04.05.2013 Views

BBCGreatLakes.com – this material is subject to copy

BBCGreatLakes.com – this material is subject to copy

BBCGreatLakes.com – this material is subject to copy

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

KWANDIKA INKURU IKORESHWA KURI RADIYO<br />

ALLAN LITTLE (AL):<br />

Ubwo nari umunyeshuli hano Edinburgh, hari gihe nigeze gutanga inyandiko nari<br />

nanditse hutihuti ntiriwe mbanza gusubira mu ibyo nari nanditse. Umwarimu wanjye<br />

yaray<strong>is</strong>omye maze ayinsubiza iherekejwe n’umurungo umwe yari yanditse<br />

ntazibagirwa mu buzima bwanjye bwose, yagize ati “wanditse amagambo meza ariko<br />

nta bintu byinshi wavuze.”<br />

Ibyo byambereye <strong>is</strong>omo rya mbere rikomeye ryo kwandika inyandiko inononsoye<br />

neza.<br />

Isomo rya kabiri, umwe mu bayobozi banjye ba kera,yigeze kumbwira ko hari ikintu<br />

yabonye ku banyamakuru yakoreshaga- abo yumvaga ko ari abanditse beza buri<br />

munsi bazaga kubonana nawe bitwaje igitabo mu n<strong>to</strong>ki.<br />

Ibyo b<strong>is</strong>hobora kuba bigaragara ko ,kandi b<strong>is</strong>hobora kuba ariko byumvikana, ariko<br />

niba ushaka kuba umwad<strong>is</strong>i mwiza ugomba gusoma ibitabo, si gusoma ibinyamakuru<br />

gusa.Kugira ngo ushobore gukoresha uru rurimi neza,ugomba kurukunda, ibyo bivuga<br />

ko mu buzima bwawe bwa muri munsi ugomba gusoma no gusoma ib<strong>is</strong>igo, soma<br />

buhoro, tekereza ukuntu umwanditsi yagoretse amagambo akurikije ibyifuzo bye.<br />

Ijambo rikurikira ni rimwe mu magambo yamamaye cyane mu mateka<br />

y’umikoreshereze y’indimi.<br />

(IJAMBO RYA WINSTON CHURCHILL MU NTEKO NSHINGA MATEGEKO<br />

KU TARIKI YA 4/06/1940<br />

“Tuzakomeza tugende kugeza turangije. Tuzarwanira mu Bufaransa.Tuzarwanira mu<br />

nzuzi no mu nyanja. Tuzarwana dufite icyizere cyinshi kandi tuzamuka hejuru mu<br />

kirere. Uko bizagenda kwose tuzarwana ku kirwa cyacu.Tuzarwanira ku<br />

nkengero.Tuzarwanira ku bibuga.Tuzarwanira mu m<strong>is</strong>ozi.Ntabwo tuzitanga.”


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

AL: N’iki kidasanzwe muri iri jambo? Ni kuki g<strong>is</strong>him<strong>is</strong>hije? Ed Murrow yavuze ko<br />

Churchill yakoresheje ururimi rw’icyongereza maze urwohereza ku rugamba. Ariko<br />

se, ni kuki amagambo ye yagize ingufu? Hano hari ikintu kimwe, yashoboye<br />

kucengera gice cya kera cy’ururimi, agera ku ntimba ya “Anglo Saxon”, akoresheje<br />

amagambo arobanuye. Biravugwa ko Churchill atigeze agaragaza ubushake bwo<br />

gukunda Ikilatini cyangwa Ikigeriki ari mu <strong>is</strong>huli.Jye ndumva ko amagambo magufi<br />

kandi ayungurye yakoresheje yari asobanutse kubera atakoresheje amagambo<br />

y’imvugo zikomeye.<br />

Kandi Churchill yakundaga gukoresha amagambo y’umugemo umwe. “Tuzarwanira<br />

mu mirima.Tuzarwanira mu m<strong>is</strong>ozi. Tuzakomeza kugeza turangije.” Ubu rero ihe<br />

akazi ko gusubira mu nyandiko zawe za kera , maze ukoreshe gusa amagambo<br />

y’umugemo umwe. Biraba ngombwa ko utekereza n’uburyo butandukanye na mbere<br />

ku mikoreshereze y’ururimi. Biraba ngombwa ko utekereza uko u<strong>to</strong>ranya amagambo<br />

no kuyahuza. Biraba ngombwa ko ushak<strong>is</strong>ha inzira zindi mu gokoresha ururimi<br />

ariko ushaka kugera ku icyo wifuza.<br />

Icya gatatu n’ukumenya icyo wandikira. Kwandikira Radiyo bitandukanye no<br />

kwandikira televiziyo bitandukanye kandi no kwandikira ibinyamakuru. Kuri<br />

televiziyo, inyandiko ntigomba kuvuga ibigaragzwa n’amashusho.Amagambo<br />

agomba kunganira amashusho.Kuri radiyo,amagambo n’amajwi bigomba kujyana mu<br />

gusobanura no gutanga <strong>is</strong>husho y’uko ibintu byifashe. Tega amatwi inkuru yateguwe<br />

na Mike Donkin k’ubuhizi bw’inyamaswa yitwa “seal” bukorwa n’Abainut bo muri<br />

Canada.Umva amagambo akoresha muri iyo nyandiko ye ukuntu atanga <strong>is</strong>husho<br />

y’uko bikorwa.<br />

(INKURUYATEGURIWE IKIGARO “TODAY” CYO KURI BBC RADIO 4<br />

CYATEGUWE NA MIKE DONKIN KU TARIKI YA 13/03/1999. MIKE<br />

DONKIN(MD)<br />

Igihe cyo gufungura mu karere ka Arctic, imbwa za Isaac Gunterlak ziziritse ahantu<br />

hakonje cyane. Ubwa<strong>to</strong>(sled) bakoresha mu guhiga izo nyamaswa burakururwa na<br />

(Skidoo) ariko Isaac na mugenzi we Teeman barakoresha ibikoresho gakondo.


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

Isaac: Ibi nibyo bikoresho byonyine turibujyane. Ibyuma byo kubaga “seal”.Umutwe<br />

w’icumu ukoze mu icyuma. Uko ukoze ntabwo bihinduka cyane.<br />

MD:<br />

N’imbunda irakururwa,mbere y’uko ubwa<strong>to</strong> bukururwa ku ruzi rugizwe na barafu<br />

hari urugendo rw’ibirometero mirongo itatu mbere yo kugera ku mazi.Kuri Isaac, ari<br />

kuri ubwo bwa<strong>to</strong>, ubuzima bw’iyo nyamaswa yo mw<strong>is</strong>hyamba iboneka gusa muri<br />

Arctic n’unkuru<strong>to</strong>nde rw’ibyo umuntu ashaka guhaha.<br />

ISAAC:<br />

Izo nyamaswa zitwa “seal”, “walrus”, “polar bear” tugomba kubona ibiryo<br />

tugaburira imiryango yacu n’abaturage.Aho tugiye haba harambuye umwaka wose,<br />

hari umuhengeri ukomeye. Aho tugiye hose duzashobora kubona imyobo y’ izo<br />

nyamaswa.<br />

MD:<br />

Imbere hari igihu gusa. Isaac arahamagara inyamaswa ashaka guhiga( aravugiriza),<br />

aritegura.<br />

ISAAC:<br />

Hariya hari imwe<br />

MD<br />

Buretse ga<strong>to</strong><br />

ISAAC:<br />

Reka ngerageze<br />

MD<br />

N’iby<strong>is</strong>himo nta gushidikanya<br />

ISAAC:<br />

Ngomba kuyitera icumu


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

MD:<br />

Ntabwo ari igikorwa cyoroshye.Umuhengeri ujyanye “seal” yapfuye maze uyigarura<br />

ku nkengero,barafu irimo kugwa.<br />

AL: Turi bwumve izindi ngero zo kwandika inkuru itegurirwa Radiyo.Izo ngero<br />

nazikuye mu nkuru zanjye. Kuri buri nkuru ndagerageza kwerekana icyo nashakaga<br />

kugeraho. Icyo nicyo kibazo nawe wagombaga kwibaza-n’iki nshaka gushyira mu<br />

nkuru ndimo gutegura.?<br />

Urugero, ese ndashaka kuvuga inkuru irambuye gusa,ivuga uko ibintu bikurikirana?<br />

Cyangwa se ndashaka kugaragaza uko umwuka wifashe, ig<strong>is</strong>hobora kuba cyangwa<br />

ubwoba buhari. Nshobora kuba nshaka gutangaza inkuru <strong>is</strong>esengura ibibazo.Niba uzi<br />

neza ibigomba kuba bikubiye muri buri nteruro,byagufasha mu kwandika inkuru<br />

yawe neza.<br />

Ibyo nashakaga kugeraho mu nkuru ikurikira-nashakaga kuvuga ibyabaye,nkerekana<br />

uko ibintu byifashe no gusesengura. Mu kwezi kwa gatandatu,2004,nakurikiranye<br />

imihango y’<strong>is</strong>abukuru y’imyaka 60 y’intambara y’<strong>is</strong>i ya kabiri. Nyuma y’amezi<br />

atandatu,mu gihe cya Noheli, Radiyo 4 ya BBC yansabye kuyitegurira inyandiko<br />

igaragaza uko uwo munsi wizihijwe.<br />

(BIVUYE MU KIGANIRO CYAHISE KURI BBC 4, CYATEGUWE NA ALLAN<br />

LITTLE KU TARIKI 26/12/2004<br />

AL: Imbunda zari i Normandy zarashwe mu mpera z’icyo cyumweru mu kwezi kwa<br />

gatandatu,ntabwo zarashwe kubera uburakari ahubwo byari iby<strong>is</strong>himo. Twabonye<br />

abari mu ngabo mu myaka ya 1944,bongeye guhurira hamwe bwanyuma.Ntabwo<br />

bashakaga kuvuga ibyo bakoze.Nta biganiro byo kwivuga ibigwi mu busore<br />

bwabo.Abayobozi b’ibihugu by’Uburayi baje kubashimira , ariko bo ubwabo<br />

ntibifuzaga gushimirwa; bari bafitiye agahinda bagenzi babo batashoboye kugera<br />

aho,inshuti zabo basize inyuma mu butaka bw’Ubufaransa bamaze kububohoza.


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

Nkatwe tutari twakavutse icyo gihe binjira kuri ubwo butaka mu imyaka myinshi<br />

<strong>is</strong>hize,dushobora kuba twarabyiyumv<strong>is</strong>hemo,twifatanije nabo ubwo twari kumwe<br />

nabo.Aho I Normandy baje bafite urwibutso rw’inkengero zinyanyagiyemo imirambo<br />

y’abagabo bari bakiri ba<strong>to</strong>, abo barokotse nibo bari bafite akababaro k’iyo ntambara,<br />

nibo bashakaga gushimira aho gushimirwa. Batambagiye muri ayo marimba<br />

bacecetse.<br />

MAN:<br />

Ntabwo bazasaza,mu gihe twebe twasigaye turimo gukura. Imyaka bafite ntizatuma<br />

basaza kandi ntabwo imyaka izabamagana.Uko bwije uko bukeye,tuzabibuka.<br />

ALAN:<br />

Umunyamakuru w’umunyamerika,Ernie Pile,yambutse uruzi ari kumwe n’ingabo<br />

zagabye igitero.Mu nkuru yohereje ari ku nkengero z’uruzi, yavuze ko inkengero za<br />

Normandy zirangwa n’akababaro.Yavuze ko hari ahantu h’ibirometero byinshi hari<br />

hanyanyagiye umwanda .Ibyo n’ibikoresho by’abaguye mu mirwano badushakira<br />

inzira yo kwinjira mu Burayi. Amasog<strong>is</strong>i,umuti w’inkwe<strong>to</strong>,ibikoresho byo<br />

kudoda,ibitabo bandikamo ibikorwa buri munsi,bibiriya.Izandiko za vuba zavuye<br />

iwabo,ziriho aderese.<br />

Icyakomeje gutangaza Pile n’uko abari mu ntambara bari bakiri ba<strong>to</strong> cyane.Ibyo najye<br />

nabibonye muri Irak ubwo nari kumwe n’abasirikare b’Amerika barwanira k’ubutaka<br />

mu mujyi wa Baghdad ubwo bari bamaze gusenya ig<strong>is</strong>anamu cya Saddam<br />

Hussein.Hari umunsi nari mu cyumba cya Hotel Palestine ,idir<strong>is</strong>hya rireba ku ruhande<br />

rw’umugezi Tigr<strong>is</strong> ryari rifunguye,nabonye abasirikare babiri b’abanyamerika<br />

bategereje k’urugi rw’icyumba cyanje. Byagaragaraga ko bari bakiri ba<strong>to</strong>.Abahungu,<br />

bambaye imyambaro ya g<strong>is</strong>irikare y’abantu bakuru bitwaje imbunda zo mu bwoko<br />

bwa M16. Umwe yagize ati“Nyakubahwa…twumv<strong>is</strong>e ko ufite telefoni ya “satellite”<br />

tumaze amezi ane tutaravugana n’iwacu”Byatangiye gutyo maze biba akamenyero,<br />

nkajya mbaha telefoni yanjye bakayimarana iminota mike. Hafi buri munsi<br />

bahamagaraga ba nyina.


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

AL:<br />

Andika interuro ngufi.Bara amagambo agize buri nteruro; niba interuro yawe irengeje<br />

amagambo cumi n’atandatu ,bivuga ko interuro yawe ari ndende cyane. Mu nyandiko<br />

ikurikira, muri rusange interuro igizwe n’amagambo cumi n’atanu.Interuro zimwe ni<br />

ngufi cyane.Interuro imwe cyangwa cyangwa ebyiri ni ndende cyane.Nabikuye mu<br />

nyandiko nandikiye I Kinshasa,umurwa mukuru wa Congo;hari mu cyumweru<br />

inyeshyamba zafashe uwo ujmyi, maze zihirika ubutegetsi bw’igitugu bwa Mobutu<br />

Sese Seko.Icyp nageragezaga gukora cyari kuvuga inkuru,kwerekana <strong>is</strong>husho y’uko<br />

ibintu byifashe,kwerekana umwuka w’imvururu waharangwaga muri iyo minsi.<br />

INYANDIKO YO KURI BBC RADIYO 4: INKURU YATEGURIWE I KINSHASA<br />

NA ALLAN LITTILE KU TARIKI 2/8/1997<br />

Urugendo rurerure rwatangiriye mu burasirazuba rurarangiye, n’intambara irarangiye.<br />

Uyu munsi najyanye n’inyeshyamba tugera ku ngoro y’ingoma ya Mobutu<br />

yaranzwe na ruswa.Abasirikare bagenda ku murongo umwe bi<strong>to</strong>nze,barushye,bumvira<br />

amategeko, binjiye mu kigo cya g<strong>is</strong>irikare cya Chachi cyubatse ku musozi. Bavuye I<br />

Kalemie,kure cyane ku nkengero z’ikiyaga Tanganyika banyura hagati y’icyo gihugu<br />

kinini bagenda n’amagauru ku buryo buri muntu yab<strong>is</strong>hoboye.Ni gake cyane barashe<br />

imbunda zabo. Uburyo ubutegesti bwa Mobutu bwatereranye igihugu amaherezo<br />

bigize icyo bikimarira.Ig<strong>is</strong>irikare cyari cyarashegejwe cyane ku buryo kitashoboraga<br />

kurwana. Hari ubwoba ko i K<strong>is</strong>hasa hari bumeneke maraso menshi ariko siko<br />

byagenze. Iyi ntabwo yari intambara,yari imyivumbaganyo y’abaturage.Amizero yo<br />

kubaho agenda n’amaguru yambutse amashyamba y’nzitane,yambuka imigezi, yinjira<br />

muri uwu mujyi<br />

Ubu rero hari ukwihorera.Mu muhanda uri mu nkengero z’umujyi,abantu barindwi<br />

bakoraga mu nzego z<strong>is</strong>hinzwe iperereza mu butegetsi bwa kera b<strong>is</strong>hwe n’agatsiko<br />

k’abantu.Imirambo yabo irunze hamwe ,bayimenyeho l<strong>is</strong>ansi iraka umuriro.Jyewe<br />

n’abaturage tuzi ibyo abanyeshuli bose biga, abahemukiwe nabo barihimura<br />

bagahemuka. Ikirere cyose cyuzuye impumuro y’inyama yokeje ,udutsiko tw’abantu<br />

turimo kuririmba indirimbo zo kwibohoza binyuze mu mwotsi.


<strong>BBCGreatLakes</strong>.<strong>com</strong> <strong>–</strong> <strong>th<strong>is</strong></strong> <strong>material</strong> <strong>is</strong> <strong>subject</strong> <strong>to</strong> <strong>copy</strong>-right<br />

AL: Andi mategeko abiri akomeye,yombi afitanye <strong>is</strong>ano-Gusobanura n’icyo wifuza .<br />

Sobanura neza icyo urimo kugerageza kuvuga. Niba igiciro cy’ikintu gihanitse,vuga<br />

uko gihanitse.Ntuvuge ngo kirahanitse cyane. I<strong>to</strong>ndere gukoresha za ntera.Hashize<br />

imyaka igera kuri mirongo itanu Norman Mailer yanditse igitabo cyitwa “The Naked<br />

&The Dead” Muri icyo gitabo yanditse, Norman Miller yavuze ko yagitekerejeho<br />

yumva ko ari igitabo cy’umusore. Yavuze ko muri icyo gitabo harimo amazina make<br />

adahrekejwe na ntera. Mu nyandiko zawe,shak<strong>is</strong>hamo amagambo wakoresheje<br />

cyane,asa n’aharekeje andi, kuko iyo bigenze gutyo amagambo atakaza agaciro ko<br />

kumenyekan<strong>is</strong>ha icyo wifuza kuvuga.<br />

Ibyo kandi bijyana no gukoresha inshobera mahanga.Ntukoreshe ijambo utazi neza<br />

icyo rivuga. Ugomba kwandikira uguteze amatwi. Ugomba kwandika interuro<br />

yumvikana nkaho arimo kuganira.Ushobora kuba uvugira kuri radiyo, uzi ko abantu<br />

babariwa muri za miliyoni barimo kukumva ariko gerageza w<strong>is</strong>hyiremo ko urimo<br />

kuganira n’umuntu umwe ushobora kuba yicaye iruhande rwawe.Kandi uzirikane ko<br />

ari inshuro imwe gusa abakumva bashobora gusobanukirwa icyo urimo<br />

kubabwira.Ntabwo bashobora gusubira inyuma bakajya gusoma interuro batumv<strong>is</strong>e<br />

neza. N’ukuvuga rero ko iyo umaze kwandika, ongera usubire mu nyandiko yawe,<br />

wongere uy<strong>is</strong>ubiremo.Buri gihe iyo usubiyemo urayitunganya.Ntugerageze kutesha<br />

agaciro igitekerezo ushaka gutanga. Muri uko gutanga igitekerezo cyawe,koresha<br />

amagambo yumvikana, yoroshye gukurikira.<br />

BIRARANGIYE.

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!