanuzi w‘ibinyoma ndetse abajugunya mu

Nyanja yaka umuriro n‘amazuku.

- Marayika yahamagariye ibisiga kurya ibyo kurya byinshi Imana

ibigaburira: Hejuru twabonye ubukwe bw‘Umwana w‘Intama n‘Itorero,

ku rundi ruhande Marayika uhagaze mu zuba aratumira ibisiga ngo birye

Inyama z‘abami bazaba baciriweho iteka Bibiliya iravuga iti: “Dore

arazana n‟ibicu, kandi amaso yose azamubona n‟abacucumise n‟abari

mu isi yose bazaboroga nibamubona (Ibyah 1:7)”

- Aba bose bazateranira hamwe (abami bo mu isi bazateranira ahantu hamwe)

nibwo bazahura n‘uwicaye kuri ya Farashi y‘umweru (16:14,16;17:13-14)

Iyi niyo ntambara ya Herimagedoni.

- Ya nyamaswa n‘umuhanuzi bafatwa: mu magambo macye uko Anti-Kristo

n‘umuhanuzi w‘ibinyoma bazajugunywa mu muriro ubutazongera

kwibukwa.

116


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA20:

SATANI ABOHWA ABAKIRANUTSI BIMANA NA

YESU IMYAKA IGIHUMBI

“Ufite umugabane wo kuzuka kwa mbere arahirwa urupfu rwa kabiri

ntirubasha kugira icyo rutwara abameze batyo ahubwo bazaba abatambyi

b’Imana na Kristo kandi bazimana nayo iyo myaka igihumbi” (Ibyah 20:6)

Ishusho 23 Satani azabohwa, kugirango Yesu yimane n’Abera n’itorero imyaka igihumbi.

M

uri iki gice Yohana yanditse iyerekwa ry‘ubwami bw‘imyaka 1000

bwa Kristo kugirango amenyeshe abasomyi ibyagombaga kubaho

nyuma yo kugaruka kwe. Tuzi neza kandi twemera rwose ko ubwami

bw‘Imyaka 1000 buzabera hano mu isi.

Hariho ibyanditswe byinshi bitugaragariza ko Yesu naza hazakurikiraho Ubwami

bw‘amahoro no gukiranuka muri Ibyo harimo : Zab 2 ;24 ;72 ;Yes 2 :9 ;6-7 ;11-

12 ;63 :1-6 ;65-65 ; Yer 23 :5-6 ;30 :8-11 ;Dan 2 :44 ;7 :13-14 ;Hos 3 :4-5 ;Amos

117


IBYAHISHUWE NA KRISTO

9 :77-25 ; Mika 4 :1-8 ;Zef 3 :14-20 ;Zek 8 :1-8 ;14 :1-9 ;Mat 19 :28 ;25 :31 -

46,Ibyah 15 :16-18,Rom 11 :25, Yuda 14-15,Ibyak 2 :25-28, Dukurikije rero ibi

byanditswe byose turabona ko igice cya 20 gifite ibintu bikurikira 19 tubona rero

ko Yesu nagaruka azahita atangiza ubwami bw‘Imyaka 1000 mu isi, hariho

abavuga ko ubwo bwami ari ubwami butwarira mu mitima y‘abizera, ibyo ni

ukuri mu gihe cya none Yesu yimye mu mitima y‘abamwizera mu buryo

bw‘Umwuka, ariko ibyo ntibisohoza rwose ibyanditswe tuzi yuko Yesu Kristo

azatwarisha amahanga yose inkoni y‘icyuma, mu gice cya 5 Yesu yakira igitabo

cyari mu kuboko kw‘Imana humvikanye indirimbo yahamyaga ko abo Yesu

yacunguye bazaba abami n‘abatambyi kandi bazima mu isi.

Kubohwa Kwa Satani (20:1-3) N‟ubwami Bw‟imyaka 1000

Birumvikana ko nyuma yo kujugunya Anti-Kristo n‘umuhanuzi w‘ibinyoma

(inyamazwa yavuye mu mazi no mu gitaka) mu nyanja yaka umuriro n‘amazuku

(19:20) Yesu azaba asigaje kurebana na Satani azategeka marayika kumuboha

ngo amare imyaka igihumbi, mu bice byabanje twabonye Imana yirukana Satani

mu ijuru (12:9) noneho rero muri iki gice Biragaragara ko Satani ari mu minsi ye

yanyuma. Marayika azahabwa urufunguzo rw‘ikuzimu ngo ajugunyemo Satani

n‘ubwo kumubohesha umunyururu, byaba ari ikigereranyo cyo kubohwa kwe

kuko Satani ikiremwa cy‘Umwuka ataboheshwa iminyururu igaragara. Yesu

yatsinze Satani ku musaraba (Luka 10 :18 ;12 :31 ;16 :11) kugeza mbere

y‘ubwami bw‘imyaka 1000, ndetse ubu Satani aridegembya arwanya abantu

b‘Imana n‘umurimo wayo (2 :13,3 :9 ; Abef 2 :2 ; 6 :10-18 ;1 Pet 5 :8) Aya

mazina ikiyoka ,inzoka ya kera (itang 3) umwanzi na Satani ni amazina Satani

yiswe mu bihe bitandukanye bya Bibiliya Yohana akaba yarayavuze yose ngo

abasomyi babashe gusobanukirwa.

Nta mpamvu yatuma dusobanura imyaka 1000 nk‘ikigereranyo cyangwa

ikimenyetso, indi mibare yose tuyisobanura mu buryo busanzwe cyane iyo mu

byahishuwe iyi rero ivuga igifungo cya Satani n‘uburebure bw‘umwami bwa

Kristo Moris umwanditsi yagize icyo avuga ahamya ko imyaka 1000 ari

ikimenyetso gusa agira ati « 1000 ni inkubwegatatu y‘10 twagiye tubibona

bikoreshwa mu byanditswe ,bivuga kuzura kw‘ibintu ubwo rero Satani azabohwa

igihe cyuzuye kigenwe –Leo Moris twakwibaza duti : niba 1000 ari ikimenyesto

,bite bya 7000 (11 :13) 12000(7 :5) cyangwa 144,000 (7 :4) nabyo ni ibimenyesto

118


IBYAHISHUWE NA KRISTO

niba 1000 ari ikimenyetso se bite bya mezi 5 ? (9:10) 42 (11:2) cyangwa iminsi

1260 kugirango tubone ubusobanuro buboneye ni uko twemera ko imibare

yakoreshejwe isobanura nk‘uko iri hatarimo ibimenyetso.

Marayika azafatanisha ibimenyetso umwobo w‘ikuzimu, ngo Satani adatoroka

igihano cye kibanziriza icya nyuma, Satani afite ibihano bitatu mu byanditswe:

1. Kwirukanwa mu ijuru.

2. Kubohwa no gufungwa imyaka 1000.

3. Kujugunywa mu nyanja yaka umuriro n‘amazuku.

Satani azahanwa kubera kuyobya abari mu isi. (13 :14 ;16 :13-14) nubwo Satani

ayobya amahanga uhereye isi yaremwa ariko mu gihe cy‘umubabaro azarushaho

kubayobya. Abatizera bose tubona ko bazicwa n‘inkota ivuye mu kanwa ka

Kristo (19 :21) twakwibaza turi mbese hazaba hasigaye bande mu isi, Hariho

abizera bazahamya Imana mu gihe cy‘umubabaro (Ab‘ishyanga rya Isiraheri)

tuzi neza ko itorero rizaba ryaratashye bityo rero aba ni abayisirayeri Pawulo

yavuze ko isiraheli ari nk‘igiti cya Elayo, mu gihe abanyamahanga bagereranijwe

n‘igiti cy‘umunzeze. kutizera gukiranuka kw‘Imana by‘Abisiraheri

byabahaguyeho amashami yabo, ariko kwizera kw‘abanyamahanga (Iminzenze)

bibomeka kuri iyo Elayo yari isigaye ari inkokore, ubwo rero amashami

y‘umwimerere azashibuka bizaba bisaba ko amashami y‘ingurukira aba

atakiriho, ningombwa ko itorero rizamurwa mbere yuko agakiza kinjira muri

Isiraheri, ibyo bizaba mbere y‘umubabaro maze abisiraheli bakizwe mu gihe

cy‘umubabaro ukabije, ubuzima buzarushaho kuba bwiza kandi burebure mu

gihe cy‘ubwami bw‘imyaka 1000 (Yes 65 :20) abaturage b‘isi baziyongera

by‘akaburarugero nkuko byari bimeze mbere y‘umwuzure. Abana bazavuka mu

bwami bw‘imyaka igihumbi bazashaka kwizera Kristo ngo bahabwe agakiza

ariko ntibabazabyitaho rwose ndetse nibo Satani azayobya. nyuma y‘ubwami

bw‘imyaka 1000 (20 :8-9) impamvu Imana itazahana Satani mbere yo kuyobya

na none abari mu isi biri mu bwiru bw‘Inama z‘Imana (1 :1)(4 :1) (Yes 55 :8)

(Mar 8 :31) abantu bazibonera rwose ko Satani ariwe wanduje isi kandi ariwe

wari nyirabayazana w‘ibyago n‘amakuba, nyamara bazabyibagirwa mu kanya

gato bakoranwe nawe nyuma yo Kuva mu gifungo cye abakoranye abakuye mu

mfuruka enye z‘isi Gogi na Magogi. Turaza gusobanura icyo imvugo Gogi na

Magogi isobanura mu bika bikurikira.

119


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Kuzuka Kw’abanyabyaha B’ibihe Byose N’abahowe Imana Mu Myaka 7

Y’umubabaro 20 :4-6

Yohana yabonye intebe z‘ubwami n‘abazicayeho kandi bahabwa ubucamanza

kugirango tubyumve neza reka twibuke ko Danyeri yabyeretswe kera maze

akandika ati :

« Nkomeza kwitegereza kugeza aho bashyiriyeho intebe z‟Ubwami haza

umukuru nyiribihe byose aricara imyambaro ye yereranaga nka Sheregi…..

(Dan 7 :9-10) Ndetse Yesu hari isezerano yahaye abamukurikiye « Ndababwiza

ukuri yuko mwebwe abankurikiye mu gihe cyo guhindura byose ngo bibe

bishya ubwo Umwana w‟Umuntu azicara ku ntebe y‟icyubahiro cye,

muzicara ku ntebe 12 mucire imiryango y‟abisiraheri imanza (Mat 9 :28)

Abari bicaye kuri izo ntebe ni bande ? Ni abakurikiye Kristo, twavuga tuti :

« ni abigishwa be gusa yabwiraga……. ? ni itorero se ? Muri rusange bamwe

bati : « ni abakuru 24 bazaba bahagarariye itorero mu rubanza rwa abisiraheri

uko byaba kose ntibitangaje ko itorero n‘intumwa 12 bacira abisi imanza Pawulo

yavuzeko tuzacira n‘abamarayika (Abadayimoni bayobye bayobejwe na Satani).

Nyuma Yohana yabonye abaciwe ibihanga bazira guhamya kwa Yesu n‘ijambo

ry‘Imana kandi ntibumviye Anti-Kristo yewe banze rwose no gushyirwaho

ikimenyetso cye bazuka ngo nabo bimane na Kristo imyaka 1000 ubwo tubonye

ko mubwami bw‘imyaka 1000 hazabayo abantu bakurikira :

1. Itorero (umugeni)

2. Abisiraheli bakijijwe, n‘abazutse biciwe mugihe cy‘umubabaro

3. N‘abantu basigaye wenda baticiwe mu ntambara ya Helimagedoni

ubunoneho abishwe kubera gutsindirwa mu nkiko z‘ab‘isi bakabarenganya

cyane Imana ibagize abacamanza.

4. Hariho abavugako ubwami bw‘imyaka igihumbi butazabaho ku isi ahubwo

ngo kwaba arikigereranyo cy‘umbwami bwo mu buzima bwabizera ariko

ibyo dufite impamvu zokubihakana 4 zose :

1. Yesu azaba ari mu isi nyuma yo kugaruka (19 :11-16)

2. Abera bazaba bakiri mu isi muri Yerusaremu n‘isi nshya kugeza nyuma

y‘ingoma ye 20 :9

3. Imana yasezeranije abizera ubwami bwo mwisi (5 :10)

120


IBYAHISHUWE NA KRISTO

4. Ubuhanuzi bwo mu isezerano rya kera bwemezako hazabo hazabo ubwami

bwimyaka igihumbi (2 Sam 7 :10-16, Zab 2 :8, Yes 65 :17-66 :24, Dan

7 :27)

Nyuma y‘umuzuko w‘abahowe Imana mu gihe cyakarengane hazabaho uwundi

muzuko ariko wo uzaba nyuma y‘ubwami bw‘imyaka 1000 abanyabyaha bibihe

byose bazazuka 20 :12-13 abakiranutsi bazazuka mu bihe bitandukanye mugihe

abanyabyaha bibihe byose bobazazukira umujyo umwe nyuma y‘ubwami

bw‘imyaka igihumbi (20 :12-13). Mu by‘ukuri tubonako Imana izazura abantu

cyangwa yazuye abantu muburyo bukurikira :

1. Imana yazuye Kristu aba imfura mubazutse (1 Kor15 :23)

2. Yazuye abera bamwe hafi y‘ i Yerusaremu ubwo Yesu yazukaga (Mat

27 :52-53)

3. Imana izazura Abakirisito mu gihe cyo kuzamurwa kw‘itorero (1Tes4 :13-

18)

4. Izazura Abahamya 2 mugihe cy‘umubabaro ukabije (11 :3,11)

5. Izazura Abahowe Imana mugihe cy‘umubabaro mbere imyaka 1000 ngo

yimane nabo (20 :4-5)

6. Izazura n‘abera bo mwisezerano rya kera ngo bimane mbere y‘imyaka

1000 ngo bimane (Yes 26 :19-21, Ezek37 :12-14)

7. Izazura abera bazapfa mugihe cy‘ubwami bw‘imyaka 1000(20 :12-13)

Icyakora abantu benshi mugusobanura ibijyanye n‘imizuko ntibigeze barushya

babitindaho babonyeko hariho imizuko ibiri. Umuzuko w‘abakiranutsi

n‘umuzuko w‘abanyabyaha ufite umugabane wo kuzuka kwambere arahirwa

ntacyo azatwarwa n‘urupfu rwa kabiri.

Bigenda Gute Iyo Umuntu Apfuye ?

Abera bo mwisezerano rya kera : mu bigaragara barapfaga bagahambwa

bagasanga Sekuruza Aburahamu, bose baruhukiraga ikuzimu ari

abakiranutsi n‘abanyabyaha. Bimuriwe muri Paradizo nyuma yo kuzukana

na Yesu, Bazitabana n‘itorero ubwo Yesu azazamura itorero, baciwe

urubanza rw‘Imirimo imbere y‘intebe yera ya Kristo mu kirere hamwe

n‘itorero. Bazatahana n‘itorero ubukwe bw‘Umwana w‘Intama,

bazagarukana na Kristo mu isi bahite bimana na Kristo mu bwami

bw‘imyaka 1000, nyuma bajye binjire mu ijuru rishya n‘isi nshya.

121


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Abakristo : Mubigaragara barapfa bagambwa ariko bahita bajya muri

Paradiso, Bose bazazuka mu gihe cyo kuzamurwa kw‘Itorero bazacirwa

imanza ku ntebe y‘Imanza ya Kristo (Ni mu gihe cyo gupimirwa imirimo,

nta rindi teka bazacirwaho), birashoboka mu myaka 3 ½ ya mbere bari mu

kirere bapimirwa imirimo, bajye mu bukwe bw‘umwana w‘intama,

bagarukane na Kristo kwimana nawe mu bwami bw‘imyaka 1000, bahite

binjira mu n‘ijuru n‘isi nshya.

Abera bishwe mu gihe cy‟akarengane : Mu bigaragara barapfa

bagahambwa, mu buryo bw‘Umwuka bajya muri Paradiso bazazuka Yesu

agarutse 1000, baciwe urubanza mu isi, bimane na kristo, nyuma babane

b‘abera bose mu isi nshya n‘ijuru rishya.

Abera bo mu gihe cy‟ubwami bw‟imyaka 1000 : Mu bigaragara hari

abazapfa bahambwe mu buryo bw‘Umwuka bazajyanwa muri Paradizo

bazazuka nyuma y‘ubwami bw‘imyaka 1000, baciwe imanza mu isi ku

ntebe nini yera, bazatsinda urubanza maze binjizwe mu ijuru rishya n‘isi

nshya.

Abanyabyaha b‟ibihe byose : Barapfa kandi bazakomeza gupfa

bagahambwa bajya, kandi bazakomeza kujya, nbi kuzimu bazazuka nyuma

y‘Ubwami bw‘imyaka 1000 bazacirwa imanza imbere ya ya ntebe nini

yera (20 :11) bazatsindwa n‘urubanza maze bajugunywe mu nyanja yaka

umuriro n‘amazuku Gehinomu.

Yohana ntago yavuze cyane ku bizaba mu bwami bw‘Imyaka 1000 ariko hariho

ibyanditswe byinshi bibuvugaho tubona mwisezerano rya kera ,bigaragara rwose

ko akigaruka hazahita hakurikiraho ubwami bw‘imyaka 1000.Ubwami

bw‘imyaka 1000 kandi buzaba ari ugusohora kw‘isezerano Imana yasezeranije

Aburahamu ko azagwiza urubyaro rwe bityo akomoka kuri aburahamu mu buryo

bw‘umubiri (Abisiraheli )n‘abakomoka kuriwe mu buryo bw‘Umwuka (Itorero)

bazabyara bororoke bangane n‘umusenyi wo ku nyanja n‘inyenyeri zo ku ijuru

,kandi isezerano yagiranye na Dawidi rizasohora (2 Sam 7 :10-16) kuko Imana

yavuze ko ukomoka mu muryango we azayobora amahanga iteka ryose .

Igihano Cya Nyuma Cya Satani (Ibyah 20 :7-10)

Imyaka 1000 nishira Satani azabohorwa azahita ajya na none kuyobya abo mu isi

Gogi na Magogi, Satani ni mubi nubwo azaba amaze imyaka 1000 yose atayobya

abantu ubwo azaba aciye ishumi azabica bicike kuko azahita ateranya abo mu

122


IBYAHISHUWE NA KRISTO

mpande enye z‘isi, umubare wabo uzaba nk‘umusenyi wo kunyanja. Bazaba

bateranijwe no kurwanya Yesu na none. Abantu bazongera bayobywe,

bigaragaza ko umutima w‘umuntu ari mubi rwose, utahindurwa n‘ikindi uretse

ubuntu bw‘Imana (Yer 17 :9) tekereza nawe uku kugoma kw‘Abantu bazaba

bamaze imyaka 1000 mu bwami butabamo intwaro, buyoborwa na Kristo

umwami w‘Amahoro. Muri iki gihe amahanga azatwarwa n‘amategeko mashya

ya Kristo, kandi uhereye cyera amategeko ntiyahindura umutima w‘ibyaha,

abantu bazahitamo kugomera Imana nyuma y‘ubwami bwa Kristo ubwo Satani

azaba abohowe. Ubwami buzaba ubw‘Amahoro rwose ubutaka buzera umwero

wabwo, Ahantu bazubaka amazu bayabemo, no kutumvira kose kuzajya

guhanishwa ibihano bishorewe n‘ineza, ariko nyuma abantu bazagoma, ibi rero

bivuzeko kubaho neza bidatanga umutima mwiza.

Gogi na Magogi biboneka na none Muri (Ezek 38 :3-6) Gogi yari umwami naho

Magogi hakaba igihugu, bityo aha birashaka kuvuga ko amahanga yo mu

mfuruka enye z‘isi n‘abami bayo bose bazakoranira kurwanya Yesu muri iyo

ntambara. (Ibindi kuri Gogi na Magogi Soma Ezek 38 :39) Iyi ntambara izabera

muri Palestina birashoboka ko ari mu kibaya cy‘I Yezereri mu majyaruguru ya

Isiraheli (Ezek 38 :11-16) ingabo zizaba zisatiriye umurwa ukundwa ariko

umuriro uzamanuka uhatwike ibyabo byibagirane n‘abandi bose bagomaga

Imana yabatwikishaga umuriro uvuye mu ijuru (Itang 19 :24 ; 2 Abami

1 :10,12 ; Ezek 38 :22 ; Luka 9 :54) maze nyuma Yesu azajugunya Satani muri

ya nyanja yaka umuriro n‘amazuku, asangemo Anti-Kristo n‘umuhanuzi

w‘ibinyoma, ngiryo iherezo ryo kugomera Imana kwa Satani n‘abamwiringiye

iteka ryose.

Urubanza rw’abanyabyaha b’ibihe byose (20 :11-15)

Yohana yabonye intebe nini yera n‘Imana yicaye kuri iyo ntebe nyuma yaho

abapfuye bose bo mu bihe byose barazuka, abakomeye aboroheje maze bose

bitabira umunsi w‘urubanza. Birashoboka ko iriya ntebe yari yicaweho n‘Imana

mu butatu kuko na Kristo ubwe Bibiliya ivuga ko azaca Imanza z‘abazima

n‘abapfuye (3 :21 ; 4 :2-3 ; Dan 7 :9-10 ; 2 Tim 4 :1) Yohana yabonye ijuru n‘isi

bihunga mu maso ye, bivuga ko ibishya bizaba byigiteguye kuza nkuko Petero

yabivuzeho (2 Pet 3 :7) kandi bigaragaza ubutware n‘igitinyiro cy‘ikirenga mu

guca imanza z‘ibihe byose. Aba bazaba bagiye gucibwa imanza ni abanyabyaha

b‘ibihe byose (U.5, Dan 12 :2) bazaba bavuye mu bwoko bwose

123


IBYAHISHUWE NA KRISTO

bw‘inyokomuntu ku isi « Abize n‘abatarize, abakomeye n‘aboroheje, abatunzi

n‘abakene, abanyacyaro n‘abanyamugi» maze bazane ibitabo bijyanye n‘ibyo

bakoze, bazane n‘igitabo cy‘ubugingo yewe birashoboka n‘uko igitabo

cy‘urwibutso nacyo kizabumburwa. Muri macye dore bimwe mu bitabo

bizabumburwa :

1. Igitabo cy‘ibyakozwe cyangwa igitabo cy‘imirimo (Guteg 32 :34 ; Zab

56 :8 ; Yes 65 :6 ; Dan 7 :10)

2. Igitabo cy‘ubugingo kizaba kirimo intore z‘Imana (3 :5 ; 13 :8 ; 17 :8 ;

Zab69 :28 ; Dan 12 :1 ; Luka 10 :20, Fil 4 ; 3)

3. Igitabo cy‘Urwibutso (Mal 3 :16)

Abanyabyaha bazacirwa imanza hakurikijwe ibyo bakoze, harimo no kuba

batarizeye Yesu (Yoh 6 :29) ubwo rero hazashingirwa kubyo bakoze bisa naho

hazabaho uburemere butandukanye bw‘ibihano nkuko hariho ingororano

zitandukanye z‘abakiranutsi (Mat 11 :20-24) nubwo bitagaragara muri iki gice

ariko hariho ibyanditswe byinshi bigaragaza ko umuntu wese azahembwa

ibikwiranye nibyo yakoze.

- Zaburi 62:12

- Yeremiya 17:10

- Matayo 25:31-32

- Abaroma 2:6

- Abaroma 14:10

- 1 A bakorinto 3:13-14

- 2 Abakorinto 5:10

- 1 Petero 1:17

Muri uru rubanza hazaba umucamanza ariko nta munyamategeko uzahaba ngo

arenganure uzaba afite uburenganzira bwo kwiregura, hazaba ibihano kandi

ntawe uzasaba kujurira, abantu bazabona ko ububi bwabo bubashyize mu

rubanza bazemera rwose ko umuriro ari igihano kibakwiriye imitima yabo

izibutswa ubugome bwabo, amahirwe bagize yo kwihana ariko bakayakerensa,

bazarira baboroge kandi ntawe uzabahoza, bazajugunywa mu nyanja yaka

umuriro n‘amazuku igihano nyamukuru gisoza ibindi cy‘abanzi b‘Imana.

Guhera icyo gite nta rupfu ruzabaho ukundi, kuko narwo ruzajugunywa mu

nyanja yaka umuriro n‘amazuku, amazina y‘abanyabyaha ntazaboneka mu gitabo

cy‘ubugingo namba. Hariho abavuga ko iki gihano gikomeye ndetse Imana izaba

yarengeye rwose guhanisha abantu umuriro utazima kandi ntibapfe kuko

hatazabaho urupfu ukundi ariko, « Iyaba twabonaga icyaha nkuko Imana

ikibona, twakumva neza impamvu i kuzimu hariho »

124


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 21:

UBUZIMA BUHORAHO ITEKA (21:1-22:5)

Nta kabuza ijuru rishya n‘isi nshya bizakurikira guhanwa kwa Satani

n‘abanyabyaha b‘ibihe byose Yohana yanditse iki gice atugaragariza iwabo

w‘abizera, ni urugo rushya rw‘umugeni wa Kristo Yesaya yaranditse ati: ῝Dore

ndarema ijuru rishya n’isi nshya, ibya kera ntibizibukwa kandi

ntibizatekerezwa, ahubwo nimunezerwe mujye mwishimira ibyo ndema, kuko

ndema I Yerusalemu ngo mpagire inyishimo. Nkarema abantu baho bakaba

umunezero, nzanezerwa I Yerusalemu nishimire abantu banjye, kandi ijwi ryo

kurira n’imiborogo ntirizumvikana ukundi (Yes 65:17-19)”Nyuma y‘itangiriro

ibiri mu isi byose byatangiye neza ariko bikaza kwanduzwa na Satani, azanye

icyaha, Imana izarema itangiriro ry‘Imibereho mishya. Reka twiyibutse

ibyaremwe mbere mu itangiriro n‘ibyo Imana izarema mw‘isi nshya, uko

byandujwe na Satani n‘uko Imana izabihindura byose bishya.

Itangiriro

Imana yaremye ijuru n‘isi

(1:10)

Imana yaremye izuba(1:16)

Imana yaremye inyanja (1:10)

Imana yaremye abantu

n‘ubutaka (3:14-17)

Urupfu rwinjiye mu mateka

yamuntu ni ingaruka z‘icyaha

(3:19)

Umuntu yirukanwe muri

paradizo mu busitani bwa

Eden (3:24)

Imiborogo n‘uburibwe bya

ratangiye (3:17)

Ibyahishuwe

Izarema ijuru rishya n‘isi nshya (21:1)

Nta zuba rizakenerwa kuko (21:23)

umwami Imana azabavira.

Nta joro rizabaho ukundi(21:25)

Nta Nyanja izabaho (21:1)

Nta rupfu ruzabaho ukundi (21:4)

Umuntu azagarurirwa bwa busitani

yanyazwe (22:14)

Nta miborogo

Nta kurira nta no kubabara kuzabaho

ukundi (21:4)

125


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ijuru Rishya N‟isi Nshya (21:1-8)

Ibyo Yesaya yahanuye nibyo, Yohana nawe yabonaga ni ijuru rishya n‘isi

nshya kuko ibyakera bizaba bishize (21:1) impamvu Imana izakura isi n‘ijuru

bya none nuko, yaremye isi ngo ibe itunganirijwe abantu babemo bazira icyaha

ariko icyaha kikinjira urupfu rukaza, yewe ikirere nacyo cyigatwarirwamo

n‘imyuka mibi y‘uburyo bwinshi bityo rero Imana izahitamo kurema ibishya

rwose aho gukiranuka bizaba, uyu niwo mugisha wanyuma mumigisha Imana

yari yarageneye abantu mu irema, ni ukubana n‘abantu iteka, ryose isi izahinduka

itunganywe mu ntangiro z‘ubwami bw‘imyaka 1000, ariko nyuma yaho

izakurwaho burundu haremwe inshya. (Yes 65:17;66:22;Zab 102:25-26;Yes

51:6) muri iyi mirongo turabona ijuru rishya n‘isi nshya byaravuzwemo bimeze

kimwe rwose n‘ibyo tubona mu byahishuwe 21, ariko harimo itandukaniro kuko

nka Yesaya yaravuze ngo abantu bazapfa, mu gihe Yohana avuga ko nta rupfu

ruzabaho (Yes 65:17-20) (ibyah 21:14) Yesaya yavuze kandi ko ukwezi

kuzacana (Yes 66:22-23) ariko Yohana ati kandi urwo rurembo ntirugomba

kuvirwa n‘izuba cyangwa n‘ukwezi (21:33) Biragaragara ko Yesaya yakoresheje

ijambo ijuru rishya n‘isi nshya nyirizina nyamara kandi usanga bimwe bivuga ku

bwami bw‘Imyaka 1000, kuko byose ari ibikorwa bizaba bikurikiranye kandi

bifite byinshi bihuriyeho ntibyashoboka ko abantu bazajya bapfa mu isi nshya

kuko urupfu ruzaba rutakiriho, ntibyashoboka kandi ko hazava ukwezi kuko

Imana izatubera urumuri ruhoraho.

Yohana akomeza agira ati: “Anjyana ku musozi munini kandi muremure ndi

mu mwuka anyereka ururembo rwera Yerusalemu rumanuka ruva mu ijuru

ku mana (21:31) maze yumva ijwi rivuga ngo dore ihema ry’Imana riri hamwe

n’abantu kandi izaturana nabo (21:4) mu byanditswe twibonera rwose ko

Imana yifuzaga uhereye cyera guturana n‘abantu (Itang 3:8;17:7, Kuva

6:7,29:45;Lew 26:11-12; Kub 15:41; Guteg 29:13; 2 Sam 7:24; Yer 7:23; 11:4;

Ezek 11:20;34:24;Zek 2:10;2 Kor 6:17) Imana izaturana n‘abantu bayo,

bazanezerwa no kubana nayo iteka. Imana izagarura ubuturo bwayo mu isi ya

none. Imana yahamije ko guhindura byose bishya ari amagambo yo kwizerwa

kandi y‘ukuri (21:5)

Uwicaye kuri ya ntebe, niwe tangiriro kandi niwe herezo (Alufa na Omega) niwe

wavuze ko byose azabihindura bishya (21:5) none arasezeranya ko ufite inyota

azamuha ku buntu, ibi bigaragaza ubushobozi bwe mu guhaza kwifuza kwa bose

126


IBYAHISHUWE NA KRISTO

muri icyo gihe (Yes 55:1) Yoh 4:13-14) Yesu na none yakoresheje aya magambo

mu gihe yari ari mu murimo we hano ku isi (Yoh 4:13-14)

Unesha azaragwa byose na Yesu nkuko yabisezeranyije mu gice cya 2-3 ku

matorero 7 yo muri Aziya, Nyamara ariko abanyabwoba n‘abatizera n‘abakora

ibizira n‘abicanyi n‘abasambanyi n‘abarozi n‘abasenga ibishushanyo

n‘abanyabinyoma bose. Umugabane wabo uzaba mu Nyanja yaka umuriro

n‘amazuku ariyo rupfu rwa kabiri (21:8) byarabaye mu gice cya 20) Ibi n‘ibyaha

by‘abatizera b‘ibihe byose (1 Kor 6:9-10; Kol 5:19-21)

Yerusalemu Nshya (21:9-22:5)

Ishusho 24 Yerusalemu, bisobanura urufatiro w’amahoro, nyamara iyo mu isi yaranzwe

n’intambara, muri iki gihe Imana izasohoza Yerusalemu, Abisiraheri n’abanyamahanga bizeye

bategereje n’amatsiko menshi.

Nubwo Yohana yari yabonye Yerusalemu ariko byari muri macye Kuburyo

noneho Imana yashatse ko amenyaho byinshi, maze ituma umwe wo muri ba

bamarayika bari bafite za nzabya 7 zuzuye ibyago 7 by‘imperuka amutumirira

kumwereka umugeni w‘Umwana w‘Intama (21:9) maze Yohana ajyanwa na

marayika ku musozi munini kandi muremure amwereka ururembo rwera

Yerusalemu rumanuka ruva mu ijuru ku Mana (21:10) Aha twakwibaza mbese

Yerusalemu niwe mugeni marayika yavugaga? Oya ku murongo wa 2 bagaragaje

127


IBYAHISHUWE NA KRISTO

neza ko ari ikigereranyo cy‘ubwiza bwayo, imbonankubone yarayibonye ndetse

mu mirongo ikurikira aratubwira imiterere yayo. Rwararabagiranaga cyane

nkibuye ryitwa Yasipi ribonerana nk‘isarabwayi kandi rwari rufite ubwiza

bw‘Imana kuko yari muri rwo (Kuva 40:39, kub 9:15:23;Ezek 45:5;Yoh

12:4;Ibyak 26:13) Yasipi ryari ibuye ryiza ariko ntago ryahoranaga ubwiza

ubwiza, ariko iri ryo rizaba ryahawe ubwiza bubengerana, ridasaza cyangwa ngo

ritakaze Ubwiza Yasipi ishobora kuba ariyo Diyama mu gihe cya none.

Yerusalemu nshya yari ifite inkike nini ndende n‘amarembo 12 no ku

marembo hariho abamarayika 12 kandi handitsweho amazina y‘imiryango 12

y‘abana ba Israheli. Mbega umurwa uzaba ufite umutekano uzaba urinzwe

n‘abamarayika kuri buri rembo umwe umwe, ku marembo hazaba handitswemo

amazina y‘abisiraheli kuko Imana yavuze ko izahoza urwibutso rwa Isiraheli

imbere yayo. uyu mudugudu wari ufite imfatiro 12 bitwibutsa wa mudugudu

Aburahamu yari ategereje (Heb 11:10) ijambo urufatiro twarusobanura

nk‘ikimenyetso cyo kuramba, naho kuba hariho amazina y‘Intumwa 12

ntakabuza ni ikimenyetso cy‘itorero kuko itorero ryari rihagarariwe n‘intumwa

12b (Abef 2:20) mu gihe cya none ntibyatworohera kuvuga ngo ni izihe ntumwa

kuko no muri iki gihe Kristo aracyatuma abandi bantu batandukanye kuko

ibisarurwa ari byinshi ariko abasaruzi bo bakaba bacye, byaba byiza ariko tuvuze

ko ari intumwa 11 za Kristo wongeyeho intumwa yasimbuye Yuda ariyo

Matiyasi cyangwa mo kimwe, Pawulo nawe yatumwe na Kristo, mu gihe

Matiyasi byakozwe mu buryo bw‘ubufindo (ibyak 1:23)

Uku guhuzwa kw‘imiryango 12 ya Isiraheli n‘intumwa 12 bivuga ko isiraheli ya

Cyera n‘itorero bibumbiwe hamwe mu mugambi w‘Imana nkuko Umuhanga

mubya Bibiliya Leon Moris yabivuze.

Yerusalemu izagerwa hakoreshejwe urubingo rw‘izahabu ibi bitwibutsa

Ezekiyeri agera urusengero rwo mu bwami bw‘imyaka 1000 (Ezek 40:3) zahabu

ni ikigaragaza agaciro k‘amarembo n‘inkuta by‘uru rurembo, twibuke ko

ibikoresho by‘izahabu aribyo byabaga ahera cyane h‘urusengero n‘ihema

ry‘ibonaniro. Uyu mugi rero kugereshwa urubingo rw‘izahabu biratwereka rwose

ko wari umugi w‘igiciro kinini mu maso y‘Imana n‘abera bayo.

Urwo rurembo rwanganaga impande zose rufite ishusho ya kibe (Cube)

ururebeye imbere, bene imigi nk‘iyi ingana impande zose yabonekaga muri

Babuloni na Ninive. uburebure bw‘umurambararo bw‘uyu mugi bwari stadio

12000 Satadiyo rwari urugero rwa m 200 ubwo ni uburebure bwa m 2400000

128


IBYAHISHUWE NA KRISTO

cyangwa km 2400 hafi mile 1500. Mbese ni nk‘uburebure bwo Kuva Texas

kugera I Los Angeles imigi ibiri yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika,

dukurikije uko John Wisley babivuze mu gitabo cye gisobanura ibyahishuwe.

Uru rurembo rwaranganaga impande zose uru rurembo rwari rwubakishije

izahabu ariko inkike zarwo zari Yasipi. Twibwira ko icyo cyari igishushanyo cya

Yerusalemu igomba kuzamanuka ivuye mu ijuru Yohana yohana yagereranije

ubwiza bw‘ururembo akoresheje ubwoko bw‘amabuye yari ariho mu gihe cye.

Imfatiro zarimbishijwe amabuye y‘igiciro cyinshi, bityo byatumaga ubwiza

bw‘ururembo bwiyongera, ntitwabasha kuvuga ku mabuye yose avugwa na

Yohana ariko icyo duhamya ni uko yari amabuye y‘igiciro mu gihe cye. Ayo

mabuye ni aya akurikira:

1. Yasipi

2. Safiro

3. Kalukedoni

4. Simaragido

5. Sarudonikisi

6. Sarudiyo

7. Kilusorito

8. Beruro

9. Topazi

10. Kirusoparaso

11. Huwakinto

12. Ametusito

Imana yacu ifite ubwiza burengeranye, bityo rero yarateguriye abantu bayo

umugi mwiza by‘akaburarugero, twibuke ko ku myambaro y‘abatambyi bakuru

habagamo umwambaro wo mu gituza wo kungurisha Inama cyangwa guca

imanza, wabaga uhunzeho amabuye 12 nayo yari afite amazina akurikira (Kuva

28:15-17):

1) Odemu

2) Pitida

3) Bareketi

4) Nofekina

5) Safiro

6) Yoharomu

7) Leshemu

8) Shevo

9) Akirama

10) Tarushishi

11) Shoramu

12) Yasipi

Iby‘aya mabuye biratugaragariza ko hariho isano ya bugufi hagati y‘igihe

cy‘ubutambyi n‘imibereho yo muri Yerusalemu nshya. Abera bazajya babona

Imana igihe bashakiye Atari inshuro imwe mu mwaka nkuko byagendaga mu

gihe cy‘ubutambyi, tuzabana n‘Imana Data, tuzagumana na Yesu Kristo

129


IBYAHISHUWE NA KRISTO

tuzafashwa n‘Umwuka Wera, tuzishimira amahoro atavugwa.

Ishusho 25 ubwoko 12 buzaba butatse ururembo rwom ijuru,

Yerusalemu izamanuka ivuye ku Mana

Nta rusengero muri uwo murwa kuko Imana ubwayo izaba ihibereye, kandi

Imana yonyine n‘Umwana w‘Intama niko bazabera uwo murwa urusengero,

umurwa wose n‘isi yose n‘ijuru rishya bizaba byuzuye icyubahiro cy‘Imana

Ihema ry‘ibonaniro n‘urusengero byari igishushanyo cy‘ibizaba ariko muri

Yerusalemu nshya bizaba ari ukuri, Muri Yerusalemu hazabamo inzira

nyabagendwa yashigirijwe izahabu nziza isa n‘ibirahure bibonerana. Nta zuba

nta n‘ukwezi yewe nta n‘itabaza kuko Imana izahavira kandi Kristo azaturana

n‘abera be. Hari ubwo mu isi ujya ushaka umuntu ukamubura ugasanga yugariye,

yafunze ibiro bye kuko bugorobye, amarembo yaho yo ntazugarirwa ku manywa

kuko ijoro ritazahaba, abami bo mu isi bo mu isi bazajya bazana yo ubwiza

bwabo bazaneyo ubwiza n‘icyubahiro cy‘amahanga, murirwo ntihazinjiramo

ikintu kizira cyangwa gihumanya, cyangwa ukora ibizira akabeshya, hazaba

abanditswe mu gitabo cy‘ubugingo cy‘Umwana w‘Intama (21:21-27)

130


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IGICE CYA 22:

EDENI NSHYA, PARADIZO YANYAZWE

IGARUKA (22:1-5)

Ishusho 26 Mu gitabo cy’itangiriro Satani yatunyaze, ubugingo adusigira urupfu atunyaga

ubusitani bwa Edeni, ariko ku iherezo Imana izasubiza ibintu nkuko byahoze, ndetse birenze Uko

byaremwe, abiringiye Uwiteka ibihe byose bazasubirana ubuzima bw’iteka.

N

ta gushidikanya iyo tuvuze paradizo cyangwa Edeni umuntu wese

atekerezanya agahinda ubusitani twanyazwe (Itang 2) icyakora twibwira

ko Yesu yahateguye mu buryo bw‘Umwuka hakaba uburuhukiro

rw‘abapfuye bizeye,…..(Paradizo) yabwiye cya gisambo ati:῝ Ndakubwira

ukuri yuko uyu munsi turi bubane muri paradizo (Luka 23:43)῎ Pawulo

yirata ibyo yeretswe yavuzwe ko azi umuntu wo muri Kristo Yesu wagiye mu

ijuru rya Gatatu akabona ibyo umuntu adakwiriye kuvuga (2 Kor 12:4) kugeza

ahangaha twabonaga Yerusalemu n‘ahantu hatatswe n‘amabuye y‘igiciro cyinshi

twakwibaza tuti: ―None abariyo bazajya barya iki?‖ Mbese nta busitani bwiza

bwo kwicaramo nta bimera se bitoshye n‘indabyo z‘amoko yose, nta biti se

by‘inganzamarumbo cyangwa ibiti by‘imbuto, Yohana arakomeza atumara

amatsiko muri iki gice. Agira ati: “Anyereka uruzi rw’amazi y’ubugingo

131


IBYAHISHUWE NA KRISTO

rubonerana nk’isarabwayi ruva ku ntebe y’Imana n’Umwana w’Intama “iyi

soko y’amazi Imana yayivuzeho kenshi (Yer2:12;17:13;Zab 36:9,Imig

10:11;13:14;14:27;16:22;Zek 14:8) mureke tutibwira ko uru ruzi ari nka rwa

rundirwo mu bwami bw‘imyaka 1000 (Ezek 47:1,9,12,Zek 14:8) kuko Yohana

yavuze ko rwaboneranaga nk‘isarabwayi kandi rwavaga ku ntebe y‘Imana

niy‘Umwana w‘Intama. Hakuryano hakuno hariho igiti cy‘ubugingo cyera

imbuto z‘uburyo 12 bumwe uko ukwezi gutashye, ibibabi byacyo byari ibyo

gukiza amahanga.

Ibiti byose dufite ku isi byera imbuto byibura amezi macye mu mwaka, ariko

icy‘ubugingo cyo kizajya cyera imbuto zitandukanye ngaruka kwezi. Ariko se

kuki bavuze na none ukwezi kandi bigagara ko nta gihe kizabaho ukundi (10:6)

ntihazabaho karendari ishingiye ku kwezi kandi, nta kwezi kuzaba kukiriho bityo

rero Yohana yabisobanuye mu buryo abantu babasha kubyumva. Nta muvumo

uzabahoukundi! Uyu muvumo uvugwa ni uwo Imana yavumye ibintu n‘abantu

mu iremwa (Zek 14:11, Mat 4:6) Abantu bazabo batikanga ikibi nta bwoba nta

no guhinda umushyitsi imbata z‘Imana zizayikorera mu munezero kandi

zizabona mu maso hayo, izina ryayo rizandikwa mu ruhanga rwazo. Bazahora ku

ngoma iteka nta joro rizabaho ntibazagomba kumurikirwa kuko umwami Imana

izabavira.

Ubuhamya Bwa Marayika Na Yohana

Ku gitabo Cy’ibyahishuwe (22:6-21)

Muri aka gace gasoza iki gitabo Yohana yishimiye kuvuga amagambo

yambwiwe n‘Imana no kutumenyesha ubuhamya bwa marayika ku kuri

kw‘ibyanditswe muri iki gitabo. Marayika yamubwiye ko Yesu aza vuba (6-7,

10, 12, 17, 19) bivuga yuko itorero risabwa guhora ryiteguye riri maso risenga

kandi rifite kwizera kutajegajega, mbere yuko dukomeza reka turebere hamwe

iby‘ingenzi bivugwa mu mirongo (22:6-21) tuyihuje n‘igice cya 1 cyose muri

macye basoza bahamya ibyatangiye bikivugwamo.

1) Inkomoko y‘ubuhanuzi : ibihe bizaza (1:1,22:6)

2) Intego y‘ubuhanuzi : ibihe bizaza (1:1;22:6)

3) Umuhuza mu buhanuzi : marayika (1:1;22:6;8;16)

4) Umwanditsi w‘ubuhanuzi : Yohana (1:1;4;9;22:8)

5) Ubudahangarwa bw‘umuhanuzi : ni ubw‘ukuri (1:3;22:6;7;9;10;18-19)

6) Igikoresho cy‘umuhanuzi : umuhanuzi (1:1;9-11;22:8;9;10)

7) Umuhanuzi yari muntu ki ?: Umugaragu w‘Imana(1:1;22:6)

132


IBYAHISHUWE NA KRISTO

8) Abarebwa n‘ubuhanuzi : Amatorero (1:3;11;22:16;18)

9) Abazahabwa umugisha n‘ubuhanuzi : abasoma amagambo n‘Abumvira

(1:3;22:7;12;14)

10) Ufashe ubu buhanuzi : Kristo (1:2;5;9;22:16;18;20)

11) Imana y‘ubuhanuzi : Alpha –Omega (1:5;7;22:12;13;16)

12) Ibyiringiro by‘ubuhanuzi :Yesu araza vuba (1:3;7;22:7;10;12;20)

Ubuhamya Bwa Marayika (22:6-7)

Iyo usomye iyi mirongo usanga imeze nk‘itangira iki gitabo ubwo ni ukuvuga

(ibyah 1:1-3) marayika arahamiriza Yohana ko ibyo amaze kubona bizabaho

vuba (4:17-22:5) kandi ko ibyo yabonye byose ari ibyo kwizerwa kandi by‘ukuri

(u.6, Dan 8:26)

Nta kindi gitabo muri Bibiliya gifite uburinzi gisezeranya amahirwe kubacyiga,

gihamya ukuri kwacyo nk‘ibyahishuwe. hariho abizera benshi baterera agati mu

ryinyo bavuga ko iki gitabo gikomeye kucyumva, nyamara izina ryacyo

rigaragaza rwose ko ari igitabo cyo kumenya, twibuke ko ibihishwe ari

iby‘Uwiteka Imana yacu ariko ibyahishuwe ni ibyacu n‘urubyaro rwacu iteka

(Guteg 29:28) kandi Imana igambiriye kutwereka ibihishwe by‘ubwenge

bukoresha uburyo bwinshi (Yobu 11:6) kuko ihishura ibihishwe by‘ahatagerwa

izi n‘ibyo mu mwijima umucyo ubana nayo (Dan 2:22) tujye iteka tumenya ko

Imana yacu ariyo Imana nyamana ni Umwami w‘abami kandi niyo ihishura

ibihishwe (Dan 2:47) Inshuro nyinshi muri iki gice havuga ko Yesu aza vuba, ni

ukugira ngo amatorero abe maso, ndetse ahore yiteguye kugaruka kwa Kristo,

kuza vuba kwa Kristo ntitwabishyira mu buryo bw‘igihe cyacu kuko mu ijuru

hatabayo igihe, kandi naza no kw‘isi ntihazabaho igihe ukundi. Iki gitabo gisoza

nkuko cyatangiye gisezeranya umugisha ku bantu bita kubyo cyigisha.

Nubwo iki gitabo kidahabwa agaciro muri Bibiliya yose kuko bigoye ku cyumva,

ariko nicyo gitabo cyirimo imigisha isumba iyindi muri Bibiliya yose. Buri

mwizera wese akwiye gukomeza kucyiza uko bukeye n‘uko bwije.

Ubuhamya Bwa Yohana (22:8-11)

133


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Yohana arahamya rwose ko iki gitabo ari icy‘ukuri avuga ati:῝Njyewe Yohana

numvise ibyo kandi ndabireba (22:8)” mu rukiko iyo abagabo batanzwe ku

mpande zose uregwa n‘urega ntibagire abahamya biboneye cyangwa ngo

biyumvire ibiregerwa bafatwa nk‘abagabo b‘ibinyoma nta gushidikanya Yohana

yari yarasomye rya Jambo rivuga ngo “Niwumva inkuru y‟Impuha

ntukayamaze” Yohana yashatse kuramya marayika ariko aramucyaha, ngo

Imana ariyo aramya, uyu ashobora kuba ari wa Mu marayika yashatse kuramya

mbere mu (19:10) Abantu bakwiye kuramya Imana gusa Atari abagaragu bayo,

kandi yaramubwiye ngo ni imbata ya bene se b‘abahanuzi. Yohana yasabwe ko

ibyo Muri iki gitabo atabigira ubwiru (1:11) mbese iki kitabo ntakibumbye kuko

ari iby‘ igihe kizaza vuba ku rundi ruhande yasabye Daniel kubumba igitabo

kuko byari iby‘igihe gishyize cyera. Hariho abatizera bibwirako bazabona andi

mahirwe yo kwihana wenda igiheYesu azaba yatwaye itorero, arikoYesu naza

abantu ntibazasha guhindura iherezo ryabo. abo baribo nibo bazaguma kubabo

iteka, Aho gutegereza amahirwe atazanabaho yo mu gihe kizaza wakwakira Yesu

uyu munsi (Mat 25:10) Heb 9:27)

Ni ibyigenzi ko ibyago bizatera isi byadutera kugenzura imikorere yacu ya buri

munsi, kuko hazaza iminsi bizaba bitagishoboka.

Ubuhamya Bwa Yesu N‟uko Yohana Yabwakiye 22:12-20

Yesu Kristo yasubiyemo isezerano rye ko aza vuba (u.7 1:3; 22:20) mu gihe nta

hamwe avuga umunsi cyangwa itariki, bivuga ko kuza kwa Kristo kwaba umunsi

uwariwo wose tutazi, gusa ariko ibimenyetso byatumenyesha ko uwo munsi

wegereje. Twibuke ariko ko yashyizeho ibimenyetso bizagaragaza kuza kwe,

Yesu asoza avuga ko hahirwa abamesa ibishura byabo mu maraso ye, ngo

bemererwe kwegera cya giti cy‘ubugingo bazabeho iteka ryose mu isi nshya

n‘ijuru rishya kandi bazajya binjira mu marembo ya Yerusalemu nshya. Yesu

ariko nyuma y‘imigisha aravuga abantu batazinjira bazaba hanze (hanze

y‘umugisha ni mu muvumo, hanze y‘ingororano ni mu gihano) ariho mu Nyanja

yaka umuriro n‘amazuku hazaba imbwa (mu gihe cya Yohana imbwa zabaga mu

mihana zirangwa n‘urusaku. mu gihe cya kera imbwa cyari ikintu cy‘akamaro

gake (Yes 56:10; Abami 8:13) uru rutonde rwavuzwe ruboneka no mu

byahishuwe 21:8.

Njyewe Yesu ntumye marayika wanjye guhamiriza mwebwe ibyo

kubw‘amatorero (22:16) nta handi muri Bibiliya Yesu avuga ahamya atya, ibi

134


IBYAHISHUWE NA KRISTO

bigaragaza uruhare runini Yesu yagize mu iyandikwa ry‘iki gitabo no guhamya

ubutware bwacyo (7:12) kubw‘amatorero bigaragara ko icyi gitabo ari icy‘itorero

ryose Atari icyo mu matorero 7 gusa. Yesu ni igishyitsi cya Dawidi bivuga ko

amukomokaho mu masano asanzwe. Umuhungu wa Dawidi, Salomo yubatse

Yerusalemu ya cyera ariko Kristo azubaka Yerusalemu nshya. Ni njye nyenyeri

yo mu ruturuturu, bivuze ko yashyizwe hejuru rwose n‘Imana agahabwa izina

riruta andi mazina twibuke ko:

“Umuzi cyangwa igishyitsi biba bihishwe mu butaka ntawe ubibona

nyamara ariko inyenyeri yo mu ruturuturu, iri hejuru kandi bose barayibona῎

Umwuka n‘umugeni barahamagara bati ngwino! Yesu aha arimo agaragaza

uburyo umugeni yifuza kugaruka kwe, kandi n‘Umwuka Wera ariwe mufasha we

nawe intero ni imwe kandi n‘undi wifuza kwakira umwami. Ufite inyota wese

nawe naze amwakire!

Yesu ubwe akomeza asaba kutongera no kugabanya ku byanditse muri iki gitabo

yaba kubacyigishaho, Abacyandikaho, n‘abagisobanura ndetse ubirengaho Imana

izamwongerera ku byago bikivugwamo. Mu by‘ukuri iki gitabo kirabumbuwe

ariko gifite uburinzi bukomeye, gifite kandi amasezerano menshi ku bizera.

Nimuze twese tugisome tugisobanukirwe tugifashishe abandi twishimire

imigisha yose ikirimo twebwe ubwacu n‘urubyaro rwacu. Uhamya ibyo avuga

ati: ―Yee ndaza vuba!‖

Amena ngwino mwami Yesu,

Ubuntu bw‟umwami wacu,

Yesu bubane namwe mwese.

Amen!

135


IBYAHISHUWE NA KRISTO

UMUGEREKA No. 1

UBURYO 4 BWO GUSOBANURA IBYAHISHUWE KU ISI

IZINA

UKO

BABIBONA

AMATEKA

YABYO

IBITABO

BIBIVUGWAHO

ABABIBONA Bavuga ko

NK‘IBIGERERA bivuga ku

NYO.

ntambara

Nk‘igitekerezo hagati y‘ikibi

cy‘ibyabaye

(Idealist)

n‘icyiza ,ko

ABABIBONA

NK‘IBYARANGI

YE (preterist )

ABABIFATA

NK‘AMATEKA

(Historicist)

ABABIBONA

NK‘IBIZAZA

(Futurist)

ibyanditswem

o ataribyo ari

ibishushanyo

Bavuga ko

byabayeho

byose mu gihe

cya Yohana

Bavuga ko

ari

igishushanyo

cy‘amateka

y‘itorero

Kuva

ritangiye

kugeza ubu

Bavuga ko

ibi bizaba

mbere na

nyuma yo

kugaruka kwa

Yesu

Alcosar,aspanis

h,Jesuit

yabigaragaje mu

1614 ubwo ni

(1Century)

Yehoyakimi

Friris

Fransiscan Monk

yabigaragaje mu

1200

Ibi bemezwa

cyane n‘abasaza

bose b‘itorero

J.Martry ,Raneus

(2 cent)Hiporitus

na Victorinus

(3 rd Century )

G.Beale,R.Calkins,P.Caring

ton

W.Hendrisken,M.kidle,W.

Miligan,Ps.Minear,M.Risi

D.E ,Aune ,W.Barclay,G.B

Caird ,R.H Charles,T.M

Ford,T.F Glason,W.Harigaton

H.Alford,

E.B.Eliot

M.Luther etc

J.Carvin,

G.R Beasley muray,I.T Berk

with

F.Bruce,J.N.Darby ,V.Eler

A.F

Johson,A.Kely.G.E.Lad

H.Lilje.L.Moris.R.H

mounce

J.D

Pentecost,C

136


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Ryrie,J.B.Smith.M.C.Teney

,R.L Thomas ,J.F Walvod ,etc

UMUGEREKA No.2

Abami B’abami Bayoboye Roma Mu Gihe Cy’isezerano Rishya.

1) Agustus 31 M.K-15n.K

2) Tiberiyo N.K 15-35

3) Gaius N.K 35-41

4) Kilawudiyo (Claudius) (N.K 41-54)

5) Nero (N.K 54-68)

6) Galba (N.K 68-69)

7) Otho (N.K 69)

8) Vitelliusi (N.K 69)

9) Vespasian (N.K 69- 79)

10) Titus (N.K 78-81)

11) Domisiyane (Domitian) (N.K 81-96)

12) Nerva (N.K 69-98)

137


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IBITABO BYIFASHISHIJWE

Aldrich, Roy L. "The Divisionsof the First Resurrection." Bibliotheca Sacra128:510

(April-June 1971):117-19.

Alford, Henry. The Greek Testament. 4 vols. Cambridge: Deighton, Bell, and Co., 1884.

Allen, Kenneth W. "The Rebuilding and Destruction of Babylon." Bibliotheca Sacra

133:529 (January-March 1976):19-27.

Allis, Oswald T. Prophecy and the Church. Philadelphia: Presbyterian and Reformed

Publishing Co., 1964.

Aune, David E. Revelation 1—5.Word Biblical Commentary series. Dallas: Word Books,

1997._____. Revelation 6—16.Word Biblical Commentary series. Nashville: Thomas Nelson,

1998._____. Revelation 17—22. Word Biblical Commentary series. Nashville: Thomas

Nelson, 1998.

Bailey, Mark L., and Thomas L. Constable.The New Testament Explorer. Nashville: Word

Publishing Co., 1999. Reissued as Nelson's New Testament Survey. Nashville: Thomas Nelson

Publishers, 1999.

Bainton, Roland H. Here I Stand: A Life of Martin Luther. Nashville: Abingdon Press, 1950. Reprint

ed., New York: Mentor Books, 1955. Barclay, William. Letters to the Seven Churches. New York:

Abingdon Press, 1957.

The Revelation of John.2 vols.The Daily Study Bible series. 2nd ed. Edinburgh: Saint Andrew Press,

1964.

Barnhouse, Donald Gray. Messages to the Seven Churches. Philadelphia: Eternity Book Service,

1953.

Revelation: An Expository Commentary. Grand Rapids: Zondervan Publishing House, 1971.Baxter,

J. Sidlow. Awake My Heart. Grand Rapids: Zondervan Publishing House, 1960.Explore the Book. 6

vols. London: Marshall, Morgan & Scott, 1965.

Beale, Gregory K. The Book of Revelation: A Commentary on the Greek Text. The New

International Greek Testament Commentary series. Grand Rapids: Wm. B.

Beckwith, Isbon T. The Apocalypse of John. New York: Macmillan, 1922.

Beckwith, Roger T., and Wilfred Stott. This is The Day: The Biblical Doctrine of the

138


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Christian Sabbath in its Jewish and Early Christian Setting. Greenwood: S.C.:

Benedict, R. R. "The Use of Nikeoin the Letters to the Seven Chruches of Revelation."

Th.M. Thesis, Dallas Theological Seminary, 1966.

Berkouwer, G. C. The Return of Christ. Grand Rapids: Wm. B. Eerdmans Publishing Co.,

1972.

Betz, Harlan D. "The Nature of Rewards at the Judgment Seat of Christ." Th.M. Thesis,

Dallas Theological Seminary, 1974.

Blass, F., and A. Debrunner. A Greek Grammar of the New Testament and Other Early

Christian Literature. Translated and revised by Robert W. Funk. Chicago:

University of Chicago Press, 1961.

Bock, Darrell L. "Interpreting the Bible—How Texts Speak to Us." In Progressive

Dispensationalism, pp. 76-105. By Craig A. Blaising and Darrell L. Bock.

Wheaton: Victor Books, 1993.

Boring, M. Eugene.Revelation. Louisville: John Knox Press, 1989.

Brindle, Wayne A. "Biblical Evidence for the Imminence of the Rapture." Bibliotheca

Sacra158:630 (April-June 2001):138-51.

Broadbent, E. H. The Pilgrim Church. London: Pickering & Inglis, Ltd., 1931.

Brown, Raymond E. The Gospel According to John. Anchor Bible series. 2 vols. Garden

City, N.Y.: Doubleday, 1966.

Bruce, F. F. "The Revelation of John." In A New Testament Commentary, pp. 629-66.

Edited by G. C. D. Howley. London: Pickering & Inglis, 1969.

Brunk, M. J. "The Seven Churchesof Revelation Two and Three." Bibliotheca Sacra

126:503 (July-September 1969):240-46.

Bullinger, E. W. The Apocalypse or "The Day of the Lord." London: Eyre and

Spottiswodde, n.d.

139


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Bury, J. B.; S. A. Cools; and F. E. Adcock, Eds. The Cambridge Ancient History.12 vols.

2nd ed. Reprinted. Cambridge: University Press, 1928.

Caird, G. B. The Revelation of St. John the Divine. Harper's New Testament

Commentaries series. New York: Harper, 1966.

260 Dr. Constable's Notes on Revelation2016 Edition

Calvin, John. Institutes of the Christian Religion. The Library of Christian Classics series,

Volumes 20 and 21. Edited by John T. McNeill.Translated by Ford Lewis Battles.

Philadelphia: Westminster Press, 1960.

Carson, Donald A., and Douglas J. Moo.An Introduction to the New Testament. 1964.

Darby, John Nelson. Synopsis of the Books of the Bible. 5 vols. Revised ed. New York:

Loizeaux Brothers Publishers, 1942.

Davis, Dale Ralph. "The Relationship Betweenthe Seals, Trumpets, and Bowls in the

Book of Revelation." Journal of the Evangelical Theological Society16 (Summer

1973):149-58.

Davis, R. Dean. "The Heavenly Court Scene of Revelation 4-5." Ph.D. dissertation,

Andrews University, 1986.

2016 Edition Dr. Constable's Notes on Revelation 261

Dean, Robert L., Jr. "Chronological Issues in the Book of Revelation." Bibliotheca Sacra

168:670 (April-June 2011):217-26.

Deere, Jack S. "Premillennialism in Revelation 20:4-6." Bibliotheca Sacra135:537

(January-March 1978):58-73.

Deissmann, Adolf. Light from the Ancient East. Revised ed. Translated by Lionel R. M.

Strachen. Grand Rapids: Baker Book House, 1965.

Delitzsch, Franz. Biblical Commentary on the Psalms. 3 vols. Translated by Francis

Bolton.Biblical Commentary on the Old Testament.N.p.; reprint ed., Grand

140


IBYAHISHUWE NA KRISTO

Rapids: Wm. B. Eerdmans Publishing Co., n.d.

Dictionary of the Apostolic Church.Edited by James Hastings.1915 ed. S.v.

"Apocalypse," by Lewis A. Muirhead.

Abbott, George. 1950.A Manual Greek Lexicon of The New Testament. s.l. : Edinburgh:, 1950.

Benjamin, Miss. CYIZA. 2017.OMEGA IBY'IBIHE BYA NYUMA. KIGALI : V.P.M.S.P, 2017.

EASLEY, KENDELL H. 1998.Commentary on Revelation. New York : s.n., 1998.

Bibiliya Yera 1993

Dictionary of the Bible. Edited by James Hastings, 1910 ed. S.v. "Sword," by W. Emery

IBINDI BITABO WASOMA

1. Byose Ku Byakozwe N‘intumwa

2. Omega:Iby‘ibihe Bya Nyuma

3. Igitabo Cy‘itangiriro Ku Buryo Bucukumbuye

4. Ni Hehe Wifuza Kuba Nyuma Y‘urupfu?

5. Igihugu Nerekezamo

6. Inkuru Zitavuzwe Zo Mu Buzim Bwa Yesu

7. Abahanuzi N‘ubuhanuzi,Igice Cya 1, ―Abahanuzi

Bakuru‖

141


IBYAHISHUWE NA KRISTO

IBIJYANYE N‟UBWANDITSI

VPMSP EAC TEAM

CYIZA Benjamin ni Umuvugabutumwa w‘umunyamuhamagaro mu

itorero rya Pentekonte ryo mu Rwanda (ADEPR) Abarizwa muri Paruwasi

ya MESHERO mu Itorero ry‘Akarere ka GICUMBI. Ni umumisiyoneri,

mu muryango mpuzamahanga ushinzwe kugeza ubutumwa aho butaragera

ku isi. Yize ibijyanye na Missiology mu bihugu bisanzwe,

n‘iby‘Abayisiramu mu ishuri ry‘Ivugabutumwa n‘Amasengesho. (School

of Mission and Prayers) I Tororo-Uganda. Yabaye Umwarimu mu ishuri

ry‘abamisiyoneri SMN, SFMN (School of Missions and Naoth).

Mu masomo ye kandi yize no Gukora ubushakashatsi bushingiye kuri

Byanditswe byera, Na Kolowani. Akaba ari nayo mpamvu yatumye

yandika iki gitabo ―IBYAHISHUWE NA KRISTO” icyakora mu

mashuri ye yisumbuye ntiyize ibijyanjye na Bibiliya ahubwo

yakurikiranye iby‘icungamutungo. Ubu ni umunyeshuri mu kiciro cya

gatatu Masters muri Tewolojiya mu ishuri Worldwide Evangelical

Seminry (WWES-CANADA) Hariho abandi bamufashije mu gutegura

iki gitabo no mu kugikosora abo ni: ABAGIZE V.P.M.S.P abo ni:

Uwitonze Leah: Ni Umumisiyonerikazi wabaye umwanditsi

wungirije w‟iki gitabo yakoze ubushakashatsi bwimbitse

akoresheje ibitabo bitandukanye, kugirango tunoze ibyanditse

muri iki gitabo.

MPAWENIMANA Rhamu: Ni umwanditsi wungirije w‟iki Gitabo

Ntitwasoza tutagaragaje Ikipe y‟Abamisiyoneri, twabazaga ibibazo,

kandi bakadushishikariza no gukora uyu murimo mwiza, abo ni:

KEANGO Bernard-KENYA

AGORO Patricia-UGANDA

142


IBYAHISHUWE NA KRISTO

ARIONGO Patrick-UGANDA

MAGANDA Emmanuel-UGANDA

Rev.Pastor LOKAPEL Hodges-U.S.A

MPAWENIMANA Rhamu-RWANDA

TESILA Wafula-UGANDA

UWANZIGA Josiane-RWANDA

Pastor WAMBUA Tonny-KENYA

Imana ibahe bose imigisha, mu murimo mwiza bakora. Twiringiye ko

Imana izadufasha mu kwandika n‘ibindi bitabo bizajya bifasha abakristo mu

ngeri zitandukanye, mu gusobanukirwa n‘ibyanditswe.

Impamvu Yatumye Twandika Iki Gitabo N‟uko Wabona Kopi

Dufite abakozi b‘Imana mu mirimo n‘imihamagaro bitandukanye mu

Rwanda byibura 47% babasha gukoresha izindi ndimi basoma ibindi bitabo

bivuga kuri Bibiliya mu gihe 53% bakoresha ikinyarwanda gusa. Ni mu

gihe kandi ibitabo bivuga kuri Bibiliya biri mu Kinyarwanda bingana Na

20% gusa ugereranije nibiri mu zindi ndimi. Ubu bukene bw‘ibitabo

bwatumye tureba Kure, dutangira umurimo utoroshye wo kwandika iki

gitabo.

Wifuza kopi y‘iki gitabo, wifuza gutera inkunga icapwa ryacyo, cyangwa

ufite igitekerezo wadusangiza. Watubona kuri izi Adresse:

VOLUNTARY PENTECOSTAL MISSIONARIES FOR

SCRIPTURE PROGRESS (V.P.M.S.P)

KIGALI-RWANDA

Email:vpmspeac1@gmail.com

TEL:+250 785394070 /+256 787270989

Website: vpmspeac.simdif.com

143

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!